• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!

Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!

Ubwanditsi 03 Jul 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Hashize iminsi hacicikana ku mbuga nkoranyambaga amavideo y’uwiyita “Intumwa” Isidore Mbayahaga mu masengesho no mu biganiro ariko avuga politiki yo mu Burundi no mu karere ariko yigize umuvugizi wicyo gihugu cyangwa CNDD-FDD. Ariko abantu baribaza uwo Mbayahaga ninde?

Mbayahaga ni igisahiranda cyakora igishoboka cyose ngo agere kure mu kazi kuko aziko nta mashuri afite. Ubu ayobora ikigo gishinzwe nyiramugengeri mu gihugu cy’u Burundi kizwi nka ONATOUR aha akaba yarahageze avuye kuba Umukuru w’ubucuruzi (Directeur Comerciale) mukigo ONATEL.

Iyi myanya yose yayigezeho adafite amashuri dore ko abura umwaka umwe ngo yuzuze amashuri yisumbuye azwi nka Humanites mu Burundi. Kaminuza ntayo Mayahaga yigeze akandagiramo. Iyi mirimo yose yayigezemo kubera ubutiriganya no kugambanira bagenzi be. Ari muri ba Batutsi CNDD FDD ikeneye b’ingwiza murongo bashyiramo ngo Ndayishimiye avuga ko yubahiriza amasezerano y’Arusha.

Mbayahaga wiyita umukozi w’Imana kandi yarabaswe n’inzoga kuko yirirwaga ku Mugumbya ahari icyicaro cya UPRONA harimo n’akabari ubundi agasetsa abantu no gusebya abandi ngo bamugurire inzoga z’ubuntu. Igihe Terence Sinunguruza yari Minisitiri w’Ubtabera yamwikuruyeho amubera nk’umugaragu maze Terence Sinuguruzwa agizwe Vici Perezida amugira ushinzwe Protocole. Terence ntabwo yari aziko yizaniye Satani iruhande kuko Terence wabarizwaga muri UPRONA itaravugaga rumwe na CNDD FDD yanengaga CNDD FDD na Perezida Pierre Nkurunziza bari mu modoka, Mbayahaga yamufataga amajwi.

Aya majwi Mbayahaga yayashyikirije umuryango wa Nkurunziza maze bibera ibyago Terence Sinuguruzwa nawe wahise akura ku mirimo Mbayahaga. Ariko Terence yaje kuva ku mwanya nka nyuma y’amezi atatu naho Mbyahaga agororerwa kuba Directeur Commerciale muri ONATEL.

Mbayahaga yahise yikuba kuri Denyse Nkurunziza muri Eglise ye izwi nka “Eglise du Rocher”, nyuma ashinga idini rye yise Vision de Jésus-Christ riherereye mu Ngagara muri Bujumbura.

Mbayahaga atumwe na CNDD FDD yashenye UPRONA maze igice cye avuga ko gishigikiye CNDD FDD muri 2020 na Kandida Evariste Ndayishimiye maze yirukanwa muri UPRONA muri 2021.

Ari Directeur Commerciale muri ONATEL yanyereje asaga miliyoni 15 z’amarundi. Mbayahaga yumvikana avuga ibyo CNDD FDD ishaka. Niwe batumye gusebya Gen Bunyoni aho yumvikanye avuga umugani w’ikinyoni bita “Igifyoti” mu nyigisho Mayahaga yatanze mu masengesho ya CNDD FDD yabereye Gitega ku wa 29.9.2022.

Mu mpera za Kanama 2022 yari yigishije ko amahasa adasangira intebe y’ubwami, aakaba yarunganiwe na Perezida Ndayishimiye yamenyesheje ko hari abategetsi bagiye gukurwa, imisi mike imbere yo gutungaza ko hari ba #Maconco mu butegetsi bategura kumuhirika

Byarangiye hirukanwe Général Bunyoni, Général Gabriel Nizigama batazira Tibia, Général Etienne Ntakarutimana batazira Steve, ndetse n’abaminisitiri bari abatoni kuri Perezida Nkurunziza.

Mbayahaga yigisha politiki ya CNDD FDD mu izina ry’Imana zikwiye kwamaganwa kuko zafatwa nka Politiki zurwango. Kuba Ingabo z;u Burundi zarakubiswe inshuro muri Congo, abantu nka Mbayahaga barakoreswa ngo bagaragaze ko zihagaze neza, zahagaritse M23 kandi M23 yarbashushubikanyije kuva Masisi ku gera mu nknegero za Uvira.

Mu rwego rw’amasezerano y’Arusha CNDD FDD ikeneye abatutsi b’ibigoryi kandi bakorera inda zabo nka Mbayahaga n’abandi. Ntabwo bakorera igihugu bashyirwaho kugirango batabangamira CNDD FDD.

Kuba Mbayahaga yavuga kuri Perezida Kagame cyangwa General Kabarebe ni uko aba aribyo aba yatumwe na CNDD FDD, baravuga ngo nubona imbwa mu giti ntuzibaze uburyo yagezeyo ahubwo uzibaze ku wayishyizeyo.

2025-07-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo kuyobora itsinda mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026, Amavubi yakiranywe ibyishimo

Nyuma yo kuyobora itsinda mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026, Amavubi yakiranywe ibyishimo

Ubwanditsi 13 Jun 2024
Twibutse Abantu Ubusambo n’Ubugwari bwa Kayumba Nyamwasa, Uwo ari we aho kubeshya abatamuzi

Twibutse Abantu Ubusambo n’Ubugwari bwa Kayumba Nyamwasa, Uwo ari we aho kubeshya abatamuzi

Ubwanditsi 10 Aug 2023
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam KUTESA, yahawe inkwenene ubwo yahakanaga ibirego bishinja inzego z’umutekano muri icyo gihugu guhohotera inzirakarengane.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam KUTESA, yahawe inkwenene ubwo yahakanaga ibirego bishinja inzego z’umutekano muri icyo gihugu guhohotera inzirakarengane.

Ubwanditsi 15 Apr 2021
Inyeshyamba zafatiwe muri Congo zirimo Abarundi n’Abanyarwanda

Inyeshyamba zafatiwe muri Congo zirimo Abarundi n’Abanyarwanda

Ubwanditsi 21 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Facebook igiye guhindura izina rya Instagram na WhatsApp
IKORANABUHANGA

Facebook igiye guhindura izina rya Instagram na WhatsApp

Ubwanditsi 03 Aug 2019
Perezida Kagame ntanyuzwe n’uko bimwe mu bihugu bibaniye u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame ntanyuzwe n’uko bimwe mu bihugu bibaniye u Rwanda

Ubwanditsi 13 Dec 2018
Mugisha Samuel wegukanye Tour du Rwanda yerekeje muri Tour de France U-23
IMIKINO

Mugisha Samuel wegukanye Tour du Rwanda yerekeje muri Tour de France U-23

Ubwanditsi 15 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru