• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ingabire Victoire si umunyapolitiki, icyo akwiye kwitwa ni umugore ukunda ubugome

Ingabire Victoire si umunyapolitiki, icyo akwiye kwitwa ni umugore ukunda ubugome

Ubwanditsi 04 Dec 2018 ITOHOZA

Umushakashatsi akaba n’umusesenguzi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, Tom Ndahiro, mu nyandiko ye, avuga ko Ingabire Victoire adakwiye kwitwa umunyapolitiki, ahubwo ko akwiye kwitwa umugore w’ubugome.

Ni mu nyandiko yasohoye mu kinyamakuru ku wa 24 Nzeri 2018, aho abanza kugaragaza ko mu banyamahanga ba mbere banditse bishimira gufungurwa kwa Ingabire ngo ari ‘inkoramutima z’Interahamwe’.

Abo, ni Umunyakanadakazi witwa Judi Rever, Ababiligi Filip Reyntjens na Peter Verlinden, Umuholandikazi witwa Anneke Vebraeken n’Umunyamerikakazi Ann Garrison.

Mu baba mu mahanga, hari abanyarwanda bahujwe n’ubumwe bukomoka ku cyo yise ‘ibitekerezo kirimbuzi’.

Ati “Abake nanditse ni abo nakurikiye ku rubuga rwa Twitter gusa. Ku isonga hari Ndereyehe Charles Ntahontuye uri no mu bantu b’ingenzi bateguye Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abandi batatanzwe ni abo muri Jambo Asbl higanjemo bene Shingiro Mbonyumutwa (Gustave Mbonyumutwa na Ruhumuza Mbonyumutwa), muramu wa Shingiro witwa Faustin Nsabimana.

Umugore wa Faustin Nsabimana ni Perpetue Muramutse uyobora ishyirahamwe ryitwa Réseau des Femmes pour la Démocratie et la Paix (RFDP).

Iyo urebye neza imiterere n’imikorere ya RFDP, ni Urugaga rw’Abagore bahuriye muri FDU-Inkingi cyangwa se rukora ibiyunganira. Kimwe mu bigaragaza ubwo bwunganizi ni uko iyo RFDP ari yo yatangije igihembo bise ‘Prix Victoire Ingabire’ nko guha ikuzo Perezida wa FDU-Inkingi.

Kugeza ubu, nta muntu n’umwe urahabwa Prix Victoire Ingabire/Victoire Ingabire Prize atari mu bazwi ko bashyigikira abajenosideri uhereye kuwo cyitiriwe akanabanza kugihabwa.

Abandi bakiranye ubwuzu gufungurwa kwa Ingabire (ntintuvuze bose) ni Faustin Twagiramungu, Claude Gatebuke (utunzwe no kubeshya ko yacitse ku icumu rya Jenoside atahigwagamo), Thomas Nahimana na Gallican Gasana.

Abandi n’abanyamuryango ba FDU-Inkingi bazwi nka Justin Bahunga, Joseph Bukeye, Gaspar Musabyimana, Marcel Nzabona Sebatware, Augustin Munyaneza, Aloys Simpunga, Joseph Matata n’abandi. Ibyo bavuze ni byinshi, byazagira igihe cyabyo cyo kubivuga”.

Akomeza avuga ko hari byinshi bivugwa kuri Ingabire, ariko ko hari kimwe usesengura politiki n’amateka ya vuba y’ u Rwanda n’aka karere u Rwanda ruherereyemo akwiye guheraho.

Icyo, ngo ni ukwita Ingabire ‘umunyapolitiki’ utavuga rumwe na Leta y’u Rwanda aho kumwita icyo ari cyo. Ati “Icyo akwiye kwitwa ni umugore ukunda ubugome”.

Avuga ko abagira uwo munyarwandakazi “Umunyapolitiki” bari mu byiciro bituruka ku mpamvu eshatu: Ubujiji bw’abatamuzi, Indyandya zirengagiza ukuri zikuzi, ndetse ngo n’Abagome bashyigikira Jenoside n’abajenosideri.

Agarutse ku cyo yise ubujiji, yagize ati “Hari abantu benshi cyane, mu Rwanda no mu mahanga batazi abantu nk’Ingabire Victoire n’abo bakorana. Muri aba banyarwanda mvuga harimo imbaga y’urubyiruko rutabarika batangiye kwita ku izina rye ari uko aje mu Rwanda agafatwa, akaburanishwa agafungwa,…

Abenshi bagomba kuba batazi ko yakoranye ndetse akaba agikorana n’abayobozi bateguye bakanashyira mu bikorwa Jenoside. Jenoside ni icyaha cy’ubugome bwa politiki. Kugendera kuli iyo politiki bikaba ari ubugome”.

Ingabire Victoire ni umuyobozi mukuru w’Ishyaka FDI-Inkingi ritemewe mu mashyaka akorera mu Rwanda, ku wa 13 Ukuboza 2013, nyuma yo guhamwa n’ibyaha yashinjwaga, nibwo Urukiko rw’Ikirenga rwamukatiye igifungo cy’imyaka 15 mu isomwa ry’urubanza yaba we ndetse n’ubushinjacyaha bari bajuririye nyuma yo kumukatira bwa mbere igifungo cy’imyaka umunani.

Mu mwaka wa 2010, nibwo Ingabire yafashe indege yerekeza i Rwanda, avuga ko agiye kwiyamamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu, ahageze nibwo yaje gufungwa nyuma yo guhamwa n’ibyaha birimo n’icy’ingengabitekerezo ya Jenoside, nyuma y’ ijambo yavugiye ku rwibutatso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, ku wa 16 Mutarama 2010.

Ku wa Gatanu tariki ya 14 Nzeri 2018, nibwo Ingabire hamwe n’inzindi mfungwa zisaga ibihumbi bibiri, bahawe imbabazi na Perezida Kagame, barafungurwa. Kugeza ubu Ingabire ntacyo yari yatangaza kuri iyi nyandiko ya Tom.

2018-12-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwiyemerera ko yishe Iribagiza Christine  avuga ko Umugambi we wari uwo kwica Abantu 1000

Uwiyemerera ko yishe Iribagiza Christine avuga ko Umugambi we wari uwo kwica Abantu 1000

Ubwanditsi 05 May 2017
U Rwanda rwamaganye ubusabe bwo gufungura Ngeze na bagenzi be bahamijwe Jenoside

U Rwanda rwamaganye ubusabe bwo gufungura Ngeze na bagenzi be bahamijwe Jenoside

Ubwanditsi 14 May 2018
Perezida Kagame yasabye impinduka mu turere twa nyuma mu mihigo ‘twiganje mu gice kimwe cy’igihugu’

Perezida Kagame yasabye impinduka mu turere twa nyuma mu mihigo ‘twiganje mu gice kimwe cy’igihugu’

Ubwanditsi 09 Aug 2018
Kirehe: Mu bikorwa byo kurwanya itundwa ry’ibiyobyabwenge, Polish yafashe ibiro 115 by’urumogi

Kirehe: Mu bikorwa byo kurwanya itundwa ry’ibiyobyabwenge, Polish yafashe ibiro 115 by’urumogi

Ubwanditsi 26 May 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Motari
    December 5, 20185:46 am -

    Ndumva nyuma y’imbabazi za perezida ntakindi cyakongerwaho kuko ni umubyeyi kandi agira ubushishozi buhagije mukazi ke kaburimunsi ,ibyumusesenguzi niba ibyavuga abona bibyara icyaha yamuryana murukiko kutabikora nabyo ibyo ni isebanya.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Joseph Kabila yahaye umukoro abatavuga rumwe na Felix Tshisekedi
POLITIKI

Joseph Kabila yahaye umukoro abatavuga rumwe na Felix Tshisekedi

Ubwanditsi 24 Jan 2019
Israel: Abimukira bava muri Eritrea bateguye imyigaragambyo ikomeye imbere ya Ambasade y’u Rwanda
HIRYA NO HINO

Israel: Abimukira bava muri Eritrea bateguye imyigaragambyo ikomeye imbere ya Ambasade y’u Rwanda

Ubwanditsi 22 Jan 2018
Rayon Sports yanyagiye Vipers SC ibitego 4-1, Ndikumana Asman yigaragaza ku mukino we wa mbere
Amakuru

Rayon Sports yanyagiye Vipers SC ibitego 4-1, Ndikumana Asman yigaragaza ku mukino we wa mbere

Ubwanditsi 01 Sep 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru