• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Amakuru y’indiri ya Mudacumura yatanzwe n’abasirikari ba Kayumba Nyamwasa bafashwe na FARDC 

Amakuru y’indiri ya Mudacumura yatanzwe n’abasirikari ba Kayumba Nyamwasa bafashwe na FARDC 

Ubwanditsi 20 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Umwanzi agucira akobo, Imana ikagucira akanzu. Hashize imyaka igera kuri ibiri Perezida Museveni wa Uganda yiyemeje gusimbuza ubuyobozi bwitorewe n’Abanyarwanda, abandi yita ko ari inshuti ze bamufata nka Sebuja. Bityo Uganda iba indiri y’imyitozo y’Abarwanya u Rwanda no gushakisha abajya mu mitwe ikorera muri Kongo ndetse no guhuza imitwe itandukanye.

Ntibikiri ibanga, abayobozi bakuru ba RNC bafite inzandiko z’inzira za Uganda, ariko Museveni yataye umutwe igihe abashyitsi be bakomeye aribo Umuvugizi wa FDLR La Forge Bazeye Fils (amazina y’ukuri ni Ignace Nkaka) ndetse n’ushinzwe iperereza Lt Col Abega (amazina y’ukuri Jean Pierre Nsekanabo) yari yabatumiye kugirango bahuzwe n’indi mitwe bashyire ingufu hamwe batere u Rwanda bafatwaga n’ingabo za Kongo. Uwari ushinzwe icyo gikorwa ni Minisitiri Philemon Mateke ushinzwe ubutwerane mu karere akaba na Sebukwe wa Jean Baptiste Mberabahizi, umuhutu w’intagondwa wabaye igihe kirekire Umunyamabanga Mukuru wa FDU-Inkingi ya Victoire Ingabire.

Nyuma yuko abayobozi bakuru ba FDLR baherewe umurongo ngenderwaho wo kwihuza na RNC basubijwe muri Kongo baherekejwe na CMI nuko bageze ku mupaka bafatwa n’ingabo za Kongo bajyanwa I Goma. Mu gihe bajyanywe I Goma, Perezida Museveni yashatse gukoresha  miliyoni ebyiri z’amadorali, ni ukuvuga miliyari zirenga eshatu z’amashilingi ya Uganda ngo ayahe abayobozi ba Kongo babarekure. Bahise boherezwa I Kinshasa mu guhatwa ibibazo nyuma boherezwa mu Rwanda.

Maj Habibu Madathiru na Kayumba Nyamwasa

Ibyo Museveni yari yateguye byashyizwe mu bikorwa: Mu kwezi kwa Kamena uyu mwaka, ingabo za Kayumba Nyamwasa zari ziyobowe na Maj Habibu Madathiru ndetse na Capt Sibomana Charles baguwe gitumo na FARDC,  Habibu arafatwa naho Sibo aricwa, bari munzira berekeza muri FDLR muri zone ya Rutshuru, bamwe bakwiriye imishwaro abandi barafatwa batanga amakuru yaho bari bagiye. Habib niwe wari uyoboye ingabo bivuga ko we na bagenzi be bakuru bari bazi neza aho bajya. Nibo batanze amakuru yaho Mudacumura abarizwa. Ingabo za Kayumba zigera kuri 27 zabashije gucika igitero bagabweho babasha kugera  muri FDLR.

Ingabo za Kongo FARDC zafashe amakuru yatanzwe n’ingabo za Kayumba zari zigiye kwihuza niza FDLR,  n’ayatanzwe n’umukuru w’iperereza Abega ndetse na Bazeyi,  baba bafite amakuru meza yizewe yaho Lt Gen Mudacumura aherereye nyuma y’imyaka 25 ntawe umenya ibye.

Mudacumura yavuganye gake gashoboka n’itangazamakuru mu myaka 25 ishize nabwo kuri telephone, kandi  abasirikari benshi ba FDLR ntabwo bari bazi ibirindiro bye. Gake gashoboka yabonanaga nabo niwe wabasangaga, igihe yumvaga bacitse intege akababwira ko ibibazo biri hafi gusobanuka. Mudacumura wize ibijyanye n’itumanaho rya gisirikari mu Budage hagati ya 1985-1987,  yari azi ingaruka zo gukoresha itumanaho, niyo mpamvu yabyirinze. Akiva mu Budage nibwo yahise agirwa umukuru w’umutwe warindaga Habyarimana. Nk’umuntu wizewe, Mudacumura niwe watangije ibikorwa byo gutoza interahamwe mu Mutara akiva mu ngabo zarindaga Habyarimana muri 1992.

Kuba Mudacumura, wakuze mu bwana bwe yitwa Muhutu yari yavuganye n’ingabo za Kayumba, ni ikimenyetsi ko bahujwe n’umuntu ukomeye nka Perezida Museveni. Museveni wari uziko ahuje imbaraga mu gutera u Rwanda, ntabwo yari aziko atanze igisubizo cyo guca umutwe  FDLR, ubwo Lt Gen Mudacumura yapfanye n’abayobozi be ba hafi aribo Col Serge, Col Soso Sixbert, Maj Gaspard ndetse na 15 bamubaga hafi bakaba barafashwe matekwa.

2019-09-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nta shyaka na rimwe rya opposition  rikorera mu buhungiro  ryahungabanya umutekano w’u Rwanda –Rutayisire Boniface

Nta shyaka na rimwe rya opposition  rikorera mu buhungiro  ryahungabanya umutekano w’u Rwanda –Rutayisire Boniface

Ubwanditsi 30 Jul 2018
Uko  Ingabo z’u Rwanda ziri gusuzumwa uko umubiri wazo uhagaze

Uko Ingabo z’u Rwanda ziri gusuzumwa uko umubiri wazo uhagaze

Ubwanditsi 21 Oct 2018
Umubano wa Kigali na Kampala, abakabaye bavugisha ukuri muri Uganda bahindutse abateje ikibazo

Umubano wa Kigali na Kampala, abakabaye bavugisha ukuri muri Uganda bahindutse abateje ikibazo

Ubwanditsi 26 Nov 2019
Agahuru k’imbwa karahiye: Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’ Ubwongereza yasabye igihugu cye guta muri yombi abagabo 5 bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko asanga ari igisebo kuba kigicumbikiye abajenosideri

Agahuru k’imbwa karahiye: Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’ Ubwongereza yasabye igihugu cye guta muri yombi abagabo 5 bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko asanga ari igisebo kuba kigicumbikiye abajenosideri

Ubwanditsi 09 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda no kubakorera iyica rubozo
HIRYA NO HINO

Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda no kubakorera iyica rubozo

Ubwanditsi 12 Mar 2019
Ingabo za Kayumba  nyuma yo gukubitwa ikibatsi muri RD-Congo zahungiye mu kirwa cya Kazimya zigana Tanzania
INKURU NYAMUKURU

Ingabo za Kayumba  nyuma yo gukubitwa ikibatsi muri RD-Congo zahungiye mu kirwa cya Kazimya zigana Tanzania

Ubwanditsi 17 Jul 2019
Abantu 54 bamaze gukira Coronavirus mu Rwanda, abanduye biyongereyeho 2 baba 136
HIRYA NO HINO

Abantu 54 bamaze gukira Coronavirus mu Rwanda, abanduye biyongereyeho 2 baba 136

Ubwanditsi 16 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru