• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ibitero byo mu Kinigi : mu rwego rwo kujijisha iperereza, PDP-Imanzi yakurikiye ingabire kuva muri P5

Ibitero byo mu Kinigi : mu rwego rwo kujijisha iperereza, PDP-Imanzi yakurikiye ingabire kuva muri P5

Ubwanditsi 16 Nov 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2019, ishyaka ritemewe ryashinzwe na Deo Mushayidi, PDP-Imanzi, ryikuye mu ihuriro ry’umutwe wa Politiki uzwi nka P5 nkuko bigaragara mu itangazo Rushyashya ifitiye Copy. P5 ihuriweho na RNC, , FDU-INkingi, Amahoro PC na PS-Imberakuri igice cya Bernard Ntaganda. Iryo tangazo ryashyizweho umukono na Jean-Damascene Munyampeta, Umunyamabanga Mukuru na Kayumba Jean Marie Vianney Visi Perezida wa mbere.

Iri huriro ryagiye rivugwa kenshi mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda  cyane cyane mu gitero cyabaye mu Kinigi tariki ya 4 Ukwakira 2019 kigahitana abaturage 14 bishwe urwagashinyaguro kuko bicishijwe amabuye. Ibi bitero Polisi y’u Rwanda yahamije ko “bibabaje cyane” kuko hakoreshejwemo intwaro gakondo zirimo amasuka n’amabuye, ndetse ko inzego z’umutekano zizafata uwo ari we wese wabigizemo uruhare “mu buryo buziguye cyangwa butaziguye.”

Ishyaka PDP-Imanzi ritemewe ryanshinzwe na Deo Mushayidi wakatiwe n’inkiko z’u Rwanda igifungo cya burundu nyuma yo guhamwa n’ ibyaha byo guhungabanya umutakano w’igihugu. Mushayidi yafatiwe mu gihugu cy’u Burundi aturutse Tanzaniya ubwo yari mu bikorwa bitandukanye byo kuvutsa u Rwanda umutekano afatanyije n’imitwe yitwara gisirikari muri Kongo. Kuva yafatwa, ishyaka rye ryagaragaye ryihuza n’imitwe yitwara gisirikari itandukanye.

P5 ijyaho, RNC ya Kayumba Nyamwasa yari iziko ibonye umwanya wo kwiyegereza abandi Kayumba akabona uruvugiro. Mu myaka ine P5 imaze, yagiye ishinja RNC kubitwaza bagafatwa nk’agakingirizo. Nyuma y’ibitero byo mu Kinigi abarwanyi bafashwe bagaragaje ko bari boherejwe n’ abagize P5 ; ku munsi wakurikiyeho Ingabire Victoire kuko azi ibyo yari yakoze yahise asohora itangazo ryamagana ibyo bitero kuko yari azi neza ko bizajya hanze. Si ukwamagana gusa Ingabire yakoze, ahubwo yaratanguranwe agaragaza ko avuye muri FDU Inkingi yashinze hashize imyaka 13. Ibi yabikoze  nyuma y’uko yahamagajwe n’inzego z’ubugenzacyaha, kugira ngo abazwe ku bitero byo mu Kinigi

Naho Ntaganda Bernard wa PS Imberakuri mu rwego rwo kujijisha ibyakozwe na P5, yatangiye gusakuza asohora amatangazo ajyanye n’ubutaka mu mugi wa Kigali kugirango nawe natumizwa azajijishe ngo azize ibyo yavuze.

Ukuri ni kumwe nk’uko Polisi yabitangaje, ubwicanyi bwakorewe abaturage ba Musanze bwakoranywe ubugome bukabije ku buryo uwabigizemo uruhare ruziguye n’urutaziguye akwiye kubibazwa. Banyiri gutegura umugambi bagomba kumenya ko kuva mu mashyaka ntibihagije. Ubutabera bugomba gukora kazi kabwo.

PDP-IMANZI-quitte la plateforme P5

2019-11-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CNLG yikomye ibitaro byo mu Bufaransa byahaye akazi Dr Twagira ushinjwa ibyaha bya Jenoside

CNLG yikomye ibitaro byo mu Bufaransa byahaye akazi Dr Twagira ushinjwa ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 06 Feb 2018
RDC: Umutwe Wa M23 Witeguye Kubura Imirwano

RDC: Umutwe Wa M23 Witeguye Kubura Imirwano

Ubwanditsi 14 Aug 2018
Hahishuwe uruhare rw’umuryango wa Patrick Karegeya mu bikorwa byo gusiga u Rwanda icyasha

Hahishuwe uruhare rw’umuryango wa Patrick Karegeya mu bikorwa byo gusiga u Rwanda icyasha

Ubwanditsi 17 Feb 2020
Afrika y’Epfo: Min. Lindiwe Sisulu yongeye kuvuga ku kazi we na mugenzi w’u Rwanda bahawe ko kugarura umubano hagati y’u Rwanda na Africa y’epfo

Afrika y’Epfo: Min. Lindiwe Sisulu yongeye kuvuga ku kazi we na mugenzi w’u Rwanda bahawe ko kugarura umubano hagati y’u Rwanda na Africa y’epfo

Ubwanditsi 13 Nov 2018

Igitekerezo kimwe

  1. bazumvaryari
    November 18, 20198:10 am -

    Ubwo ngo maye kwari ugushyira pression kuri Leta ya Kigali ngo yemere imishyikirano!. Baribeshye cyane.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rubavu: Urubyiruko  rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo kwamagana  ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Rubavu: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo kwamagana ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Burundi: Batatu babaye abakuru b’igihugu bamaze kwirukanwa muri Senat
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Batatu babaye abakuru b’igihugu bamaze kwirukanwa muri Senat

Ubwanditsi 19 Jun 2018
“Umuntu yakwibwira ko ubwo murangije amasomo ubuzima bugiye koroha. Ntabwo ari byo! – Perezida Kagame
Mu Mahanga

“Umuntu yakwibwira ko ubwo murangije amasomo ubuzima bugiye koroha. Ntabwo ari byo! – Perezida Kagame

Ubwanditsi 29 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru