• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame mu ruzinduko rw’akazi muri Zambia

Perezida Kagame mu ruzinduko rw’akazi muri Zambia

Ubwanditsi 19 Jun 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze i Lusaka muri Zambia kuri uyu wa Mbere muri ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri ku butumire bwa Perezida Edgar Lungu.

Ibiro Ntaramakuru bya Zambia (ZANIS) bivuga ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Harry Kalaba yatangaje ko abayobozi bombi bagomba kugirana ibiganiro ngo barebere hamwe uburyo bwo kwagura umubano hagati y’u Rwanda na Zambia.

Perezida Kagame ngo arasura ibice bitandukanye birimo ahashyinguye abayoboye Zambia hazwi nka Embassy Park.

Arakirwa ku meza kandi na Perezida Lungu naho ku munsi wa kabiri asure akarere ka Kafue ku ruganda rukora ibyuma rwa Kafue Steel Company kandi ngo yifuje kumenya iby’inganda zo muri iki gihugu.

Kalaba avuga ko uru ruzinduko rwa Perezida Kagame ari ingenzi ku bihugu byombi kubera ko ngo Abakuru b’Ibihugu byombi bakeneye kungurana ubumenyi kuri byinshi.

Ngo Zambia hari byinshi yakwigira ku Rwanda kuko ngo rwateye imbere mu bijyanye n’ikoranabuhanga n’itumanaho aho Zambia yo ikiri kugerageza kubiteza imbere.

Yongeraho ko uru ruzinduko kandi rugamije kugira ngo ibihugu byombi bitangire gufashanya mu miryango bihuriyemo nk’uwa Afurika Yunze Ubumwe, Ibiyaga bigari, COMESA n’iyindi.

Minisitiri Kalaba avuga kandi ko hari amasezerano y’ubufatanye azashyirwaho umukono n’ibihugu byombi cyane mu guhererekanya abarimu b’Igifaransa bo mu Rwanda ngo bafashe uburezi bwo Zambia.

Perezida Kagame yaherukaga muri Zambia tariki 24 Gicurasi 2016 aho yari yitabiriye inama ngarukamwaka ya Banki Nyafurika Itsura Amajyambere.

-7005.jpg

-7004.jpg

-7003.jpg

2017-06-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda na Congo Brazzaville bigiye gutangira guhererekanya abanyabyaha

U Rwanda na Congo Brazzaville bigiye gutangira guhererekanya abanyabyaha

Ubwanditsi 14 Aug 2017
Mpayimana aramutse ahawe umwanya muri Guverinoma ngo yawemera

Mpayimana aramutse ahawe umwanya muri Guverinoma ngo yawemera

Ubwanditsi 27 Aug 2017
Umugore wa Safi yasubiye muri Canada aho ni ubuhoro ! [ VIDEO ]

Umugore wa Safi yasubiye muri Canada aho ni ubuhoro ! [ VIDEO ]

Ubwanditsi 19 Oct 2017
Barafinda yinjiye mu ruhando rwa cinema nyarwanda

Barafinda yinjiye mu ruhando rwa cinema nyarwanda

Ubwanditsi 23 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ko hari ibimenyetso simusiga byerekana itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi , Ingabire Victoire na bagenzi be ko batazana ibya “jenoside yakorewe Abahutu” baririmba?
Amakuru

Ko hari ibimenyetso simusiga byerekana itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi , Ingabire Victoire na bagenzi be ko batazana ibya “jenoside yakorewe Abahutu” baririmba?

Ubwanditsi 09 Sep 2024
Police Handball Club yatsinze APR HBC ikomeza kuba iya mbere
Mu Mahanga

Police Handball Club yatsinze APR HBC ikomeza kuba iya mbere

Ubwanditsi 08 May 2016
Abanyeshuri ba CIESK biyemeje kurwanya ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Abanyeshuri ba CIESK biyemeje kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 02 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru