• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame mu ruzinduko rw’akazi muri Zambia

Perezida Kagame mu ruzinduko rw’akazi muri Zambia

Ubwanditsi 19 Jun 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze i Lusaka muri Zambia kuri uyu wa Mbere muri ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri ku butumire bwa Perezida Edgar Lungu.

Ibiro Ntaramakuru bya Zambia (ZANIS) bivuga ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Harry Kalaba yatangaje ko abayobozi bombi bagomba kugirana ibiganiro ngo barebere hamwe uburyo bwo kwagura umubano hagati y’u Rwanda na Zambia.

Perezida Kagame ngo arasura ibice bitandukanye birimo ahashyinguye abayoboye Zambia hazwi nka Embassy Park.

Arakirwa ku meza kandi na Perezida Lungu naho ku munsi wa kabiri asure akarere ka Kafue ku ruganda rukora ibyuma rwa Kafue Steel Company kandi ngo yifuje kumenya iby’inganda zo muri iki gihugu.

Kalaba avuga ko uru ruzinduko rwa Perezida Kagame ari ingenzi ku bihugu byombi kubera ko ngo Abakuru b’Ibihugu byombi bakeneye kungurana ubumenyi kuri byinshi.

Ngo Zambia hari byinshi yakwigira ku Rwanda kuko ngo rwateye imbere mu bijyanye n’ikoranabuhanga n’itumanaho aho Zambia yo ikiri kugerageza kubiteza imbere.

Yongeraho ko uru ruzinduko kandi rugamije kugira ngo ibihugu byombi bitangire gufashanya mu miryango bihuriyemo nk’uwa Afurika Yunze Ubumwe, Ibiyaga bigari, COMESA n’iyindi.

Minisitiri Kalaba avuga kandi ko hari amasezerano y’ubufatanye azashyirwaho umukono n’ibihugu byombi cyane mu guhererekanya abarimu b’Igifaransa bo mu Rwanda ngo bafashe uburezi bwo Zambia.

Perezida Kagame yaherukaga muri Zambia tariki 24 Gicurasi 2016 aho yari yitabiriye inama ngarukamwaka ya Banki Nyafurika Itsura Amajyambere.

-7005.jpg

-7004.jpg

-7003.jpg

2017-06-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Irushanwa Nyafurika mu mukino w’intoki wa Volleyball ryasojwe Tunisia itwaye igikombe mu bagabo naho u Rwanda rusoza ku mwanya wa 6

Irushanwa Nyafurika mu mukino w’intoki wa Volleyball ryasojwe Tunisia itwaye igikombe mu bagabo naho u Rwanda rusoza ku mwanya wa 6

Ubwanditsi 15 Sep 2021
Ngarambe Rafaél yatorewe kuba Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda.

Ngarambe Rafaél yatorewe kuba Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda.

Ubwanditsi 30 May 2021
Ange Kagame yagaragaje ishema aterwa no kwitwa izina rya se

Ange Kagame yagaragaje ishema aterwa no kwitwa izina rya se

Ubwanditsi 24 Oct 2017
Icyo CNLG  Ivuga  kunkuru ya ‘Globe and Mail ‘ ku mbunda irasa  Missile zahanuye  Indege ya Habyarimana

Icyo CNLG Ivuga kunkuru ya ‘Globe and Mail ‘ ku mbunda irasa Missile zahanuye Indege ya Habyarimana

Ubwanditsi 10 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abayobozi ba Kisoro basabiye Gen.Kayihura gufungurwa
ITOHOZA

Uganda: Abayobozi ba Kisoro basabiye Gen.Kayihura gufungurwa

Ubwanditsi 19 Jul 2018
Mafikizolo baririmbiye Abakuru b’Ibihugu bitabiriye inama ya AU
Mu Mahanga

Mafikizolo baririmbiye Abakuru b’Ibihugu bitabiriye inama ya AU

Ubwanditsi 18 Jul 2016
Thomas Nahimana, ingirwapadiri yamunzwe n’ingengabitekerezo ya Hutu-Pawa, ubwambuzi n’ubusambanyi (Igice cya mbere)
INKURU NYAMUKURU

Thomas Nahimana, ingirwapadiri yamunzwe n’ingengabitekerezo ya Hutu-Pawa, ubwambuzi n’ubusambanyi (Igice cya mbere)

Ubwanditsi 02 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru