• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026

POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026

RUSHYASHYA 02 May 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Police VC yo mu Rwanda na Al Ahly SC yo mu Misiri zageze ku mukino wa nyuma wa Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball [CAVB Men’s Club Championship 2026], iri gukinirwa mu Mujyi wa Kigali, ni imikino ya ½ yabereye muri BK Arena, kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 1 Gicurasi 2026.

Umukino wa mbere wahuje REG VC na Police VC, wari ishiraniro kuko aya makipe ari muri ane yaserukiye u Rwanda muri iri rushanwa asanzwe ahatana muri Shampiyona y’imbere mu Gihugu.

Police VC ni yo yatangiye umukino neza, itsinda seti ya mbere ku manota 25-20, ariko iyi Kipe ya Sosiyete y’Igihugu ishinzwe Ingufu, iva inyuma yitwara neza muri seti ya kabiri yegukanye ku manota 25-22.

Ikipe ya Police VC yafashijwe n’abakinnyi bayo barimo Elphas Makuto watsinze amanota 29, itsinda amaseti abiri yikurikiranya, yegukana umukino ku ntsinzi y’amaseti 3-1 (20-25, 25-22, 17-25, 21-25).

Police VC yanditse amateka yo kuba ikipe ya mbere ikomoka mu Rwanda yageze ku mukino wa nyuma muri iri rushanwa rihuza amakipe akomeye muri Volleyball ya Afurika.

Nicholas Matui ukinira REG VC yabwiye itangazamakuru ko Police VC yitwaye neza kandi yatsinze ibikwiye.

Ati “Bakinnye neza, bakwiye intsinzi. Ibyo twateguye, ibyo umutoza yatubwiye ntabwo twabikoze neza. Ndabifuriza intsinzi ku mukino wa nyuma. Ubu intego ni umwanya wa gatatu, tugashaka umudali.”

Ku mukino wa nyuma, Police VC izahahurira na Al Ahly SC yo mu Misiri, yahageze itsinze Petrojet Sporting Club amaseti 3-0 (25-20, 25-15, 25-16) mu mukino wamaze isaha n’iminota 12.

Elhossiny wa Al Ahly yatsinze amanota 20, afasha ikipe ye gusezerera Petrojet SC amanota 75 kuri 51, ubariye hamwe amaseti atatu yakinwe.

Al Ahly SC ifite ibikombe 16 mu riri rushanwa riri gukinwa ku nshuro yaryo ya 47, ihabwa amahirwe yo kwegukana icya 17. Kuva iriri kubera mu Rwanda ryatangira iyi kipe ntirinjizwa seti n’imwe ndetse ikipe yayibonyemo amanota menshi mu iseti imwe, yagejeje kuri 20 gusa.

Police VC yageze ku mukino wa nyuma na yo yiteguye guhatana no kuyiha akazi.

Umutoza wa Police VC, Fred Musoni, yabwiye itangazamakuru ko yishimiye kugera ku mukino wa nyuma, anashimira Polisi y’Igihugu uko yita ku makipe yayo.

Yakomeje ati “Abakinnyi bo sinabona icyo mbavugaho kuko bakoze ibidasanzwe kugira ngo bagere hano. Nta magambo ahagije nabona nkoresha mu kubashimira. Twishimira cyane abakinnyi kandi turashimira Imana ko yabanye natwe.”

Musoni yavuze ko ikipe ye yageze ku mukino wa nyuma itabiguyeho kandi izitwara neza.

Ati “Tugeze ku mukino wa nyuma tubikwiye. Nta mukino turatsindwa. Ntitugiye gutsindwa, tugiye kubaha akazi. Munyizere, umukino w’ejo si uwanjye. Ni uw’abakinnyi. Kugera ku mukino wanyuma bisaba guhatana. Ni umukino tudatewe inkeke na wo.”

Yavuze ko umukino batsinzemo REG VC wari ukomeye kurusha indi bakinnyi kuko banahanganye muri Shampiyona y’u Rwanda aho bahuriye ku mukino wa nyuma wa play off.

Ati “REG VC ni ikipe nziza kandi hari ibyo tutararangizanya na yo. Wari umukino ukomeye kuri twe. Ndaza kongera ndebe umukino ndebe uko wari umeze.

Makuto watsinze amanota 29 mu manota 97 Police VC yatsinze REG VC, yo ikinjizwa 83 mu mukino wamaze isaha n’iminota 34, yavuze ko bakinnye bafite ishyaka kuko bifuzaga gukora amateka.

Ati “Icyaduteye ishyaka ni uguharanira gukina umukino wa nyuma. Twumvaga ari amahirwe ya nyuma yo kuwukina. Abo dukinana nishimira kubana na bo, umutoza aranyihanganira kandi icyizere akugirira gishobora gutuma ukora neza.”

Yavuze ko ku mukino wa nyuma bigishoboka ndetse abafana bakwiye gukomeza kubaba inyuma.

Ati “Buri kimwe kirashoboka. Ndahamagarira buri wese kuzaza inyuma yacu. Ndi Umunya-Kenya ndabahagarariye ariko nishimiye no kuba mpagarariye u Rwanda ku mukino wa nyuma.”

Umukino wa nyuma uzahuza Police VC na Al Ahly urabera muri BK Arena, kuri uyu wa Gatandatu, saa Mbiri z’ijoro nyuma y’umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu uhuza REG VC na Petrojet SC.

2026-05-02
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Geoffrey Zawadi yatorewe kuba Visi Perezida wa FRVB asimbuye Jado Castar, ibyavuye mu nama y’intekorusange y’umukino wa Volleyball

Geoffrey Zawadi yatorewe kuba Visi Perezida wa FRVB asimbuye Jado Castar, ibyavuye mu nama y’intekorusange y’umukino wa Volleyball

Ubwanditsi 18 Mar 2023
Kuba tugeze  muri ¼ tubikesha Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame

Kuba tugeze muri ¼ tubikesha Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame

Ubwanditsi 21 Jan 2016
CAN 2019: Cameroun yatangiye neza urugendo rwo kwisubiza igikombe, Ghana iratungurwa

CAN 2019: Cameroun yatangiye neza urugendo rwo kwisubiza igikombe, Ghana iratungurwa

Ubwanditsi 26 Jun 2019
Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

Ubwanditsi 05 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunya-Kenya Laban Korir n’Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence begukanye Kigali International Peace Marathon
Amakuru

Umunya-Kenya Laban Korir n’Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence begukanye Kigali International Peace Marathon

Ubwanditsi 09 Jun 2025
FERWAFA yafashe umwanzuro ko Rayon n’Intare FC bazakina umukino wa 1/8 wo kwishyura w’igikombe cy’Amahoro
Amakuru

FERWAFA yafashe umwanzuro ko Rayon n’Intare FC bazakina umukino wa 1/8 wo kwishyura w’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 05 Apr 2023
Umunyarwandakazi w’umunyamideli Mimi Mirage yatsinze bagenzi be bahuriye mubirori byo kwerekana Imideri mu Buhollande bamutwara mu modoaka idasanzwe
HIRYA NO HINO

Umunyarwandakazi w’umunyamideli Mimi Mirage yatsinze bagenzi be bahuriye mubirori byo kwerekana Imideri mu Buhollande bamutwara mu modoaka idasanzwe

Ubwanditsi 13 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru