• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026

POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026

RUSHYASHYA 02 May 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Police VC yo mu Rwanda na Al Ahly SC yo mu Misiri zageze ku mukino wa nyuma wa Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball [CAVB Men’s Club Championship 2026], iri gukinirwa mu Mujyi wa Kigali, ni imikino ya ½ yabereye muri BK Arena, kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 1 Gicurasi 2026.

Umukino wa mbere wahuje REG VC na Police VC, wari ishiraniro kuko aya makipe ari muri ane yaserukiye u Rwanda muri iri rushanwa asanzwe ahatana muri Shampiyona y’imbere mu Gihugu.

Police VC ni yo yatangiye umukino neza, itsinda seti ya mbere ku manota 25-20, ariko iyi Kipe ya Sosiyete y’Igihugu ishinzwe Ingufu, iva inyuma yitwara neza muri seti ya kabiri yegukanye ku manota 25-22.

Ikipe ya Police VC yafashijwe n’abakinnyi bayo barimo Elphas Makuto watsinze amanota 29, itsinda amaseti abiri yikurikiranya, yegukana umukino ku ntsinzi y’amaseti 3-1 (20-25, 25-22, 17-25, 21-25).

Police VC yanditse amateka yo kuba ikipe ya mbere ikomoka mu Rwanda yageze ku mukino wa nyuma muri iri rushanwa rihuza amakipe akomeye muri Volleyball ya Afurika.

Nicholas Matui ukinira REG VC yabwiye itangazamakuru ko Police VC yitwaye neza kandi yatsinze ibikwiye.

Ati “Bakinnye neza, bakwiye intsinzi. Ibyo twateguye, ibyo umutoza yatubwiye ntabwo twabikoze neza. Ndabifuriza intsinzi ku mukino wa nyuma. Ubu intego ni umwanya wa gatatu, tugashaka umudali.”

Ku mukino wa nyuma, Police VC izahahurira na Al Ahly SC yo mu Misiri, yahageze itsinze Petrojet Sporting Club amaseti 3-0 (25-20, 25-15, 25-16) mu mukino wamaze isaha n’iminota 12.

Elhossiny wa Al Ahly yatsinze amanota 20, afasha ikipe ye gusezerera Petrojet SC amanota 75 kuri 51, ubariye hamwe amaseti atatu yakinwe.

Al Ahly SC ifite ibikombe 16 mu riri rushanwa riri gukinwa ku nshuro yaryo ya 47, ihabwa amahirwe yo kwegukana icya 17. Kuva iriri kubera mu Rwanda ryatangira iyi kipe ntirinjizwa seti n’imwe ndetse ikipe yayibonyemo amanota menshi mu iseti imwe, yagejeje kuri 20 gusa.

Police VC yageze ku mukino wa nyuma na yo yiteguye guhatana no kuyiha akazi.

Umutoza wa Police VC, Fred Musoni, yabwiye itangazamakuru ko yishimiye kugera ku mukino wa nyuma, anashimira Polisi y’Igihugu uko yita ku makipe yayo.

Yakomeje ati “Abakinnyi bo sinabona icyo mbavugaho kuko bakoze ibidasanzwe kugira ngo bagere hano. Nta magambo ahagije nabona nkoresha mu kubashimira. Twishimira cyane abakinnyi kandi turashimira Imana ko yabanye natwe.”

Musoni yavuze ko ikipe ye yageze ku mukino wa nyuma itabiguyeho kandi izitwara neza.

Ati “Tugeze ku mukino wa nyuma tubikwiye. Nta mukino turatsindwa. Ntitugiye gutsindwa, tugiye kubaha akazi. Munyizere, umukino w’ejo si uwanjye. Ni uw’abakinnyi. Kugera ku mukino wanyuma bisaba guhatana. Ni umukino tudatewe inkeke na wo.”

Yavuze ko umukino batsinzemo REG VC wari ukomeye kurusha indi bakinnyi kuko banahanganye muri Shampiyona y’u Rwanda aho bahuriye ku mukino wa nyuma wa play off.

Ati “REG VC ni ikipe nziza kandi hari ibyo tutararangizanya na yo. Wari umukino ukomeye kuri twe. Ndaza kongera ndebe umukino ndebe uko wari umeze.

Makuto watsinze amanota 29 mu manota 97 Police VC yatsinze REG VC, yo ikinjizwa 83 mu mukino wamaze isaha n’iminota 34, yavuze ko bakinnye bafite ishyaka kuko bifuzaga gukora amateka.

Ati “Icyaduteye ishyaka ni uguharanira gukina umukino wa nyuma. Twumvaga ari amahirwe ya nyuma yo kuwukina. Abo dukinana nishimira kubana na bo, umutoza aranyihanganira kandi icyizere akugirira gishobora gutuma ukora neza.”

Yavuze ko ku mukino wa nyuma bigishoboka ndetse abafana bakwiye gukomeza kubaba inyuma.

Ati “Buri kimwe kirashoboka. Ndahamagarira buri wese kuzaza inyuma yacu. Ndi Umunya-Kenya ndabahagarariye ariko nishimiye no kuba mpagarariye u Rwanda ku mukino wa nyuma.”

Umukino wa nyuma uzahuza Police VC na Al Ahly urabera muri BK Arena, kuri uyu wa Gatandatu, saa Mbiri z’ijoro nyuma y’umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu uhuza REG VC na Petrojet SC.

2026-05-02
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ubwanditsi 20 Jul 2023
AS Kigali yiyongereye kuri APR FC ku makipe ahatanira igikombe cya shampiyona, ni nyuma yo gutsinda Police FC 2-0, Mukura VS yongera gutsindirwa mu rugo.

AS Kigali yiyongereye kuri APR FC ku makipe ahatanira igikombe cya shampiyona, ni nyuma yo gutsinda Police FC 2-0, Mukura VS yongera gutsindirwa mu rugo.

Ubwanditsi 14 May 2021
Icyo Abantu hirya no hino ku Isi bavuga ku kibazo cy’ibura rya Rushyashya.net kurubuga rwa Internet

Icyo Abantu hirya no hino ku Isi bavuga ku kibazo cy’ibura rya Rushyashya.net kurubuga rwa Internet

Ubwanditsi 23 May 2017
Young Africans yegukanye igikombe ku Munsi w’Igikundiro 20245,  ni nyuma yo gutsinda Rayon Sports 3-1

Young Africans yegukanye igikombe ku Munsi w’Igikundiro 20245, ni nyuma yo gutsinda Rayon Sports 3-1

Ubwanditsi 15 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 04 Sep 2020
Inama ya Dar Es Salaam ni andi mahirwe Tshisekedi abonye yo kurangiza intambara, ntazayatere inyoni atunga abandi urutoki”- Senateri Joe Wilson
Uncategorized

Inama ya Dar Es Salaam ni andi mahirwe Tshisekedi abonye yo kurangiza intambara, ntazayatere inyoni atunga abandi urutoki”- Senateri Joe Wilson

Ubwanditsi 06 Feb 2025
Uganda: Gen. Kale Kayihura arahakana uruhare urwo ari rwo rwose mu gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda
Mu Mahanga

Uganda: Gen. Kale Kayihura arahakana uruhare urwo ari rwo rwose mu gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda

Ubwanditsi 22 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru