• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kigali : Perezida Kagame yasabye abanyenganda gukora ibigurishwa ku giciro Abanyarwanda bibonamo

Kigali : Perezida Kagame yasabye abanyenganda gukora ibigurishwa ku giciro Abanyarwanda bibonamo

Ubwanditsi 07 Feb 2017 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame yasabye abanyenganda bo mu Rwanda ko bagomba guteza imbere ibihakorerwa bigenerwa abanyagihugu kandi bikabageraho ku giciro bibonamo ari byo ngo bizatuma igihugu gihangana n’amasoko yo hanze.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 7 Gashyantare 2017 ubwo yasuraga ‘Special Economic Zone’, igice cy’Umujyi wa Kigali cyahariwe inganda.

Nyuma yo gusura inganda zitandukanye, Perezida Kagame, yaganirije abashoramari bafite ibikorwa muri iki cyanya cyahariwe inganda aharimo izigera kuri 32 zikora ndetse n’izirenga 20 zicyubakwa.

Yabashimiye akazi gakorerwa muri iki cyanya avuga ko izi nganda zigira uruhare mu guteza imbere u Rwanda, ariko abagaragariza ko urugendo rukiri rurerure nubwo hari intwambwe yatewe.

Perezida Kagame yagaragarije kandi aba bashoramari ko ari byiza kohereza ibicuruzwa mu mahanga, ariko ngo bagomba kubanza guhaza u Rwanda ndetse bagakorera Abanyarwanda ibidahenze.

Yagize ati “Ibikorerwa hano bigomba kubanza guhaza abari imbere mu gihugu hanyuma tugasagurira amasoko yo hanze. Guteza imbere iby’iwacu bigomba guhera ku bikorerwa hano bigenerwa Abanyarwanda mbere na mbere. Ibikorerwa hano bigomba kuba byiza kandi bikagurishwa ku giciro Abanyarwanda bibonamo.”

Yunzemo ati “Tugomba gukora ibintu byiza, by’igiciro kidahanitse. Ibi bizatuma duhangana ku masoko y’imbere mu gihugu no hanze. Ibikorerwa hano isoko ryabyo rya mbere ni Abanyarwanda hanyuma tukanapiganwa ku isoko mpuzamahanga.”

-5671.jpg

‘Special Economic Zone’ Kigali

Umukuru w’Igihugu aha yasobanuye ko kudakoresha ibyo mu Rwanda byiza ahubwo Abanyarwanda bakararikira iby’ahandi bibi biterwa ahanini no kutiha agaciro.

Leta ngo izakomeza gutunganya ibishoboka ariko ngo n’abikorera barasabwa gushyiraho akabo bakongera ibikorwa, aho Perezida Kagame avuga ko batazateshuka ku rugamba rwo guharanira ko ibyo mu Rwanda bitezwa imbere bihereye kuri bo ubwabo.

Yatanze urugero ku bikoresho by’ubwubatsi bikorerwa mu Rwanda aho yavuze ko u Rwanda rwakabaye rutakibikura hanze, asaba abatanga amasoko ya Leta ndetse n’abikorera ko bagomba guhera kuri ibi bikorerwa mu Rwanda avuga ko ari byiza.

Muri iki kiganiro yahaye abanyenganda, yabibukije ko ibikorerwa mu Rwanda biteza imbere ababikora ariko cyane cyane bibereyeho guteza imbere u Rwanda n’Abanyarwanda.

-5680.jpg

Perezida Paul Kagame

-5681.jpg

Abanyenganda.

2017-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kantengwa Angélique wayoboraga RSSB agizwe umwere ari mu Buhinde kwivuza

Kantengwa Angélique wayoboraga RSSB agizwe umwere ari mu Buhinde kwivuza

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Umutekamutwe Kasinge Nadine yongeye gutuburira abamukurikira bujiji.

Umutekamutwe Kasinge Nadine yongeye gutuburira abamukurikira bujiji.

Ubwanditsi 26 Nov 2023
Burundi : Gen. Gaciyubwenge arahigwa bukware

Burundi : Gen. Gaciyubwenge arahigwa bukware

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Bugesera: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Bugesera: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 29 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yageze i Dar Es Salam yakirwa mu buryo bukomeye -Amafoto
IMIKINO

Rayon Sports yageze i Dar Es Salam yakirwa mu buryo bukomeye -Amafoto

Ubwanditsi 15 May 2018
RwandAir iratangira gukorera ingendo i Cotonou vuba
Mu Mahanga

RwandAir iratangira gukorera ingendo i Cotonou vuba

Ubwanditsi 30 Aug 2016
Uganda: Maj. Gen. Kavuma Na Maj. Gen. Mugira Bashobora Kwishingira Gen Kayihura Akaburana Adafunze
ITOHOZA

Uganda: Maj. Gen. Kavuma Na Maj. Gen. Mugira Bashobora Kwishingira Gen Kayihura Akaburana Adafunze

Ubwanditsi 27 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru