• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Burundi : Gen. Gaciyubwenge arahigwa bukware

Burundi : Gen. Gaciyubwenge arahigwa bukware

Ubwanditsi 06 Mar 2018 Mu Mahanga

Gen Pontien Gaciyubwenge wahoze ari Minisitiri w’Ingabo, yashyizwe ku rutonde rw’abashakishwa n’inkiko z’u Burundi, bashinjwa kugira uruhare mu itegura n’ishyirwamubikorwa rya kudeta yapfubye mu 2015.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’urukiko rw’ikirenga rw’u Burundi, rigaragaza urutonde rwiganjemo abasirikare, abapolisi n’abanyapolitiki, bashakishwa ngo bahanirwe ibyaha bakoze ubwo hageragezaga kudeta.

Umunyamabanga mukuru w’uru rukiko, Bangiricenge Agnes, atangaza ko ibihugu byahaye ubuhungiro abari kuri urwo rutonde byabafata bikabashyikiriza u Burundi.

Yagize ati “ibihugu bicumbikiye abashatse guhirika ubutegetsi mu 2015 bahunze, kandi bakaba barasohorewe impapuro zo kubata muri yombi, ko byabafata bikabashyikiriza inkiko zo mu Burundi bakaryozwa ibyo bakoze”.

Kuri uru rutonde hazaho abasirikare barimo Gen Niyombare Godefroid, wari uyoboye uwo mugambi wa kudeta, ubu utaratangaza igihugu yaba aherereyemo.

Gen Pontien Gaciyubwenge, wari Minisitiri w’Ingabo ubwo bageragezaga kudeta, ubu akaba ari ku mugabane w’u Burayi, nawe ari kuri uru rutonde.

Uyu musirikare yagiye avugwaho ubugambanyi nk’uko ibinyamakuru by’i Burundi byagiye bibitangaza, ko yari mu bateguye kudeta, batangiye kuyishyira mu bikorwa asubira ku ruhande rw’abashyigikiye Perezida Nkurunziza.

Byatangazwaga ko uko kwigaranzura bagenzi be, biri mu byatumye abari ku ruhande rwa Gen Niyombare, umugambi wabo ubapfana bamwe bagafata iy’ubuhunzi, abandi barafatwa bagafungwa, barimo Gen Cyrille Ndayirukiye.

Nyuma yaho bimenyekaniye ko Gen Gaciyubwenge, ari mu bateguye umugambi wo guhirika ku butegetsi sebuja, ndetse akanaba ikirumirahabiri, nibwo yahise afata rutemikirere ahungira i Burayi.

Igererageza rya Coup d’Etat ryabaye ku wa 13 Gicurasi 2015, nyuma y’iminsi itanu gusa, nibwo Perezida Nkurunziza yahise amuvana ku mwanya wa Minisitiri w’Ingabo, hari ku wa 18 Gicurasi 2015, asimburwa na Emmanuel Ntahomvukiye.

Gen Pontien Gaciyubwenge yari mu ishyaka CNDD- FDD riri ku butegetsi, yabaye umuyobozi mu myanya itandukanye mu gisirikare cy’u Burundi, mu 2010 Perezida Nkurunziza yamugize Minisitiri w’Ingabo, umwanya yaje kumukuraho 2015.

 

2018-03-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwungutse abapilote b’indege icyenda

U Rwanda rwungutse abapilote b’indege icyenda

Ubwanditsi 26 Jan 2016
UmuNazi nyarwanda, Aloys Ntiwiragabo aragerageza gucecekesha abatangabuhamya bamufiteho ibimenyetso

UmuNazi nyarwanda, Aloys Ntiwiragabo aragerageza gucecekesha abatangabuhamya bamufiteho ibimenyetso

Ubwanditsi 18 Jan 2023
Abayobozi bagize uruhare mu kwirukana Miguna muri Kenya baciwe amande ya 2000$

Abayobozi bagize uruhare mu kwirukana Miguna muri Kenya baciwe amande ya 2000$

Ubwanditsi 01 Apr 2018
Joseph Kabila yashinje Perezida Tshisekedi kuba nyirabayazana w’ibibazo byose Congo ifite

Joseph Kabila yashinje Perezida Tshisekedi kuba nyirabayazana w’ibibazo byose Congo ifite

Ubwanditsi 24 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda na Congo Brazzaville bigiye gutangira guhererekanya abanyabyaha
Mu Rwanda

U Rwanda na Congo Brazzaville bigiye gutangira guhererekanya abanyabyaha

Ubwanditsi 14 Aug 2017
Akavuyo mu nteko nshingamategeko ya Tanzania
Mu Rwanda

Akavuyo mu nteko nshingamategeko ya Tanzania

Ubwanditsi 31 Aug 2016
Army Week : Abantu barenga ibihumbi 60 bamaze kuvurwa ku buntu
Mu Rwanda

Army Week : Abantu barenga ibihumbi 60 bamaze kuvurwa ku buntu

Ubwanditsi 09 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru