• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Burundi : Gen. Gaciyubwenge arahigwa bukware

Burundi : Gen. Gaciyubwenge arahigwa bukware

Ubwanditsi 06 Mar 2018 Mu Mahanga

Gen Pontien Gaciyubwenge wahoze ari Minisitiri w’Ingabo, yashyizwe ku rutonde rw’abashakishwa n’inkiko z’u Burundi, bashinjwa kugira uruhare mu itegura n’ishyirwamubikorwa rya kudeta yapfubye mu 2015.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’urukiko rw’ikirenga rw’u Burundi, rigaragaza urutonde rwiganjemo abasirikare, abapolisi n’abanyapolitiki, bashakishwa ngo bahanirwe ibyaha bakoze ubwo hageragezaga kudeta.

Umunyamabanga mukuru w’uru rukiko, Bangiricenge Agnes, atangaza ko ibihugu byahaye ubuhungiro abari kuri urwo rutonde byabafata bikabashyikiriza u Burundi.

Yagize ati “ibihugu bicumbikiye abashatse guhirika ubutegetsi mu 2015 bahunze, kandi bakaba barasohorewe impapuro zo kubata muri yombi, ko byabafata bikabashyikiriza inkiko zo mu Burundi bakaryozwa ibyo bakoze”.

Kuri uru rutonde hazaho abasirikare barimo Gen Niyombare Godefroid, wari uyoboye uwo mugambi wa kudeta, ubu utaratangaza igihugu yaba aherereyemo.

Gen Pontien Gaciyubwenge, wari Minisitiri w’Ingabo ubwo bageragezaga kudeta, ubu akaba ari ku mugabane w’u Burayi, nawe ari kuri uru rutonde.

Uyu musirikare yagiye avugwaho ubugambanyi nk’uko ibinyamakuru by’i Burundi byagiye bibitangaza, ko yari mu bateguye kudeta, batangiye kuyishyira mu bikorwa asubira ku ruhande rw’abashyigikiye Perezida Nkurunziza.

Byatangazwaga ko uko kwigaranzura bagenzi be, biri mu byatumye abari ku ruhande rwa Gen Niyombare, umugambi wabo ubapfana bamwe bagafata iy’ubuhunzi, abandi barafatwa bagafungwa, barimo Gen Cyrille Ndayirukiye.

Nyuma yaho bimenyekaniye ko Gen Gaciyubwenge, ari mu bateguye umugambi wo guhirika ku butegetsi sebuja, ndetse akanaba ikirumirahabiri, nibwo yahise afata rutemikirere ahungira i Burayi.

Igererageza rya Coup d’Etat ryabaye ku wa 13 Gicurasi 2015, nyuma y’iminsi itanu gusa, nibwo Perezida Nkurunziza yahise amuvana ku mwanya wa Minisitiri w’Ingabo, hari ku wa 18 Gicurasi 2015, asimburwa na Emmanuel Ntahomvukiye.

Gen Pontien Gaciyubwenge yari mu ishyaka CNDD- FDD riri ku butegetsi, yabaye umuyobozi mu myanya itandukanye mu gisirikare cy’u Burundi, mu 2010 Perezida Nkurunziza yamugize Minisitiri w’Ingabo, umwanya yaje kumukuraho 2015.

 

2018-03-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi iragira inama abaturage kwirinda ubucukuzi  bw’amabuye y’agaciro butemewe

Polisi iragira inama abaturage kwirinda ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe

Ubwanditsi 04 Feb 2016
U Rwanda ntirugitumiza Essance muri Kenya

U Rwanda ntirugitumiza Essance muri Kenya

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Ngo “kirya abandi, bajya kukirya kikishaririza

Ngo “kirya abandi, bajya kukirya kikishaririza

Ubwanditsi 16 Dec 2023
Umufaransa Jean-Pierre Lacroix yiyemeje kubera uRwanda “ihwa mu kirenge”, ariko ararushywa n’ubusa

Umufaransa Jean-Pierre Lacroix yiyemeje kubera uRwanda “ihwa mu kirenge”, ariko ararushywa n’ubusa

Ubwanditsi 17 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba Nyamwasa mu mugambi wo guhitana Jean Paul na Maj Micombero
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Nyamwasa mu mugambi wo guhitana Jean Paul na Maj Micombero

Ubwanditsi 10 Oct 2019
Rwamagana: Hatangijwe amahugurwa ku buryo bwo gusana no kwita ku bikoresho byandika ku ntwaro nto
Mu Mahanga

Rwamagana: Hatangijwe amahugurwa ku buryo bwo gusana no kwita ku bikoresho byandika ku ntwaro nto

Ubwanditsi 19 Jan 2016
Imvugo z’Uburyarya no kwivuguruza kw’Abanyapolitiki biyita ko bari muri Opposition
POLITIKI

Imvugo z’Uburyarya no kwivuguruza kw’Abanyapolitiki biyita ko bari muri Opposition

Ubwanditsi 26 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru