• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Nyuma y’urugomo muri Zambia, Abanyarwanda bahungiye kuri ambasade

Nyuma y’urugomo muri Zambia, Abanyarwanda bahungiye kuri ambasade

Ubwanditsi 20 Apr 2016 Mu Mahanga

Abanyarwanda bagera kuri 20 bahungiye kuri Ambasade y’u Rwanda muri Zambia iherereye mu mujyi wa Lusaka nyuma yo guhohoterwa n’insoresore zigaragambyaga zibasira abanyamahanga zibashinja ubwicanyi.

Abigaragambya bavuga ko abanyamahanga bari muri Zambia bica abaturage b’icyo gihugu bagakoresha ibice by’umubiri byabo mu bikorwa by’ubukonikoni n’ubupfumu.

Gusa bimwe mu binyamakuru byo muri Zambia bivuga ko iyo myigaragambyo yatewe na bamwe muri icyo gihugu batishimira ko abanyamahanga benshi barimo n’Abanyamarwanda babarusha gukora n’ubukire.

Uhagarariye u Rwanda muri Zambia wungirije, Abel Buhungu yavuze ko kuva urwo rugomo rwatangira hari abanyamahanga bamwe bishwe ariko ko nta Munyarwanda urimo.

Ati” Kuva ku wa Mbere twumvise ko hari babiri bishwe ariko kugeza ubu nta kimenyetso turabona kitwereka ko harimo Umunyarwanda. Hari Abanyarwanda 20 bamaze guhungira ku nyubako za Ambasade y’igihugu cyabo.”

Urugomo rwibasiye Abanyarwanda nyuma y’uko ibihuha bikwirakwira bishinje umwe muri bo ubwicanyi bushingiye ku bupfumu.

Buhungu yagize ati” Kuva hagati muri Werurwe abantu umunani barishwe. Ibihuha byakurikiyeho byashyiraga mu majwi ko ubwo bwicanyi bwakozwe n’Abanyarwanda. Bavuga ko Umunyarwanda ari we ubwihishe inyuma ariko polisi ivuga ko ari ibihuha nta na kimwe kibihamya.”

Kuva ku wa Mbere, urugomo rwibasiye amaduka y’abanyamahanga, bangiza ibikoresho byabo mu mujyi wa Lusaka, nyuma bisakara no mu bindi bice by’icyo gihugu.

-2693.jpg

-2692.jpg

-2691.jpg

Nguko uko byari byifashe

Uwakoze ubwo bwicanyi bwitirirwa Abanyarwanda yishe abantu bane abaciye amatwi, ubugabo n’imitima. Ku wa Gatandatu perezida Edgar Lungu yavuze ko bane batawe muri yombi kubera icyo kibazo.

Abanyarwanda baba muri Zambia babarirwa mu bihumbi bitandatu, benshi muri bo bafite amaduka mu duce dutuwe na benshi mu mijyi ya Zambia, ari natwo twibasiwe n’urugomo.

Umwanditsi wacu

2016-04-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Bufaransa hatahuwe abandi bajenosideri batatu. Abanyamakuru bo muri icyo gihugu baribaza igituma abo bagizi ba nabi bakomeza gufatwa nk’amata y’abashyitsi, aho gutabwa muri yombi.

Mu Bufaransa hatahuwe abandi bajenosideri batatu. Abanyamakuru bo muri icyo gihugu baribaza igituma abo bagizi ba nabi bakomeza gufatwa nk’amata y’abashyitsi, aho gutabwa muri yombi.

Ubwanditsi 21 May 2021
Ombolenga yafashije Kiyovu gutsinda Espoir mu gihe Muhanga ya Bokota yabashije kunyagira Amagaju

Ombolenga yafashije Kiyovu gutsinda Espoir mu gihe Muhanga ya Bokota yabashije kunyagira Amagaju

Ubwanditsi 20 Apr 2016
Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda  

Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda  

Ubwanditsi 12 Jun 2025
Uko bamwe mu banyapolitiki ba mbere ya 94 bishwe ( Kameya Andreya )

Uko bamwe mu banyapolitiki ba mbere ya 94 bishwe ( Kameya Andreya )

Ubwanditsi 07 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tour du Rwanda: Areruya Joseph yambuye Umusuwisi Maillot Jaune
IMIKINO

Tour du Rwanda: Areruya Joseph yambuye Umusuwisi Maillot Jaune

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na Busingye bakurikiye umukino Arsenal yatsinzemo Manchester United 2-0
Amakuru

Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na Busingye bakurikiye umukino Arsenal yatsinzemo Manchester United 2-0

Ubwanditsi 05 Dec 2024
Mu basilikare 65, Museveni yazamuye mu ntera,  Kandiho wa CMI ntarimo !
INKURU NYAMUKURU

Mu basilikare 65, Museveni yazamuye mu ntera, Kandiho wa CMI ntarimo !

Ubwanditsi 08 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru