• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ni iki gishingirwaho ngo hemezwe ko abaturage b’igihugu runaka bishimye cyangwa bababaye?

Ni iki gishingirwaho ngo hemezwe ko abaturage b’igihugu runaka bishimye cyangwa bababaye?

Ubwanditsi 22 Mar 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Hari icyegeranyo cya “World Happiness Report” giherutse gusohoka gishyira u Rwanda ku mwanya wa mbere mu bihugu byo muri aka karere k’uburasirazuba bwa Afrika mu kugira abaturage ngo batishimye.

Iyo usesenguye icyo cyegeranyo, usanga kiri mu mujyo umwe n’uwa raporo z’abandi bagambiriye inabi nka Human Rights Watch, zigamije guhindanya isura y’u Rwanda. Ibi byegeranyo byahindutse ubundi bwoko bw’intwaro zo kurwanya u Rwanda, dore ko abanzi basanze gukoresha imbunda bitabagwa amahoro.

Abahanga bavuga ko ubundi ujya kureba niba abaturage b’igihugu runaka bishimye cyangwa bababaye, hari ibimenyetso byagombye kugenderwa: Bimwe muri byo twavuga kubahiriza amategeko n’ ubutabera kuri bose, umutekano usesuye, ubuvuzi, ibiribwa bihagije, imikino n’imyidagaduro n’ibindi.

Urebesheje ijisho ritabogamye, usanga mu Rwanda nta muntu uri hejuru y’amategeko, bivuze ko nubwo nta byera ngo de, ubutabera bwubahirizwa kuri buri wese. Umunyabyaha arahanwa, umwere akidegembya.

Inzego zirwanya akarengane, iziharanira uburenganzira bwa muntu zirahari kandi zirakora, mu gihe mu bihugu byinshi muri aka karere, ukomeye mu butegetsi cyangwa mu mafaranga amategeko atamureba.

Umutekano uri mu Rwanda usumba kure uw’ibindi bihugu , harimo n’ibyo mu Burayi n’Amerika. N’ikimenyimenyi u Rwanda ruherutse gushyirwa ku mwanya wa mbere mu bihugu umuntu ashobora kugenda ijoro ryose, aho ariho hose mu gihugu, ari wenyine ntihagire umusagarira.

Mu bihugu byinshi usanga abajura, abicanyi n’abandi bagizi ba nabi ntawe ubakoraho, kubera ruswa n’inzego z’umutekano zijegajega.

Muri aka karere ndetse no muri Afrika muri rusange, u Rwanda ruri mu bihugu bya mbere bifite ubuvuzi bunoze.

Ubwisungane mu kwivuza(mituweli) no mu bihugu byitwa ko byakataje mu iterambere barabugerageje birananirana, mu gihe mu Rwanda byafashije abaturage kurwanya indwara zabahitanaga kubera kubura amikoro yo kwivuza.

Ibikorwaremezo by’ubuvuzi byegerejwe abaturage, ubukangurambaga mu kurwanya indwara bushyirwamo imbaraga nyinshi, maze umubare w’abapfaga batageze kwa muganga uragabanuka cyane.

Nyamara mu bihugu byinshi, birimo n’ibyo muri aka karere, hari za districts zitagira ivuriro na rimwe, ahari amavuriro nta miti, mbese abaturage baracyabaho nko mu myaka mirongo 30 ishize.

Ishami ry’ Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima, OMS, ntirihwema gushima u Rwanda kubera imbaraga rushyira mu gukingira indwara z’ibyorezo nka COVID-19, imbasa n’izindi zigihitana abantu benshi mu bihugu duturanye.

Ku bijyanye n’ibiribwa, hambere za Gikongoro na Kibuye zari zarazahajwe n’inzara, hitwazwa ko ubutaka busharira cyangwa bwagundutse. Ubu ibyo byabaye amateka, kubera gahunda za Leta y’uRwanda zo guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi.

Twavuga nko guhitamo igihingwa kiberanye n’akarere runaka, gahunda yo guhuza ubutaka aho guhinga bya gakondo, gahunda yo kuhira imyaka Leta itangaho amafaranga atagira ingano, “Nkunganire” ifasha abahinzi kubona inyongeramusaruro, n’izindi zigamije kongera umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi. Ntawabura kuvuga ko imihindagurikire y’ibihe ari ikibazo ku isi yose, imwe mu naruka ikaba igabanuka ry’ibiribwa.

Nta n’uwakwirengagiza ariko ingamba zifatwa ngo umuhinzi wo mu Rwanda areke gushingira amahirwe ku kirere. Mu bihugu byinsh nyamara, birimo n’ibyo duhana imbibi, hari uturere bizwi ko kuva kera inzara yabaye akarande, nyamara byo bifite n’ubutaka bwo guhinga buhagije.

Agace kose watemberamo mu Rwanda, abantu baridagadura. Haba mu mikino, mu busabane abaturage bitegurira, n’ahandi abantu bahurira bakishima. Icyakora icyorezo cya COVID-19 cyakomye mu nkokora ibintu byinshi, harimo n’iyo mikino n’imyidagaduro, kandi nta gihugu bitagezeho.

Icyiza mu Rwanda hafashwe ingamba zikwiye, none amasitade yarongeye yakira abafana, ibitaramo, utubari n’utubyiniro byarafunguwe, ubuzima buragenda busubira mu buryo, ariko hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda icyo cyago.

Ushaka kunyomoza azagere i Remera ya Kigali, mu Biryogo, za Rubavu n’ahandi hose, maze yirebere ibyishimo bitangaje mu baturage. Mu bihugu bimwe na bimwe ubutegetsi bwahisemo kureka abaturage babyiganira mu tubari, mu masitade, mu nsengero n’ahandi hahurira abantu benshi, kandi byatumye Covid-19 ikwirakwira cyane. Ibi nibyo abategura ibi byegeranyo bifurizaga u Rwanda?

Ibyegeranyo bisohorwa ku Rwanda bishingira ku marengamutima, aho usanga hifashishwa ubuhamya bw’abasanzwe mu bikorwa bisebya uRwanda n’abayobozi barwo. Uzasanga abategura izi raporo zipfuye baravuganye na Ingabire Victoire, ba Ntaganda Bernard, Cyuma Hassan, Uwimana Agnès, Ntwali Willams, n’abandi babeshejweho no gusiga isura mbi u Rwanda.

Uko byagenda kose, basohora ibyegeranyo bagira, imigambi yabo mibisha ntacyo izatwara u Rwanda.

Ibuye ryagaragaye ntiriba rikishe isuka . Abanyarwanda bakora ibibakwiye ngo biteze imbere, batagize uwo bagamije gushimisha. Nibo bazi ibyo bakeneye, n’uburyo bwo kubigeraho.

Ibi byegeranyo bibogamye rero sibyo bizaza kubahindurira icyerekezo kizima bahisemo.

 

 

2022-03-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abarokotse ibitero by’Interahamwe Muhayimana uri kuburanira i Paris batanze ubuhamya

Abarokotse ibitero by’Interahamwe Muhayimana uri kuburanira i Paris batanze ubuhamya

RUSHYASHYA 16 Feb 2026
U Burundi ngo bwaba buteganya kuvana abadepite babwo muri EALA kubera itorwa ry’umunyarwanda Martin Ngoga ku buyobozi bwayo

U Burundi ngo bwaba buteganya kuvana abadepite babwo muri EALA kubera itorwa ry’umunyarwanda Martin Ngoga ku buyobozi bwayo

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Ubwanditsi 16 Jan 2025
Uganda yahawe ukwezi ko guhashya imitwe y’iterabwoba ya RNC na RUD-Urunana ikorera muri iki gihugu

Uganda yahawe ukwezi ko guhashya imitwe y’iterabwoba ya RNC na RUD-Urunana ikorera muri iki gihugu

Ubwanditsi 21 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Airtel yasezeye ku bakozi 49 batakaje imirimo nyuma yo kugura Tigo
IKORANABUHANGA

Airtel yasezeye ku bakozi 49 batakaje imirimo nyuma yo kugura Tigo

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Umugabo  wo mu Karere ka Nyamasheke ‘Nzirabatinya Emmanuel’ yiyemeje kwiyamamaza nk’umukandida wigenga, nk’uko ngo yabisabwe n’Imana
ITOHOZA

Umugabo wo mu Karere ka Nyamasheke ‘Nzirabatinya Emmanuel’ yiyemeje kwiyamamaza nk’umukandida wigenga, nk’uko ngo yabisabwe n’Imana

Ubwanditsi 03 Jun 2017
Burundi: Imfungwa 178 zahawe imbabazi na Perezida Nkurunziza zarekuwe
Mu Mahanga

Burundi: Imfungwa 178 zahawe imbabazi na Perezida Nkurunziza zarekuwe

Ubwanditsi 27 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru