• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ntaganda Bernard wokamwe n’amacakubiri nawe ngo nagirwe “Umuziranenge”.

Ntaganda Bernard wokamwe n’amacakubiri nawe ngo nagirwe “Umuziranenge”.

Ubwanditsi 27 Feb 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Rwanda

Mu myumvire ipfuye nk’iya Ingabire Victoire banasangiye umugambi wo gusubiza Abanyarwanda mu kaga, Ntaganda Bernard nawe arasaba Urukiko Rukuru kumugira” indakemwa mu mico no mu myifatire ngo akaba Umuhire Umuziranenge”.

Mu w’2012, uyu Ntaganda yahanishijwe gufungwa imyaka 4, amaze guhamwa n’ibyaha birimo guteza imidugararo no kubiba amacakubiri muri rubanda.

Aho afunguriwe, Ntaganda Bernard ntiyigeze agaragaza ko avuye mu igororero koko, ahubwo yakomeje ibikorwa byo kwangisha abaturage ubutegetsi, ndetse no gukorana n’imitwe y’iterabwoba nka FDLR.

Kimwe kandi na Ingabire Victoire wiyita umukuru w’ishyaka DALFA-Umurinzi ritemewe mu Rwanda, Ntaganda nawe yihaye ubushobozi bwo kwitwa “Perezida” w’igice cyiyomoye ku ishyaka PS Imberakuri, abizi neza ko kitemewe n’amategeko, kuko PS izwi imbere y’amategeko ari iyobowe na Madamu Mukabunani Christine, ndetse ikaba ifite n’abadepite 2 mu Nteko Ishinga Amategeko.

Kuba aba bagizi ba nabi bombi basaba “gukurirwaho ubusembwa”, ni uko babwiyiziho. Barabizi ko babaye ruvumwa mu bantu, babyikururiye, kubera ubugambanyi bwabagize imbata.

Burya rero amategeko siyo ashyira cyangwa akura ubusembwa ku muntu. Ubusembwa bukomeye ni ubwo nyirabwo yimitse mu mutima we, bukamuranga mu mvugo no mu bikorwa, abaturage bakamufata nka kidobya mu bandi, kugeza igihe azabagaragariza ko yahindutse.

Mbere yo gusaba ko amategeko agusubiza ubudakemwa, wowe ubwawe wagombye kubanza kwikiranura n’umutima nama wawe( uramutse ukiwugira), kuko igihe cyose ukimitse ikibi muri roho, bwa busembwa buba bukiri indangamuntu yawe.

Igitangaje, nka Ntaganda Bernard we, ataranabona n’ubwo buziranenge asaba, yamaze rwose gutangaza ko nta kabuza aziyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora ateganyijwe muri Nyakanga uyu mwaka.

Uretse ko ari n’ubushotoranyi kuko uwo “munyamategeko” abizi ko imyaka yakatiwe itamwemerera kwiyamamaza, ni n’agasuzuguro ku Banyarwanda, kumva umuntu nka Ntaganda arota kubabera Perezida.

Ubu se aka kanya koko twibagiwe Ntaganda Bernard avugira ku mugaragaro ngo:”” Tura tugabane niwanga tubimene”? Mbese ubwo yatubwiraga ko nadahabwa ubutegetsi, ibyo twagezeho twiyushye akuya azabihindira umuyonga! Izo nzozi ntazigera azikabya ariko, kuko Umunyarwanda wa none atagikangwa na baringa.

Mu by’ukuri rero, haba kuri Ntaganda Bernard, haba no ku ishumi ye Ingabire Victoire, icyasha gikomeye kiri mu mitima yabo. Aho kurushya abacamanza, nibiyambaze Imana, yo mucamanza mukuru, ibirukanemo umudayimoni w’ubugome bugaragiwe n’ubuhanga bugerwa ku mashyi.

2024-02-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida  KIM JONG UN amaze kumena amaraso y’abantu benshi

Perezida KIM JONG UN amaze kumena amaraso y’abantu benshi

Ubwanditsi 31 Dec 2016
Isano ya Museveni n’urupfu rwa Kirumira rwashegeshe imitima y’Abanya-Uganda

Isano ya Museveni n’urupfu rwa Kirumira rwashegeshe imitima y’Abanya-Uganda

Ubwanditsi 12 Sep 2018
Djihad Bizimana yatandukanye n’ikipe ya Waasland Beveren yo mu Bubiligi.

Djihad Bizimana yatandukanye n’ikipe ya Waasland Beveren yo mu Bubiligi.

Ubwanditsi 25 May 2021
Ukuri ku nkuru y’igihuha ko ingabo z’u Rwanda zambutse muri Uganda

Ukuri ku nkuru y’igihuha ko ingabo z’u Rwanda zambutse muri Uganda

Ubwanditsi 21 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Mwaka wa 2019 u Burundi bwateguye igitero Interahamwe zagabye i Musanze
Amakuru

Mu Mwaka wa 2019 u Burundi bwateguye igitero Interahamwe zagabye i Musanze

RUSHYASHYA 05 Mar 2026
Kayitaba Jean Bosco wakiniraga AS Kigali yatijwe amezi atandatu muri Police FC
Amakuru

Kayitaba Jean Bosco wakiniraga AS Kigali yatijwe amezi atandatu muri Police FC

Ubwanditsi 30 Dec 2022
APR FC yasezerewe na Etoile du Sahel mu mikino ya CAF Champions League ikomereza muri CAF Confederations Cup
Amakuru

APR FC yasezerewe na Etoile du Sahel mu mikino ya CAF Champions League ikomereza muri CAF Confederations Cup

Ubwanditsi 23 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru