• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umujyanama muri Loni ushinzwe kurwanya Jenoside arashinja FDLR ubwicanyi bukorerwa Abatutsi bo muri Kongo

Umujyanama muri Loni ushinzwe kurwanya Jenoside arashinja FDLR ubwicanyi bukorerwa Abatutsi bo muri Kongo

Ubwanditsi 01 Dec 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma y’urugendo yagiriye muri Kongo mu kwezi gushize, Umujyanama w’Umunyamabanga Mukuru wa Loni ushinzwe kurwanya Jenoside, Madamu Alice Mwairimu Nderitu yashyize ahagaragara icyegeranyo cyibanze ku bwicanyi bukorerwa Abatutsi bo muri kongo, akaba asanga buganisha kuri Jenoside isa nk’iyakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Uburyo Muri DRC, Abatutsi bakomeje gutotezwa biteye Impungenge

Madamu  Mwairimu Nderitu avuga ko imvugo zibiba urwango n’ubundi bugizi bwa nabi bikorerwa Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane Abatutsi, byatumye havuka imitwe igamije kwirwanaho, maze umutekano urushaho guhungabana muri Kivu zombi, iy’Amajyepfo n’iy’Amajyaruguru. Yatunze agatoki abahembera amacakubiri, barimo abategetsi ba Kongo, abo muri sosiyete sivile, n’Abanyekongo baba mu mahanga, maze abasaba guhagarika iyo myitwarire iganisha igihugu cyabo mu mateka mabi cyane nk’ayabaye mu Rwanda.

Madamu Mwairimu Nderitu ukomoka mu gihugu cya Kenya, yemeje ko imwe mu mpamvu zakuruye ubu bwicanyi, ari  igihiriri cy’impunzi z’ Abanyarwanda zahungiye muri icyo gihugu, ziganjemo abari bamaze kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, maze aho kwamburwa intwaro bakingirwa ikibaba kugeza n’uyu munsi. Madamu Mwairimu avuga ko abo aribo baje gushinga FDLR ifite uruhare rukomeye mu bwicanyi buri muri Kongo.

Umujyanama w’Umunyamabanga Mukuru wa Loni ushinzwe kurwaya Jenoside asanga ikibazo cy’umutekano muke muri Kongo gikwiriye gukemurwa haherewe ku muzi wacyo, akaba yunze mu ry’abandi bakurikiranira hafi ibyo muri Kongo, bakomeje kuvuga ko ibibazo by’icyo gihugu bishingiye ku miyoborere mibi, no kuba Leta ikorana n’imitwe yitwaje intwaro. 

Madamu Alice Mwairimu Nderitu aributsa Leta ya Kongo ko mbere na mbere ariyo ifite inshingano zo gukemura ibibazo by’icyo gihugu, ariko agasaba n’amahanga gukomeza kuyiba hafi kugirango intambara n’urugomo rushingiye ku moko bihagarare.

Mu muhango wo kurahiza abagize Guverinoma bashya wabaye kuri uyu wa gatatu, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yongeye kwamagana abagereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda, aho kubishakira umuti urambye, uhereye mu mizi. Yibukije ko intambara n’ubwicanyi birimo kubera muri icyo gihugu bidashobora kurangizwa n’urusaku rw’imbunda, ko ahubwo hakenewe ubushishozi mu gushakaka umuti wa politiki.

2022-12-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

As Kigali igeze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro isezereye Police FC ku bitego 3-2 mu mikino yombi

As Kigali igeze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro isezereye Police FC ku bitego 3-2 mu mikino yombi

Ubwanditsi 18 May 2022
“Ruharwa Protais Mpiranya ashobora gufatwa mu minsi ya vuba”  Umushinjacyaha Mukuru wa IRMCT Serge Brammertz

“Ruharwa Protais Mpiranya ashobora gufatwa mu minsi ya vuba” Umushinjacyaha Mukuru wa IRMCT Serge Brammertz

Ubwanditsi 14 Dec 2021
Depite Björn Anseeuw yavuze ko kuba Laure Uwase akiri muri Komisiyo yiga kuri Kongo ari agahomamunwa kuri Komisiyo ubwayo inteko ishinga amategeko n’Ububiligi muri rusange

Depite Björn Anseeuw yavuze ko kuba Laure Uwase akiri muri Komisiyo yiga kuri Kongo ari agahomamunwa kuri Komisiyo ubwayo inteko ishinga amategeko n’Ububiligi muri rusange

Ubwanditsi 14 Oct 2020
Uganda: Bamwe mu bapolisi bakuru banze kongera amasezerano y’akazi barashaka kukivamo

Uganda: Bamwe mu bapolisi bakuru banze kongera amasezerano y’akazi barashaka kukivamo

Ubwanditsi 30 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Minisitiri w’Amazi n’ibidukikije yishwe arashwe
Mu Rwanda

Burundi: Minisitiri w’Amazi n’ibidukikije yishwe arashwe

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Kamonyi: Abanyeshuri b’ishuri ribanza rya Gihinga bigishijwe uburyo bwo kugenda mu muhanda
Mu Mahanga

Kamonyi: Abanyeshuri b’ishuri ribanza rya Gihinga bigishijwe uburyo bwo kugenda mu muhanda

Ubwanditsi 15 Feb 2016
U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo
UBUKERARUGENDO

U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

Ubwanditsi 07 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru