• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko Abagande binjijwe mu nyeshyamba za FDLR

Uko Abagande binjijwe mu nyeshyamba za FDLR

Ubwanditsi 06 May 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abagande babiri bashubijwe iwabo  nyuma yo kuva muri FDLR, abo uko ari babiri, SHABARUHANGA Luben na MANIGE Ronald bombi bakaba bakomoka mu Turere twa Kabale na Kibale.

Mbere yuko binjira muri FDLR, bakaba barakoreraga FDLR nk’abapagasi, ibyo bakoraga, bakaba barabikoreraga ahitwa TORO no muri KIKUMIRO.

Nkuko babyivugira, ngo Abagande bamwe n’Abanyarwanda baba muri Uganda bashishikajwe cyane no kwinjiza abantu muri icyo gikorwa gisa nk’ubucakara, urugero hari uwitwa Pasteur Herman na Byamungu Peter.

Aba bakaba barakoze imyitozo y’ukwezi kumwe, bayikorera ahitwa Falinga ho muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, mu kwezi kwa Kanama 2018, kandi muri icyo cyiciro, cyikaba cyari cyigizwe n’Abanyarwanda 102 ndetse n’Abagande 28 baturuka mu Turere dutandukanye twa Uganda ndetse no mu nkambi z’impunzi zo muri Uganda.

Bikaba byaranemejwe ko hari gahunda ihamye yo kwinjiza gutoza abarwanyi muri icyo gihugu cya Uganda, nkuko abo bitandukanije n’uwo mutwe babivuze mu buhamya batanze. Bashyizeho urusobe rufasha mu kwinjiza abarwanyi rukaba rukorera muri Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho urwo rusobe rukaba rugizwe ahanini na kada, bashinzwe kubayobora amayira baba batazi, n’abashinzwe gukusanya inkunga y’amafaranga.

Uru rusobe, rukaba rworoherezwa na Uganda, ikindi kandi boroherezwa n’inzego zinyuranye zo muri cyiriya gihugu, cyane cyane igipolisi cya Uganda cyamunzwe na ruswa.

Abo bahoze ari abarwanyi bakaba barashoboye gucika ubwo abo  barwanyi barimo kwimuka bajya muri Kivu y’Amajyepfo muri Mutarama 2019, bakaba barabimenyesheje EJVM, ko bari bagemuriwe amasasu n’ibindi bikoresho bya gisirikare, byari byazanywe n’ingabo za DRC, FDLR nayo ikabaguranira ibaha urumojyi n’amabuye y’agaciro.

Ubu ni uburyo bumwe  bukorwa na Gén Pacifique Masunzu asanzwe ari umuyobozi mukuru mungabo za FARDC, akaba afite urugo ruherereye muri Kiziba, mu Minembwe, muri Kivu y’Amajyepfo. Mu 2014 ubwo Perezida Kabila wayoboraga RDC yahinduraga abayobozi b’ingabo mu bice bitandukanye, Gén Pacifique Masunzu na we wari umaze hafi imyaka 10 mu misozi ya Minembwe muri Kivu y’Amajyepfo yavanywe ku mwanya wo kuyobora FARDC muri ako gace, yoherezwa i Kamina muri Katanga, aho yagiye kuyobora ikigo gikorerwamo imyitozo ya gisirikari, [ ubu yahinduriwe imirimo ari Kinshasa].

Ubwo yari akiyobora Kivu y’Amajyepfo, Gen Masunzu yavuzweho gukorana n’inyeshyamba za FDLR, nkuko bigaragazwa n’ ibaruwa umuyobozi w’ingabo za Monusco, Lt Col Rajeev Sharm muri Kivu y’Amajyepfo yandikiye abayobozi batandukanye ba Monusco, agaragazaga ko Gen Masunzu aha intwaro abarwanyi ba FDLR ari bwo nyuma y’umwaka umwe gusa, Perezida Kabila yahise ahamwimura.

Amakuru Rushyashya ikura ahizewe avuga ko Gen. Masunzu yongeye guha intwaro FDLR ndetse n’inyeshyamba za Kayumba ziri mu misozi miremire ya Minembwe.

Kandi ko afite amafaranga cyane ko akorana n’umuherwe Rujugiro Tribert,  nkuko byumvikana kumajwi dufitiye copie yafatiwe kuri telephone, Kayumba asaba Gen. Masunzu ko bahuza imbaraga kugirango bazatere u Rwanda.

N’ubwo hari ibimenyetso bimwe bigaragaza ko abaturage ndetse na bamwe mu bakuru b’ingabo za Congo Kinshasa barimo kurwanya FDLR.

Mu muhango wo gushyikiriza EJVM aba bahoze ari abarwanyi ba FDLR, EJVM ikaba yarasabye ko abagize urusobe rwo kwinjiza abarwanyi muri FDLR bajya batabwa muri yombi, kandi bakajya bayimenyesha ibyagezweho n’ibindi bikorwa.

Mu gihe bimeze bityo umutwe w’Abasirikari ba FARDC  ya Rejiyo ya 34 yasohoye icyifuzo cy’amavamutima itewe no kumenyesha umutwe wishyize hamwe mu kugenzura mu buryo bwagutse w’inama mpuzamahanga ku bijyanye n’Ibihugu by’ibiyaga bigari, banejejwe no gushyira mu maboko abasirikari babiri bahoze mu mutwe w’iterabwoba FDLR bafite ubwenegihugu bwa Uganda kugira ngo atahurwe yo.

2019-05-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Burundi bwanze kwitabira inama y’abakuru b’ibihugu bigize EAC bituma isubikwa

U Burundi bwanze kwitabira inama y’abakuru b’ibihugu bigize EAC bituma isubikwa

Ubwanditsi 30 Nov 2018
Inama ya P5 platform y’igitaraganya mu buvumo mu Bwongereza, RNC yacitse igikuba nyuma yo kumva ko Ingabire yari  yaragize uburisho atagishaka kumva iryo zina

Inama ya P5 platform y’igitaraganya mu buvumo mu Bwongereza, RNC yacitse igikuba nyuma yo kumva ko Ingabire yari  yaragize uburisho atagishaka kumva iryo zina

Ubwanditsi 11 Nov 2019
Ubushyamirane muri FDLR bwakajije umurego, Gen Byiringiro Victor yaba agiye kwirukanwa ku buyobozi bw’uyu mutwe w’iterabwoba, agasimburwa na ruharwa Sirilo HENGANZE.

Ubushyamirane muri FDLR bwakajije umurego, Gen Byiringiro Victor yaba agiye kwirukanwa ku buyobozi bw’uyu mutwe w’iterabwoba, agasimburwa na ruharwa Sirilo HENGANZE.

Ubwanditsi 23 Nov 2020
Polisi Mpuzamahanga, Interpol, irahiga bukware ikigarasha Gasana Eugène Richard, ngo kiryozwe gusambanya umwana w’umukobwa ku ngufu.

Polisi Mpuzamahanga, Interpol, irahiga bukware ikigarasha Gasana Eugène Richard, ngo kiryozwe gusambanya umwana w’umukobwa ku ngufu.

Ubwanditsi 15 Dec 2020

Igitekerezo kimwe

  1. RUGENDO
    May 6, 20192:24 pm -

    ARIKO URWANDA RWAZAGIYE GUKURA MUSEVENI KUBUTETSI!!
    KO NUBUNDI KABAREBE YAVUZE KO BATSINZE ABAGANDE MU NTAMBARA YA GISANGANI!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese ko intambara ya Gatatu y’Isi yaba imaze gutangira kumugaragaro
ITOHOZA

Ese ko intambara ya Gatatu y’Isi yaba imaze gutangira kumugaragaro

Ubwanditsi 15 Oct 2016
De Gaulle ashobora guhagarikwa muri ruhago nyuma yo kwica amategeko nkana akagwatira muri hoteli abo yashakaga  ko bamutora
IMIKINO

De Gaulle ashobora guhagarikwa muri ruhago nyuma yo kwica amategeko nkana akagwatira muri hoteli abo yashakaga ko bamutora

Ubwanditsi 01 Jan 2018
Ikipe ya Kiyovu Sports yatandukanye na rutahizamu wayo Ishimwe Kevin
Amakuru

Ikipe ya Kiyovu Sports yatandukanye na rutahizamu wayo Ishimwe Kevin

Ubwanditsi 29 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru