• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko Abagande binjijwe mu nyeshyamba za FDLR

Uko Abagande binjijwe mu nyeshyamba za FDLR

Ubwanditsi 06 May 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abagande babiri bashubijwe iwabo  nyuma yo kuva muri FDLR, abo uko ari babiri, SHABARUHANGA Luben na MANIGE Ronald bombi bakaba bakomoka mu Turere twa Kabale na Kibale.

Mbere yuko binjira muri FDLR, bakaba barakoreraga FDLR nk’abapagasi, ibyo bakoraga, bakaba barabikoreraga ahitwa TORO no muri KIKUMIRO.

Nkuko babyivugira, ngo Abagande bamwe n’Abanyarwanda baba muri Uganda bashishikajwe cyane no kwinjiza abantu muri icyo gikorwa gisa nk’ubucakara, urugero hari uwitwa Pasteur Herman na Byamungu Peter.

Aba bakaba barakoze imyitozo y’ukwezi kumwe, bayikorera ahitwa Falinga ho muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, mu kwezi kwa Kanama 2018, kandi muri icyo cyiciro, cyikaba cyari cyigizwe n’Abanyarwanda 102 ndetse n’Abagande 28 baturuka mu Turere dutandukanye twa Uganda ndetse no mu nkambi z’impunzi zo muri Uganda.

Bikaba byaranemejwe ko hari gahunda ihamye yo kwinjiza gutoza abarwanyi muri icyo gihugu cya Uganda, nkuko abo bitandukanije n’uwo mutwe babivuze mu buhamya batanze. Bashyizeho urusobe rufasha mu kwinjiza abarwanyi rukaba rukorera muri Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho urwo rusobe rukaba rugizwe ahanini na kada, bashinzwe kubayobora amayira baba batazi, n’abashinzwe gukusanya inkunga y’amafaranga.

Uru rusobe, rukaba rworoherezwa na Uganda, ikindi kandi boroherezwa n’inzego zinyuranye zo muri cyiriya gihugu, cyane cyane igipolisi cya Uganda cyamunzwe na ruswa.

Abo bahoze ari abarwanyi bakaba barashoboye gucika ubwo abo  barwanyi barimo kwimuka bajya muri Kivu y’Amajyepfo muri Mutarama 2019, bakaba barabimenyesheje EJVM, ko bari bagemuriwe amasasu n’ibindi bikoresho bya gisirikare, byari byazanywe n’ingabo za DRC, FDLR nayo ikabaguranira ibaha urumojyi n’amabuye y’agaciro.

Ubu ni uburyo bumwe  bukorwa na Gén Pacifique Masunzu asanzwe ari umuyobozi mukuru mungabo za FARDC, akaba afite urugo ruherereye muri Kiziba, mu Minembwe, muri Kivu y’Amajyepfo. Mu 2014 ubwo Perezida Kabila wayoboraga RDC yahinduraga abayobozi b’ingabo mu bice bitandukanye, Gén Pacifique Masunzu na we wari umaze hafi imyaka 10 mu misozi ya Minembwe muri Kivu y’Amajyepfo yavanywe ku mwanya wo kuyobora FARDC muri ako gace, yoherezwa i Kamina muri Katanga, aho yagiye kuyobora ikigo gikorerwamo imyitozo ya gisirikari, [ ubu yahinduriwe imirimo ari Kinshasa].

Ubwo yari akiyobora Kivu y’Amajyepfo, Gen Masunzu yavuzweho gukorana n’inyeshyamba za FDLR, nkuko bigaragazwa n’ ibaruwa umuyobozi w’ingabo za Monusco, Lt Col Rajeev Sharm muri Kivu y’Amajyepfo yandikiye abayobozi batandukanye ba Monusco, agaragazaga ko Gen Masunzu aha intwaro abarwanyi ba FDLR ari bwo nyuma y’umwaka umwe gusa, Perezida Kabila yahise ahamwimura.

Amakuru Rushyashya ikura ahizewe avuga ko Gen. Masunzu yongeye guha intwaro FDLR ndetse n’inyeshyamba za Kayumba ziri mu misozi miremire ya Minembwe.

Kandi ko afite amafaranga cyane ko akorana n’umuherwe Rujugiro Tribert,  nkuko byumvikana kumajwi dufitiye copie yafatiwe kuri telephone, Kayumba asaba Gen. Masunzu ko bahuza imbaraga kugirango bazatere u Rwanda.

N’ubwo hari ibimenyetso bimwe bigaragaza ko abaturage ndetse na bamwe mu bakuru b’ingabo za Congo Kinshasa barimo kurwanya FDLR.

Mu muhango wo gushyikiriza EJVM aba bahoze ari abarwanyi ba FDLR, EJVM ikaba yarasabye ko abagize urusobe rwo kwinjiza abarwanyi muri FDLR bajya batabwa muri yombi, kandi bakajya bayimenyesha ibyagezweho n’ibindi bikorwa.

Mu gihe bimeze bityo umutwe w’Abasirikari ba FARDC  ya Rejiyo ya 34 yasohoye icyifuzo cy’amavamutima itewe no kumenyesha umutwe wishyize hamwe mu kugenzura mu buryo bwagutse w’inama mpuzamahanga ku bijyanye n’Ibihugu by’ibiyaga bigari, banejejwe no gushyira mu maboko abasirikari babiri bahoze mu mutwe w’iterabwoba FDLR bafite ubwenegihugu bwa Uganda kugira ngo atahurwe yo.

2019-05-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Museveni agiye gusezerera abajenerali  17 kuva yafata ubutegetsi

Perezida Museveni agiye gusezerera abajenerali 17 kuva yafata ubutegetsi

Ubwanditsi 31 Oct 2018
Ruhango: Umukozi w’akarere yatawe muri yombi ashinjwa ruswa mu itangwa ry’akazi

Ruhango: Umukozi w’akarere yatawe muri yombi ashinjwa ruswa mu itangwa ry’akazi

Ubwanditsi 14 Apr 2018
Abanya-Uganda bararegera kubangamirwa, Abanyarwanda baregera iyicarubozo

Abanya-Uganda bararegera kubangamirwa, Abanyarwanda baregera iyicarubozo

Ubwanditsi 09 Jul 2019
FDLR IBUZE UMUBYEYI, AMAHORO AKIZE UMWANZI

FDLR IBUZE UMUBYEYI, AMAHORO AKIZE UMWANZI

Ubwanditsi 24 Jan 2025

Igitekerezo kimwe

  1. RUGENDO
    May 6, 20192:24 pm -

    ARIKO URWANDA RWAZAGIYE GUKURA MUSEVENI KUBUTETSI!!
    KO NUBUNDI KABAREBE YAVUZE KO BATSINZE ABAGANDE MU NTAMBARA YA GISANGANI!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.
Amakuru

APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.

Ubwanditsi 11 Jun 2021
Perezida Kagame yagaragaje ko ikoranabuhanga ari ingenzi mu kwihutisha iterambere ry’imijyi n’abayituye
IKORANABUHANGA

Perezida Kagame yagaragaje ko ikoranabuhanga ari ingenzi mu kwihutisha iterambere ry’imijyi n’abayituye

Ubwanditsi 30 Oct 2019
Abakobwa biga muri INES –RUHENGERI batewe n’abagizi ba nabi barabakomeretsa
Mu Rwanda

Abakobwa biga muri INES –RUHENGERI batewe n’abagizi ba nabi barabakomeretsa

Ubwanditsi 07 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru