• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.

APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.

Ubwanditsi 11 Jun 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubwo hakinwaga umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda mu cyiciro cy’amakipe umunani ya mbere ahatanira igikombe cya shampiyona y’umwaaka wa 2020-2021, amakipe arimo APR FC, AS Kigali na Espoir FC zatsinze imikino yazo, ni mugihe ku makipe ahatanira kuva ku mwanya wa 9 kugeza kuri 16 amakipe ya Musanze FC, Mukura VS na Gorilla nazo zitwaye neza.

Duhereye ku makipe ahatanira igikombe cya Shampiyona, ikipe y’ingabo z’igihugu ya APR FC yari yasuye ikipe ya
Bugesera FC kuri Sitade y’akarere ka Bugesera, uyu mukino warangiye APR FC itahukanye intsinzi y’ibitego bitatu ku busa, ni ibitego byatsinzwe na Omborenga Fitina ubwo hari ku munota wa 33 w’umukino, ibindi bitego bibiri byatsinzwe na Imanishimwe Djabel ku munota wa 58 ndetse na Byiringiro Lague watsinze ku munota wa 88 w’umukino.

Undi mukino wabereye mu karere ka Rubavu aho ikipe ya AS Kigali yatsinze ikipe ya Rutsiro ibitego bibiri ku busa, ni ibitego byatsinzwe na Aboubacar Lawar ku munota wa 45 w’umukino ndetse na Hussein Shaban Tchabalala ku munota wa 86 w’umukino.

Ikipe ya AS Kigali nayo irimo kwitwara neza

Ikipe ya Police FC nayo yari yakiriye i Bugesera ikipe ya Rayon Sports, umukino urangira amakipe yombi anganya igitego kimwe kuri kimwe, ku ruhande rwa Police FC yatsindiwe na Patrick Sibomana uzwi nka Pappy ubwo hari ku munota wa 22, ku ruhande rwa Rayon Sports yo yatsindiwe na Heritier Luvumbu ku munota wa 45, ni igitego cyatsinzwe kuri Penaliti.

Umukino washoje uw’amakipe ahatanira igikombe cya shampiyona wahuje ikipe ya Espoir FC y’i Rusizi na Marines FC yo mu karere ka Rubavu, uyu mukino warangiye Espoir FC itsinze igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Sadick Souley ubwo hari ku munota wa 45.

Muri iki cyiciro ikipe ya APR FC ndetse na AS Kigali zirayoboye aho my mikino itatu imaze gukinwa anganya amanota 7, ni mugihe hakurikiyeho ikipe ya Rayon Sports na Police FC zo zinganya amanota 4.

Uko indi mikino yahuje amakipe ahatanira umwanya wa 9 kugeza kuwa 16 yagenze:

Sunrise FC 1-1 Gasogi United [Kabanda Sergé (76′) || Yaffesi Mubiru (90′)]
Kiyovu Sports 1-2 Musanze FC [Babuwa 87′ || Samson I 15’&45′]
Mukura VS 1-0 Etincelles FC [M Sincère (OG] 66′]
AS Muhanga 0-2 Gorilla FC [I. Rodrígue 77& 90′]

2021-06-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impunzi z’Abarundi 33 zifungiwe kubuza izindi kwakira inkunga

Impunzi z’Abarundi 33 zifungiwe kubuza izindi kwakira inkunga

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Uganda : Berekwaga ifoto ya Kayumba bagasabwa kumuyoboka

Uganda : Berekwaga ifoto ya Kayumba bagasabwa kumuyoboka

Ubwanditsi 31 Dec 2019
Abantu 369 bapfiriye mu mpanuka uyu mwaka

Abantu 369 bapfiriye mu mpanuka uyu mwaka

Ubwanditsi 14 Dec 2017
Ikipe ya Cameroon na Cape Verde zatangiye neza mu mikino y’igikombe cya Afurika kiri kuba ku ncuro ya 33

Ikipe ya Cameroon na Cape Verde zatangiye neza mu mikino y’igikombe cya Afurika kiri kuba ku ncuro ya 33

Ubwanditsi 10 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda ruzakira imikino y’amajonjora y’ibanze y’igikombe cy’isi 2026 muri Basketball, tombola iyoborwa Minisitiri Mimosa
Amakuru

U Rwanda ruzakira imikino y’amajonjora y’ibanze y’igikombe cy’isi 2026 muri Basketball, tombola iyoborwa Minisitiri Mimosa

Ubwanditsi 26 Apr 2024
Gicumbi-Gatuna : Bane bafunze bagerageza guha ruswa abashinzwe umutekano
Mu Mahanga

Gicumbi-Gatuna : Bane bafunze bagerageza guha ruswa abashinzwe umutekano

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Uganda: Se wa Muhammad Kirumira yakuye icyasha ku gipolisi no kuri Gen Kale Kayihura
ITOHOZA

Uganda: Se wa Muhammad Kirumira yakuye icyasha ku gipolisi no kuri Gen Kale Kayihura

Ubwanditsi 23 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru