• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.

APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.

Ubwanditsi 11 Jun 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubwo hakinwaga umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda mu cyiciro cy’amakipe umunani ya mbere ahatanira igikombe cya shampiyona y’umwaaka wa 2020-2021, amakipe arimo APR FC, AS Kigali na Espoir FC zatsinze imikino yazo, ni mugihe ku makipe ahatanira kuva ku mwanya wa 9 kugeza kuri 16 amakipe ya Musanze FC, Mukura VS na Gorilla nazo zitwaye neza.

Duhereye ku makipe ahatanira igikombe cya Shampiyona, ikipe y’ingabo z’igihugu ya APR FC yari yasuye ikipe ya
Bugesera FC kuri Sitade y’akarere ka Bugesera, uyu mukino warangiye APR FC itahukanye intsinzi y’ibitego bitatu ku busa, ni ibitego byatsinzwe na Omborenga Fitina ubwo hari ku munota wa 33 w’umukino, ibindi bitego bibiri byatsinzwe na Imanishimwe Djabel ku munota wa 58 ndetse na Byiringiro Lague watsinze ku munota wa 88 w’umukino.

Undi mukino wabereye mu karere ka Rubavu aho ikipe ya AS Kigali yatsinze ikipe ya Rutsiro ibitego bibiri ku busa, ni ibitego byatsinzwe na Aboubacar Lawar ku munota wa 45 w’umukino ndetse na Hussein Shaban Tchabalala ku munota wa 86 w’umukino.

Ikipe ya AS Kigali nayo irimo kwitwara neza

Ikipe ya Police FC nayo yari yakiriye i Bugesera ikipe ya Rayon Sports, umukino urangira amakipe yombi anganya igitego kimwe kuri kimwe, ku ruhande rwa Police FC yatsindiwe na Patrick Sibomana uzwi nka Pappy ubwo hari ku munota wa 22, ku ruhande rwa Rayon Sports yo yatsindiwe na Heritier Luvumbu ku munota wa 45, ni igitego cyatsinzwe kuri Penaliti.

Umukino washoje uw’amakipe ahatanira igikombe cya shampiyona wahuje ikipe ya Espoir FC y’i Rusizi na Marines FC yo mu karere ka Rubavu, uyu mukino warangiye Espoir FC itsinze igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Sadick Souley ubwo hari ku munota wa 45.

Muri iki cyiciro ikipe ya APR FC ndetse na AS Kigali zirayoboye aho my mikino itatu imaze gukinwa anganya amanota 7, ni mugihe hakurikiyeho ikipe ya Rayon Sports na Police FC zo zinganya amanota 4.

Uko indi mikino yahuje amakipe ahatanira umwanya wa 9 kugeza kuwa 16 yagenze:

Sunrise FC 1-1 Gasogi United [Kabanda Sergé (76′) || Yaffesi Mubiru (90′)]
Kiyovu Sports 1-2 Musanze FC [Babuwa 87′ || Samson I 15’&45′]
Mukura VS 1-0 Etincelles FC [M Sincère (OG] 66′]
AS Muhanga 0-2 Gorilla FC [I. Rodrígue 77& 90′]

2021-06-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda yarenze umurongo

Uganda yarenze umurongo

Ubwanditsi 29 May 2019
Apotre Gitwaza yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye ya mbere ‘Mana kiza bene wacu’ arimo Kanyombya

Apotre Gitwaza yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye ya mbere ‘Mana kiza bene wacu’ arimo Kanyombya

Ubwanditsi 03 Dec 2016
Umunyamategeko Bernard Maingain yiteguye kuvuga n’akarimurori ibyagizwe ubwiru mu rubanza rw’ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana, kuko asanga ari ingenzi mu kunga Abanyarwanda.

Umunyamategeko Bernard Maingain yiteguye kuvuga n’akarimurori ibyagizwe ubwiru mu rubanza rw’ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana, kuko asanga ari ingenzi mu kunga Abanyarwanda.

Ubwanditsi 20 Feb 2022

Perezida Paul Kagame yakurikiye isozwa rya Tour du Rwanda 2023, ryegukanywe na Henok Mulubrhan

Ubwanditsi 26 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyaba cyarahitanye Dr. Jacques Bihozagara gikomeje kugirwa ibanga
Mu Mahanga

Icyaba cyarahitanye Dr. Jacques Bihozagara gikomeje kugirwa ibanga

Ubwanditsi 20 Apr 2016
Usibye u Bushinwa igisirikare cy’u Rwanda [ RDF ] nicyo gitunze missiles zishwanyaguza ibifaru
ITOHOZA

Usibye u Bushinwa igisirikare cy’u Rwanda [ RDF ] nicyo gitunze missiles zishwanyaguza ibifaru

Ubwanditsi 18 Dec 2018
Nyampinga wa Iraq wirukanwe mu gihugu n’umuryango we kubera selfie yifotoje ari kumwe na nyampinga wa Israel,yongeye kwifotozanya nawe
SHOWBIZ

Nyampinga wa Iraq wirukanwe mu gihugu n’umuryango we kubera selfie yifotoje ari kumwe na nyampinga wa Israel,yongeye kwifotozanya nawe

Ubwanditsi 15 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru