• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uganda : Berekwaga ifoto ya Kayumba bagasabwa kumuyoboka

Uganda : Berekwaga ifoto ya Kayumba bagasabwa kumuyoboka

Ubwanditsi 31 Dec 2019 Amakuru

Ngaboyimanzi Elysée wari umaze amezi 13 afungiye muri Gereza ya Mparo muri Uganda yagaruwe mu Rwanda avuga uburyo aho bari bafungiwe bagiye bashishikarizwaga kuyoboka Kayumba Nyamwasa uyobora Umutwe w’Iterabwoba wa RNC.

Ngaboyimanzi w’imyaka 35 utuye mu Karere ka Ngororero Umurenge wa Kabaya, yatawe muri yombi mu 2018 ubwo yari avuye gushyingura mushiki we muri Uganda.

Yavuze ko ubwo yari ageze ahitwa Nyakabande muri Uganda, yafashwe n’igisirikare cya Uganda ashinjwa kuba maneko y’u Rwanda.

Nyuma yo gutabwa muri yombi, Ngaboyimanzi yajyanwe mu rukiko aza gukatirwa gufungwa amezi 18, nyuma ajya gufungirwa muri Gereza ya Mparo iherereye mu gace ka Kabale.

Kimwe n’abandi Banyarwanda bakomeje guhohoterwa muri Uganda, Ngabonziza na we yakoze imirimo imeze nk’ubucakara, harimo kwikorera amapoto y’amashanyarazi, ku buryo hari n’iyagwiriye ubugabo bwe.

Ati “Baradukubitaga, bajyaga bavanamo (muri gereza) Abanyarwanda bakatubwira bati nimurangiza ibihano byanyu ntimuzasubire mu Rwanda kuko bazabatwika, hari abagiraga ubwoba ntibatahuke ariko abandi bakagaruka bikandagira.”

-  Berekwaga ifoto ya Kayumba bagasabwa kumuyoboka

Ngaboyimanzi yavuze ko aho bari bafungiwe muri gereza, inzego z’igisirikare za Uganda zazanaga agafoto gato kariho Kayumba Nyamwasa, zikababwira ko bakwiye kumuyoboka.

Yagize ati “Aho twari dufungiye twabonaga inzego z’umutekano ziza zikajyana bamwe muri Mbarara mu masaha y’ijoro, bajyaga bazana agafoto k’agace kariho umugabo, bakavuga bati uyu mugabo mureba ni Umunyarwanda mwene wanyu yitwa Kayumba, arimo gushaka ko agasuzuguro Abanyarwanda bafite kabavamo, mwebwe mugomba kugenda mukamukorera.”

“Bamwe twarabyangaga ariko abemeraga babajyanaga ku ruhande bakaba aribo bagenda, hari abo nzi bagiye barenga 50.”

Kuva mu 2017 nibwo umubano w’u Rwanda na Uganda watangiye kuzamba, nyuma y’uko Abanyarwanda bafatiwe muri iki gihugu cy’igituranyi, bagakorerwa iyicarubozo, bakajugunywa ku mipaka bagizwe intere.

Aba Banyarwanda batotezwa n’inzego z’umutekano za Uganda zikorana n’abayoboke ba RNC ya Kayumba Nyamwasa.

Abashimutwa basabwa kwinjira muri RNC cyangwa kuyitera inkunga, babyanga bagatotezwa.

Kuva mu ntangiriro za 2019, kandi ibitangazamakuru bikorera mu kwaha kwa Leta muri Uganda byakajije umurego mu gukwirakwiza inkuru zivuga imyato abari ku ruhembe rw’imitwe y’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda iyobowe na RNC.

Muri Werurwe Urwego rushinzwe Ubutasi mu Gisirikare cya Uganda, CMI, rwasabye New Vision, NTV na The East African gutangaza inkuru zigaragaza neza Rujugiro Ayabatwa Tribert, ufatwa nk’umuterankunga w’Umutwe wa RNC wa Kayumba Nyamwasa.

Leta ya Uganda ibikora mu kugaragaza ko abo bantu ari ab’akamaro nyamara u Rwanda ruhora rugaragaza ko bafite imigambi mibisha yo kuruhungabanyiriza umudendezo.

U Rwanda rwo rushinja Uganda guhohotera Abanyarwanda, bagakorerwa iyicarubozo bafungiwe ahantu hatazwi; gucumbikira abarurwanya barimo RNC no kuba hari abacuruzi bahohoterwa n’ibicuruzwa byabo bigafatirwa nta mpamvu izwi.

Harimo kandi kuba Uganda ibangamira ibikorwa by’ubucuruzi by’u Rwanda ndetse igafasha n’imitwe y’iterabwoba igamije guhungabanya umutekano warwo irimo RNC, FDLR n’indi.

Ku rundi ruhande, rwagaragarije Uganda ko nta mutwe n’umwe rwigeze rushyigikira ugamije guhungabanya umutekano wa Uganda, kandi nta muturage wa Uganda ufungiwe mu Rwanda mu buryo bunyuranyije n’amategeko bityo ko ikwiye kugira ubushake nayo ikabigenza gutyo.

Kuva aho inama ya Kigali yiga ku masezerano ya Luanda ibereye, Abanyarwanda 99 nibo bari bamaze kujugunywa ku mipaka ihuza u Rwanda na Uganda kugeza mu ntangiriro za Ukuboza mu gihe kuva uyu mwaka watangira ari 588.

Kuva muri Mutarama 2018, Abanyarwanda 1438 nibo bajugunywe ku mipaka nyuma y’igiye bafungiwe muri kasho z’Urwego Rushinzwe Iperereza rya Gisirikare (CMI) n’Urwego Rushinzwe Iperereza mu gihugu (ISO) bakorerwa iyicarubozo.

Mu byumweru bibiri bishize i Kampala habereye inama ya kabiri yiga ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Luanda agamije guhosha umwuka mubi hagati y’ibihugu.

Iyi nama yabaye ikurikira iyari yabereye mu Rwanda muri Nzeri, ariko nyuma y’amasaha agera ku munani intumwa z’ibihugu byombi ziri mu biganiro i Kampala, habuze umwanzuro.

2019-12-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko isomwa ry’urubanza rwa  Paul Rusesabagina rigenda ryegereza, niko ubwoba burushaho gutaha abamushyigikiye, Barashinja ubutabera bw’u Rwanda kubogama, nk’aho bazi  ikizava mu isomerwa

Uko isomwa ry’urubanza rwa Paul Rusesabagina rigenda ryegereza, niko ubwoba burushaho gutaha abamushyigikiye, Barashinja ubutabera bw’u Rwanda kubogama, nk’aho bazi ikizava mu isomerwa

Ubwanditsi 01 Sep 2021
Mbere yo gutsinda Al-Merrikh SC i Kigali 2-0, Yanga SC yageneye impano Perezida Paul Kagame

Mbere yo gutsinda Al-Merrikh SC i Kigali 2-0, Yanga SC yageneye impano Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 17 Sep 2023
FERWAFA yemeje abanyamahanga 6 muri shampiyona y’u Rwanda ya 2023-2024

FERWAFA yemeje abanyamahanga 6 muri shampiyona y’u Rwanda ya 2023-2024

Ubwanditsi 28 Jul 2023
Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki ya Volleyball rifatanyije na Rwanda Revenue Authority hateguwe irushanwa ryo gushimira abasora neza

Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki ya Volleyball rifatanyije na Rwanda Revenue Authority hateguwe irushanwa ryo gushimira abasora neza

Ubwanditsi 15 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abanyamakuru ba Red Pepper basabiwe gukomeza gufungwa
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abanyamakuru ba Red Pepper basabiwe gukomeza gufungwa

Ubwanditsi 05 Dec 2017
Nyaruguru: Hafatiwe abasore 3 bakekwaho  kwiba moto i Kigali bakajya kuyigurishayo
Mu Mahanga

Nyaruguru: Hafatiwe abasore 3 bakekwaho kwiba moto i Kigali bakajya kuyigurishayo

Ubwanditsi 16 May 2016
U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika
POLITIKI

U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

Ubwanditsi 20 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru