• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatanu tariki ya 27 Mata 2018

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatanu tariki ya 27 Mata 2018

Ubwanditsi 28 Apr 2018 POLITIKI

Ku wa Gatanu, tariki ya 27 Mata 2018, Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

1. Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 11 Mata 2018.

2. Inama y’Abaminisitiri yemeje ubutaka bwegurirwa Minisiteri y’Ingabo.

3. Inama y’Abaminisitiri yemeje Imbanzirizamushinga y’Ingengo y’Imari y’igihe giciriritse (Budget Framework Paper) hamwe n’imibare y’ikigereranyo cy’Ingengo y’Imari ya 2018/2019 – 2020/2021.

4. Inama y’Abaminisitiri yemeje raporo ya 5 n’iya 6 ku byo u Rwanda rumaze kugeraho mu ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano y’Umuryango w’Abibumbye yerekeye uburenganzira bw’umwana.

5. Inama y’Abaminisitiri yemeje Umushinga w’Itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y’Impano yashyiriweho umukono i Washington DC, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku wa 18 Mata 2018, hagati ya Repubulika y’u Rwanda n’Ikigega Mpuzamahanga Gitsura Amajyambere (IDA), nk’urwego ruyobora Ikigega gihuriweho n’Abaterankunga bagamije kuzamura urwego rw’imirire n’uburyo bw’iterankunga ku isi, yerekeranye n’inguzanyo ingana na miliyoni makumyabiri n’eshatu z’Amadolari y’Abanyamerika (23.000.000 USD) yo gushyigikira umushinga wo gufasha abatishoboye.

6. Inama y’Abaminisitiri yemeje Amateka akurikira:

a) Iteka rya Perezida rishyiraho imishahara igenerwa abashakashatsi bo mu Kigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda (RAB);

b) Iteka rya Minisitiri w’Intebe rigena inshingano, imbonerahamwe y’imyanya y’imirimo, imishahara n’ibindi bigenerwa abakozi muri Serivisi z’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe (PRIMATURE);

c) Iteka rya Minisitiri w’Intebe rigena inshingano, imbonerahamwe y’imyanya y’imirimo, imishahara n’ibindi bigenerwa abakozi muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI);

d) Iteka rya Minisitiri w’Intebe rigena imbonerahamwe y’imyanya y’imirimo, ibisabwa ku myanya y’imirimo, imishahara n’ibindi bigenerwa abakozi b’Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda (RAB);

e) Iteka rya Minisitiri w’Intebe rigena Urwego rureberera Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda (RAB);

f) Iteka rya Minisitiri w’Intebe rigena Urwego rureberera Ikigo cy’Ingoro z’Igihugu z’Umurage w’u Rwanda (INMR);

g) Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryemerera Bwana KAKYIRE Godfrey wari Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubutegetsi n’Imari mu Nama Nkuru y’Itangazamakuru (MHC) guhagarika akazi mu gihe kitazwi;

h) Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryemerera Bwana TAYARI KANYAMANZA Jean Claude wari Umuyobozi w’Ishami “Sales and Markerting” mu Kigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC) guhagarika akazi mu gihe kitazwi;

i) Iteka rya Minisitiri w’Intebe risezerera nta mpaka Madamu ATUKUNDA Linda Grace wari Contract Drafting Analyst/ Senior State Attorney muri Minisiteri y’Ubutabera.

7. Inama y’Abaminisitiri yashyize mu myanya Abayobozi ku buryo bukurikira:

1. Muri Banki Nkuru y’Igihugu (BNR): Abagize Inama y’Ubutegetsi

- Bwana RWANGOMBWA John, Perezida;

- Madamu NSANZABAGANWA Monique, Visi Perezida;

- Bwana RUGWABIZA Leonard;

- Madamu HABIYAKARE Chantal;

- Bwana MURENZI Ivan;

- Madamu MURANGWA Hadidja;

- Madamu KEZA Faith;

- Dr. MUSAFIRI Ildephonse.

2. Muri Minisiteri y’Ubutabera

Madamu MUKESHIMANA Béata: Umunyamabanga Uhoraho.

3. Mu mu Kigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda (RAB)

a) Dr. KARANGWA Patrick: Umuyobozi Mukuru (Director General);

b) Dr. UWITUZE Solange: Umuyobozi Mukuru Wungirije ushinzwe ubushakashatsi mu by’ubworozi no gusakaza ibyavuye mu bushakashatsi (Deputy Director General in charge of animal resources research and technology transfer);

c) Dr. BUCAGU Charles: Umuyobozi Mukuru Wungirije ushinzwe ubushakashatsi mu by’ubuhinzi no gusakaza ibyavuye mu bushakashatsi (Deputy Director General in charge of agriculture research and technology transfer);

d) Madamu MUSHIMIYIMANA Pauline: Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imirimo Rusange (Corporate Services Division Manager).

4. Mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Amakoperative (RCA)

a) Bwana Harelimana Jean Bosco: Umuyobozi Mukuru (Director General);

b) Madamu MUGWANEZA Pacifique: Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubugenzuzi bw’amakoperative (Cooperatives Inspection Division Manager).

5. Muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN)

a) Bwana RUGWABIZA MINEGA Leonard: Economic Advisor;

b) Madamu RWAKUNDA UMULISA Amina: Chief Economist;

c) Bwana KALISA Thierry: Senior Economist;

d) Bwana MUNYANEZA Evode: Deputy Accountant General;

e) Bwana NDAYISENGA Jean Bosco: National Programs & Projects Monitoring Division Manager.

6. Mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB)

Bwana NDIKUMANA André: Chief Finance Officer.

7. Muri Komisiyo y’u Rwanda ishinzwe Ivugururwa ry’Amategeko (RLRC)

a) Madamu BURAYOBERA UMUZAYIRE Bibiane: Visi Perezida (Vice Chairperson);

b) Madamu KAYUMBA KANJERU Rose: Legislative Drafting Analyst.

8. Mu Kigo gishinzwe guteza imbere Uburezi mu Rwanda (REB)

a) Bwana NKURIKIYINKA Janvier: Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imirimo Rusange (Corporate Services Division Manager);

b) Madamu MURUNGI Joan: Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Integanyanyigisho n’Imfashanyigisho (Head of Curriculum, Teaching and Learning Resources Department);

c) Dr. SEBAGANWA Alphonse: Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe Ibizamini n’Isuzumabumenyi (Head of Department of Examinations, Selection and Assessment).

9. Mu Kigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR)

Madamu UWAMAHORO Jocelyne: Umuyobozi ushinzwe Abakozi n’Ubutegetsi.

8. Mu bindi :

a) Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko kuva ku itariki ya 20 kugeza ku ya 21 Kanama 2018, u Rwanda ruzakira Inama Nyafurika ku ruhare rw’Urubyiruko mu bikorwa by’Ubuhinzi n’Ubworozi. Iyo nama ifite insanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’Urubyiruko mu bikorwa by’Ubuhinzi n’Ubworozi: Umusingi ukomeye mu guca burundu inzara n’ubukene muri Afurika, binyuze mu kwitabira ikoranabuhanga no guhanga imirimo mishya.”

b) Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko kuva ku itariki ya 3 kugeza ku ya 4 Gicurasi 2018 u Rwanda ruzakira Inama ya 23 y’Inteko y’Ubutegetsi y’Umuryango Mpuzamahanga wa za Gasutamo zo muri Afurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo/ Governing Council Meeting of the World Customs Organization, East and Southern Africa (WCO-ESA) n’Inama ya 28 y’Abagize Itsinda Nyobozi ry’uwo Muryango mu Karere/Regional Steering Group (RSG) World Customs Organisation, kuva ku itariki ya 30 Mata kugeza ku ya 2 Gicurasi 2018. Izo nama zombi zizabera muri Kigali Convention Center.

c) Minisitiri w’Ingabo yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko gahunda ngarukamwaka y’Ingabo z’u Rwanda, igamije gukora ibikorwa bigamije iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage yitwaga Army Week yahinduye izina, ikaba yitwa “RDF CITIZEN OUTREACH PROGRAM”. Muri uyu mwaka, Ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’abafatanyabikorwa batandukanye, muri iyi gahunda, zateguye ibikorwa bikurikira mu gihugu hose: kuvura abarwayi ku buntu, kubaka ibyumba by’amashuri, kubakira abatishoboye amacumbi, kubungabunga ubuzima, kwita ku isuku n’isukura no kugira uruhare mu bikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi. Ibyo bikorwa byatangiye ku itariki ya 20 Mata bizageza tariki ya 30 Nyakanga 2018.

d) Minisitiri w’Umuco na Siporo yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko:

- Kuva ku itariki ya 10 kugeza ku ya 20 Gicurasi 2018, u Rwanda ruzakira irushanwa ya CECAFA ku rwego rw’abagore/CECAFA Women Challenge Cup rizabera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo. Aya marushanwa yateguwe ku bufatanye bwa Guverinoma y’u Rwanda na CECAFA. Amakipe azitabira iryo rushanwa ni ayo muri Djibouti, Ethiopia, Kenya, Sudan, Tanzania, Uganda, Zanzibar n’u Rwanda.

- Ku itariki ya 20 Gicurasi 2018, u Rwanda ruzakira isiganwa ku maguru rya 14 ryitwa Marato Mpuzamahanga y’Amahoro/Kigali International Peace Marathon rizitabirwa n’abantu bagera ku 8000.

e) Minisitiri ushinzwe Imicungire y’Ibiza n’Impunzi yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ibyerekeye ibiza byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu gihugu, ibyakozwe mu rwego rwo kugoboka abibasiwe n’ibyo biza n’ingamba zafashwe mu guhangana nabyo.

f) Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo ushinzwe Gutwara Abantu n’Ibintu yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko kuva ku itariki ya 22 kugeza ku ya 25 Gicurasi 2018, u Rwanda ruzakira Inama yo ku rwego rwa Afurika iziga ku micungire y’umutekano w’Indege/Joint ICAO/RCAA Aviation Safety Management Symposium. Iyi nama izabera muri Kigali Convention Centre, ku nsanganyamatsiko igira iti: Gusuzuma ibimaze kugerwaho mu byerekeye imicungire inoze y’umutekano w’indege.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Marie Solange Kayisire, Minisitiri ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri

2018-04-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyamerika wimenyereza umwuga yigize inzobere ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda

Umunyamerika wimenyereza umwuga yigize inzobere ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 02 Dec 2019
RDC: Vital Kamerhe, icyegera cya Tshisekedi yanze kwitaba ubushinjacyaha ku inyerezwa ry’umutungo

RDC: Vital Kamerhe, icyegera cya Tshisekedi yanze kwitaba ubushinjacyaha ku inyerezwa ry’umutungo

Ubwanditsi 07 Apr 2020
Ishyaka PL ryemeje abakandida 80 bazarihagararira mu matora y’Abadepite bayobowe na Mukabalisa

Ishyaka PL ryemeje abakandida 80 bazarihagararira mu matora y’Abadepite bayobowe na Mukabalisa

Ubwanditsi 12 Jul 2018
SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

Ubwanditsi 01 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyarwanda batatu barokotse abakozi b’inzego z’umutekano za Uganda bari bitwaje Kalashnikov
INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda batatu barokotse abakozi b’inzego z’umutekano za Uganda bari bitwaje Kalashnikov

Ubwanditsi 11 Feb 2019
Burundi: Uwasimbuye Ndadaye nyuma y’iyicwa rye yahaswe ibibazo n’abari mu iperereza
ITOHOZA

Burundi: Uwasimbuye Ndadaye nyuma y’iyicwa rye yahaswe ibibazo n’abari mu iperereza

Ubwanditsi 28 Nov 2018
Dore Urutonde rw’ abanyamakurukazi Mu Rwanda bakunzwe Kubera Amajwi yabo Meza aryohera benshi “AMAFOTO”
ITOHOZA

Dore Urutonde rw’ abanyamakurukazi Mu Rwanda bakunzwe Kubera Amajwi yabo Meza aryohera benshi “AMAFOTO”

Ubwanditsi 05 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru