• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibimenyetso by’uko umubano w’umuhanzi Bruce Melodie na Coach Gael umufasha udahagaze neza   |   29 Jun 2026

  • PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi   |   29 Jun 2026

  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

  • Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA   |   28 Jun 2026

  • Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   28 Jun 2026

  • Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara   |   27 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Urukiko rwatesheje agaciro ikirego Umuryango wa Rwigara uregamo RRA

Urukiko rwatesheje agaciro ikirego Umuryango wa Rwigara uregamo RRA

Ubwanditsi 06 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Urukiko rw’ubucuruzi rwa Nyarugenge rwatesheje agaciro ikirego cy’uruganda rw’Umuryango wa Rwigara, Premier Tobacco Company rwari rwarezemo Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA) rusaba gukurirwaho inzitizi zose icyo kigo cyarushyizeho.

Uruganda Premier Tobacco Company rwatanze ikirego kihutirwa rusaba gukurirwaho inzitizi rwashyizweho na RRA zirimo kuba icyo kigo cyarafatiriye inyandiko, ibitabo by’ibaruramari na mudasobwa zari ziri mu biro by’umuyobozi mukuru w’uruganda, kuba RRA yarafunze ububiko bwari burimo ibicuruzwa bikaba biri kwangirika ndetse no kuba yaritambitse amafaranga ari kuri konti z’urwo ruganda ziri muri Equity Bank no muri Ecobank.

Ubuyobozi bw’urwo ruganda rwunganirwaga na Me Rwagatare Janvier, ruvuga ko rutanagikora bitewe n’uko RRA yashyizeho ingufuri no kuba yarahashyize abarinzi bashya.

Buvuga ko guhera tariki 13 Nyakanga 2017 rutagikora bikaba byaragize ingaruka ku bakozi bagera kuri 200 barukoreraga, kuba hari ibicuruzwa biri kwangirika, kuba ruri gutakaza abakiliya ndetse no kuba Leta iri guhomba imisoro.

Abunganira Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, Me Gatera Clement na Me Bajeni Byiringiro bahakanye ibyo urwo ruganda ruvuga, bemeza ko ibyafatiriwe byakurikije amategeko, bahakana ibyo kuba uruganda rufunze.

Kuri uyu wa Mbere ku gicamunsi urukiko rwanzuye ko icyo kirego nta shingiro gifite, rushingiye ko ibyo RRA yakoze byose byari byubahirije amategeko.

Imbere y’abunganira RRA ndetse na Anne Rwigara, Umuyobozi w’uruganda Premier Tobacco, Umucamanza yavuze ko ibikoresho RRA yafatiriwe bidakwiriye gusubizwa mu gihe urwo ruganda rukurikiranyweho icyaha cyo kunyereza umusoro kandi rutaragikurwaho.

Yavuze ko kuba RRA yarafatiriye konti z’urwo ruganda bikurikije amategeko. Yifashishije ingingo z’amategeko agenga umusoro, yavuze ko igihe hashize iminsi 15 umusoreshwa atishyura umusoro, ibiro by’umusoro bifite ububasha bwo gufatira ibikoresho by’umusoreshwa birimo umutungo wimukanwa n’utimukanwa kugira ngo umusoro uboneke.

Yavuze ko urukiko rudashobora gutegeka RRA gufungura izo konti kandi byarakozwe mu buryo bwemewe n’amategeko.

Ku nzitizi z’uko uruganda rwafunzwe, urukiko rwavuze ko nta kimenyetso cyagaragajwe cyerekana ko uruganda rwafunzwe koko, nyamara ngo RRA yo yagaragaje icyemezo kigaragaza ko yafatiriye ibikoresho, itafunze uruganda.

Kuba hari abakozi bamaze amezi arindwi badakora batazi niba bakiri n’abakozi b’uruganda, Umucamanza yavuze ko ibyo bitabazwa RRA ahubwo byabazwa umukoresha wabo ari na we wakoze ibitemewe n’amategeko bigatuma bimwe mu bikoresho by’uruganda bifatirwa.

Hashingiwe kuri izo mpamvu, urukiko rwategetse ko icyo kirego nta shingiro gifite, rutegeka ko ifatira RRA yakoze rigumaho.

Isomwa ry’urubanza ryo kuri uyu wa Mbere ryari ryitabiriwe na bamwe mu bakoreraga uruganda Premier Tobacco Company basohotse mu cyumba cy’urukiko bagaragaza ko batishimiye umwanzuro wafashwe.

Mu iburanishwa riherutse, Me Rwagatare yavuze ko kuba uruganda rutagikora binahombya Leta umusoro, ngo kuko ku kwezi uruganda rwatangaga umusoro wa miliyoni 300, bityo kuba bamaze amezi arindwi badakora Leta imaze guhomba miliyari ebyiri na miliyoni 100 z’amafaranaga y’u Rwanda.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro kivuga ko umuryango wa Rwigara urimo ibirarane by’imisoro y’amafaranga agera kuri miliyari esheshatu byo guhera mu mwaka wa 2012.

Mu Ugushyingo 2017, iki kigo cyatangarije IGIHE ko uwo muryango nutishyura ibyo birarane hazafatwa ibindi byemezo birimo no guteza cyamunara icyavamo ubwishyu cyose.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye mu cyumweru gishize, Komiseri Mukuru wa RRA, Tusabe Richard, yabajijwe impamvu bataratangira guteza cyamunara imitungo yo kwa Rwigara, avuga ko hari abandi bantu benshi cyane cyane amabanki bawishyuza imyenda ubafitiye, akaba ari imwe mu mpamvu yatindije icyamunara.

Yagize ati “Icyabitindije ni amategeko, hari ibigomba kubahirizwa. Ba nyiri Premier Tobacco Company bafitiye imyenda abantu benshi cyane cyane amabanki. Ayo mabanki hari amafaranga abishyuza kuko na ho bakoze ubuhemu bwo kutishyura ku gihe, na bo bakaba bashaka gutangiza inzira yo guteza cyamunara.”

2018-02-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dianne Rutabana yifurije umugabo we isabukuru y’amavuko akoresheje igisigo kizimije

Dianne Rutabana yifurije umugabo we isabukuru y’amavuko akoresheje igisigo kizimije

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Abayobozi ba Uganda barateganya gutanga ibisobanuro ku ishimutwa n’iyicarubozo  ry’Umunyarwanda, Fidele Gatsinzi

Abayobozi ba Uganda barateganya gutanga ibisobanuro ku ishimutwa n’iyicarubozo ry’Umunyarwanda, Fidele Gatsinzi

Ubwanditsi 24 Dec 2017
Tuyiringire wafungiwe muri Gereza ya Kisoro umwaka urenga yavuze akaga yahuye nako

Tuyiringire wafungiwe muri Gereza ya Kisoro umwaka urenga yavuze akaga yahuye nako

Ubwanditsi 23 Oct 2019
Inama nyirizina ya OIF yatangiye  kuri uyu wa Kane

Inama nyirizina ya OIF yatangiye kuri uyu wa Kane

Ubwanditsi 11 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium
Amakuru

FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium

RUSHYASHYA 02 Mar 2026
RDC: Umusirikare wa FARDC yishe abana be babiri na we ahita yirasa
HIRYA NO HINO

RDC: Umusirikare wa FARDC yishe abana be babiri na we ahita yirasa

Ubwanditsi 05 Oct 2018
Major Kalinijabo Cyprien na Bishop Nsabimana Daniel baguye mu mpanuka ikomeye yabereye i Kayonza
Amakuru

Major Kalinijabo Cyprien na Bishop Nsabimana Daniel baguye mu mpanuka ikomeye yabereye i Kayonza

Ubwanditsi 04 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru