• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Urukiko rwatesheje agaciro ikirego Umuryango wa Rwigara uregamo RRA

Urukiko rwatesheje agaciro ikirego Umuryango wa Rwigara uregamo RRA

Ubwanditsi 06 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Urukiko rw’ubucuruzi rwa Nyarugenge rwatesheje agaciro ikirego cy’uruganda rw’Umuryango wa Rwigara, Premier Tobacco Company rwari rwarezemo Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA) rusaba gukurirwaho inzitizi zose icyo kigo cyarushyizeho.

Uruganda Premier Tobacco Company rwatanze ikirego kihutirwa rusaba gukurirwaho inzitizi rwashyizweho na RRA zirimo kuba icyo kigo cyarafatiriye inyandiko, ibitabo by’ibaruramari na mudasobwa zari ziri mu biro by’umuyobozi mukuru w’uruganda, kuba RRA yarafunze ububiko bwari burimo ibicuruzwa bikaba biri kwangirika ndetse no kuba yaritambitse amafaranga ari kuri konti z’urwo ruganda ziri muri Equity Bank no muri Ecobank.

Ubuyobozi bw’urwo ruganda rwunganirwaga na Me Rwagatare Janvier, ruvuga ko rutanagikora bitewe n’uko RRA yashyizeho ingufuri no kuba yarahashyize abarinzi bashya.

Buvuga ko guhera tariki 13 Nyakanga 2017 rutagikora bikaba byaragize ingaruka ku bakozi bagera kuri 200 barukoreraga, kuba hari ibicuruzwa biri kwangirika, kuba ruri gutakaza abakiliya ndetse no kuba Leta iri guhomba imisoro.

Abunganira Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, Me Gatera Clement na Me Bajeni Byiringiro bahakanye ibyo urwo ruganda ruvuga, bemeza ko ibyafatiriwe byakurikije amategeko, bahakana ibyo kuba uruganda rufunze.

Kuri uyu wa Mbere ku gicamunsi urukiko rwanzuye ko icyo kirego nta shingiro gifite, rushingiye ko ibyo RRA yakoze byose byari byubahirije amategeko.

Imbere y’abunganira RRA ndetse na Anne Rwigara, Umuyobozi w’uruganda Premier Tobacco, Umucamanza yavuze ko ibikoresho RRA yafatiriwe bidakwiriye gusubizwa mu gihe urwo ruganda rukurikiranyweho icyaha cyo kunyereza umusoro kandi rutaragikurwaho.

Yavuze ko kuba RRA yarafatiriye konti z’urwo ruganda bikurikije amategeko. Yifashishije ingingo z’amategeko agenga umusoro, yavuze ko igihe hashize iminsi 15 umusoreshwa atishyura umusoro, ibiro by’umusoro bifite ububasha bwo gufatira ibikoresho by’umusoreshwa birimo umutungo wimukanwa n’utimukanwa kugira ngo umusoro uboneke.

Yavuze ko urukiko rudashobora gutegeka RRA gufungura izo konti kandi byarakozwe mu buryo bwemewe n’amategeko.

Ku nzitizi z’uko uruganda rwafunzwe, urukiko rwavuze ko nta kimenyetso cyagaragajwe cyerekana ko uruganda rwafunzwe koko, nyamara ngo RRA yo yagaragaje icyemezo kigaragaza ko yafatiriye ibikoresho, itafunze uruganda.

Kuba hari abakozi bamaze amezi arindwi badakora batazi niba bakiri n’abakozi b’uruganda, Umucamanza yavuze ko ibyo bitabazwa RRA ahubwo byabazwa umukoresha wabo ari na we wakoze ibitemewe n’amategeko bigatuma bimwe mu bikoresho by’uruganda bifatirwa.

Hashingiwe kuri izo mpamvu, urukiko rwategetse ko icyo kirego nta shingiro gifite, rutegeka ko ifatira RRA yakoze rigumaho.

Isomwa ry’urubanza ryo kuri uyu wa Mbere ryari ryitabiriwe na bamwe mu bakoreraga uruganda Premier Tobacco Company basohotse mu cyumba cy’urukiko bagaragaza ko batishimiye umwanzuro wafashwe.

Mu iburanishwa riherutse, Me Rwagatare yavuze ko kuba uruganda rutagikora binahombya Leta umusoro, ngo kuko ku kwezi uruganda rwatangaga umusoro wa miliyoni 300, bityo kuba bamaze amezi arindwi badakora Leta imaze guhomba miliyari ebyiri na miliyoni 100 z’amafaranaga y’u Rwanda.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro kivuga ko umuryango wa Rwigara urimo ibirarane by’imisoro y’amafaranga agera kuri miliyari esheshatu byo guhera mu mwaka wa 2012.

Mu Ugushyingo 2017, iki kigo cyatangarije IGIHE ko uwo muryango nutishyura ibyo birarane hazafatwa ibindi byemezo birimo no guteza cyamunara icyavamo ubwishyu cyose.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye mu cyumweru gishize, Komiseri Mukuru wa RRA, Tusabe Richard, yabajijwe impamvu bataratangira guteza cyamunara imitungo yo kwa Rwigara, avuga ko hari abandi bantu benshi cyane cyane amabanki bawishyuza imyenda ubafitiye, akaba ari imwe mu mpamvu yatindije icyamunara.

Yagize ati “Icyabitindije ni amategeko, hari ibigomba kubahirizwa. Ba nyiri Premier Tobacco Company bafitiye imyenda abantu benshi cyane cyane amabanki. Ayo mabanki hari amafaranga abishyuza kuko na ho bakoze ubuhemu bwo kutishyura ku gihe, na bo bakaba bashaka gutangiza inzira yo guteza cyamunara.”

2018-02-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Aya nda Ataye Ku Gasi Igisambo ruharwa Ndagijimana JMV wiyemeje Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi akaba agiye kuzagwa Igihugu igicuri

Aya nda Ataye Ku Gasi Igisambo ruharwa Ndagijimana JMV wiyemeje Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi akaba agiye kuzagwa Igihugu igicuri

Ubwanditsi 13 Apr 2025
Nyuma yo gucuruza imva kuri internet, ikiryabarezi Thomas Nahimana cyiyemeje gutanga pasiporo z’ibicupuri

Nyuma yo gucuruza imva kuri internet, ikiryabarezi Thomas Nahimana cyiyemeje gutanga pasiporo z’ibicupuri

Ubwanditsi 25 Jun 2022
Perezida Kagame asanga kanseri ikaza umurego kubera inzego z’ubuzima zidakora neza

Perezida Kagame asanga kanseri ikaza umurego kubera inzego z’ubuzima zidakora neza

Ubwanditsi 27 Sep 2018
Amakimbirane muri FDLR-FOCA, hagati ya Gen.Ntawunguka alias OMEGA na Gen. Byiringiro, nyuma y’urupfu rwa Mudacumura

Amakimbirane muri FDLR-FOCA, hagati ya Gen.Ntawunguka alias OMEGA na Gen. Byiringiro, nyuma y’urupfu rwa Mudacumura

Ubwanditsi 08 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi ya Uganda yatangije iperereza ku kivugwa ko ari ihohotera ryakorewe umupolisikazi Esther Namaganda
Mu Mahanga

Polisi ya Uganda yatangije iperereza ku kivugwa ko ari ihohotera ryakorewe umupolisikazi Esther Namaganda

Ubwanditsi 25 Feb 2019
Perezida Kagame yahaye impanuro Abaminisitiri  zizabafasha kwihutisha amavugururwa mu iterambere Abanyarwanda bakeneye
Mu Rwanda

Perezida Kagame yahaye impanuro Abaminisitiri zizabafasha kwihutisha amavugururwa mu iterambere Abanyarwanda bakeneye

Ubwanditsi 13 Sep 2017
Seninga Innocent wari umutoza wa Kiyovu ubu ntakiri we
IMIKINO

Seninga Innocent wari umutoza wa Kiyovu ubu ntakiri we

Ubwanditsi 21 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru