• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Gen Biraaro wamaganye Museveni kuva muri 1996 yitabye Imana, azize urwo Gen Aronda n’abandi bazize

Gen Biraaro wamaganye Museveni kuva muri 1996 yitabye Imana, azize urwo Gen Aronda n’abandi bazize

Ubwanditsi 12 Feb 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Gen Benon Biraaro Buta wamenyekanye kubera kwamagana ubutegetsi bwa Perezida Museveni yitabye Imana uyu munsi tariki ya 12 Gashyantare 2020. Gen Biraaro yafashije Museveni urugamba rwo kurwanya Milton Obote yinjiye mu ishyamba mu mwaka wa 1982, kubera amashuri ye yagiye ahabwa imyanya ikomeye kugeza naho yabaye umunyamabanga wa hafi (personnel secretary) wa Perezida Museveni.

Gen Biraaro yavuzeko yatanze Col Kizza Besigye kurwanya Museveni nubwo Besigye ariwe wavuzwe cyane. Yari ayoboye ishyaka ry’abahinzi n’aborozi. Gen Benon yumvikanye yamagana kuvugurura Itegeko Nshinga ndetse no guhindura imyaka yo kuyobora igihugu mu rwego rwo gufasha Museveni uri mu zabukuru ariko akaba agikomeje kwizirika ku butegetsi. Yagize ati “Bwa mbere habanje guhindura Itegeko Nshinga rikuraho manda ebyiri, none hageze aho guhindura imyaka kugirango umuntu umwe akomeze ayobore igihugu.

Ese igihugu ni icy’umuntu umwe?” Nubwo bivugwa ko Biraro yazize indwara, urupfu rwe ruhuye nurwabandi benshi bahitanywe na Perezida Museveni, uhereye cyane kubishwe bakorana  hafi na Perezida Museveni. Biraro apfuye atamaze icyumweru mu bitaro kuko yabigiyemo tariki ya 6 Gashyantare 2020 kandi akaba nta kindi kibazo yari afite mu buzima. Urupfu rwe rw’amayobera ruje mu gihe Uganda yitegura amatora umwaka utaha, aho Perezida Museveni yanzwe urunuka nawe igisubizo kikaba gukaza amategeko agenga amatora mu rwego rwo kwigizayo Bob Wine ushyigikiwe n’amashyaka atavuga rumwe na NRM.

Ikindi gihangayikishije Museveni ni uko urubyiruko rwiyandikishije mu bazatora kubwinshi, kandi ruri inyuma ya Bobo Wine; ubwo bwitabire bukaba butarigeze bubaho mu mateka ya Uganda kuko urubyiruko, Museveni yita abuzukulu batigeze bitabira amatora ku mugaragaro kuko kuri bo watora utatora Museveni yagombaga gutorwa. Aho hadukiye imbuga nkoranyambaga urubyiruko rwa Uganda rwahagurukiye kugira uruhare mu miyoborerere y’igihugu cyabo cya Uganda. Tugaruke ku bantu batandukanye bishwe vuba aha na Perezida Museveni mu rwego rwo kwikuraho abo akeka ko batumva gahunda ze n’umuhungu we Muhoozi. Twavuga nka Maj Gen Aronda Nyakairima waguye mu ndege mu mwaka wa 2015 avuye muri Korea y’amajyepfo bakavuga ko yazize umutima kandi yaragiye mu butumwa ameze neza niyo ndwara ntayo yigeze agira.

Brig Gen Noble Mayombo yapfuye mu mwaka wa 2007, birasakuza cyane bivugwa ko yishwe, nyuma hashyirwahoi itsinda rigaragaza icyo yazize riha raporo Perezida Museveni nanubu nta kiravugwa mubyavuye muri iyo raporo. AIGP Andrew Felix Kaweesi yarashwe muri Werurwe 2017 ku manywa y’ihangu agiye ku kazi. Mu byagaragaye nuko amasasu yishe Kawesi ari ay’imbunda zifitwe na Special Forces ingabo zishinzwe kurinda Perezida Museveni. Undi warashwe ku manywa y’ihangi ni Capt Kirumira nyuma yo kwamagana ku mugaragaro ubutegetsi buriho aho yavuzeko uvuga ugapfa, waceceka ugapfa bityo ko ari byiza kuvuga ugapfa wavuze.

Ibyo yavuze nibyo Perezida Museveni yamukoreye. Abandi barashwe ku manyway’ihangu ni Maj Kigundu ndetse na Col Abiriga. Urundi rupfu rw’amayobera ni urwa Maj Gen Kazini, rwageretswe ku ihabara rye ariko bigaragara ko yishwe n’abantu bari kubutegetsi ku mpamvu zitarajya hanze. Gusa Kazini yishwe yitegura kujya mu butumwa muri Sudani y’Amajyepfo ahazwi ko Museveni akura agatubutse anyunyuza icyo gihugu yigize umurinzi wacyo. Urutonde  rurerure rw’abishwe na Museveni warureba hano

2020-02-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Angelo Izama yashimangiye ibisanzwe bizwi ku mugambi udacogora wa Museveni wo kwigarurira u Rwanda

Uko Angelo Izama yashimangiye ibisanzwe bizwi ku mugambi udacogora wa Museveni wo kwigarurira u Rwanda

Ubwanditsi 10 Jun 2019
Ubutumwa bwa Victoire Ingabire bushimagiza umutwe wa Wazalendo bugenewe FDLR iri muzigize uwo mutwe 

Ubutumwa bwa Victoire Ingabire bushimagiza umutwe wa Wazalendo bugenewe FDLR iri muzigize uwo mutwe 

Ubwanditsi 21 Nov 2023
#Umwiherero15: Amafoto y’umunsi wa gatatu w’abayobozi mu biganiro byibanze ku burezi n’ubuzima

#Umwiherero15: Amafoto y’umunsi wa gatatu w’abayobozi mu biganiro byibanze ku burezi n’ubuzima

Ubwanditsi 01 Mar 2018
FDLR yiyemereye ku mugaragaro ko yapfushije  Petero Nkurunziza nk’ umuterankunga wayo ukomeye

FDLR yiyemereye ku mugaragaro ko yapfushije  Petero Nkurunziza nk’ umuterankunga wayo ukomeye

Ubwanditsi 11 Jun 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rubavu: Abantu bitwaje intwaro bateye mu Murenge wa Busasamana, bane bahasiga ubuzima
ITOHOZA

Rubavu: Abantu bitwaje intwaro bateye mu Murenge wa Busasamana, bane bahasiga ubuzima

Ubwanditsi 10 Dec 2018
Minisitiri Shyaka aributsa ko ibicuruzwa by’i Burundi na Congo bihawe ikaze
UBUKUNGU

Minisitiri Shyaka aributsa ko ibicuruzwa by’i Burundi na Congo bihawe ikaze

Ubwanditsi 03 Jun 2019
Juventus yarokokeye kuri za Penalite maze isanga Miran AC ku mukino wa nyuma Copa Italia
IMIKINO

Juventus yarokokeye kuri za Penalite maze isanga Miran AC ku mukino wa nyuma Copa Italia

Ubwanditsi 03 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru