• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Col Byabagamba akomeje kugundagurana n’Ubushinjacyaha bwa gisilikare kubyaha bumukurikiranyeho

Col Byabagamba akomeje kugundagurana n’Ubushinjacyaha bwa gisilikare kubyaha bumukurikiranyeho

Ubwanditsi 13 Jan 2016 Mu Mahanga

None tariki ya 13/1/2016 mu Rukiko rukuru rwa gisilikare, hasubukuwe urubanza rwa Col. Tom Byabagamba na bagenzi be. Uru rubanza Ubushinjacyaha bwa gisirikare burega Col Tom Byabagamba, Rtd Brig. Gen Frank Rusagara na Rtd Sgt Kabayiza, kwangisha rubanda ubutegetsi buriho. Kuri uyu wa Kabiri Col Byabagamba yireguye ku cyaha cya kabiri cyo “gukora igikorwa kigamije gusebya leta kandi uri umuyobozi”.

Mu iburanisha riheruka, hireguraga Gen. Rusagara, ku cyaha cyo kwamamaza nkana ibihuha agamije kugomesha rubanda arwangisha ubutegetsi buriho.

Ubushinjacyaha buvuga ko Col Tom Byabagamba, icyaha yagikoze ubwo yari ahagarariye u Rwanda mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, ari Umugaba Mukuru w’Ingabo wungirije w’ingabo zari mu butumwa bw’amahoro.

Umutangabuhamya Col Chance Ndagano yavuze ko Col Byabagamba yabazaniye inkuru y’urupfu rwa Rtd Maj John Sengati, ariho yavugiyemo amagambo asebya Leta ayishinja urupfu rw’uyu musirikare.

Ubushinjacyaha bwavuze ko gushinja leta urupfu rwa Maj Sengati kandi nta rukiko rwabigaragaje cyangwa ngo abe yarabikoreye iperereza, byari bigamije gusebya leta y’u Rwanda.

Umutangabuhamya Col David Bukenya, nawe ngo yiyumviye Col Tom avuga ko leta yahubutse mu kuzamura imisoro.

Ubushinjacyaha buvuga ko ayo magambo yose kwari ugusebya igihugu.

Col Tom yavuze ko ibyo bamureze ari nabyo yireguye ku cyaha cyo gukwiza ibihuha, anavuga ko atari byo ahubwo ari ibyo bamwitirira.

Ubushinjacyaha ariko busobanura ko inyito y’ibyaha ibigaragaza ko bitandukanye n’ubwo byakozwe mu buryo bumwe, kandi ngo ibikorwa bimwe bishobora kubyara inyito z’ibyaha bitandukanye.

Ubushinjacyaha bwasobanuye ko ibyo yavuze byose umugambi yari afite ari uwo kwamamaza nkana ibihuha agamije kwangisha rubanda ubutegetsi buriho, ariko muri ibyo bikorwa byose hakabamo ibindi byaha, birimo ibyo ashinjwa ko yakoze kandi ari umuyobozi.

Col Byabagamba yavuze ko Ubushinjacyaha bwabuze ibimenyetso kuri icyo cyaha bukajya gutira, anyuzamo akoresha imvugo ikarishye yazamuye amarangamutima y’ubushinjacyaha, kugeza ubwo bwavuze ko bukomeje gutukwa butakomeza kuburana.

Col Byabagamba n’abamwunganira bahakanye ibyavuzwe ko yashinje leta ubwicanyi, bavuga ko icyaha kigira ugomba kukiryozwa ku buryo bitagombaga kwitirirwa leta muri rusange, bityo ngo ntibyahabwa agaciro.

Ikindi ngo kuba Col Byabagamba yaratangwagaho raporo ku buyobozi bukuru bw’igihugu ku buryo yitwaraga mu butumwa bw’amahoro, kandi ngo iyo aza kuba yaritwaraga nabi ntiyari kongererwa manda mu butumwa yarimo.

Col Byabagamba yasabye ko ubuhamya bwa Col Chance Ndagano buteshwa agaciro, nyuma yo kugaragaza ko yamuburanishije muri iyi dosiye ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, ariko nyuma aza gusanga ari umutangabuhamya muri iki kirego kandi amushinja.

Me Albert wunganira Col Byabagamba, yavuze ko ubwo Umucamanza Col Chance Ndagano yafataga icyemezo cyo gufunga Col Byabagamba, yashingiye ku buhamya ubushinjacyaha bwaje kuvana mu idosiye, kandi ngo iyo aza kuba afite ubuhamya buzima ntiyagombaga gushingira ku buhamya budafite ishingiro.

Me Valery wunganira Col Byabagamba yavuze ko kubona Isi izumva Col Ndagano wabaye perezida w’iburanisha incuro eshatu, akagaruka atanga ubuhamya bushinja, bitesha icyizere ubucamanza bwa gisirikare muri rubanda, ndetse ngo uyu mucamanza n’umusirikare mukuru yataye amahame y’akazi ke.

-1751.jpg

Col. Tom Byabagamba

Col Tom Byabagamba kandi ashinjwa kuba yaranavuze ko Lt Joel Mutabazi yafunzwe azira ubusa ariko we akavuga ko yagize icyo amuvugaho bari mu nama yahuje aba colonel na ba jenerali, yayobowe na Minisitiri w’Ingabo n’Umugaba Mukuru w’Ingabo, kandi ngo icyo gihe Mutabazi yari agifunze ataratoroka. Ibi nabyo Col Byabagamba yabihakanye.

Biteganyijwe ko urubanza ruzakomeza kuwa Gatanu tariki 15 Mutarama 2015, Rtd Brig Gen Frank Rusagara yiregura nawe ku cyaha cya kabiri.

Umwanditsi wacu

2016-01-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kamonyi: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare biyemeje kugira uruhare mu  kurwanya ibiyobyabwenge

Kamonyi: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare biyemeje kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 06 Feb 2016
Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda ubwambuzi bushukana no gutanga amakuru y’ababukora

Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda ubwambuzi bushukana no gutanga amakuru y’ababukora

Ubwanditsi 10 Jun 2016
Umutekano mu Burundi, Perezida Ndayishimiye yagiye gupfundikira iby’abandi ibye bita imitemeri

Umutekano mu Burundi, Perezida Ndayishimiye yagiye gupfundikira iby’abandi ibye bita imitemeri

Ubwanditsi 26 Feb 2024
Ababyeyi n’abayobozi b’Ibigo by’amashuri barasabwa gukurikirana umutekano w’abana mu modoka zibajyana ku ishuri zikanabacyura

Ababyeyi n’abayobozi b’Ibigo by’amashuri barasabwa gukurikirana umutekano w’abana mu modoka zibajyana ku ishuri zikanabacyura

Ubwanditsi 28 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Noble Marara wirirwa usebya u Rwanda ni muntu ki ?
Amakuru

Noble Marara wirirwa usebya u Rwanda ni muntu ki ?

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Hazashyirwaho isiganwa ry’amagare ryo kwibuka Lambert Byemayire
IMIKINO

Hazashyirwaho isiganwa ry’amagare ryo kwibuka Lambert Byemayire

Ubwanditsi 03 Jan 2017
Mpayimana Philippe yashinze ishyaka
ITOHOZA

Mpayimana Philippe yashinze ishyaka

Ubwanditsi 05 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru