• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Col Byabagamba akomeje kugundagurana n’Ubushinjacyaha bwa gisilikare kubyaha bumukurikiranyeho

Col Byabagamba akomeje kugundagurana n’Ubushinjacyaha bwa gisilikare kubyaha bumukurikiranyeho

Ubwanditsi 13 Jan 2016 Mu Mahanga

None tariki ya 13/1/2016 mu Rukiko rukuru rwa gisilikare, hasubukuwe urubanza rwa Col. Tom Byabagamba na bagenzi be. Uru rubanza Ubushinjacyaha bwa gisirikare burega Col Tom Byabagamba, Rtd Brig. Gen Frank Rusagara na Rtd Sgt Kabayiza, kwangisha rubanda ubutegetsi buriho. Kuri uyu wa Kabiri Col Byabagamba yireguye ku cyaha cya kabiri cyo “gukora igikorwa kigamije gusebya leta kandi uri umuyobozi”.

Mu iburanisha riheruka, hireguraga Gen. Rusagara, ku cyaha cyo kwamamaza nkana ibihuha agamije kugomesha rubanda arwangisha ubutegetsi buriho.

Ubushinjacyaha buvuga ko Col Tom Byabagamba, icyaha yagikoze ubwo yari ahagarariye u Rwanda mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, ari Umugaba Mukuru w’Ingabo wungirije w’ingabo zari mu butumwa bw’amahoro.

Umutangabuhamya Col Chance Ndagano yavuze ko Col Byabagamba yabazaniye inkuru y’urupfu rwa Rtd Maj John Sengati, ariho yavugiyemo amagambo asebya Leta ayishinja urupfu rw’uyu musirikare.

Ubushinjacyaha bwavuze ko gushinja leta urupfu rwa Maj Sengati kandi nta rukiko rwabigaragaje cyangwa ngo abe yarabikoreye iperereza, byari bigamije gusebya leta y’u Rwanda.

Umutangabuhamya Col David Bukenya, nawe ngo yiyumviye Col Tom avuga ko leta yahubutse mu kuzamura imisoro.

Ubushinjacyaha buvuga ko ayo magambo yose kwari ugusebya igihugu.

Col Tom yavuze ko ibyo bamureze ari nabyo yireguye ku cyaha cyo gukwiza ibihuha, anavuga ko atari byo ahubwo ari ibyo bamwitirira.

Ubushinjacyaha ariko busobanura ko inyito y’ibyaha ibigaragaza ko bitandukanye n’ubwo byakozwe mu buryo bumwe, kandi ngo ibikorwa bimwe bishobora kubyara inyito z’ibyaha bitandukanye.

Ubushinjacyaha bwasobanuye ko ibyo yavuze byose umugambi yari afite ari uwo kwamamaza nkana ibihuha agamije kwangisha rubanda ubutegetsi buriho, ariko muri ibyo bikorwa byose hakabamo ibindi byaha, birimo ibyo ashinjwa ko yakoze kandi ari umuyobozi.

Col Byabagamba yavuze ko Ubushinjacyaha bwabuze ibimenyetso kuri icyo cyaha bukajya gutira, anyuzamo akoresha imvugo ikarishye yazamuye amarangamutima y’ubushinjacyaha, kugeza ubwo bwavuze ko bukomeje gutukwa butakomeza kuburana.

Col Byabagamba n’abamwunganira bahakanye ibyavuzwe ko yashinje leta ubwicanyi, bavuga ko icyaha kigira ugomba kukiryozwa ku buryo bitagombaga kwitirirwa leta muri rusange, bityo ngo ntibyahabwa agaciro.

Ikindi ngo kuba Col Byabagamba yaratangwagaho raporo ku buyobozi bukuru bw’igihugu ku buryo yitwaraga mu butumwa bw’amahoro, kandi ngo iyo aza kuba yaritwaraga nabi ntiyari kongererwa manda mu butumwa yarimo.

Col Byabagamba yasabye ko ubuhamya bwa Col Chance Ndagano buteshwa agaciro, nyuma yo kugaragaza ko yamuburanishije muri iyi dosiye ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, ariko nyuma aza gusanga ari umutangabuhamya muri iki kirego kandi amushinja.

Me Albert wunganira Col Byabagamba, yavuze ko ubwo Umucamanza Col Chance Ndagano yafataga icyemezo cyo gufunga Col Byabagamba, yashingiye ku buhamya ubushinjacyaha bwaje kuvana mu idosiye, kandi ngo iyo aza kuba afite ubuhamya buzima ntiyagombaga gushingira ku buhamya budafite ishingiro.

Me Valery wunganira Col Byabagamba yavuze ko kubona Isi izumva Col Ndagano wabaye perezida w’iburanisha incuro eshatu, akagaruka atanga ubuhamya bushinja, bitesha icyizere ubucamanza bwa gisirikare muri rubanda, ndetse ngo uyu mucamanza n’umusirikare mukuru yataye amahame y’akazi ke.

-1751.jpg

Col. Tom Byabagamba

Col Tom Byabagamba kandi ashinjwa kuba yaranavuze ko Lt Joel Mutabazi yafunzwe azira ubusa ariko we akavuga ko yagize icyo amuvugaho bari mu nama yahuje aba colonel na ba jenerali, yayobowe na Minisitiri w’Ingabo n’Umugaba Mukuru w’Ingabo, kandi ngo icyo gihe Mutabazi yari agifunze ataratoroka. Ibi nabyo Col Byabagamba yabihakanye.

Biteganyijwe ko urubanza ruzakomeza kuwa Gatanu tariki 15 Mutarama 2015, Rtd Brig Gen Frank Rusagara yiregura nawe ku cyaha cya kabiri.

Umwanditsi wacu

2016-01-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyeshuri b’Abanyarwanda b’Idini ya Isilamu biga muri Kaminuza biyemeje kuba abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu kurwanya ibyaha

Abanyeshuri b’Abanyarwanda b’Idini ya Isilamu biga muri Kaminuza biyemeje kuba abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 29 Jul 2016
Impuhwe za Bihehe FDLR, yateguye Misa yo gusabira Kizito Mihigo kuri iki cyumweru

Impuhwe za Bihehe FDLR, yateguye Misa yo gusabira Kizito Mihigo kuri iki cyumweru

Ubwanditsi 22 Feb 2020

Perezida Ndayishimiye Yahisemo Gushyira imbere ubushyamirane mu baturanyi aho gukemura ibibazo by’imbere mu gihugu

Ubwanditsi 30 Jul 2025
Ni abarwayi bo mu mutwe, cyangwa ni abatekamutwe? Dusesengure iby’agatsiko ka Charles Kambanda ngo gashaka guhirika ubutegetsi mu Rwanda.

Ni abarwayi bo mu mutwe, cyangwa ni abatekamutwe? Dusesengure iby’agatsiko ka Charles Kambanda ngo gashaka guhirika ubutegetsi mu Rwanda.

Ubwanditsi 13 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwanzuye kutavugurura amasezerano y’imikoranire na Human Rights Watch
POLITIKI

U Rwanda rwanzuye kutavugurura amasezerano y’imikoranire na Human Rights Watch

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Murekezi Anastase asimbuye Cyanzayire kuba Umuvunyi Mukuru
Mu Rwanda

Murekezi Anastase asimbuye Cyanzayire kuba Umuvunyi Mukuru

Ubwanditsi 31 Aug 2017
Uko Gen. Masunzu yatsembeye Kayumba wifuzaga ko bafatanya gutera u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uko Gen. Masunzu yatsembeye Kayumba wifuzaga ko bafatanya gutera u Rwanda

Ubwanditsi 21 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru