• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Hazashyirwaho isiganwa ry’amagare ryo kwibuka Lambert Byemayire

Hazashyirwaho isiganwa ry’amagare ryo kwibuka Lambert Byemayire

Ubwanditsi 03 Jan 2017 IMIKINO

Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye burateganya kuzashyiraho isiganwa ry’amagare ryitiriwe Lambert Byemayire, wari Visi Perezida w’ishyirahamwe ry’amagare mu Rwanda (FERWACY).

Iki gitekerezo cyagaragajwe kandi cyemezwa mu nama njyanama y’Akarere ka Huye yateranye kuwa gatanu tariki 30 Ukuboza 2016.

Cyashingiye ku kuba Byemayire yari yarashyizeho ihuriro ry’abanyehuye basiganwa ku magare, anatangiza isiganwa ngarukamwaka, ryo kuzenguruka Akarere ka Gisagara ku magare kuva muri 2015.

Byemayire witabye Imana mu mpera z’ukwezi kwa 11, ubuyobozi bw’Akarere ka Huye butekereza gukomereza aho yari agejeje, ariko noneho amasiganwa agakorwa mu izina rye, anibukwa.

Dr. Jean Chrysostome Ngabitsinze, perezida w’inama njyanama y’Akarere ka Huye avuga ko umurimo yasize atangije utahagarara.

Yagize ati “ntabwo twifuza ko club yari yatangije yagira ikibazo na kimwe kuko atagihari. Turashaka ko akarere gafata gusiganwa ku magare nk’umukino umaze kugira aho ugera, nk’uko bafasha Mukura, bagafasha n’amagare agatera imbere.”

Abanyonzi, ni ukuvuga abatwara abantu n’ibintu bifashishije amagare, ni bamwe mu bakunze kwitabira iri siganwa.

Jean Pierre Nshimiyimana ni umwe muri bo. Avuga ko yababajwe n’urupfu rwa Byemayire, akaba yifuza ko haboneka abakomereza aho yari ageze.

Agira ati “Bibaye byiza, abasigaye bakoranaga na we bakomeza bagafasha cyane cyane urubyiruko nkatwe, tugakomeza siporo y’amagare kuko irakunzwe cyane mu Rwanda.”

Anavuga ko ibikorwa bya Byemayire bikomeje, byazamufasha kugera kure yifuza, akaba icyamamare nka Ruhumuriza na we ukomoka i Huye, akanarenzaho akamenyekana muri Afurika yose.

Innocent Bizimana we amasiganwa yatangiye ataratangira umurimo w’ubunyonzi. Ariko ngo akomeje na we ubutaha yazajya ayitabira.

Biteganyijwe ko Akarere ka Huye kazakora umushinga wo gukomeza ibikorwa bya Lambert Byemayire mu bijyanye n’amasiganwa y’amagare, ugashakirwa n’abaterankunga.

Ubuyobozi buvuga ko hazakorwa ibishoboka byose umukino w’amagare ugakomeza gutera imbere muri aka Karere.

Source : KT

2017-01-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukino wa Mukura na Rayon Sports usize urunturuntu :  Rayon Sports yatumije inama y’igitaraganya

Umukino wa Mukura na Rayon Sports usize urunturuntu : Rayon Sports yatumije inama y’igitaraganya

Ubwanditsi 10 May 2018
Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda

Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda

Ubwanditsi 02 Oct 2025
Portugal ya Christiano yakatishije itike y’umukino  wa nyuma

Portugal ya Christiano yakatishije itike y’umukino wa nyuma

Ubwanditsi 07 Jul 2016
Tour du Rwanda: Areruya Joseph yambuye Umusuwisi Maillot Jaune

Tour du Rwanda: Areruya Joseph yambuye Umusuwisi Maillot Jaune

Ubwanditsi 16 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umwete w’ubuyobozi mu gushaka ibisubizo n’icyizere abaturage babufitiye, ni intwaro ifasha uRwanda gutsinda indwara z’ibyorezo” -Dr Craig Spencer
Amakuru

Umwete w’ubuyobozi mu gushaka ibisubizo n’icyizere abaturage babufitiye, ni intwaro ifasha uRwanda gutsinda indwara z’ibyorezo” -Dr Craig Spencer

Ubwanditsi 14 Nov 2024
Muri Ghana abatekamutwe bagaragaje yuko Maneko ya Amerika ifite ikibazo
POLITIKI

Muri Ghana abatekamutwe bagaragaje yuko Maneko ya Amerika ifite ikibazo

Ubwanditsi 06 Dec 2016
Nyuma y’aho Ibikorwa bibi bya RNC Bikomeje Gushyirirwa Hanze, Yoweri K. Museveni Arashinja Kayumba Nyamwasa Kumutamaza, Akora Ibikorwa bya Giswa, Bishyira ku Karubanda Abamushyigikiye Bose.
Amakuru

Nyuma y’aho Ibikorwa bibi bya RNC Bikomeje Gushyirirwa Hanze, Yoweri K. Museveni Arashinja Kayumba Nyamwasa Kumutamaza, Akora Ibikorwa bya Giswa, Bishyira ku Karubanda Abamushyigikiye Bose.

Ubwanditsi 05 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru