• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amakimbirane hagati ya Company zitwara abagenzi Nyabugogo na RITCO (Rwanda Interlink Company Limited)

Amakimbirane hagati ya Company zitwara abagenzi Nyabugogo na RITCO (Rwanda Interlink Company Limited)

Ubwanditsi 17 Feb 2017 ITOHOZA

Kuva ku munsi w’ejo kuwakane tariki 16 Gashyantare 2017, amakuru yatangiye gucicikana hirya no hino, kuri group za Whatsapp kuva muri Gare ya Nyabugogo aho ikigo cy’ubucuruzi gishinzwe ubwikorezi, RITCO (Rwanda Interlink Company Limited) cyatangiye kugirana amakimbirane n’ibindi bigo bisanzwe bimenyerewe mu mwuga w’ubucuruzi bushingiye ku gutwara abagenzi ( Transport).

Aya makimbirane aravugwa muri Gare ya Nyabugogo nyuma yaho RITCO yatangiye gutwara abagenzi bava cyangwa bajya mu ntara, nyuma yo gufungura imirimo ku mugaragaro kuya 6 Gashyantare 2017, hari hashize amezi arindwi iki kigo kiri mu mavugurura, kuko cyatangije kuwa 5 Gicurasi 2016 nyuma y’iseswa rya ONATRACOM.

Mu muhango wo gutangiza ibi bikorwa ,umuyobozi w’inama y’ubuyobozi ya Ritco, Robert Muhizi, yatanze icyizere ku bagenzi ko RITCO izasohoza neza inshingano zari zarananiye ONATRACOM, harimo no gutwara abaturage mu byaro.

-5760.jpg

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ibwikorezi muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Dr Alexis Nzahabwanimana atangiza ku mugaragaro RITCO

Ariko iki kizere kirasa nikirimo kugenda kiyoyoka kuko ubu RITCO yatangiye kugirana amakimbirane n’ibindi bigo, ashingiye ku kurwanira abagenzi muri Gare ya Nyabugogo.

-5762.jpg

Kurwanira abagenzi

RITCO iraregwa naba mukeba kurwanira nabo abagenzi bajya mu ntara atarizo nshingano zayo. Ikindi ngo ni uguteza akavuyo yitwaje imbaraga za Leta ifitemo imigabane ingana na 52%, aho ngo ifite insoresore zikurura abantu zibashyira mu modoka zabo kugahato ari nako yahantantuye ibiciro kuburyo aho abandi bagira mu ntara ibihumbi bitatu ( 3000) yo itwarira abagenzi kuri 2500.Kandi RURA yarashyizeho ibiciro by’ingendo hose mu gihugu bijyenwa muri rusange buri mugenzi wese akwiye kugenderaho.

-5763.jpg

Gupakirira hanze ya Gare

Ikindi binubira babwiye Rushyashya.net ngo naho usanga imodoka ya RITCO ipakirira abagenzi mu muryango wa Gare no hanze yayo, mugihe izindi ziri kumurongo waho zikorera bityo bakaba bavuga ko barimo gucyura ibihombo.

-5759.jpg

Umuyobozi wa RITCO Rukundo Julias

Umuyobozi wa RITCO Rukundo Julias yabwiye Rushyashya ko ibyo bavuga ataribyo ko ntakibazo gihari uretse “Competition”.badashaka, ati: Twatangiye akazi kandi turagakora neza, turi gutwara abagenzi batugana, ahubwo abo bavuga ibyo nibo bashyizeho izo nsoresore zibuza abantu kujya mu mamodoka yacu, zibakurura ngo bajye mu zabo.

Ati: Turimo gutwara abantu neza tubaha za ticket, bakagenda ku isaha, icyo tugamije ni ugutanga Service neza, abantu bakagenda neza, bakagerayo amahoro.

RITCO n’ ikigo cyatangiye gikora by’agateganyo cyifashishije bus 22 na Coaster 30 cyasigiwe na Onatracom, kiza no gutumiza izindi modoka nshya.

RITCO Ltd yashinzwe nyuma y’Inama y’abaminisitiri yo kuwa 16 Ukuboza 2015 yemeje ikurwaho rya rya ONATRACOM, ikemeza ishyirwaho ry’Isosiyete Leta ifatanya n’Abikorera y’Itwara ry’Abantu muri rusange. Leta ifitemo 52%, naho 48% ikaba iy’ikigo kimenyerewe mu gutwara abantu mu Rwanda, RFTC. Bakuriwe na Col. Twahirwa Dodo.

-5761.jpg

Imodoka za RITCO

Cyiza D.

2017-02-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Ubwanditsi 24 Jun 2025
Nyuma yo kwirukanwa mu Rwanda, uvuga ko ari umwunganizi wa Ingabire Victoire yatangiye gupfobya genocide ( yagaragaye ahura na Gratien Kabiligi )

Nyuma yo kwirukanwa mu Rwanda, uvuga ko ari umwunganizi wa Ingabire Victoire yatangiye gupfobya genocide ( yagaragaye ahura na Gratien Kabiligi )

Ubwanditsi 12 Jun 2016
Uwahoze ari depite Mbanda Jean Daniel mu nzira yo kwiyamamariza kuba Perezida wa Repululika

Uwahoze ari depite Mbanda Jean Daniel mu nzira yo kwiyamamariza kuba Perezida wa Repululika

Ubwanditsi 03 Apr 2017
FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo

FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo

RUSHYASHYA 13 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abo kwa Rwigara banze igenagaciro bituma cyamunara y’imashini zikora itabi isubikwa
INKURU NYAMUKURU

Abo kwa Rwigara banze igenagaciro bituma cyamunara y’imashini zikora itabi isubikwa

Ubwanditsi 11 Jun 2018
UmuNazi nyarwanda, Aloys Ntiwiragabo aragerageza gucecekesha abatangabuhamya bamufiteho ibimenyetso
Amakuru

UmuNazi nyarwanda, Aloys Ntiwiragabo aragerageza gucecekesha abatangabuhamya bamufiteho ibimenyetso

Ubwanditsi 18 Jan 2023
Bimwe mu bikorwa by’ubushotoranyi Perezida Museveni yakoreye u Rwanda mu myaka 10 ishize, ariko bitamuhiriye
Amakuru

Bimwe mu bikorwa by’ubushotoranyi Perezida Museveni yakoreye u Rwanda mu myaka 10 ishize, ariko bitamuhiriye

Ubwanditsi 11 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru