• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amakimbirane hagati ya Company zitwara abagenzi Nyabugogo na RITCO (Rwanda Interlink Company Limited)

Amakimbirane hagati ya Company zitwara abagenzi Nyabugogo na RITCO (Rwanda Interlink Company Limited)

Ubwanditsi 17 Feb 2017 ITOHOZA

Kuva ku munsi w’ejo kuwakane tariki 16 Gashyantare 2017, amakuru yatangiye gucicikana hirya no hino, kuri group za Whatsapp kuva muri Gare ya Nyabugogo aho ikigo cy’ubucuruzi gishinzwe ubwikorezi, RITCO (Rwanda Interlink Company Limited) cyatangiye kugirana amakimbirane n’ibindi bigo bisanzwe bimenyerewe mu mwuga w’ubucuruzi bushingiye ku gutwara abagenzi ( Transport).

Aya makimbirane aravugwa muri Gare ya Nyabugogo nyuma yaho RITCO yatangiye gutwara abagenzi bava cyangwa bajya mu ntara, nyuma yo gufungura imirimo ku mugaragaro kuya 6 Gashyantare 2017, hari hashize amezi arindwi iki kigo kiri mu mavugurura, kuko cyatangije kuwa 5 Gicurasi 2016 nyuma y’iseswa rya ONATRACOM.

Mu muhango wo gutangiza ibi bikorwa ,umuyobozi w’inama y’ubuyobozi ya Ritco, Robert Muhizi, yatanze icyizere ku bagenzi ko RITCO izasohoza neza inshingano zari zarananiye ONATRACOM, harimo no gutwara abaturage mu byaro.

-5760.jpg

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ibwikorezi muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Dr Alexis Nzahabwanimana atangiza ku mugaragaro RITCO

Ariko iki kizere kirasa nikirimo kugenda kiyoyoka kuko ubu RITCO yatangiye kugirana amakimbirane n’ibindi bigo, ashingiye ku kurwanira abagenzi muri Gare ya Nyabugogo.

-5762.jpg

Kurwanira abagenzi

RITCO iraregwa naba mukeba kurwanira nabo abagenzi bajya mu ntara atarizo nshingano zayo. Ikindi ngo ni uguteza akavuyo yitwaje imbaraga za Leta ifitemo imigabane ingana na 52%, aho ngo ifite insoresore zikurura abantu zibashyira mu modoka zabo kugahato ari nako yahantantuye ibiciro kuburyo aho abandi bagira mu ntara ibihumbi bitatu ( 3000) yo itwarira abagenzi kuri 2500.Kandi RURA yarashyizeho ibiciro by’ingendo hose mu gihugu bijyenwa muri rusange buri mugenzi wese akwiye kugenderaho.

-5763.jpg

Gupakirira hanze ya Gare

Ikindi binubira babwiye Rushyashya.net ngo naho usanga imodoka ya RITCO ipakirira abagenzi mu muryango wa Gare no hanze yayo, mugihe izindi ziri kumurongo waho zikorera bityo bakaba bavuga ko barimo gucyura ibihombo.

-5759.jpg

Umuyobozi wa RITCO Rukundo Julias

Umuyobozi wa RITCO Rukundo Julias yabwiye Rushyashya ko ibyo bavuga ataribyo ko ntakibazo gihari uretse “Competition”.badashaka, ati: Twatangiye akazi kandi turagakora neza, turi gutwara abagenzi batugana, ahubwo abo bavuga ibyo nibo bashyizeho izo nsoresore zibuza abantu kujya mu mamodoka yacu, zibakurura ngo bajye mu zabo.

Ati: Turimo gutwara abantu neza tubaha za ticket, bakagenda ku isaha, icyo tugamije ni ugutanga Service neza, abantu bakagenda neza, bakagerayo amahoro.

RITCO n’ ikigo cyatangiye gikora by’agateganyo cyifashishije bus 22 na Coaster 30 cyasigiwe na Onatracom, kiza no gutumiza izindi modoka nshya.

RITCO Ltd yashinzwe nyuma y’Inama y’abaminisitiri yo kuwa 16 Ukuboza 2015 yemeje ikurwaho rya rya ONATRACOM, ikemeza ishyirwaho ry’Isosiyete Leta ifatanya n’Abikorera y’Itwara ry’Abantu muri rusange. Leta ifitemo 52%, naho 48% ikaba iy’ikigo kimenyerewe mu gutwara abantu mu Rwanda, RFTC. Bakuriwe na Col. Twahirwa Dodo.

-5761.jpg

Imodoka za RITCO

Cyiza D.

2017-02-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Min. uherutse kurusimbuka afungishijwe ijisho

Uganda: Min. uherutse kurusimbuka afungishijwe ijisho

Ubwanditsi 31 Mar 2019
Mbarara: Inzego z’Ubutasi  zambitse ubusa Abanyarwandakazi ngo zireba uko bateye

Mbarara: Inzego z’Ubutasi zambitse ubusa Abanyarwandakazi ngo zireba uko bateye

Ubwanditsi 12 Oct 2018
Amateka ya Capt Mbaye Diagne, wapfuye atabara abahungiye muri Hotel Mille Collines

Amateka ya Capt Mbaye Diagne, wapfuye atabara abahungiye muri Hotel Mille Collines

Ubwanditsi 01 Jun 2016
Hatahuwe uko Rujugiro Tribert, akoresha Itangazamakuru mu rwego rwo gusigiriza isura ye arimo kunyereza imisoro mu bihugu by’Afurika

Hatahuwe uko Rujugiro Tribert, akoresha Itangazamakuru mu rwego rwo gusigiriza isura ye arimo kunyereza imisoro mu bihugu by’Afurika

Ubwanditsi 17 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Museveni yahaye inshingano Andrew Mwenda zo kuguyaguya Bobi Wine bagahagarika ikirego cy’uko amatora yibwe
Amakuru

Perezida Museveni yahaye inshingano Andrew Mwenda zo kuguyaguya Bobi Wine bagahagarika ikirego cy’uko amatora yibwe

Ubwanditsi 03 Feb 2021
Umuhungu wa Ingabire mu marira y’ingona asaba ko Trump afungura nyina ufunzwe ku byaha bikomeye
Amakuru

Umuhungu wa Ingabire mu marira y’ingona asaba ko Trump afungura nyina ufunzwe ku byaha bikomeye

Ubwanditsi 22 Aug 2025
Ruhango: Nkurunziza yagizwe Meya w’agateganyo nyuma y’iyeguzwa rya nyobozi yose
Mu Rwanda

Ruhango: Nkurunziza yagizwe Meya w’agateganyo nyuma y’iyeguzwa rya nyobozi yose

Ubwanditsi 08 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru