• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kiyovu SC igereye mukebo Sunrise FC yigeze kuyibuza igikombe, iyitsinda 4-0 biyiganisha habi

Kiyovu SC igereye mukebo Sunrise FC yigeze kuyibuza igikombe, iyitsinda 4-0 biyiganisha habi

Ubwanditsi 03 Apr 2024 Amakuru, IMIKINO

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 3 Mata 2024 nibwo ikipe ya Kiyovu SC itsinze ikipe ya Sunrise FC ibitego 4-0.

Ni mu mukino wa shampiyona y’u Rwanda yakinwaga ku munsi wayo wa 26 waberaga kuri Kigali Pelé Stadium.

Mbere y’uko uyu mukino ukinwa, Kiyovu SC yari yagaragaje ko itibagiwe ibyo Sunrise FC yayikoreye iyitsinda bityo iyibuza gutwara igikombe cya Shampiyona ya 2022-2023 yari ihanganiye na APR FC.

Mbere y’uko umukino ukinwa, Kiyovu SC ibinyukije ku rubuga rwayo rwa X rwahoze ari twitter, bagize bati “Mwaramutse neza Sunrise FC? Ese muribuka tariki 21/05/2023? Muze tubahembere imirimo myiza mwakoze. Ni mukanya 15h00 kigali pele stadium.”

Ibi byatumye uyu mukino ukomera kuko igice cya mbere cy’uyu mukino cyarangiye Kiyovu imaze gutsinda ibitego 3-0.

Ni ibitego byatsinzwe na Alfred Leku watsinzemo bibiri naho ikindi gitsindwa na Richard Kilongozi.

Mu gice cya kabiri cy’uyu mukino, Kiyovu yongeye gutsinda ikindi cya Kane cyatsinzwe na Richard Kilongozi bityo umukino urangira ari ibitego bine ku busa.

Ibi bitego bine ikipe ya Sunrise FC itsinzwe bitumye ijya ku mwanya wa 14 n’amanota 26, aya manota aratuma iyi kipe ibarizwa i Nyagatare igana habi.

Ibi bibaye biragaragaza ko Sunrise FC itagize icyo ihindura mu mikino ine isigaye kugirango uyu mwaka w’imikino urangire yamanuka mu kiciro cya kabiri cya shampiyona y’u Rwanda.

Kiyovu SC izwi nk’Urucaca yo ihagaze ku mwana Gatandatu n’amanota 37, ibi bituma ituje cyane  kuko ntiyamanuka mu kiciro cya kabiri cg ngo ibe yatwara igikombe.

Usibye uyu mukino wakinwe hari indi mikino y’umunsi wa 26 yakinwe, Dore uko yagenze:

Musanze FC 2-1 Gasogi United

Etoile de l’Est 0-1 Gorilla FC

Police FC 2-0 Amagaju FC

Imikino izakinwa kuyi uyu wa Kane no kuwa Gatanu:

Muhazi United vs Mukura VS

Rayon Sports vs Etincelles FC

Marines FC vs Bugesera FC

AS Kigali vs APR FC

2024-04-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tshisekedi ntashobora gutsinda intambara buri wese amwikangamo umwanzi

Tshisekedi ntashobora gutsinda intambara buri wese amwikangamo umwanzi

Ubwanditsi 12 Feb 2024
Amafoto – Gasogi United yongereye amasezerano Yamini Salumu, inasinyisha rutahizamu Hassan Djibrine ukomoka mu gihugu cya Chad

Amafoto – Gasogi United yongereye amasezerano Yamini Salumu, inasinyisha rutahizamu Hassan Djibrine ukomoka mu gihugu cya Chad

Ubwanditsi 13 Jul 2021
Parimehutu yapfushije umwana, uRwanda rupfusha umwanzi

Parimehutu yapfushije umwana, uRwanda rupfusha umwanzi

Ubwanditsi 04 Mar 2022
Itangira ry’umwaka w’imikino wa 2022-2023 rizabanzirizwa n’umukino wa Super Cup uzahuza APR FC na As Kigali

Itangira ry’umwaka w’imikino wa 2022-2023 rizabanzirizwa n’umukino wa Super Cup uzahuza APR FC na As Kigali

Ubwanditsi 14 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

BPR Atlas Mara yafunguye Ishami ry’Icyicaro gikuru i Kigali ryihariye kuri serivisi z’ikoranabuhanga
UBUKUNGU

BPR Atlas Mara yafunguye Ishami ry’Icyicaro gikuru i Kigali ryihariye kuri serivisi z’ikoranabuhanga

Ubwanditsi 06 Mar 2020
Burundi: Hemejwe ko Umujyi wa Gitega ugiye kuba umurwa mukuru wa politiki
POLITIKI

Burundi: Hemejwe ko Umujyi wa Gitega ugiye kuba umurwa mukuru wa politiki

Ubwanditsi 22 Dec 2018
UGANDA: KIZZA BESIGYE BLOCKED FROM APPEARING AT TREASON TRIAL
Mu Rwanda

UGANDA: KIZZA BESIGYE BLOCKED FROM APPEARING AT TREASON TRIAL

Ubwanditsi 02 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru