• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»APR FC na AS Kigali zabonye amanota atatu, Rayon Sports inganya na Marines FC muri shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021

APR FC na AS Kigali zabonye amanota atatu, Rayon Sports inganya na Marines FC muri shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021

Ubwanditsi 14 Jun 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubwo hakinwaga umunsi wa gatatu shampiyona y’u Rwanda ku makipe akomeje guhatanira igikombe, amakipe arimo AS Kigali ndetse na APR FC zikomeje kugaragaza inyota yo gutwara iki gikombe ndetse gitanga umwanya ku makipe agomba gusohokera igihugu mu makipe yabaye ayambere iwayo.

Mu mikino yabaye kuri iki cyumweru, ikipe ya APR yatsinze ikipe ya Police FC ibitego bitatu ku busa mu mukino wabereye kuri Sitade ya Huye yo mu ntara y’Amajyepfo, ni ibitego byatsinzwe na Fitina Ombalenga ku munota wa 62 ndetse na Mugunga Yves watsinze ibitego bibiri muri uyu mukino, ibyo bitego akaba yabitsinze ku munota wa 75′ na 84′.

Mu wundi mukino, ikipe ya AS Kigali yari yakiriye ikipe ya Espoir FC kuri Sitade y’akarere ka Muhanga, uyu mukino warangiye AS Kigali itsinze ibitego bine ku busa, ni bitego byatsinzwe na Hussein Tchabalala ku munota wa 12, ubwo hari ku munota wa 27′ Hakizimana Muhadjiri yatsinze igitego cya kabiri ndetse atsinda n’icya gatatu ku munota wa 82′, uyu mukino ukaba wasojwe na Abedy Biramahire atsinze igitego cya Kane.

Ku rundi ruhande ikipe ya Marines FC yari yakiriye ikipe ya Rayon Sports, muri uyu mukino wabereye i Rubavu umukino warangiye amakipe yombi anganyije igitego kimwe kuri kimwe, ku ruhande rwa Rayon Sports yatsindiwe na Nishimwe Blaise naho kuri Marines yatsindiwe na Ngabo Mucyo Fred.

Mu wundi mukino w’amakipe ahatanira igikombe, Rutsiro FC yanganyije na Bugesera ubusa ku busa.

Mu mikino y’amakipe arwana no kutamanuka, ikipe ya Musanze FC yatsinze ikipe ya Mukura VS igitego kimwe ku busa, naho Gorilla FC yo yatsinzwe na Kiyovu Sports igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Saba Robert.

Kuri uyu wa mbere muri iki cyiciro, ikipe ya Gasogi United irakira ikipe ya Etincelles i Nyaamata naho Sunrise FC i Nyagatare yakire ikipe ya AS Muhanga, ni imikino itegerejwe ku isaha ya Saa Cyenda.

2021-06-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kayumba Nyamwasa yihimuye kuri Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya ahagarikisha SWI Umuryango bashakiragamo amaramuko

Kayumba Nyamwasa yihimuye kuri Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya ahagarikisha SWI Umuryango bashakiragamo amaramuko

Ubwanditsi 21 Aug 2021
Burundi : Umunyarwanda Jacques Bihozagara  yaguye muri gereza ya Mpimba

Burundi : Umunyarwanda Jacques Bihozagara yaguye muri gereza ya Mpimba

Ubwanditsi 01 Apr 2016
Ethiopie yitegura gukina n’Amavubi yageze mu Rwanda, Rayon Sports ikomeje gutegura imikino ya gishuti mpuzamahanga irimo iyo izakina na URA FC na Singida

Ethiopie yitegura gukina n’Amavubi yageze mu Rwanda, Rayon Sports ikomeje gutegura imikino ya gishuti mpuzamahanga irimo iyo izakina na URA FC na Singida

Ubwanditsi 01 Sep 2022
Simba SC yatangaje ko Uwayezu François Régis wari Vice-Chairman wa APR FC ariwe muyobozi mukuru wayo mushya

Simba SC yatangaje ko Uwayezu François Régis wari Vice-Chairman wa APR FC ariwe muyobozi mukuru wayo mushya

Ubwanditsi 26 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo abanyafrika bazibukira kuri Perezida Kagame wari umaze umwaka ayobora AU
INKURU NYAMUKURU

Icyo abanyafrika bazibukira kuri Perezida Kagame wari umaze umwaka ayobora AU

Ubwanditsi 08 Feb 2019
Urusha nyina w’Umwana imbabazi …..
ITOHOZA

Urusha nyina w’Umwana imbabazi …..

Ubwanditsi 07 Oct 2016
Rwamagana: Abayisiramu bashima Perezida Kagame wabahaye ijambo ntibongera kwitwa Abaswayire
Mu Rwanda

Rwamagana: Abayisiramu bashima Perezida Kagame wabahaye ijambo ntibongera kwitwa Abaswayire

Ubwanditsi 10 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru