• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Umunyamerika w’umutinganyi wari warakoze ubukwe n’umunyarwanda yapfuye

Umunyamerika w’umutinganyi wari warakoze ubukwe n’umunyarwanda yapfuye

Ubwanditsi 06 Jun 2017 HIRYA NO HINO

Umusore w’umunyarwanda uherutse gukora ubukwe n’umuzungu w’umunyamerika babanaga byeruye nk’umugabo n’umugore, ari mu gahinda nyuma y’uko uwo musaza wari nk’umugabo we n’ubwo bombi ari ab’igitsina gabo, apfuye afite imyaka 61 y’amavuko. Urupfu rw’uyu musaza ukomoka muri Amerika, rwongeye guteza impaka n’impagarara.

Semuhungu Eric, ubusanzwe ni umusore ariko akaba yari yarashatse umugabo w’umunyamerika, bisa n’aho yari umugore w’uwo muzungu n’ubwo bombi ari igitsina gabo, ndetse bari bamaze imyaka micye bakoze ubukwe. Uyu munyamerika wari ufite imyaka 61 y’amavuko, yitwaga Ryan Hargrave akaba yarapfuye tariki 2 z’uku kwezi kwa Kamena 2017, ariko Semuhungu yabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, aho yakoresheje amagambo agaragaza ko yari umugabo we yakundaga cyane.

Yagize ati: “Sinabasha kwiyumvisha uburyo wagiye ukansiba burundu. Kubera iki Mana? Ni gute ngiye kubaho ntagufite, ndacyafite kwiheba kwinshi. Wari byose kuri njye, rukundo rwanjye kandi nkoramutima yanjye, ndagukumbuye kandi sindabasha kwiyumvisha ko wagiye, buri gihe uko ndyame mu buriri bwacu mbona isura yawe.

Ruhukira mu mahoro mukundwa, ndabizi ubu urimo kundeba aho uri mu ijuru, uzahora uri mu mutima wanjye. Wanyeretse uburyo wankundaga kuva twahura bwa mbere, urwo rukundo nzarugumana. Mbikuye ku mutima, ndagushimira ibyo wankoreye byose n’ibyo twasangiye, rwari urugendo rw’agahebuzo rwuzuye umunezero. Wankoreye byinshi, warandwaniriye, waramfashije muri buri ntambwe y’urugendo… Ruhukira mu mahoro Ryan Hargrave ndagukunda cyane.”

-6819.jpg

Uyu musore yakuriye mu Rwanda, aza kujya muri Amerika nyuma yo gushaka umugabo nawe ari undi, ariko yabikoze ari n’uburyo bwo kujya kwibera mu gihugu giha ubwisanzure abaryamana bahuje igitsina.

Semuhungu asanzwe yerekana ko aterwa ishema no kuba ari umugore w’umugabo mugenzi we.

Mu mwaka wa 2015, nibwo Semuhungu Eric wakuriye mu mujyi wa Kigali, yagiye muri Afrika y’Epfo maze aza kuhamenyanira n’umuzungu ubusanzwe ukomoka muri Amerika, maze barakundana kugeza bemeranyijwe kubana uyu Semuhungu akaba umugore hanyuma uwo muzungu akaba umugabo. Mu bukwe bwabo, Semuhungu yari yambaye yakenyeye imishanana, imyenda ubusanzwe mu Rwanda yambarwa n’abagore n’abakobwa.


2017-06-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hamuritswe igitabo cyiswe ”amakayi y’urwibutso” kivuga ku nzira y’umusaraba Abatutsi banyuzemo

Hamuritswe igitabo cyiswe ”amakayi y’urwibutso” kivuga ku nzira y’umusaraba Abatutsi banyuzemo

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Urusaku rw’abafana ba Mwiseneza Josiane rwajegeje ahaberaga Miss Rwanda 2019 (Video)

Urusaku rw’abafana ba Mwiseneza Josiane rwajegeje ahaberaga Miss Rwanda 2019 (Video)

Ubwanditsi 06 Jan 2019
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Ubwanditsi 02 Oct 2021
RDC: Umusirikare wa FARDC yishe abana be babiri na we ahita yirasa

RDC: Umusirikare wa FARDC yishe abana be babiri na we ahita yirasa

Ubwanditsi 05 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyarwanda bajya muri Congo-Brazzaville bazajya bahererwa viza ku mipaka
UBUKERARUGENDO

Abanyarwanda bajya muri Congo-Brazzaville bazajya bahererwa viza ku mipaka

Ubwanditsi 17 Oct 2018
AU yasabye u Burundi kwitondera ibyo gushinja ubwicanyi Buyoya
INKURU NYAMUKURU

AU yasabye u Burundi kwitondera ibyo gushinja ubwicanyi Buyoya

Ubwanditsi 04 Dec 2018
Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha

Ubwanditsi 15 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru