• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Mukarurangwa yabeshye ko yahowe gushyigikira Diane Rwigara ahabwa ubuhungiro muri Amerika

Mukarurangwa yabeshye ko yahowe gushyigikira Diane Rwigara ahabwa ubuhungiro muri Amerika

Ubwanditsi 07 Jan 2019 ITOHOZA

Umugore witwa Mukarurangwa Claudine yahawe ubuhungiro muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika abeshye ko yahunze igihugu kubera itotezwa yakorerwaga kuko yashyigikiye Diane Rwigara washatse kwiyamamariza kuyobora u Rwanda mu matora ya 2017.

Mukarurangwa yageze muri Leta ya Maine muri Werurwe 2018. Yahise atangira inzira yo gushaka ubuhungiro, avuga ko “ari guhunga itotezwa yakorewe mu Rwanda.’’

Ikinyamakuru cyitwa Central Maine cyatangaje ko Mukarurangwa yavuze ko yafunzwe ibyumweru bibiri kubera umubano yari afitanye na Diane Rwigara.

Abamuzi neza bagaragaza ko ibyo yavuze ari innkuru mpimbano. Icya mbere bashingiraho ni uko nta na hamwe inkuru y’iki kinyamakuru igaragaza ko kwiyamamaza kwa Diane Rwigara kwajemo kidobya yatewe no gushaka gukora no gukoresha inyandiko mpimbano ashaka kwiyamamariza kuyobora igihugu.

Icya kabiri ni uko Mukarurangwa atigeze ashyigikira Diane Rwigara ahubwo yari inyuma ya Perezida Kagame n’Umuryango wa FPR Inkotanyi.

Bagaragaza ibihamya by’amashusho yafashwe akuwe ku rukuta rwe rwa Facebook amugaragaza we n’umuryango we bashyigikiye Perezida Kagame na FPR. Hari n’amafoto menshi kuri Facebook ye agaragaza ibikorwa byo kwiyamamaza k’umukandida wa FPR mu matora ya 2017.

Amwe mu mafoto agaragara ku rukuta rwa facebook ya Mukarurangwa Claudine

Mukarurangwa anagaragara ku mafoto ari kumwe n’abahungu be Nshuti Kevin na Shima Kelly. Umwe muri bo yari yambaye ingofero itatse amabara ya FPR y’umutuku n’umweru afite n’ibendera ry’ubururu nk’ubw’ibicu. Hari n’amafoto agaragaza aba bana bambaye imipira ya FPR, nyina wari ufite akanyamuneza abari hagati.

Hari n’amashusho abagaragaza kandi mu mpuzankano ya gisirikare, umwambaro uhabwa abanyeshuri bitegura kujya muri kaminuza iyo bari mu ngando zashyizweho nk’uburyo bwo kwigisha abato gukunda igihugu.

Iki kinyamakuru cyanditse ko Mukarurangwa atigeze agaragara mu bikorwa byo kwiyamamaza kwa Rwigara ndetse no mu gihe yari mu rukiko. Ku rukuta rwe rwa Facebook, amafoto yo ajyanye n’ibikorwa byo kwiyamamaza kwa Rwigara Diane nta na hamwe ari.

Mukarurangwa Claudine wari umukunzi w’iraha mu tubare two mu mujyi wa Kigali

Umwe mu baziranye na we wifuje ko amazina ye agirwa ibanga yavuze ko “Niba uyu mugore hari aho yashatse ubuhungiro avuga ko yari mu bashyigikiye Rwigara Diane, byaba bisebeje cyane.’’

Yakomeje ati “Ni umunyamuryango wa FPR kuva yahagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, ikanashinga Guverinoma nshya.”

Abamuzi bavuga kandi ko nta makuru bigeze bamenya ku ifungwa rye ku mpamvu iyo ariyo yose.

Undi mutangabuhamya yagize ati “Niba Claudine ari muri Amerika kubera kubeshya ko yafunzwe ngo abone ubuhungiro, ni ikindi kinyoma.’’

Magingo aya uyu mubyeyi yahawe ubuhungiro i Maine, aho amaze amezi icyenda. Yatangiye ubuzima bushya ndetse ategereje guhabwa impapuro zimwemerera kuhakorera.

Abamuzi neza bahuza ihunga rye n’indi mpamvu itandukanye n’ibyo yavuze ku Rwanda.

Umwe mu bagore b’inshuti ze za hafi utuye mu Kiyovu yavuze ko “Claudine yavuye mu Rwanda kuko yari amaze gukena.’’

Umwe mu bo bakoranaga ubucuruzi yagarutse ku myitwarire ye mu buzima busanzwe ati “Claudine ni umuntu wakundaga kuryoshya, abagabo, kubaho mu buzima bwiza kandi adakora cyane.’’

Mukarurangwa ngo yakundaga kumara ijoro ryose mu birori, akirirwa aryamye ndetse mu mpera z’icyumweru yajyaga kubyina yavayo akaryama akabyuka mu masaha yo kurya.

Kuba yari umuntu ukunda iraha, gukora ingendo za kure kandi ahantu hahenze ngo ni byo byatumye atangira gufatwa n’ubukene.

Ubusanzwe yashakanye na Nyamutera Vianney wari umugabo wa mbere wa batandukana mu 2006, kuko atari agishoboye kubana na we.

Muri icyo gihe Mukarurangwa yagiye mu Busuwisi gusura inshuti ye ibana n’umugabo w’i Burayi.

Iyo nshuti ngo yamufashije guhura n’Umwongereza witwa Andrew Nightingale, batangira kuganira.

Ahagana mu 2010, Nightingale yaje i Kigali, aho yahamirije isezerano ryo gushyingirwa na Mukarurangwa.

Bivugwa ko Nightingale yamuhaye amafaranga menshi ndetse anagura inzu ebyiri i Kigali zirimo iyo mu Kiyovu ifite agaciro ka miliyoni 250 Frw n’indi iri i Gacuriro yaguzwe miliyoni 100 Frw.

Nyuma y’umwaka babana, mu 2011, Andrew Nightingale yitabye Imana ubwo yiteguraga kujya i Burayi. Isuzuma ryo kwa muganga ryagaragaje ko yahitanwe n’umutima.

Uyu mugore yahise asigarana inzu ebyiri n’amafaranga atazwi ingano yahawe n’umugabo we.

Umwe mu nshuti ze bamaranaga amajoro menshi yavuze ko “Bidatinze yahise atangira kwitwara nk’udatekereza ku hazaza, ahora yinezeza aherekejwe n’abasore bato. Urabibona ko kubaho muri ubwo buzima mu myaka irindwi nta kazi ufite, amafaranga ageraho agashira.’’

Yavuze ko ari mu Rwanda, nta wigeze amutera ubwoba ko azatabwa muri yombi.

Iyi nshuti ye kuva mu myaka 10 ishize yashimangiye ko niba yaravuye mu Rwanda byatewe no kuba amafaranga yaramushiranye.

Iti “Mukarurangwa yagurishije inzu, yakoresheje amafaranga yose ndetse yanagurishije imodoka. Byari kuba bimwaye kubaho nta mafaranga. Iyo niyo mpamvu ishoboka yatumye agenda.

2019-01-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abakinnyi b’u Bwongereza bakoreshejwe imyitozo y’injyanamuntu n’ingabo zirwanira mu mazi.

Abakinnyi b’u Bwongereza bakoreshejwe imyitozo y’injyanamuntu n’ingabo zirwanira mu mazi.

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Perezida  VLADIMIR PUTIN  yagize uruhare mu byavuye mu matora y’Amerika yihimura kuri  HILLARY CLINTON.

Perezida VLADIMIR PUTIN yagize uruhare mu byavuye mu matora y’Amerika yihimura kuri HILLARY CLINTON.

Ubwanditsi 16 Dec 2016
Icyerekezo gishya  2050:  Umuturage  azajya abona umusaruro mbumbe wa 1240$ ku munyarwanda ku mwaka.

Icyerekezo gishya 2050: Umuturage azajya abona umusaruro mbumbe wa 1240$ ku munyarwanda ku mwaka.

Ubwanditsi 17 Dec 2016
Ibimenyetso 10 NATO izereka Trump ko Uburusiya burimo gutegura Intambara

Ibimenyetso 10 NATO izereka Trump ko Uburusiya burimo gutegura Intambara

Ubwanditsi 19 Nov 2016

3 Ibitekerezo

  1. sage
    January 7, 201910:12 am -

    Iyo nkuru ndabona nta kintu idufasha. Mukota nka radio rutwitsi

    Subiza
  2. Sacyega
    January 7, 20195:57 pm -

    Iyi ntabwo ari inkuru , ni iby’umuntu ku giti cye ,mujye mwandika ibifite akamaro

    Subiza
  3. Albmaka
    January 8, 20191:26 pm -

    Uyu mugore yaryoshya ibintu kbs mumpe contact ze nzamwisurire

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ni nde uzasimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL
POLITIKI

Ni nde uzasimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL

Ubwanditsi 26 Jul 2016
Urugaga rw’Abavoka rwasezeye Me Toy, ruvuga ko rwifuza ubutabera
Mu Mahanga

Urugaga rw’Abavoka rwasezeye Me Toy, ruvuga ko rwifuza ubutabera

Ubwanditsi 06 Jan 2017
Champions League ¼: Real Madrid yanyagiye Juventus, Ronaldo ayandikiraho amateka yihariye
IMIKINO

Champions League ¼: Real Madrid yanyagiye Juventus, Ronaldo ayandikiraho amateka yihariye

Ubwanditsi 04 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru