• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida VLADIMIR PUTIN yagize uruhare mu byavuye mu matora y’Amerika yihimura kuri HILLARY CLINTON.

Perezida VLADIMIR PUTIN yagize uruhare mu byavuye mu matora y’Amerika yihimura kuri HILLARY CLINTON.

Ubwanditsi 16 Dec 2016 ITOHOZA

Nyuma y’amatora yabaye taliki ya 8 ugushyingo 2016 bikagaragara ko umukandida Donald Trump ariwe watsinze benshi ntibanyuzwe nabyo. Icyakurikiyeho ni ugushyirwa mu majwi havugwa ko igihugu cy’Uburusiya cyaba cyarivanze mu matora hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Hakurikiyeho gukora itohoza bareba niba koko Uburusiya bwaba bwarivanze muri ariya matora. Ikigaragara ni uko Amerika irimo kubigendamo buhoro kubera ingaruka byayigiraho kugira ngo ibindi bihugu bitayica amazi, ariko iyo ukurikiranye amakuru atangazwa n’ibigo by’ubutasi CIA na FBI ndetse n’ibitangazamakuru byerekana ko Uburusiya bwakoze iyo bwabaga bakoresha ikoranabuhanga rihanitse kugira ngo Hillary Clinton udacana uwaka na Putin ngo adatorwa.

-5051.jpg

Perezida Vladimir Putin

-5052.jpg

Amakuru aravuga ko igihe cy’amatora Perezida Vladimir Putin atigeze aryama ngo yabyikurikiraniye ubwe kugira ngo Donald Trump ariwe utorwa. NBC News mu makuru yabonye ivuga ko Putin yakoresheje inama mu ibanga rikomeye aho yatanze gahunda ku bashinzwe kwiba no kuyobya amakuru kuri internet bakorera uburusiya. Iyi television ngo aya makuru yayahawe nabashinzwe iperereza bo mu rwego rwo hejuru ngo babifiteho amakuru adashidikanwaho n’ibimenyetso ntakuka.

Ikindi mu cyumweru gishize ikinyamakuru The Washington Post cyatangaje ko ikigo cy’iperereza CIA cyemeje ko Uburusiya bwinjiye mu nyandiko abantu bohererezanya kuri internet (emails) z’abantu benshi niz’inzego za leta ngo nazo ntizasigaye ngo icyari kigamijwe bashakaga kureba izakwifashishwa kugira ngo Trump abashe gutsinda Clinton kandi koko yaramutsinze taliki ya 8 Ugushyingo.

-5048.jpg

Hillary Clinton

Haravugwa ko ngo Putin yagombaga kwihimura bikomeye kuri Clinton ngo kuko nawe yivanze cyane mu matora y’inteko Nshinga mamategeko y’Uburusiya yabaye muri 2011. Icyo gihe ngo Hillary Clinton yashishikarije cyane abigaragambya mu burusiya kwiroha mu mihanda bakanga ibyavuye mu matora. Ariko iyo ukurikiranye amateka ya Clinton na Putin ntibigeze bacana uwaka kuko Clinton yagereranyaga Putin nka Hitler naho Putin akavuga ko Clinton adakomeye mu mutwe. Ikindi Putin yari yaravuze ko mu gihe Clinton yaramuka atorewe kuyobora Amerika ko intambara ya gatatu y’isi izarota uko byagenda kose.

Television NBC News yakomeje ivuga ko nubwo ibi byose byabaye koko bisa no kwihimura kuri Clinton, ko ari ibintu abanyamerika bagomba gutekerezaho kabiri bikabaha n’amasomo. Naho uwahoze ari ambassador w’Amerika mu Burusiya hagati ya 2012-2014 Michael McFaul avuga ko abanyamerika bagomba kureba kure bakabona ko Uburusiya bwaberetse ko politike yabo yinjiriwe bikomeye, ngo kuko Uburusiya buri kwereka isi ko Amerika yiyita intangarugero muri demokarasi kandi itayigenderamo, ikindi ngo Putin arashaka kwererekana ko Amerika y’igihangage abantu batinyaga itagikomeye uko babyibwira.

Ikirimo gukorwa ubu ni ugushaka uko inzego z’ubutasi z’Amerika nazo zakwihimura k’Uburusiya. Haravugwa ko mu mnsi iri imbere haratangazwa imitungo ya Putin naho iri n’uburyo yagiye ayibona ayibye mubivuye mu maboko yabaturage b’uburusiya. Iki sicyo cyonyine kizakorwa harategurwa utundi dushya ngo nabo bazakorera Uburusiya.

Kuri Trump we ukunze kuvuga Putin amutaka, aravuga ko ari ibinyoma byambaye ubusa ko ntaho Uburusiya bwigeze bumutera inkunga mugutsinda amatora. Ariko gusa hakaba hari ibintu bituma hibazwa byinshi kumubano wa Trump na Putin. Mu minsi ishize benshi batunguwe no kubona Trump ashyira Rex Tillerson mu mwanya w’ubunyamabanga bwa Leta bushinzwe ububanyi n’amahanga mu gihe bivugwa ko uyu mugabo ari inshuti magara ya Putin kuva mu myaka 1990 ubwo bakoranaga mubijyanye na peteroli. Aha niho Putin ahera avuga ko imibanire y’Amerika n’Uburusiya igiye kurushaho kuba myiza, ariko abasesenguzi bakavuga ko bitazoroha kubera ibibazo byugarije isi bibagonganisha.

-5049.jpg

Abashingamategeko bo bakaba baravuze ko hagomba gukorwa itohoza kuri iki kibazo cy’uburusiya mukuba barivanze mu matora y’igihugu cyabo. Umwe mubayobozi ba CIA utarashatse gutangazwa mu mazina ye we asaba Obama kugira icyo yakora mbere yuko ava kuntebe ifatirwaho ibyemezo ngo kuko batagomba gukomeza batangazwa nibyabaye mu matora aho guhaguruka bagashaka icyakorwa.
Umuntu akibaza niba hari icyo bizahindura mu byayavuye muri ariya matora.

Tubitege amaso

Hakizimana Themistocle

2016-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC yaburiye Loni ku mutwe wa Kayumba Nyamwasa uri muri Kivu y’Epfo

RDC yaburiye Loni ku mutwe wa Kayumba Nyamwasa uri muri Kivu y’Epfo

Ubwanditsi 01 Apr 2019
Perezida Museveni yategetse gukaza umutekano w’umupfakazi wa Kaweesi bivugwa ko arimo guterwa ubwoba

Perezida Museveni yategetse gukaza umutekano w’umupfakazi wa Kaweesi bivugwa ko arimo guterwa ubwoba

Ubwanditsi 20 Jun 2018
Mu Bubiligi hari insengero z’abahutu n’iz’abatutsi- Umukobwa wa Col. Nsekarije

Mu Bubiligi hari insengero z’abahutu n’iz’abatutsi- Umukobwa wa Col. Nsekarije

Ubwanditsi 05 Jul 2018
Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Rwasatse Bikomeye Ububiko Bwa MTN-Uganda

Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Rwasatse Bikomeye Ububiko Bwa MTN-Uganda

Ubwanditsi 09 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tshisekedi ntashobora gutsinda intambara buri wese amwikangamo umwanzi
Amakuru

Tshisekedi ntashobora gutsinda intambara buri wese amwikangamo umwanzi

Ubwanditsi 12 Feb 2024
Impamvu impunzi  z’Abanyecongo mu nkambi ya Kiziba ziri gutera ubwoba Leta y’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Impamvu impunzi  z’Abanyecongo mu nkambi ya Kiziba ziri gutera ubwoba Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 21 Feb 2018
Ijambo rya Perezida Kagame yagejeje  kubitabiriye ‘ Vibrant Gujarat Summit’
POLITIKI

Ijambo rya Perezida Kagame yagejeje kubitabiriye ‘ Vibrant Gujarat Summit’

Ubwanditsi 11 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru