• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida VLADIMIR PUTIN yagize uruhare mu byavuye mu matora y’Amerika yihimura kuri HILLARY CLINTON.

Perezida VLADIMIR PUTIN yagize uruhare mu byavuye mu matora y’Amerika yihimura kuri HILLARY CLINTON.

Ubwanditsi 16 Dec 2016 ITOHOZA

Nyuma y’amatora yabaye taliki ya 8 ugushyingo 2016 bikagaragara ko umukandida Donald Trump ariwe watsinze benshi ntibanyuzwe nabyo. Icyakurikiyeho ni ugushyirwa mu majwi havugwa ko igihugu cy’Uburusiya cyaba cyarivanze mu matora hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Hakurikiyeho gukora itohoza bareba niba koko Uburusiya bwaba bwarivanze muri ariya matora. Ikigaragara ni uko Amerika irimo kubigendamo buhoro kubera ingaruka byayigiraho kugira ngo ibindi bihugu bitayica amazi, ariko iyo ukurikiranye amakuru atangazwa n’ibigo by’ubutasi CIA na FBI ndetse n’ibitangazamakuru byerekana ko Uburusiya bwakoze iyo bwabaga bakoresha ikoranabuhanga rihanitse kugira ngo Hillary Clinton udacana uwaka na Putin ngo adatorwa.

-5051.jpg

Perezida Vladimir Putin

-5052.jpg

Amakuru aravuga ko igihe cy’amatora Perezida Vladimir Putin atigeze aryama ngo yabyikurikiraniye ubwe kugira ngo Donald Trump ariwe utorwa. NBC News mu makuru yabonye ivuga ko Putin yakoresheje inama mu ibanga rikomeye aho yatanze gahunda ku bashinzwe kwiba no kuyobya amakuru kuri internet bakorera uburusiya. Iyi television ngo aya makuru yayahawe nabashinzwe iperereza bo mu rwego rwo hejuru ngo babifiteho amakuru adashidikanwaho n’ibimenyetso ntakuka.

Ikindi mu cyumweru gishize ikinyamakuru The Washington Post cyatangaje ko ikigo cy’iperereza CIA cyemeje ko Uburusiya bwinjiye mu nyandiko abantu bohererezanya kuri internet (emails) z’abantu benshi niz’inzego za leta ngo nazo ntizasigaye ngo icyari kigamijwe bashakaga kureba izakwifashishwa kugira ngo Trump abashe gutsinda Clinton kandi koko yaramutsinze taliki ya 8 Ugushyingo.

-5048.jpg

Hillary Clinton

Haravugwa ko ngo Putin yagombaga kwihimura bikomeye kuri Clinton ngo kuko nawe yivanze cyane mu matora y’inteko Nshinga mamategeko y’Uburusiya yabaye muri 2011. Icyo gihe ngo Hillary Clinton yashishikarije cyane abigaragambya mu burusiya kwiroha mu mihanda bakanga ibyavuye mu matora. Ariko iyo ukurikiranye amateka ya Clinton na Putin ntibigeze bacana uwaka kuko Clinton yagereranyaga Putin nka Hitler naho Putin akavuga ko Clinton adakomeye mu mutwe. Ikindi Putin yari yaravuze ko mu gihe Clinton yaramuka atorewe kuyobora Amerika ko intambara ya gatatu y’isi izarota uko byagenda kose.

Television NBC News yakomeje ivuga ko nubwo ibi byose byabaye koko bisa no kwihimura kuri Clinton, ko ari ibintu abanyamerika bagomba gutekerezaho kabiri bikabaha n’amasomo. Naho uwahoze ari ambassador w’Amerika mu Burusiya hagati ya 2012-2014 Michael McFaul avuga ko abanyamerika bagomba kureba kure bakabona ko Uburusiya bwaberetse ko politike yabo yinjiriwe bikomeye, ngo kuko Uburusiya buri kwereka isi ko Amerika yiyita intangarugero muri demokarasi kandi itayigenderamo, ikindi ngo Putin arashaka kwererekana ko Amerika y’igihangage abantu batinyaga itagikomeye uko babyibwira.

Ikirimo gukorwa ubu ni ugushaka uko inzego z’ubutasi z’Amerika nazo zakwihimura k’Uburusiya. Haravugwa ko mu mnsi iri imbere haratangazwa imitungo ya Putin naho iri n’uburyo yagiye ayibona ayibye mubivuye mu maboko yabaturage b’uburusiya. Iki sicyo cyonyine kizakorwa harategurwa utundi dushya ngo nabo bazakorera Uburusiya.

Kuri Trump we ukunze kuvuga Putin amutaka, aravuga ko ari ibinyoma byambaye ubusa ko ntaho Uburusiya bwigeze bumutera inkunga mugutsinda amatora. Ariko gusa hakaba hari ibintu bituma hibazwa byinshi kumubano wa Trump na Putin. Mu minsi ishize benshi batunguwe no kubona Trump ashyira Rex Tillerson mu mwanya w’ubunyamabanga bwa Leta bushinzwe ububanyi n’amahanga mu gihe bivugwa ko uyu mugabo ari inshuti magara ya Putin kuva mu myaka 1990 ubwo bakoranaga mubijyanye na peteroli. Aha niho Putin ahera avuga ko imibanire y’Amerika n’Uburusiya igiye kurushaho kuba myiza, ariko abasesenguzi bakavuga ko bitazoroha kubera ibibazo byugarije isi bibagonganisha.

-5049.jpg

Abashingamategeko bo bakaba baravuze ko hagomba gukorwa itohoza kuri iki kibazo cy’uburusiya mukuba barivanze mu matora y’igihugu cyabo. Umwe mubayobozi ba CIA utarashatse gutangazwa mu mazina ye we asaba Obama kugira icyo yakora mbere yuko ava kuntebe ifatirwaho ibyemezo ngo kuko batagomba gukomeza batangazwa nibyabaye mu matora aho guhaguruka bagashaka icyakorwa.
Umuntu akibaza niba hari icyo bizahindura mu byayavuye muri ariya matora.

Tubitege amaso

Hakizimana Themistocle

2016-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impamvu u Budage bwabaye  indiri ya FDLR

Impamvu u Budage bwabaye indiri ya FDLR

Ubwanditsi 24 Jun 2016
Isi Himbara David asigaye yiberamo yabaye amayobera!

Isi Himbara David asigaye yiberamo yabaye amayobera!

Ubwanditsi 29 Apr 2018
DRC: Habonetse imirambo 2 y’abazungu hafi y’Umugezi wa moyo bikekwa ko ari impuguke za Loni zari zarabuze

DRC: Habonetse imirambo 2 y’abazungu hafi y’Umugezi wa moyo bikekwa ko ari impuguke za Loni zari zarabuze

Ubwanditsi 29 Mar 2017
Interahamwe yabeshye yuko yarokotse Jenoside, Amerika iyikatira imyaka 15

Interahamwe yabeshye yuko yarokotse Jenoside, Amerika iyikatira imyaka 15

Ubwanditsi 03 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’imikino ya nyuma ya shampiyona ya Volleyball yaraye ikinwe, imikino ya Kamarampaka iratangira kuri uyu wa Gatanu
Amakuru

Nyuma y’imikino ya nyuma ya shampiyona ya Volleyball yaraye ikinwe, imikino ya Kamarampaka iratangira kuri uyu wa Gatanu

Ubwanditsi 12 Mar 2025
Abakinnyi 10 ndetse n’umutoza w’ungirije wa Espoir FC ntabwo bagaragara ku munsi wa 20 wa Shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Abakinnyi 10 ndetse n’umutoza w’ungirije wa Espoir FC ntabwo bagaragara ku munsi wa 20 wa Shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 05 Mar 2022
Impamvu u Rwanda rwafashe umwanzuro wo kuva k’umupaka uhuriweho (One Stop Border Post) n’abarundi wa Ruhwa
INKURU NYAMUKURU

Impamvu u Rwanda rwafashe umwanzuro wo kuva k’umupaka uhuriweho (One Stop Border Post) n’abarundi wa Ruhwa

Ubwanditsi 21 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru