• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ikimwaro : Benzinge, Rujugiro na RNC basohoye ‘Proclamation’, bayitirira ko yanditswe n’Umwami Kigeli V Ndahindurwa

Ikimwaro : Benzinge, Rujugiro na RNC basohoye ‘Proclamation’, bayitirira ko yanditswe n’Umwami Kigeli V Ndahindurwa

Ubwanditsi 04 Feb 2017 ITOHOZA

Mugihe umuryango w’Umwami Kigeli witegura gutwara Benzinge n’amashumiye mu Nkiko bakurikiranyweho ubujura bwakorewe munzu kwa Kigeli , akimara gutanga iperereza police ikaba imaze kurisoza igaragaza ko ibyo byibwe birimo imitamenwa itatu n’ivalisi ifunze yarimo ibyangombwa by’ingendo byatanzwe n’Ishami rya Amerika rishinzwe Ububanyi n’Amahanga, ikarita y’ubwiteganyirize n’amakuru y’ubwishingizi bw’ubuzima, n’impano zirimo impeta za zahabu yakuye hirya no hino.

-5596.jpg

-5595.jpg

Boniface Benzinge

Boniface Benzinge, yatanguranwe asohora itangazo abeshya ko ari ibyo Umwani Kigeli V Ndahindurwa yanditse mbere yo gutanga.

Muri iryo tangazo yagarutse ku ngingo y’itabarizwa ry’Umwami, anavuga ko hari kopi y’itangazoteka rigenewe rubanda ‘Proclamation’, ryanditswe n’Umwami Kigeli V Ndahindurwa ubwe kuwa 12 Ukuboza 2006, yemeza ibizakorwa n’abazabikora igihe azaba atanze akiri mu mahanga.

-5597.jpg

Gen. Kayumba Nyamwasa

Iyo nyandiko twamenye ko yandikiwe muri Portugal bitegura kujurira nyuma y’urubanza, n’ impaka zakemuwe n’urukiko rwo muri leta ya Virginia, ariko Benzinge na Emmanuel Bushayija n’ababashyigikiye barimo RNC n’ Umunyemari Rujugiro Ayabatwa Tribert wari umaze igihe arwariye mubitaro muri Portugal, abaganga bakaba baramusanzemo Cancer ituruka kubiyobyabwenge afata birimo urumogi.

-179.png

Rujugiro Ayabatwa Tribert

Aba nibo bacuze umugambi wogutegura iyi nyandiko yagombaga kugaragarizwa urukiko nk’igihamya cy’ibyo Umwami yasize avuze, yaba aho umugogo we ugomba gutabarizwa n’abazabikora. Ariko asanga umurambo wa Kigeli Paster Mpyisi yamaze kuwuriza indege ugeze i Kigali.

Ibi birajya guhura n’ibyo Past. Ezra Mpyisi aherutse gutangaza ko bamwe mu bagize umuryango w’Umwami bagiye gufata Umugogo ku bitaro, bakabwirwa ko icyangombwa cy’itanga rye kigaragaza ko azatabarizwa muri Portugal aho kuba mu Rwanda.

-5594.jpg

Pasiteri Ezra Mpyisi, avuga abagize uruhare ngo Umugogo w’umwami Kigeli uze gutabarizwa mu Rwanda

Itohoza twakoze rigaragaza ko intandaro y’ibyo byose ari amafaranga ya RNC yatanzwe na Rujugiro ndetse n’imfashanyo z’abazungu bo muri Portugal bahaga Kigeli akiriho, maze Benzinge na bagenzi be amaze gutanga bashaka kuyuririraho ngo bajye kumutabariza muri icyo gihugu bazabone uko bamucuruza muri ba mukerarugendo.

-5598.jpg

Byaje kurangira Umugogo w’Umwami Kigeli uje gutabarizwa mu Rwanda

Cyiza Davidson

2017-02-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubushishozi bw’abanyapolitiki ba Kongo bugerwa ku mashyi

Ubushishozi bw’abanyapolitiki ba Kongo bugerwa ku mashyi

Ubwanditsi 26 Dec 2022
Icyo abanyarwanda baba muri Amerika bavuga kuri Serge Ndayizeye Umunyamakuru wa Radio Itahuka ya RNC

Icyo abanyarwanda baba muri Amerika bavuga kuri Serge Ndayizeye Umunyamakuru wa Radio Itahuka ya RNC

Ubwanditsi 23 Nov 2016
Rose Mukankomeje ashobora kongera gutabwa muri yombi

Rose Mukankomeje ashobora kongera gutabwa muri yombi

Ubwanditsi 14 Sep 2016
Umudiho uva mu itako

Umudiho uva mu itako

Ubwanditsi 10 Dec 2016

Igitekerezo kimwe

  1. Dieudonne Hakizayezu
    May 7, 201912:07 am -

    Nuko nuko Cyiza we, twarabibonye ko mwamuhaye icyubahiro cy’umuntu wigeze kuba umukuru w’igihugu koko. Muri Portugal se bari kurenza biriya?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dusingizimana  yabuze ubufasha  bw’amadolari 1 270$ ngo yitabire umurage Mpuzamahanga wa ba Miss muri Singapul
HIRYA NO HINO

Dusingizimana  yabuze ubufasha  bw’amadolari 1 270$ ngo yitabire umurage Mpuzamahanga wa ba Miss muri Singapul

Ubwanditsi 14 Feb 2019
Burundi: Abaturage babujijwe kumva radiyo zo mu Rwanda
ITOHOZA

Burundi: Abaturage babujijwe kumva radiyo zo mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Nov 2018
Ingabire Victoire abeshya ko yavuye muri FDU-Inkingi kandi ayiyoboye; uyu munsi aragirana ikiganiro n’abagore bo muri iryo shyaka
Amakuru

Ingabire Victoire abeshya ko yavuye muri FDU-Inkingi kandi ayiyoboye; uyu munsi aragirana ikiganiro n’abagore bo muri iryo shyaka

Ubwanditsi 08 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru