• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Ubwanditsi 24 Feb 2022 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA, Mu Mahanga

Uwitwa Didas Gasana yamaze guhaga uruyama, maze asimbukira kuri twitter, ati nziyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba mu mwaka wa 2024. Yanivugiye ko uyu mugambi awushyigikiwemo na Ingabire Victoire Umuhoza, uzwiho gukorana n’imitwe y’iterabwoba.

Didas Gasana ntiyasobanuye ishyaka aziyamamaza anyuzemo haba muri DALFA-Umurinzi cyangwa muri FDU-Inkingi, dore ko yombi ari aya Ingabire Victoire, nubwo ataremerwa mu mategeko.

Benshi mu basomye ibyo Didas Gasana yanditse, barahamya ko ashobora kuba yari akutse amarwa, dore ko ayafiningiza rugaca Imana. Bahise bamubwira icyo bamutekerezaho, bakaba barahurizaga ko byonyine gutekereza kuyobora abanyarwanda ari agasuzuguro, kuko barenze urwego rwo kuyoborwa n’abasinzi n’inzererezi zibonetse zose.

Bagize bati:”Ntawabuza Gasana kurota, kuko n’umushonji arota arya, ariko nabanze yikebuke, arebe niba afite indangagacino nibura imwe yamwemerera kuyobora nibura umudugudu, mbere yo kurota kuba Perezida wa Repubulika.”

Didas Gasana yabaye “umunyamakuru” w’ikinyamakuru UMUSESO, aza kuva mu Rwanda ahunga ibyaha birimo gusebanya no kwambura amaresitora n’utubari, dore ko abo yari afitiye amadeni y’umurengera bahoraga ku Muhima, aho Umuseso wakoreraga, bamwishyuza.

Abakoranye nawe, barimo Charles Kabonero wamuyoboraga, batubera abagabo kuko bahoraga baterateranya amafaranga ngo bamwishyurire, ariko ntibirangire kuko abishyuzaga babaga ari benshi.

Ubuhamya twahawe n’abazi neza Didas Gasana buvuga ko yaranzwe kandi no kwakira udufaranga tw’inticantikize (abanyamakuru babyita “giti”) kugirango asebye runaka, atangaze ibihuha, byose ari umuco we ugayitse wa”mpemuke ndamuke”.

Yaje guhunga anyuze muri Uganda ubwo hari hegereje ngo akurikiranwe mu butabera, magingo aya akaba azerera mu bihugu byo mu Majyaruguru y’Uburayi. Kimwe n’ibindi bigarasha n’interahamwe, atunzwe no gusebya u Rwanda n’abayobozi barwo, yiyita impirimbanyi ya demokarasi, ngo arebe ko yakomeza kubona amaramuko.

Didas Gasana akunze kumvikana ku maradiyo nka BBC n’indi mizindaro yahagurukiye guharabika u Rwanda, akumvikana ahuzagurika nk’uwaraye inkera cyangwa ufite ihungabana rikomeye.

Kuba Didas Gasana yivugira ko ashyigikiwe na Ingabire Victoire wahaniwe guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, birasobanura neza ko bahuje imyumvire.

Bombi ni abafatanyabikorwa b’umutwe w’iterabwoba, FDLR yahekuye u Rwanda, dore ko Ingabire Victoire we ari no mu bashinze iyo FDLR. Birumvikana rero ubwo Didas Gasana nawe ni umuyoboke wa FDLR mu buryo buziguye cyangwa butaziguye,
Si ubwa mbere imburamumaro zisuzugura Abanyarwanda ngo zirashaka kuba Perezida.

Uwitwa Paul Rusesabagina yarabirose, maze Faustin Twagiramungu, nyamara nawe uvuga ko arwanya Leta y’u Rwanda, avugira mu ruhame ko u Rwanda rudashobora kuyoborwa n’umuboyi (umukozi wo mu rugo). Ni nako byagendekeye Ingabire Victoire ubwo yashakaga kuba Perezida w’u Rwanda, maze nawe Twagiramungu amubwira ko u Rwanda rutayoborwa n’indaya.

N’ubu rero iyo Faustin Twagiramugu ataza kuba yaraheze mu buriri kubera uburwayi, nta kabuza yari kubwira Didas Gasana ko u Rwanda rutaragera aho ruyoborwa n’umusinzi.

2022-02-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri  Mushikiwabo yahishuye byinshi  kuri AU Summit igiye kubera mu Rwanda

Minisitiri Mushikiwabo yahishuye byinshi kuri AU Summit igiye kubera mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Jun 2016
Ally Bizimungu wahawe gutoza Etincelles yatsinzwe umukino we wa mbere na As Kigali , Police yatsindiye Musanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa gatatu yagenze.

Ally Bizimungu wahawe gutoza Etincelles yatsinzwe umukino we wa mbere na As Kigali , Police yatsindiye Musanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa gatatu yagenze.

Ubwanditsi 08 May 2021
UBUSESENGUZI: Mpaga ya Libya yemejwe na CAF isobanuye iki k’u Rwanda mu kujya muri CAN 2025?

UBUSESENGUZI: Mpaga ya Libya yemejwe na CAF isobanuye iki k’u Rwanda mu kujya muri CAN 2025?

Ubwanditsi 29 Oct 2024
Amafoto – Mahoro Yvan na Murangwa Nelson bakiniraga ikipe ya UVC Volleyball Club berekeje muri REG VC

Amafoto – Mahoro Yvan na Murangwa Nelson bakiniraga ikipe ya UVC Volleyball Club berekeje muri REG VC

Ubwanditsi 09 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Irobo yitwa Sophie yahuye na Minisitiri w’intebe wa Ethiopia
Mu Mahanga

Irobo yitwa Sophie yahuye na Minisitiri w’intebe wa Ethiopia

Ubwanditsi 03 Jul 2018
Suwede: Umunyarwanda agiye kwitaba urukiko kubera ibyaha bya Jenoside
ITOHOZA

Suwede: Umunyarwanda agiye kwitaba urukiko kubera ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 06 Sep 2017
Imyanzuro  yafatiwe mu mwiherero wa 16 w’abayobozi i Gabiro
INKURU NYAMUKURU

Imyanzuro yafatiwe mu mwiherero wa 16 w’abayobozi i Gabiro

Ubwanditsi 13 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru