• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Ubwanditsi 24 Feb 2022 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA, Mu Mahanga

Uwitwa Didas Gasana yamaze guhaga uruyama, maze asimbukira kuri twitter, ati nziyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba mu mwaka wa 2024. Yanivugiye ko uyu mugambi awushyigikiwemo na Ingabire Victoire Umuhoza, uzwiho gukorana n’imitwe y’iterabwoba.

Didas Gasana ntiyasobanuye ishyaka aziyamamaza anyuzemo haba muri DALFA-Umurinzi cyangwa muri FDU-Inkingi, dore ko yombi ari aya Ingabire Victoire, nubwo ataremerwa mu mategeko.

Benshi mu basomye ibyo Didas Gasana yanditse, barahamya ko ashobora kuba yari akutse amarwa, dore ko ayafiningiza rugaca Imana. Bahise bamubwira icyo bamutekerezaho, bakaba barahurizaga ko byonyine gutekereza kuyobora abanyarwanda ari agasuzuguro, kuko barenze urwego rwo kuyoborwa n’abasinzi n’inzererezi zibonetse zose.

Bagize bati:”Ntawabuza Gasana kurota, kuko n’umushonji arota arya, ariko nabanze yikebuke, arebe niba afite indangagacino nibura imwe yamwemerera kuyobora nibura umudugudu, mbere yo kurota kuba Perezida wa Repubulika.”

Didas Gasana yabaye “umunyamakuru” w’ikinyamakuru UMUSESO, aza kuva mu Rwanda ahunga ibyaha birimo gusebanya no kwambura amaresitora n’utubari, dore ko abo yari afitiye amadeni y’umurengera bahoraga ku Muhima, aho Umuseso wakoreraga, bamwishyuza.

Abakoranye nawe, barimo Charles Kabonero wamuyoboraga, batubera abagabo kuko bahoraga baterateranya amafaranga ngo bamwishyurire, ariko ntibirangire kuko abishyuzaga babaga ari benshi.

Ubuhamya twahawe n’abazi neza Didas Gasana buvuga ko yaranzwe kandi no kwakira udufaranga tw’inticantikize (abanyamakuru babyita “giti”) kugirango asebye runaka, atangaze ibihuha, byose ari umuco we ugayitse wa”mpemuke ndamuke”.

Yaje guhunga anyuze muri Uganda ubwo hari hegereje ngo akurikiranwe mu butabera, magingo aya akaba azerera mu bihugu byo mu Majyaruguru y’Uburayi. Kimwe n’ibindi bigarasha n’interahamwe, atunzwe no gusebya u Rwanda n’abayobozi barwo, yiyita impirimbanyi ya demokarasi, ngo arebe ko yakomeza kubona amaramuko.

Didas Gasana akunze kumvikana ku maradiyo nka BBC n’indi mizindaro yahagurukiye guharabika u Rwanda, akumvikana ahuzagurika nk’uwaraye inkera cyangwa ufite ihungabana rikomeye.

Kuba Didas Gasana yivugira ko ashyigikiwe na Ingabire Victoire wahaniwe guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, birasobanura neza ko bahuje imyumvire.

Bombi ni abafatanyabikorwa b’umutwe w’iterabwoba, FDLR yahekuye u Rwanda, dore ko Ingabire Victoire we ari no mu bashinze iyo FDLR. Birumvikana rero ubwo Didas Gasana nawe ni umuyoboke wa FDLR mu buryo buziguye cyangwa butaziguye,
Si ubwa mbere imburamumaro zisuzugura Abanyarwanda ngo zirashaka kuba Perezida.

Uwitwa Paul Rusesabagina yarabirose, maze Faustin Twagiramungu, nyamara nawe uvuga ko arwanya Leta y’u Rwanda, avugira mu ruhame ko u Rwanda rudashobora kuyoborwa n’umuboyi (umukozi wo mu rugo). Ni nako byagendekeye Ingabire Victoire ubwo yashakaga kuba Perezida w’u Rwanda, maze nawe Twagiramungu amubwira ko u Rwanda rutayoborwa n’indaya.

N’ubu rero iyo Faustin Twagiramugu ataza kuba yaraheze mu buriri kubera uburwayi, nta kabuza yari kubwira Didas Gasana ko u Rwanda rutaragera aho ruyoborwa n’umusinzi.

2022-02-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu mikino ine ya shampiyona yakinwe yabonetsemo ibitego 17, Manizabayo Eric uzwi nka Karadio yegukanye Gisaka Race

Mu mikino ine ya shampiyona yakinwe yabonetsemo ibitego 17, Manizabayo Eric uzwi nka Karadio yegukanye Gisaka Race

Ubwanditsi 02 Oct 2022
Mbarara: Abanyarwandakazi umunani biswe intasi zitwikiriye uburaya bafunzwe

Mbarara: Abanyarwandakazi umunani biswe intasi zitwikiriye uburaya bafunzwe

Ubwanditsi 13 Dec 2018
Ibirenge biva muri “Edeni” bijya muri Kongo, ko tutabibona bigaruka aho ni ubuhoro? 

Ibirenge biva muri “Edeni” bijya muri Kongo, ko tutabibona bigaruka aho ni ubuhoro? 

Ubwanditsi 22 Jan 2025
UBUHAMYA : Utari umusambanyi muri RNC ntahabwa ijambo

UBUHAMYA : Utari umusambanyi muri RNC ntahabwa ijambo

Ubwanditsi 02 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sudani: Perezida Bashir yirukanye abagize Guverinoma bose
POLITIKI

Sudani: Perezida Bashir yirukanye abagize Guverinoma bose

Ubwanditsi 10 Sep 2018
Ramos yatangaje umukinnyi yifuza ko Real Madrid yasinyisha yikoma Ronaldo
IMIKINO

Ramos yatangaje umukinnyi yifuza ko Real Madrid yasinyisha yikoma Ronaldo

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Arabia Saoudite Yahambirije Ambasaderi Wa Canada Inahamagaza Uwayo
Mu Mahanga

Arabia Saoudite Yahambirije Ambasaderi Wa Canada Inahamagaza Uwayo

Ubwanditsi 06 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru