• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umubano wa Kigali na Kampala, abakabaye bavugisha ukuri muri Uganda bahindutse abateje ikibazo

Umubano wa Kigali na Kampala, abakabaye bavugisha ukuri muri Uganda bahindutse abateje ikibazo

Ubwanditsi 26 Nov 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu gihe cyose ikibazo cy’umubano mubi uri hagati ya Uganda n’u Rwanda kimaze, ibinyamakuru byo muri Uganda byakomeje gutenguha abaturage ba Uganda cyane cyane mu kubafasha kumva neza inkomoko nyayo y’ikibazo.

Bumwe muri ubwo buryo itangazamakuru rya Uganda ryatengushye abaturage, ni ukutagaragaza ko ikibazo cy’umupaka kireba Uganda ubwayo. Ibyo turabigarukaho mu kanya.

Mbere na mbere: Urugero rw’uburyo ibinyamakuru byo muri Uganda byataye inshingano zabyo mu gutara no gusesengura impamvu zatumye ibibazo bivuka, ni ikiganiro cyaciye kuri Televiziyo NBS cyitwa ‘Media Round Table’ kuwa Kane w’icyumweru gishize, tariki 14 Ugushyingo.

Abanyamakuru Dalton Kaweesa, Mujuni Raymond, Dismas Nkunda, Halima Athumani, Kagwa Njala n’umugore witwa Phyllis Wanjiru bari bishimiye koroshya ubukana bw’ikibazo, bavuga ko gituruka ku ‘kwiyemera’ no kuba u Rwanda rwarafunze umupaka.

Iyo mpamvu ya nyuma niyo yabaye intero haba ku buyobozi bwa Uganda, abanyamakuru, abacuruzi n’abandi.

Mu kiganiro buri wese yarivugishaga ngo “Oh, iyaba abakuru b’ibihugu byombi bashyiraga kwiyemera kwabo ku ruhande bakaganira, ikibazo cyakabaye cyarakemutse”, babisubiragamo nk’aho ari yo nsanganyamatsiko y’umunsi.

Uko ikiganiro cyajyaga mbere, buri wese yasaga n’aho yumvikanisha ko Perezida w’u Rwanda mu mubano w’ibihugu byombi ari we uciriritse. Uku ni ukundi guta umutwe kuri izi mpuguke mu itangazamakuru rya Uganda. Noneho Nkunda we yaje abihuhura, ati “Aba bagabo barwanye bari kumwe mu ishyamba barwana, kandi Museveni ni we wari umuyobozi wa Kagame!”

Icyo bishatse kuvuga biroroshye kucyumva: Ni ukuvuga ngo umuyobozi w’u Rwanda niwe usabwa kugira icyo akora. Akarushaho kwinginga! Ibitekerezo nk’ibi si iby’umuntu uri aho, ni inararibonye muri Uganda.

Biragaragara ko abagande benshi bagifite ya myumvire y’uko u Rwanda ari igice cya Uganda ni nako byumvikana mu itangazamakuru. Nyamara u Rwanda ni igihugu kigenga. Si umufatanyabikorwa w’imvugwarimwe cyangwa se ‘umuvandimwe uciriritse” ku kindi gihugu icyo ari cyo cyose. U Rwanda rurenze kure igice cy’abaturage babaye impunzi muri Uganda.

Kubaha u Rwanda bivuze kurufata nk’igihugu gifite inyungu giharanira, gifite uburyo gikurikiranamo izo nyungu kandi gikorera ku mahame yacyo.

Kuba ubuyobozi bwa Museveni bukomeza kwanga kwemera guha umuturanyi wabo ako gaciro byagize uruhare mu kuzamba k’umubano. Ni amahitamo ye aciriritse yo guhihibikanira guteza umutekano muke mu Rwanda yaba mu buryo buziguye cyangwa butaziguye, byanatumye ikibazo ku ruhande rwa Uganda kirushaho gukomera, ni ukuvuga kugabanyuka k’ubucuruzi bw’u Rwanda na Uganda.

Aho Uganda yajyaga yohereza mu Rwanda ibicuruzwa bya miliyoni 180 z’amadolari, birashoboka ko mu minsi mike izaba yohereza ibicuruzwa by’amadolari zeru ukurikije uko ibintu biri kugenda. Aho mbere Uganda yungukiraga cyane mu bucuruzi n’umuturanyi wo mu Majyepfo (u Rwanda rwoherezayo ibicuruzwa bya miliyoni 26 z’amadolari gusa), gukomeza gushaka kubangamira u Rwanda kwa Museveni byangije umubano igihugu cye cyungukiragamo cyane.

Uganda niyo yahombeye cyane muri ibi bibazo. Ubukungu bwayo uhereye ku nganda nini nka Mukwano ukageza ku muhinzi uciriritse mu bice bihana imbibi n’u Rwanda bari guhomba bikabije. Nibyo umuyobozi Nshingwabikorwa w’Urugaga rw’abikorera muri Uganda, Gideon Badagawa amaze igihe atangaza mu binyamakuru byo muri Uganda.

Nibyo byatumye u Rwanda rufata umwanzuro wo kugira inama abaturage barwo kudatambuka bajya muri Uganda, guhera muri Werurwe uyu mwaka.

Inzego z’umutekano muri Uganda zimaze igihe zitoteza mu buryo bw’umubiri n’intekerezo abanyarwanda zitwaje impamvu eshatu ukurikije uko abarokotse ubwo bugizi bwa nabi bagiye babivuga.

Babatoteza ngo babakuremo amakuru baba bazi ku bayobozi b’u Rwanda cyangwa ngo babahatire kwinjira mu mitwe y’inyeshyamba cyane cyane RNC ya Kayumba Nyamwasa. Babikora kandi bagamije gushotora u Rwanda ngo narwo ruhohotere inzirakarengane z’abagande kugira ngo babone impamvu, umubano ukomeze kuba mubi.

Kuburira abanyarwanda kudakomeza kujya muri Uganda ngo inzego z’umutekano zaho zidakomeza kubona abo zihohotera byahagaritse ubwinshi bw’abahohoterwaga. Ubu amakuru ni uko inzego z’ubutasi za Kampala n’iz’umutekano zigifata mu buryo bunyuranyije n’amategeko abanyarwanda ariko bikaba ku basanzwe baba muri Uganda.

U Rwanda rwafashe uwo mwanzuro nyuma y’imyaka isaga ibiri rugerageza gusaba Uganda guhagarika iryo totezwa ry’abanyarwanda.

Muri cya kiganiro cyo kuri NBS, umunyamakuru yavuze gato cyane ku kwinuba u Rwanda rwagiye rugaragaza ku buryo abaturage barwo bafatwamo. Umunyamakuru yahise avuga ko icyo atari ikibazo gikomeye ku buryo cyatuma ufunga umupaka.

Iki ni icyorezo gikomeye mu mitekerereze aho abantu bagaragara nk’injijuke bajya kuri Televiziyo bakemeza ko kuba inzego z’igihugu cyabo zishimuta abantu zikabatoteza nta kibazo gikomeye kirimo.

Ubwo Mujuni yavugaga ku magana y’abanyarwanda bamaze igihe baborera mu buroko bw’inzego z’umutekano za Uganda, yagize ati “Niko inzego z’umutekano za Uganda ziteye. Ntabwo ari abanyarwanda babikorera gusa. N’abagande barafatwa bakajyanwa bakaba bamara n’amezi umunani mbere y’uko uwo muntu wafashwe yerekanwa.”

Ni igitangaza kumva igisubizo nk’icyo kirimo ubwishongozi kinyura kuri Televiziyo kivuye mu kanwa k’umunyamakuru. Ni ukuvuga ko u Rwanda rukwiriye guceceka itotezwa n’iyicarubozo riri gukorerwa abaturage barwo kuko “CMI cyangwa ISO basanzwe babikora.”

Ubusanzwe abanyamakuru bafatwa nk’abavugisha ukuri muri sosiyete. Muri Uganda iyobowe na Perezida Museveni bigaragara ko ako kazi kari mu marembera.

Mu gushimangira iyo mpamvu, abatumirwa muri icyo kiganiro cya NBS, nta n’umwe wigeze akomoza ku buryo Museveni na Guverinoma ye bakorana n’imitwe igamije guhungabanya u Rwanda, yagiye inagaba ibitero by’iterabwoba ku Rwanda.

Ubusanzwe ibyo ni ubushotoranyi ku gihugu. Ntabwo washotora umuntu ngo wicare utekereze ko we azakomeza kwiyicarira ntagire icyo akora ngo yirengere.

Nyamara Mujuni mu busesenguzi bwe, yavuze ko “ U Rwanda ari igihugu cya byacitse! Iyo bitaba byacitse rwakabaye rubona ko ari rwo ruri guhomba cyane”.

Ibi ni ukuyobya abantu ku mpamvu zitandukanye. Ni iyihe byacitse iri mu kugira inama abantu kutajya ahantu bashobora kugirirwa nabi? Ibyo Uganda ivuga ko ari byacitse, umunyarwanda yabyita ‘kwitararika cyangwa kugira amakenga’.

Kuvuga ko u Rwanda ari rwo rubihomberamo cyane sibyo kuko Uganda niyo yagiye ikomeza kwitatsa ngo bafunze umupaka ubwo Kigali yahagarikaga amakamyo y’ubucuruzi aremereye ava muri Uganda n’igihe abaturage baburirwaga kutajya muri Uganda.

Iyaba nibura abanyamakuru batembereraga mu biturage byo mu Majyepfo ya Uganda, bakibonera uburyo amahitamo y’ubuyobozi bwabo yagize ingaruka mbi ku baturage ,bakareba amaduka arimo ubusa cyangwa inganda zisigaye zikora ku kigero cya 40 % by’ubushobozi bwazo, nibura bagahaye abagande amakuru nyayo.

Icyakora ukurikije uko ibintu bimeze, nta wahamya ko ibyo bizashoboka.

2019-11-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Menya Amazina y’Abanyapolitike icyenda barwanyije Jenoside yongewe mu rwibutso rwa Rebero

Menya Amazina y’Abanyapolitike icyenda barwanyije Jenoside yongewe mu rwibutso rwa Rebero

Ubwanditsi 14 Apr 2024
Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Hakomeje gukorwa ubukangurambaga bufasha ababaswe n’ibiyobyabwenge n’Uburara kubivamo burundu

Hakomeje gukorwa ubukangurambaga bufasha ababaswe n’ibiyobyabwenge n’Uburara kubivamo burundu

Ubwanditsi 18 Dec 2021
Bwana André Kazigaba, jya uvuga uziga, kuko ubwibone no  gushyanuka bizagushyira  mu kaga karenze ako wishoyemo

Bwana André Kazigaba, jya uvuga uziga, kuko ubwibone no  gushyanuka bizagushyira  mu kaga karenze ako wishoyemo

Ubwanditsi 26 Jan 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FARDC iratangaza ko ari yonyine mu rugamba rugamije kurandura burundu ADF
HIRYA NO HINO

FARDC iratangaza ko ari yonyine mu rugamba rugamije kurandura burundu ADF

Ubwanditsi 14 Jan 2018
Perezida Kagame  mubihe byiza ku mazi y ‘i Kivu atwaye ‘Jet Ski’
Mu Rwanda

Perezida Kagame mubihe byiza ku mazi y ‘i Kivu atwaye ‘Jet Ski’

Ubwanditsi 08 Sep 2017
Impamvu bamwe mu bakekwaho kwica Perezida Ndadaye bafashwe nyuma y’imyaka 25
INKURU NYAMUKURU

Impamvu bamwe mu bakekwaho kwica Perezida Ndadaye bafashwe nyuma y’imyaka 25

Ubwanditsi 27 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru