• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Nyamagabe: Gitifu w’Akarere yasabwe ibisobanuro na Njyanama, ahitamo gusezera

Nyamagabe: Gitifu w’Akarere yasabwe ibisobanuro na Njyanama, ahitamo gusezera

Ubwanditsi 14 Nov 2016 Mu Mahanga

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe bwemeza ko uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa wako, Jean Pierre Nshimiyimana, yasezeye ku mirimo ye, bitewe n’impamvu zirimo kutabasha kwisobanura ku makosa yagaragaye mu mitangire y’amasoko ya Leta.

Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamagabe, Fiacre Ndahindurwa, yemeje ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere yasezeye ku wa Gatanu tariki 11 Ugushyingo 2016, kubera impamvu zifitanye isano n’amakosa yagaragaye mu micungire y’imari n’itangwa ry’amasoko.

Ndahindurwa avuga ko Nshimiyimana yananiwe gutanga ibisobanuro imbere y’Inama Njyanama y’Akarere, ahubwo akavuga ko asezeye ku mirimo ye.

Ni nyuma y’uko ku wa 11 Ukwakira 2016, ubwo Akarere ka Nyamagabe kitabaga Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo bya Leta,PAC, byagaragaye ko hari amwe mu makosa yakozwe, maze uyu munyamabanga akananirwa kuyatangaho ibisobanuro.

Icyo gihe Abadepite bagize PAC bashinje Akarere ka Nyamagabe gusuzugura ubugenzuzi bukuru bw’imari ya Leta, ndetse basaba n’ubushinjacyaha gukurikirana hakamenyekana niba nta cyihishe inyuma yo kudatanga amakuru mu igenzura ku bayobozi bashinzwe iby’imari muri ako karere.

PAC imaze kumva ibisobanuro by’Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe ku makosa yagaragaye mu micungire y’imari, yavuze ko bidasobanutse isaba ko Inama Njyanama yazicara igacukumbura iby’aya makosa.

Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamagabe, Fiacre Ndahindurwa, yabwiye RBA ko Nshimiyimana yasezeye ku mirimo ye nyuma y’uko abitabiriye Inama Njyanama idasanzwe bamusabye ibisobanuro we n’akanama gashinzwe amasoko mu karere, avuga ko asezeye ku mirimo ye.

Ndahindurwa yagize ati “Gusaba kwegura ku mirimo twabyakiriye nk’uko bisanzwe, umuntu ufite inshingano, iyo habaye amakosa ukabona kuba wava ku kazi ari bwo byatanga umucyo, twabyakiriye turanabyemera. Ngira ngo Njyanama y’Akarere ifite ububasha bwo kuba yamuhagarika, buretse ko we yabyisabiye; abandi bakozi nabo barebwa n’ibibazo byagaragajwe, bazafatirwa ibyemezo hakurikijwe amategeko. Ariko twifuje ko kubera ikosa ryagaragaye mu itangwa ry’amasoko, akanama gashinzwe amasoko kaseswa.”

Amwe mu makosa yagaragajwe na PAC harimo ko Akarere ka Nyamagabe katanze mu buryo bunyuranyije n’amategeko isoko ryo gutunganya ubusitani bw’akarere, aho bakunze kwita ‘Nyamagabe Smart Area’.

Uretse kuba iri soko ryaratanzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko; abagize PAC banagaragaje ko imirimo yo gutunganya ubwo busitani yatwaye amafaranga menshi cyane ugereranije n’ayagombye kuritangwaho.

-4654.jpg

Jean Pierre Nshimiyimana

Mu myanzuro yafatiwe muri iyo nama Njyanama idasanzwe y’aka karere, harimo gusaba ubuyobozi bw’akarere kujya bukurikiranira hafi ibijyanye n’imitangire y’amasoko, kugira ngo birinde ko hakongera gukorwa amakosa nk’ayo.

Source:Igihe.com

2016-11-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyeshuri b’Abanyarwanda b’Idini ya Isilamu biga muri Kaminuza biyemeje kuba abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu kurwanya ibyaha

Abanyeshuri b’Abanyarwanda b’Idini ya Isilamu biga muri Kaminuza biyemeje kuba abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 29 Jul 2016
Kicukiro: Afunze azira kugerageza guha ruswa umupolisi

Kicukiro: Afunze azira kugerageza guha ruswa umupolisi

Ubwanditsi 05 Sep 2016
Perezida Kagame yibukije abayobozi ko Imana yabaremanye ubushobozi

Perezida Kagame yibukije abayobozi ko Imana yabaremanye ubushobozi

Ubwanditsi 16 Jan 2017
Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryagaruje amafaranga asaga miliyoni 400 y’imisoro mu mezi ane ashize

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryagaruje amafaranga asaga miliyoni 400 y’imisoro mu mezi ane ashize

Ubwanditsi 22 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Canada: Perezida Kagame yitabiriye Inama y’ibihugu bikize ku isi
INKURU NYAMUKURU

Canada: Perezida Kagame yitabiriye Inama y’ibihugu bikize ku isi

Ubwanditsi 08 Jun 2018
Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 10 Mar 2020
Kinshasa : Perezida Kabila yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya utavuga rumwe n’ubutegetsi
POLITIKI

Kinshasa : Perezida Kabila yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya utavuga rumwe n’ubutegetsi

Ubwanditsi 08 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru