• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
Inkuru zigezweho
  • CIMERWA yungutse miliyari 16.7 Frw mu mezi 12 ashize   |   05 Dec 2019

  • Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba   |   05 Dec 2019

  • Amafoto y’Umunsi: Abakinnyi ba PSG baserukanye akanyamuneza mu mwambaro wamamaza Visit Rwanda   |   05 Dec 2019

  • RD-Congo : Col.Muhawenimana Theogene wa FLN, yaguye mu mirwano, yicanwe n’abarwanyi basaga 80, Gen.Wilson Irategeka ararusimbuka   |   04 Dec 2019

  • Nyuma ya Arsenal, u Rwanda rwatangiye gukorana na Paris Saint Germain muri gahunda ya Visit Rwanda   |   04 Dec 2019

  • Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare   |   04 Dec 2019

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi mu karere ka Rulindo yagaruje byinshi byibwe mu ikamyo itwara ibinyobwa

Polisi mu karere ka Rulindo yagaruje byinshi byibwe mu ikamyo itwara ibinyobwa

Editorial 13 Jan 2016 Mu Mahanga

Mu rukerera rwo kuri uyu wa kabiri taliki ya 12 Mutarama 2016, Polisi ikorera mu karere ka Rulindo, yafashe abagabo babiri bitwa Ndayisaba Eric w’imyaka 23 y’amavuko na Rutaganda Pierre w’imyaka 26 y’amavuko bakekwaho kugira uruhare mu bujura bwakorewe imodoka y’ikamyo yari itwaye inzoga.

Byabereye mu kagari ka Gako, umurenge wa Rusiga, mu karere ka Rulindo, ahagana saa sita y’ijoro. Ikamyo Mercedes Benz 837RL ya Bralirwa, ubwo yari ivanye inzoga i Rubavu izijyanye i Kigali, abantu barayiteze baca ihema ryayo maze bimwe mu byo yari ipakiye birimo amakaziye arimo inzoga atangira guhanuka ari nako bayatwara bajyana mu ngo zabo. Icyo gihe umushoferi yahamagaye Polisi ikorera muri ako gace kugira ngo imutabare.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rulindo, Superintendent (SP) Sano Nkeramugaba yagize ati:” Twahise tuhagera maze nyuma y’igihe gito, dusanga mu byatwawe harimo, amakaziye 133 yari ari ku murongo wose bahanuye. Twagaruje amakaziye 60 arimo ubusa, n’amakaziye 27 yari akirimo inzoga.mu iperereza turimo gukora,twasanze habura andi makaziye 46, tukaba turimo kuyashakisha ndetse tunashaka n’abandi bashobora kuba baragize uruhare muri ubu bujura.

SP Sano arashimira bamwe mu baturage bo muri kariya gace byabereyemo kubera uruhare bagize bafatanya na Polisi ngo bimwe mu byibwe biboneke kuko byari byatwawe nko kuri metero 800 uvuye aho ubujura bwabereye.

Yagize ati:”Ni ngombwa ko abaturage bagira uruhare mu bikorwa byo kugarura umutekano aho wahungabanye, ndashimira uruhare bagize mu kwitandukanya n’abari bibye ziriya nzoga kuko mu byagarujwe, ibyinshi nibo babyerekanye n’ubwo hari mu gicuku.”

SP Sano kandi avuga ko kuba barihutiye kumenyesha Polisi iki gikorwa kikiba, n’ubwo bwari bwije ari ibyo kwishimira, maze agira inama n’undi wese wahura n’ikibazo cyangwa wamenya uwahuye n’ikibazo cy’umutekano muke, ko akwiye kujya yihutira kubimenyesha Polisi imwegereye kuko nayo biyifasha kugera ku ntego zo kurinda abantu n’ibyabo.

SP Sano arangiza yibutsa abatwara imodoka ku muhanda munini wa Rulindo ko, iyo umwe muri bagenzi babo agize ikibazo, badakwiye kumunyuraho ngo bikomereze batarebye ikibazo afite. Ibi akaba abivugira ko igihe batabaraga iriya kamyo, imodoka nyinshi nazo zipakiye zagiye zihanyura zikikomereza nk’aho ntacyabaye.\

Yakomeje avuga ko uyu atari umuco mwiza, yibutsa kandi abakora amarondo muri kariya gace n’ahandi muri rusange ko, amarondo yabo yajya agera no ku muhanda bakareba niba ibinyabiziga biwukoresha nta bibazo byahuye nabyo bikeneyemo ubufasha bw’irondo.

RNP

2016-01-13
Editorial

IZINDI NKURU

Imodoka yibwe muri Uganda yasubijwe nyirayo

Imodoka yibwe muri Uganda yasubijwe nyirayo

Editorial 04 Feb 2016
[AMAFOTO]: Polisi y’u Rwanda yatashye imirongo ibiri mishya izajya isuzuma ubuziranenge bw’imodoka

[AMAFOTO]: Polisi y’u Rwanda yatashye imirongo ibiri mishya izajya isuzuma ubuziranenge bw’imodoka

Editorial 06 Oct 2016
Kigali : Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi  yatashye ‘ DOVE HOTEL ‘ Inyubako y’akataraboneka y’ Itorero rya ADEPR ( AMAFOTO – VIDEO )

Kigali : Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi yatashye ‘ DOVE HOTEL ‘ Inyubako y’akataraboneka y’ Itorero rya ADEPR ( AMAFOTO – VIDEO )

Editorial 14 Feb 2017
Abahoze muri RNC bararyoza Kayumba amaraso y’abanyarwanda akomeje kumenekera Minembwe-RD Congo

Abahoze muri RNC bararyoza Kayumba amaraso y’abanyarwanda akomeje kumenekera Minembwe-RD Congo

Editorial 06 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Bashiki ba Rutabana bajyanye RNC na CMI mu rukiko ngo basobanure ibura rye

Bashiki ba Rutabana bajyanye RNC na CMI mu rukiko ngo basobanure ibura rye

03 Dec 2019
Kayumba Nyamwasa ntashaka kumva izina Rutabana, mushiki we Emerence Kayijuka yavuze ibyo amuhora, naho Frank Ntwali aritwaza Rushyashya

Kayumba Nyamwasa ntashaka kumva izina Rutabana, mushiki we Emerence Kayijuka yavuze ibyo amuhora, naho Frank Ntwali aritwaza Rushyashya

02 Dec 2019
Umuriro ukomeje kwaka muri RNC : Bamwe mu bayobozi bayo muri Canada banze gushyira mu bikorwa icyemezo kibahagarika

Umuriro ukomeje kwaka muri RNC : Bamwe mu bayobozi bayo muri Canada banze gushyira mu bikorwa icyemezo kibahagarika

02 Dec 2019
FLN  ya Sankara, yatakaje ibirindiro byinshi yari ifite muri Congo, Jenerali Gaseni wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare yishwe

FLN  ya Sankara, yatakaje ibirindiro byinshi yari ifite muri Congo, Jenerali Gaseni wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare yishwe

01 Dec 2019
VICTOIRE INGABIRE : Impamvu yise ishyaka rye « UMURINZI » n’icyo yari agamije ahitamo iryo zina

VICTOIRE INGABIRE : Impamvu yise ishyaka rye « UMURINZI » n’icyo yari agamije ahitamo iryo zina

30 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

04 Dec 2019
Igisirikare cya Congo cyagabye ibitero bikomeye kuri FDLR na CNRD

Igisirikare cya Congo cyagabye ibitero bikomeye kuri FDLR na CNRD

04 Dec 2019
Intandaro y’ukurasana hagati y’inyeshyamba za RUD-URUNANA

Intandaro y’ukurasana hagati y’inyeshyamba za RUD-URUNANA

02 Dec 2019
Umunyamerika wimenyereza umwuga yigize inzobere ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda

Umunyamerika wimenyereza umwuga yigize inzobere ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda

02 Dec 2019
Ibitero bikakaye by’Ingabo za Congo FARDC byirukanye mu birindiro umutwe wa FDLR uhungira muri pariki

Ibitero bikakaye by’Ingabo za Congo FARDC byirukanye mu birindiro umutwe wa FDLR uhungira muri pariki

02 Dec 2019
CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

29 Nov 2019
Umutwe FRB-ABARUNDI wigambye igitero gikomeye cyagabwe ku birindiro by’ingabo z’u Burundi

Umutwe FRB-ABARUNDI wigambye igitero gikomeye cyagabwe ku birindiro by’ingabo z’u Burundi

21 Nov 2019

SONDAGE

Ninde uzatwara igikombe cy'Afrika (CAN/AfCON)?

View Results

Loading ... Loading ...

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Phones: +250 788350655
Emails: info@rushyashya.net , rushyashya@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru