• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma

Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma

RUSHYASHYA 09 Apr 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Ni benshi bajya kuri YouTube bakumva babaye ibitangaza, Uzi kuvuga cyane yiyita umusesenguzi. Mu gusesengura bagakwiza ibihuha kuko nibyo bituma bakurikirwa. Tariki ya 31 Werurwe ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho yashyizweho na Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ku mbuga nkoranyambaga ukora inkuru za ShowBiz.

Ayo mashusho yagaragazaga abantu basenya inyubako zitemewe bibera mu murenge wa Jabana akarere ka Gasabo maze ayakurikiza amagambo akoronga abayobozi ko ari abagome yiyita ko ari umusore w’imyaka 29 warimo guteza imbere u Rwanda none miliyoni ze 70 barazitwitse.

Iyi nkuru yasamiwe hejuru n’ibigarasha n’abandi benshi batifuriza ineza Leta bavuga ko idashaka iterambere ry’urubyiruko ahubwo irupyinagaza nkuko Clement yabitangaje. Yongeyeho ko ibintu bizahinduka ashaka kuvuga ko ubutegetsi buzahinduka. Yongeyeho ko nta rupfu rurenze urwo bamwishe. Nkibona agaciro k’ ibikorwa nahise ngira amatsiko yo kumenya aho Clement (nk’umuntu umuzi) uvuga ko ashaka gutera inkunga Leta na miliyoni ze 70 yazikuye ku ikubitito nasanze icyangombwa kitamwanditseho cyanditse kuri Anatole Uragiwenimana.

Clement mu guca igikuba yitabaje umunyamakuru Ndambendore Valens uzwi nka Ndahiro Valens Pappy nawe ukunda byacitse. Maze ibigarasha birahurura bivuga ko umuherwe ukiri muto Niyigaba Clement yakorewe ihohoterwa.

Nk’umuntu uzi neza Niyigaba Clement nahise menya ko hari ikibyihishe inyuma. Clement ari muri babandi bumva barabaye ibitangaza kubera YouTube. Batunzwe no kuvuga abandi cyangwa se kuvugira abandi. RIB yatangaje ko Ibyaha DC Clement akurikiranyweho birimo icyo kwangiza ikintu cy’undi kubw’inabi, icyo guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda, icyo kurwanya ububasha bw’amategeko, icyo gukoza isoni abayobozi b’igihugu n’abashinzwe imirimo rusange n’icyo gukubita cyangwa kugirira urugomo abayobozi mu nzego za Leta.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry, yagize ati “Ubundi iyo umuntu yicaye yibaza icyo yashyaga yarura, kuko ntaho ahuriye na ny’iri nzu. Hari abandi nkawe bajya bahuruzwa, bakaza bihishe mu mutaka w’umwuga bakora, bakagerageza gutera igitutu abari mu kazi. Gusa ni umuco utari mwiza kuko nta muntu numwe uri hejuru y’amategeko. DC Clement akwiye kubera abandi urugero, abantu bakirinda kujya babangamirana mu kazi kabo.”

Clement ibyaha bye yanabishinjwa n’umuhizi n’umugenzi. Ku ikubitiro yiyemereye ko yatanze ruswa y’ibihumbi 900 y’amafaranga y’u Rwanda, hanyuma asagarira inzego, guhuruza abaturage ngo bamujye inyuma n’ibindi abizi neza ko ari umumotsi wa Anatole Uragiwenimana.

Amakuru agera kuri Rushyashya avugako Anatole nawe yashutswe bikomeye na DC Clement nk’umuntu wibera mu Bushinwa amwemezako kwagura ishuri byashoboka kandi yarahawe icyangombwa cyo kuvugurura kitarenze metero 7 gusa.

Naje kumenya kandi ko Clement yakaga amafaranga menshi Anatole avuga ko ayasangira n’inzego. Abonye ibye bigiye hanze yumvaga itangazamakuru rizamugarukira bakamugirira impuhwe. Ubu Clement yabuze ayo acira nayo amira. Ibyo yemereye Anatole byaranze kandi yarahawe amafaranga ikindi ibyo yise umujinya byamugushije mu cyaha ashobora gukatirwa imyaka azasanga impanga yari amaze iminsi abyaye zigeze kure amashuri abanza.

Ndambendore Valens Pappy nawe ntiyakoze itangazamakuru kuko yakoze inkuru igaragaza ko Clement yarenganye kandi ko ibyo yakoze yabitewe n’umujinya. Uwo mujinya utuma umena imodoka za Leta sinzi ibisobanuro Pappy awubonera.

Clement na Pappy ni urugero ko kwamamara kubera ibihuha byo kuri Youtube ukaba igihangange mu barwanya u Rwanda izina ryawe rikavugwa, ukakira udufaranga two gushimirwa bitaramba. Ibi birareba abiyita abasesenguzi bose basesengura babyina buvumbyi batazi icyabaye.

 

 

 

 

2026-04-09
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Indorerezi zo mu karere zanyuzwe n’Amatora yo mu Rwanda zivuga ko  yagenze neza kandi agakurikiza amahame ya demokarasi.

Indorerezi zo mu karere zanyuzwe n’Amatora yo mu Rwanda zivuga ko yagenze neza kandi agakurikiza amahame ya demokarasi.

Ubwanditsi 06 Aug 2017
Myugariro Manzi Thierry wakiniraga ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia yerekeje muri FAR Rabat yo muri Morocco ku masezerano y’imyaka itatu

Myugariro Manzi Thierry wakiniraga ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia yerekeje muri FAR Rabat yo muri Morocco ku masezerano y’imyaka itatu

Ubwanditsi 01 Feb 2022
Bugesera-Rweru hizihirijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Agakingirizo, hibutswa akamaro ko kwirinda no gukumira Virusi itera SIDA

Bugesera-Rweru hizihirijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Agakingirizo, hibutswa akamaro ko kwirinda no gukumira Virusi itera SIDA

RUSHYASHYA 13 Jan 2026
Abenshi bakekaga ko RwandAir nigera i Kinshasa izaraswa- Perezida Kagame yagize icyo abivugaho

Abenshi bakekaga ko RwandAir nigera i Kinshasa izaraswa- Perezida Kagame yagize icyo abivugaho

Ubwanditsi 21 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame yasobanuye uburyo yagiriwe inama yo kuyobora nka Putin w’u Burusiya
Mu Rwanda

Kagame yasobanuye uburyo yagiriwe inama yo kuyobora nka Putin w’u Burusiya

Ubwanditsi 01 Nov 2017
Mu mukino wa gicuti ikipe ya Gasogi United yatsinzwe na Bugesera FC, umukino wa Kiyovu SC na Gorilla FC ntiwaba kubera gutinda kw’ibisubizo bya Koronavusi bya Kit Manager.
Amakuru

Mu mukino wa gicuti ikipe ya Gasogi United yatsinzwe na Bugesera FC, umukino wa Kiyovu SC na Gorilla FC ntiwaba kubera gutinda kw’ibisubizo bya Koronavusi bya Kit Manager.

Ubwanditsi 28 Apr 2021
Perezida Kagame yitabiriye ibirori bya tombola y’Igikombe cy’Isi byaherewemo Perezida Trump ishimwe
Amakuru

Perezida Kagame yitabiriye ibirori bya tombola y’Igikombe cy’Isi byaherewemo Perezida Trump ishimwe

Ubwanditsi 06 Dec 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru