• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma

Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma

RUSHYASHYA 09 Apr 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Ni benshi bajya kuri YouTube bakumva babaye ibitangaza, Uzi kuvuga cyane yiyita umusesenguzi. Mu gusesengura bagakwiza ibihuha kuko nibyo bituma bakurikirwa. Tariki ya 31 Werurwe ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho yashyizweho na Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ku mbuga nkoranyambaga ukora inkuru za ShowBiz.

Ayo mashusho yagaragazaga abantu basenya inyubako zitemewe bibera mu murenge wa Jabana akarere ka Gasabo maze ayakurikiza amagambo akoronga abayobozi ko ari abagome yiyita ko ari umusore w’imyaka 29 warimo guteza imbere u Rwanda none miliyoni ze 70 barazitwitse.

Iyi nkuru yasamiwe hejuru n’ibigarasha n’abandi benshi batifuriza ineza Leta bavuga ko idashaka iterambere ry’urubyiruko ahubwo irupyinagaza nkuko Clement yabitangaje. Yongeyeho ko ibintu bizahinduka ashaka kuvuga ko ubutegetsi buzahinduka. Yongeyeho ko nta rupfu rurenze urwo bamwishe. Nkibona agaciro k’ ibikorwa nahise ngira amatsiko yo kumenya aho Clement (nk’umuntu umuzi) uvuga ko ashaka gutera inkunga Leta na miliyoni ze 70 yazikuye ku ikubitito nasanze icyangombwa kitamwanditseho cyanditse kuri Anatole Uragiwenimana.

Clement mu guca igikuba yitabaje umunyamakuru Ndambendore Valens uzwi nka Ndahiro Valens Pappy nawe ukunda byacitse. Maze ibigarasha birahurura bivuga ko umuherwe ukiri muto Niyigaba Clement yakorewe ihohoterwa.

Nk’umuntu uzi neza Niyigaba Clement nahise menya ko hari ikibyihishe inyuma. Clement ari muri babandi bumva barabaye ibitangaza kubera YouTube. Batunzwe no kuvuga abandi cyangwa se kuvugira abandi. RIB yatangaje ko Ibyaha DC Clement akurikiranyweho birimo icyo kwangiza ikintu cy’undi kubw’inabi, icyo guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda, icyo kurwanya ububasha bw’amategeko, icyo gukoza isoni abayobozi b’igihugu n’abashinzwe imirimo rusange n’icyo gukubita cyangwa kugirira urugomo abayobozi mu nzego za Leta.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry, yagize ati “Ubundi iyo umuntu yicaye yibaza icyo yashyaga yarura, kuko ntaho ahuriye na ny’iri nzu. Hari abandi nkawe bajya bahuruzwa, bakaza bihishe mu mutaka w’umwuga bakora, bakagerageza gutera igitutu abari mu kazi. Gusa ni umuco utari mwiza kuko nta muntu numwe uri hejuru y’amategeko. DC Clement akwiye kubera abandi urugero, abantu bakirinda kujya babangamirana mu kazi kabo.”

Clement ibyaha bye yanabishinjwa n’umuhizi n’umugenzi. Ku ikubitiro yiyemereye ko yatanze ruswa y’ibihumbi 900 y’amafaranga y’u Rwanda, hanyuma asagarira inzego, guhuruza abaturage ngo bamujye inyuma n’ibindi abizi neza ko ari umumotsi wa Anatole Uragiwenimana.

Amakuru agera kuri Rushyashya avugako Anatole nawe yashutswe bikomeye na DC Clement nk’umuntu wibera mu Bushinwa amwemezako kwagura ishuri byashoboka kandi yarahawe icyangombwa cyo kuvugurura kitarenze metero 7 gusa.

Naje kumenya kandi ko Clement yakaga amafaranga menshi Anatole avuga ko ayasangira n’inzego. Abonye ibye bigiye hanze yumvaga itangazamakuru rizamugarukira bakamugirira impuhwe. Ubu Clement yabuze ayo acira nayo amira. Ibyo yemereye Anatole byaranze kandi yarahawe amafaranga ikindi ibyo yise umujinya byamugushije mu cyaha ashobora gukatirwa imyaka azasanga impanga yari amaze iminsi abyaye zigeze kure amashuri abanza.

Ndambendore Valens Pappy nawe ntiyakoze itangazamakuru kuko yakoze inkuru igaragaza ko Clement yarenganye kandi ko ibyo yakoze yabitewe n’umujinya. Uwo mujinya utuma umena imodoka za Leta sinzi ibisobanuro Pappy awubonera.

Clement na Pappy ni urugero ko kwamamara kubera ibihuha byo kuri Youtube ukaba igihangange mu barwanya u Rwanda izina ryawe rikavugwa, ukakira udufaranga two gushimirwa bitaramba. Ibi birareba abiyita abasesenguzi bose basesengura babyina buvumbyi batazi icyabaye.

 

 

 

 

2026-04-09
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Ubwanditsi 29 Oct 2021
APR FC yatsinze Mukura VS 1-0 ifata umwanya wa mbere by’agateganyo, uko indi mikino ikinwa

APR FC yatsinze Mukura VS 1-0 ifata umwanya wa mbere by’agateganyo, uko indi mikino ikinwa

Ubwanditsi 14 Oct 2023
Uganda: Col Ndahura Wafatiwe Mu Nkubiri Imwe Na Gen Kayihura Arahakana Ko Yemeye Ibyaha Ashinjwa

Uganda: Col Ndahura Wafatiwe Mu Nkubiri Imwe Na Gen Kayihura Arahakana Ko Yemeye Ibyaha Ashinjwa

Ubwanditsi 06 Jul 2018
Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Ubwanditsi 16 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zimbabwe: Babiri bari muri Guverinoma ya Mugabe bagejejwe mu rukiko bashinjwa ruswa
Mu Mahanga

Zimbabwe: Babiri bari muri Guverinoma ya Mugabe bagejejwe mu rukiko bashinjwa ruswa

Ubwanditsi 07 Jan 2018
Mukarurangwa yabeshye ko yahowe gushyigikira Diane Rwigara ahabwa ubuhungiro muri Amerika
ITOHOZA

Mukarurangwa yabeshye ko yahowe gushyigikira Diane Rwigara ahabwa ubuhungiro muri Amerika

Ubwanditsi 07 Jan 2019
Nyakibi Ntirara Bushyitsi, Rusesabagina na Twagiramungu Bafatanywe Impapuro Mpimbano:
INKURU NYAMUKURU

Nyakibi Ntirara Bushyitsi, Rusesabagina na Twagiramungu Bafatanywe Impapuro Mpimbano:

Ubwanditsi 24 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru