• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League

Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League

RUSHYASHYA 16 Apr 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda, UBUKERARUGENDO


Perezida w’u Rwanda
Paul Kagame yashimye amakipe akorana n’u Rwanda binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda, nyuma yo kubona itike ya ½ cy’imikino ya UEFA Champions League2025/2026, ayifuriza gukomeza kwitwara neza mu mikino isigaye.

Ikipe ya Arsenal FC yabonye itike ya ½ ku wa 15 Mata 2026, nyuma yo gusezerera Sporting CP. Mu mukino wo kwishyura wabereye kuri Emirates Stadium amakipe yanganyije 0-0, ariko Arsenal ikomeza ku giteranyo cy’ibitego 1-0, nyuma yo gutsinda umukino ubanza.


Nyuma y’uyu mukino, Perezida Kagame yanyujije ubutumwa ku rubuga rwa X ashimira Arsenal ku bwo kugera muri iki cyiciro, agaragaza ko u Rwanda ruzakomeza kuyishyigikira.

Yagize ati: “Mwakoze neza mufatanyabikorwa wa Visit Rwanda ku bwo kubona itike ya ½ mu mikino ya UEFA. Tuzakomeza kubashyigikira no mu cyiciro gikurikira.”

Si Arsenal yonyine yashimiwe, kuko andi makipe akorana n’u Rwanda arimo Paris Saint-Germain na Atlético de Madrid na yo yageze muri ½, mu gihe Bayern Munich ikorana n’u Rwanda mu guteza imbere umupira w’amaguru.

Perezida Kagame yavuze ko yishimiye intambwe aya makipe agezeho, ati: “Umusaruro wa Atlético de Madrid, Arsenal na Paris Saint Germain wakomeje kuba mwiza kandi mu buryo buhoraho. Dutegereje imikino iri imbere.”

Mu mikino ya ½, Arsenal izahura na Atlético de Madrid, zombi zikorana na Visit Rwanda, mu gihe Paris Saint-Germain izacakirana na Bayern Munich yasezereye Real Madrid ku giteranyo cy’ibitego 6-4.

Mu mikino ya ¼ yabaye ku wa 14 Mata 2026, PSG yatsinze Liverpool FC ibitego 2-0 mu mukino wo kwishyura, biyihesha gukomeza ku giteranyo cy’ibitego 4-0.

I Madrid ho, FC Barcelona yatsinze Atlético de Madrid ibitego 2-1, ariko Atlético ikomeza ku giteranyo cy’ibitego 3-2.

Mu butumwa bwe, Perezida Kagame yashimiye by’umwihariko PSG na Atlético de Madrid ku bw’imikinire myiza no kubona itike ya ½, abifuriza gukomeza gutsinda no kugera kure hashoboka muri iri rushanwa rikomeye ku mugabane w’u Burayi.

2026-04-16
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Umukwabu muri Kaminuza y’u Burundi, abasaga 90 batawe muri yombi

Umukwabu muri Kaminuza y’u Burundi, abasaga 90 batawe muri yombi

Ubwanditsi 20 Aug 2017
Ruhango: Umuryango Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge watanze Noheli ku barokotse Genocide yakorewe Abatutsi batishoboye

Ruhango: Umuryango Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge watanze Noheli ku barokotse Genocide yakorewe Abatutsi batishoboye

Ubwanditsi 23 Dec 2022
Amafoto – Willy Essombe Onana wa Rayon Sports yageze i Kigali ngo afatanye n’ikipe ye kwitegura umwaka w’imikino wa 2022-2023

Amafoto – Willy Essombe Onana wa Rayon Sports yageze i Kigali ngo afatanye n’ikipe ye kwitegura umwaka w’imikino wa 2022-2023

Ubwanditsi 28 Jul 2022
Man United 4-0 Feyenoord: Rooney umaze iminsi akomerwa n’abafana yaciye  agahigo

Man United 4-0 Feyenoord: Rooney umaze iminsi akomerwa n’abafana yaciye agahigo

Ubwanditsi 25 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amashirakinyoma : Abadipolomate bakorera mu Rwanda bigereye muri Pariki ya Nyungwe
UBUKERARUGENDO

Amashirakinyoma : Abadipolomate bakorera mu Rwanda bigereye muri Pariki ya Nyungwe

Ubwanditsi 18 May 2019
“Nshingukaho,winshingaho” indirimbo nshya ya Ama-G The Black na Neg G The General
SHOWBIZ

“Nshingukaho,winshingaho” indirimbo nshya ya Ama-G The Black na Neg G The General

Ubwanditsi 14 May 2018
Rutsiro na Karongi  : Abanyamuryango ba FPR basaga  ibihumbi 600,  bakiriye  Umukandida wabo Paul Kagame
Mu Rwanda

Rutsiro na Karongi : Abanyamuryango ba FPR basaga ibihumbi 600, bakiriye Umukandida wabo Paul Kagame

Ubwanditsi 27 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru