• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Liverpool vs Man City, Real vs Juve muri ¼ cya UEFA Champions League

Liverpool vs Man City, Real vs Juve muri ¼ cya UEFA Champions League

Ubwanditsi 16 Mar 2018 IMIKINO

Tombora y’uburyo amakipe azahura muri ¼ cya UEFA Champions League yaberaga i Nyon mu Busuwisi, isize amakipe yombi ahagarariye u Bwongereza azahura mu gihe Real Madrid izahura na Juventus bahuriye ku mukino wa nyuma mu mwaka ushize.

Imikino ibanza izaba hagati tariki ya 3 n’iya 4 Mata mu gihe imikino yo kwishyura izaba hagati ya tariki ya 10 n’iya 11 Mata 2018.

Uko batomboranye muri ¼ cya UEFA Champions League

  • Barcelona vs AS Roma
  • Sevilla vs Bayern Munich
  • Juventus vs Real Madrid
  • Liverpool vs Manchester City

Liverpool na Manchester City ni undi mukino uzaba ukomeye muri 1/4Liverpool na Manchester City ni undi mukino uzaba ukomeye muri 1/4

1. Barcelone vs AS Roma

Gutombora kwiza ku ruhande rw’iyi kipe yo muri Espagne ugereranyije n’andi makipe asigaye. Barcelone yakomeje isezereye Chelsea yari yabaye iya kabiri mu itsinda ryayobowe na AS Roma. Iyi kipe yo mu Butaliyani yo yasezereye Shakhtar Donetsk iyitsinze 1-0 mu mukino wo kwishura, mu mukino ubanza yari yatsinzwe 2-1.

2. Sevilla vs Bayern Munich

Seville ni ikipe yatunguranye ikuramo Manchester United, ariko na none twibukiranye ko ari ikipe ifite igikombe cya Europa League inshuro eshanu, n’ubwo mu mwaka ushize nabwo itageze kure muri UEFA Champions League, ariko byibuze hamwe n’umutoza Vincenzo Montella bakoze amateka yo kugera kure.

Bayern Munich ni imwe mu makipe ari guhabwa amahirwe yo kwegukana irushanwa ry’uyu mwaka. Iyi yasezereye Besiktas ku bitego 8-1 mu cyiciro giheruka, mu mwaka ushize w’imikino yakuwemo na Real Madrid muri 1/2.

3. Juventus vs Real Madrid

Umukino wa nyuma wa 2017! Juventus yatsinzwe na Real Madrid ibitego byinshi ku mukino wa nyuma w’umwaka ushize, gusa na yo yari yarayisezereye mu 2015 ubwo yageraga ku mukino wa nyuma ariko igatakaza imbere ya FC Barcelone.

Ni umwe mu mikino ntashidikanyaho kuvuga ko uzaba ukomeye muri 1/4 dore ko Real Madrid yifuza kuba yakwegukana iki gikombe ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, igakomeza gukora amateka.

Real yatsinze Juventus 4-1 ubwo yegukanaga igikombe umwaka ushizeReal yatsinze Juventus 4-1 ubwo yegukanaga igikombe umwaka ushize

Ni byo Real Madrid ihagaze nabi muri Espagne, Juventus ihagaze neza mu Butaliyani, ariko gusezerera Paris Saint-Germain byerekanye ko iyi kipe ifite ubunararibonye muri aya marushanwa y’i Burayi.

4. Liverpool vs Manchester City

Abongereza bagomba kubanza kwishimira ko ikipe imwe yabo igeze muri 1/2, ubundi bagategereza kuryoherwa n’amakipe navuga ko ari yo ahagaze neza kurusha ayandi muri kiriya gihugu.

Mu mukino ubanza wahuje amakipe yombi muri shampiyona, Manchester City yatsinze Liverpool 5-0 mbere y’uko iyi iyihimuraho mu mukino wo kwishyura ikabatsinda 4-3.

Manchester City iracyishakisha ku rwego rw’amarushanwa nk’aya i Burayi mu gihe Liverpool na yo iri kurwana no kureba uko yagarukana ibigwi yahoranye muri iri rushanwa.

2018-03-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kiyovu SC yakuye Alain Adré Landeut ku mwanya w’umutoza mukuru ahabwa izindi nshingano, haritegurwa kwakira umutoza mushya

Kiyovu SC yakuye Alain Adré Landeut ku mwanya w’umutoza mukuru ahabwa izindi nshingano, haritegurwa kwakira umutoza mushya

Ubwanditsi 06 Dec 2022
Rayon Sports WFC yegukanye igikombe kiruta ibindi cya Super Cup itsinze AS Kigali WFC 5-2

Rayon Sports WFC yegukanye igikombe kiruta ibindi cya Super Cup itsinze AS Kigali WFC 5-2

Ubwanditsi 26 Sep 2024
Ciney yashyize hanze indirimbo ‘Impeta’ nyuma y’umwaka atari mu muziki

Ciney yashyize hanze indirimbo ‘Impeta’ nyuma y’umwaka atari mu muziki

Ubwanditsi 25 Nov 2016
Abakinnyi basaga 1200 bagiye guhurira mu Rwanda mu mikino ya EAPCCO ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba

Abakinnyi basaga 1200 bagiye guhurira mu Rwanda mu mikino ya EAPCCO ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba

Ubwanditsi 18 Mar 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu basuye Pariki y’Akagera umwaka ushize, 48 % ni Abanyarwanda
UBUKERARUGENDO

Mu basuye Pariki y’Akagera umwaka ushize, 48 % ni Abanyarwanda

Ubwanditsi 22 Jan 2020
I Kabale, Museveni yagerageje kweza Kayumba, amugaragaza nk’umunyapolitiki wari ufite imyumvire itandukanye n’iy’ubuyobozi mu Rwanda.
INKURU NYAMUKURU

I Kabale, Museveni yagerageje kweza Kayumba, amugaragaza nk’umunyapolitiki wari ufite imyumvire itandukanye n’iy’ubuyobozi mu Rwanda.

Ubwanditsi 11 Mar 2020
Joyce Banda wahoze ayobora Malawi yagarutse mu gihugu ahakana ko yari yarahunze
Mu Mahanga

Joyce Banda wahoze ayobora Malawi yagarutse mu gihugu ahakana ko yari yarahunze

Ubwanditsi 28 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru