• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Liverpool vs Man City, Real vs Juve muri ¼ cya UEFA Champions League

Liverpool vs Man City, Real vs Juve muri ¼ cya UEFA Champions League

Ubwanditsi 16 Mar 2018 IMIKINO

Tombora y’uburyo amakipe azahura muri ¼ cya UEFA Champions League yaberaga i Nyon mu Busuwisi, isize amakipe yombi ahagarariye u Bwongereza azahura mu gihe Real Madrid izahura na Juventus bahuriye ku mukino wa nyuma mu mwaka ushize.

Imikino ibanza izaba hagati tariki ya 3 n’iya 4 Mata mu gihe imikino yo kwishyura izaba hagati ya tariki ya 10 n’iya 11 Mata 2018.

Uko batomboranye muri ¼ cya UEFA Champions League

  • Barcelona vs AS Roma
  • Sevilla vs Bayern Munich
  • Juventus vs Real Madrid
  • Liverpool vs Manchester City

Liverpool na Manchester City ni undi mukino uzaba ukomeye muri 1/4Liverpool na Manchester City ni undi mukino uzaba ukomeye muri 1/4

1. Barcelone vs AS Roma

Gutombora kwiza ku ruhande rw’iyi kipe yo muri Espagne ugereranyije n’andi makipe asigaye. Barcelone yakomeje isezereye Chelsea yari yabaye iya kabiri mu itsinda ryayobowe na AS Roma. Iyi kipe yo mu Butaliyani yo yasezereye Shakhtar Donetsk iyitsinze 1-0 mu mukino wo kwishura, mu mukino ubanza yari yatsinzwe 2-1.

2. Sevilla vs Bayern Munich

Seville ni ikipe yatunguranye ikuramo Manchester United, ariko na none twibukiranye ko ari ikipe ifite igikombe cya Europa League inshuro eshanu, n’ubwo mu mwaka ushize nabwo itageze kure muri UEFA Champions League, ariko byibuze hamwe n’umutoza Vincenzo Montella bakoze amateka yo kugera kure.

Bayern Munich ni imwe mu makipe ari guhabwa amahirwe yo kwegukana irushanwa ry’uyu mwaka. Iyi yasezereye Besiktas ku bitego 8-1 mu cyiciro giheruka, mu mwaka ushize w’imikino yakuwemo na Real Madrid muri 1/2.

3. Juventus vs Real Madrid

Umukino wa nyuma wa 2017! Juventus yatsinzwe na Real Madrid ibitego byinshi ku mukino wa nyuma w’umwaka ushize, gusa na yo yari yarayisezereye mu 2015 ubwo yageraga ku mukino wa nyuma ariko igatakaza imbere ya FC Barcelone.

Ni umwe mu mikino ntashidikanyaho kuvuga ko uzaba ukomeye muri 1/4 dore ko Real Madrid yifuza kuba yakwegukana iki gikombe ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, igakomeza gukora amateka.

Real yatsinze Juventus 4-1 ubwo yegukanaga igikombe umwaka ushizeReal yatsinze Juventus 4-1 ubwo yegukanaga igikombe umwaka ushize

Ni byo Real Madrid ihagaze nabi muri Espagne, Juventus ihagaze neza mu Butaliyani, ariko gusezerera Paris Saint-Germain byerekanye ko iyi kipe ifite ubunararibonye muri aya marushanwa y’i Burayi.

4. Liverpool vs Manchester City

Abongereza bagomba kubanza kwishimira ko ikipe imwe yabo igeze muri 1/2, ubundi bagategereza kuryoherwa n’amakipe navuga ko ari yo ahagaze neza kurusha ayandi muri kiriya gihugu.

Mu mukino ubanza wahuje amakipe yombi muri shampiyona, Manchester City yatsinze Liverpool 5-0 mbere y’uko iyi iyihimuraho mu mukino wo kwishyura ikabatsinda 4-3.

Manchester City iracyishakisha ku rwego rw’amarushanwa nk’aya i Burayi mu gihe Liverpool na yo iri kurwana no kureba uko yagarukana ibigwi yahoranye muri iri rushanwa.

2018-03-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Robert Lewandowski azamara ukwezi adakina kubera imvune, ibi bikaba bitumye atazakina umukino ubanza n’uwo kwishyura wa 1/4 wa Champions League bazahura na PSG

Robert Lewandowski azamara ukwezi adakina kubera imvune, ibi bikaba bitumye atazakina umukino ubanza n’uwo kwishyura wa 1/4 wa Champions League bazahura na PSG

Ubwanditsi 31 Mar 2021
Nyuma yo gukorana indirimbo n’umuhanzi  Kitoko ,Sheeber Karugi aje gutaramira mu Rwanda

Nyuma yo gukorana indirimbo n’umuhanzi Kitoko ,Sheeber Karugi aje gutaramira mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Jun 2016
Volleyball :  Amatora ya  FRVB asize Abayobozi babiri batawe muri yombi bazira gutanga ruswa

Volleyball : Amatora ya FRVB asize Abayobozi babiri batawe muri yombi bazira gutanga ruswa

Ubwanditsi 11 Feb 2017
Amakipe 54 yo mu bihugu bitatu niyo azitabira imikino ya Volleyball yo Kwibuka Rutsindura

Amakipe 54 yo mu bihugu bitatu niyo azitabira imikino ya Volleyball yo Kwibuka Rutsindura

Ubwanditsi 29 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye
Amakuru

Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye

RUSHYASHYA 01 Jun 2026
Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Talon wa Benin
Mu Mahanga

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Talon wa Benin

Ubwanditsi 29 Aug 2016
Perezida Kagame arayobora Umuhango wo gusinya Imihigo ya 2018/2019 anasese Inteko Ishinga Amategeko
ITOHOZA

Perezida Kagame arayobora Umuhango wo gusinya Imihigo ya 2018/2019 anasese Inteko Ishinga Amategeko

Ubwanditsi 09 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru