• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hatangiye igenzura ku mpunzi z’Abanye-Congo zifuza gutaha

Hatangiye igenzura ku mpunzi z’Abanye-Congo zifuza gutaha

Ubwanditsi 11 May 2018 Mu Rwanda

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi mu Rwanda (HCR) ryatangaje ko hari bamwe mu mpunzi z’Abanye-Congo ziri mu Rwanda bagaragaje ko bashaka gusubira iwabo, hakaba harashyizweho itsinda ribigenzura.

Mu butumwa bugufi HCR yatangaje ko iryo tsinda ryashyizweho rizaganira n’izo mpunzi hagamijwe kugenzura abagaragaje ko bashaka gutaha.

Umuyobozi Ushinzwe ibibazo by’impunzi muri Minisiteri ishinzwe impunzi no gukumira Ibiza, Rwahama Jean Claude, yavuze ko icyo gikorwa cyo kugenzura impunzi bakizi kandi cyaturutse ku bushake bwazo.

Yagize ati “Ni gahunda isanzwe. Ubundi impunzi ziba zifite ubufasha butangwa n’imiryango itandukanye ariko zifite uburenganzira bwo gutaha igihe zibishatse. Twe icyo dukora ni ukubagezaho amakuru y’umutekano w’aho baturutse.”

Umuryango w’Abibumbye na n’ubu ugaragaza ko mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hataragaruka umutekano.

Rwahama yavuze ko amakuru y’umutekano muke muri ako gace bayamenyesheje impunz, gusa ngo ntabwo bakwemeza ko uduce twose impunzi zaturutsemo nta mutekano uhari.

Ati “Turabibabwira ko umutekano utaragaruka ariko birashoboka ko atari ko hose hameze, wenda hashobora kuba ahari duce tutarimo ibibazo.”

Abajijwe niba gutaha kw’izi mpunzi kwaratewe n’imyigaragambyo iherutse mu nkambi ya Kiziba, Rwahama yavuze ko atari yo mpamvu kuko bisanzwe ko impunzi zifuza gutaha zibifashwamo.

Komite ishinzwe kugenzura abifuza gutaha yatangiriye mu nkambi ya Gihembe, Akarere ka Gicumbi, icyakora Rwahama avuga ko no mu zindi nkambi z’Abanye-Congo zizagerwaho vuba.

Ubwo yari mu Rwanda mu kwezi gushize, Umuyobozi wa HCR ku Isi Filippo Grandi yavuze ko umutekano utaragaruka mu Burasirazuba bwa Congo ku buryo bakwizera ko impunzi zisubiyeyo nta kibazo zahura nacyo.

Yagize ati “Nakiganiriyeho na Perezida Kabila avuga ko ari iby’ingenzi ko abaturage bagaruka iwabo. Si mu Rwanda gusa kuko bafite impunzi muri Zambia, muri Angola, mu Burundi no muri Tanzania. Namubwiye ko agomba gushyiraho uburyo buhamye bwizewe, butekanye. Haracyari ibibazo mu Burasirazuba bwa Congo, tugomba kubanza gukemura ibyo bibazo kugira ngo abahunze bari mu mahanga batahuke.”

U Rwanda rucumbikiye impunzi 174,000 zirimo ibihumbi by’Abanye-Congo bahahungiye mu myaka isaga 20 ishize.

2018-05-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abakinnyi 39 b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore bari munsi y’imyaka 20, yatangiye umwiherero mu rwego rwo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022

Abakinnyi 39 b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore bari munsi y’imyaka 20, yatangiye umwiherero mu rwego rwo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022

Ubwanditsi 10 Aug 2021
Kwibuka24: Perezida Kagame yashimiye uwa Burkina Faso ku butumwa bwihanganisha Abanyarwanda

Kwibuka24: Perezida Kagame yashimiye uwa Burkina Faso ku butumwa bwihanganisha Abanyarwanda

Ubwanditsi 09 Apr 2018
Muhadjiri wari Kapiteni w’Amavubi, Muhozi Fred yabonye igitego, Danny Usengimana yatsinze igitego nyuma y’imyaka isaga 4, ibyaranze umukino Amavubi yatsinzemo Guine 3-0

Muhadjiri wari Kapiteni w’Amavubi, Muhozi Fred yabonye igitego, Danny Usengimana yatsinze igitego nyuma y’imyaka isaga 4, ibyaranze umukino Amavubi yatsinzemo Guine 3-0

Ubwanditsi 04 Jan 2022
Umuhezanguni Bicahaga Abdallah yahawe gasopo ya nyuma mu bikorwa bye byo gucengeza ingengabitekerezo ya Jenoside mu Banyarwanda

Umuhezanguni Bicahaga Abdallah yahawe gasopo ya nyuma mu bikorwa bye byo gucengeza ingengabitekerezo ya Jenoside mu Banyarwanda

Ubwanditsi 03 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo
Amakuru

Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Ubwanditsi 30 Apr 2022
Perezida Kagame yitabiriye Umuhango wo kwizihiza Isabukuru ya Polisi y’Imyaka 17,  anashyira Abapolisi 364 mu cyiciro cy’Abofisiye
Mu Rwanda

Perezida Kagame yitabiriye Umuhango wo kwizihiza Isabukuru ya Polisi y’Imyaka 17, anashyira Abapolisi 364 mu cyiciro cy’Abofisiye

Ubwanditsi 16 Jun 2017
Perezida Kagame  yasesekaye  mu mujyi wa Ndjamena wakajijwe  umutekano hirindwa imyigaragambyo
Mu Rwanda

Perezida Kagame yasesekaye mu mujyi wa Ndjamena wakajijwe umutekano hirindwa imyigaragambyo

Ubwanditsi 08 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru