• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hatangiye igenzura ku mpunzi z’Abanye-Congo zifuza gutaha

Hatangiye igenzura ku mpunzi z’Abanye-Congo zifuza gutaha

Ubwanditsi 11 May 2018 Mu Rwanda

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi mu Rwanda (HCR) ryatangaje ko hari bamwe mu mpunzi z’Abanye-Congo ziri mu Rwanda bagaragaje ko bashaka gusubira iwabo, hakaba harashyizweho itsinda ribigenzura.

Mu butumwa bugufi HCR yatangaje ko iryo tsinda ryashyizweho rizaganira n’izo mpunzi hagamijwe kugenzura abagaragaje ko bashaka gutaha.

Umuyobozi Ushinzwe ibibazo by’impunzi muri Minisiteri ishinzwe impunzi no gukumira Ibiza, Rwahama Jean Claude, yavuze ko icyo gikorwa cyo kugenzura impunzi bakizi kandi cyaturutse ku bushake bwazo.

Yagize ati “Ni gahunda isanzwe. Ubundi impunzi ziba zifite ubufasha butangwa n’imiryango itandukanye ariko zifite uburenganzira bwo gutaha igihe zibishatse. Twe icyo dukora ni ukubagezaho amakuru y’umutekano w’aho baturutse.”

Umuryango w’Abibumbye na n’ubu ugaragaza ko mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hataragaruka umutekano.

Rwahama yavuze ko amakuru y’umutekano muke muri ako gace bayamenyesheje impunz, gusa ngo ntabwo bakwemeza ko uduce twose impunzi zaturutsemo nta mutekano uhari.

Ati “Turabibabwira ko umutekano utaragaruka ariko birashoboka ko atari ko hose hameze, wenda hashobora kuba ahari duce tutarimo ibibazo.”

Abajijwe niba gutaha kw’izi mpunzi kwaratewe n’imyigaragambyo iherutse mu nkambi ya Kiziba, Rwahama yavuze ko atari yo mpamvu kuko bisanzwe ko impunzi zifuza gutaha zibifashwamo.

Komite ishinzwe kugenzura abifuza gutaha yatangiriye mu nkambi ya Gihembe, Akarere ka Gicumbi, icyakora Rwahama avuga ko no mu zindi nkambi z’Abanye-Congo zizagerwaho vuba.

Ubwo yari mu Rwanda mu kwezi gushize, Umuyobozi wa HCR ku Isi Filippo Grandi yavuze ko umutekano utaragaruka mu Burasirazuba bwa Congo ku buryo bakwizera ko impunzi zisubiyeyo nta kibazo zahura nacyo.

Yagize ati “Nakiganiriyeho na Perezida Kabila avuga ko ari iby’ingenzi ko abaturage bagaruka iwabo. Si mu Rwanda gusa kuko bafite impunzi muri Zambia, muri Angola, mu Burundi no muri Tanzania. Namubwiye ko agomba gushyiraho uburyo buhamye bwizewe, butekanye. Haracyari ibibazo mu Burasirazuba bwa Congo, tugomba kubanza gukemura ibyo bibazo kugira ngo abahunze bari mu mahanga batahuke.”

U Rwanda rucumbikiye impunzi 174,000 zirimo ibihumbi by’Abanye-Congo bahahungiye mu myaka isaga 20 ishize.

2018-05-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kigali : Urukiko rusubitse urubanza ruregwamo Diane Rwigara  [ AMAFOTO ]

Kigali : Urukiko rusubitse urubanza ruregwamo Diane Rwigara [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 06 Oct 2017
“Guceceka kw’abanyabwenge gutuma injiji ziyongera” -Nelson Mandela

“Guceceka kw’abanyabwenge gutuma injiji ziyongera” -Nelson Mandela

Ubwanditsi 20 Jul 2021
Malawi: Mu masaha abarirwa ku ntoki urubanza rwa Murekezi ruratangira gusubirishwamo

Malawi: Mu masaha abarirwa ku ntoki urubanza rwa Murekezi ruratangira gusubirishwamo

Ubwanditsi 09 Apr 2017
Icyo  RDF  Ivuga ku cyifuzo cya Loni cyo kongera Ingabo zivuga Igifaransa

Icyo RDF Ivuga ku cyifuzo cya Loni cyo kongera Ingabo zivuga Igifaransa

Ubwanditsi 29 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC itsinze Simba, ifata umwanya wa mbere
IMIKINO

APR FC itsinze Simba, ifata umwanya wa mbere

Ubwanditsi 14 Aug 2016
Ni iki kihishe inyuma y’impfu zikurikiranye z’Abanyaburayi? Abandi 2 bapfuye muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Ni iki kihishe inyuma y’impfu zikurikiranye z’Abanyaburayi? Abandi 2 bapfuye muri Uganda

Ubwanditsi 26 Feb 2018
Uwahushije Claver Mbonimpa yarishwe, uwarashe umuhungu we akamwica arakidegembya
HIRYA NO HINO

Uwahushije Claver Mbonimpa yarishwe, uwarashe umuhungu we akamwica arakidegembya

Ubwanditsi 12 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru