• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ni iki kihishe inyuma y’impfu zikurikiranye z’Abanyaburayi? Abandi 2 bapfuye muri Uganda

Ni iki kihishe inyuma y’impfu zikurikiranye z’Abanyaburayi? Abandi 2 bapfuye muri Uganda

Ubwanditsi 26 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Mu gihugu cya Uganda hakomeje kumvikana impfu z’Abanyaburayi zikurikirana mu buryo bushobora gutuma umuntu yibaza icyaba kizihishe inyuma, aho Igipolisi cya Uganda cyatangiye iperereza ku rupfu rw’abandi babiri, Umudage n’Umubiligi barimo umwe wapfuye kuri uyu wa Mbere.

Aba bombi bapfuye ku minsi itandukanye, umwe kuwa gatanu w’icyumweru gishize, mu gihe undi yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, itariki 26 Gashyantare nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ivuga.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere n’umuvugizi w’igipolisi, Emilian Kayima, rivuga ko abapfuye ari; Umudage witwa Hans Jurgen Vallant w’imyaka 64, Umubiligi witwa Eric Yvomr w’imyaka 54 y’amavuko.

Iri tangazo rikomeza rivuga ko Umudage yapfuye kuwa 23 gashyantare azize umutima, aho yoherejwe mu bitaro bya Case Hospital (Umuhanzi Mowzey Radio yapfiriyemo), akahamara iminsi 2 akoherezwa mu Bitaro bya Nsambya, aho byatangarijwe ko yapfuye.

Kuri uyu Mubiligi, umuvugizi wa polisi avuga ko inshuti ye y’Umurundikazi yitwa Joseline Mupfasoni utuye Muyenga B mu macumbi ya Vermigo, yabwiye igipolisi ko nyakwigendera yiyahuye.

Ibi bikaba bibaye mu gihe igipolisi gikomeje iperereza ku mpfu z’Abandi Banyaburayi batatu bapfuye mu bihe bitandukanye harimo abaguye muri hotel mu minsi ishize .

Mu cyumweru gishize, Umukuru w’Igipolisi, IGP Gen. Kale Kayihura akaba yaratangaje ko raporo ya otopsy yagaragaje ko aba batatu, bapfiriye mu mahoteli atandukanye, basanzwemo ibiyobyabwenge n’uburozi.

Nubwo bivugwa gutyo, hari andi makuru ashinja urwego rushinzwe umutekano mu gihugu imbere (ISO) kuba rwaba rwaragize uruhare mu rupfu babiri bapfuye ku ikubitiro, Terasvouri Tuomas Juha Petteri ukomoka muri Finland na Alex Nordlarndar Sebastien Andreas wo muri Sweden bapfiriye muri Pearl of Africa hotel na Sheraton Kampala.

Urubuga perilofafrica.com ruvuga ko igipolisi cyandikiye uru rwego (ISO) gisaba ko abakozi bacyo bakwitaba bakabazwa ku rupfu rw’aba banyamahanga babiri, aho mu bo igipolisi cyifuzaga kubaza harimo n’umuyobozi mukuru wa ISO, Fred Kaka Bagyenda.

Umuvugizi wa polisi, Emilian Kayima akaba yaravugaga ko bifuzaga kubaza umuntu wese wahuye n’aba banyamahanga kuva bagera ku kibuga cy’indege kugeza bageze mu mahoteli basanzwemo bapfuye.

Bivugwa ko umwe muri aba banyamahanga witwa Patteri ngo yerekanye ibaruwa y’ubutumire bw’ubuhimbano bwari bwavuye ku mukuru wa ISO, Col.(Rtd) Kaka Bagyenda, yafatiwe ku kibuga cy’indege cya Entebbe.

Bikavugwa na none ko Patteri yari aherekejwe n’umugore w’umugandekazi, Faridah Nakaye, n’abandi bantu bafite imbunda ubwo yinjiraga muri Hotel Pearl of Africa, saa moya za mugitondo bagasanga yapfuye nk’uko byemejwe n’ushinzwe gutanga amakuru muri iyi hotel, Doreen Komuhangi.

Sebastien nawe yasanzwe saa sita z’amanywa yapfuye nyuma y’amasaha makeya abakozi ba ISO bamukuye ku kibuga cy’indege cya Entebbe. Batatu bakekwa barimo umuseriveri bagararanye n’uyu Munya-Finland batawe muri yombi nabo.

Gusa nyuma ibizamini byo kwa muganga byagaragaje ko bazize ibiyobyabwenge n’uburozi butazwi.

 

2018-02-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kayumba Rugema  yigambye  iyicarubozo rikorerwa Abanyarwanda Kampala

Kayumba Rugema yigambye iyicarubozo rikorerwa Abanyarwanda Kampala

Ubwanditsi 13 Jan 2018
Jimmy Gatete yagarutse mu Rwanda azanywe no gufungura inyubako y’imyidagaduro yiswe “Kigali Universe”

Jimmy Gatete yagarutse mu Rwanda azanywe no gufungura inyubako y’imyidagaduro yiswe “Kigali Universe”

Ubwanditsi 07 May 2024
Muri  FLN ya Sankara, inzara iravuza ubuhuha, hakiyongeraho no gusambanya abana babakobwa kugahato

Muri  FLN ya Sankara, inzara iravuza ubuhuha, hakiyongeraho no gusambanya abana babakobwa kugahato

Ubwanditsi 24 Aug 2018
Abo muri”opozisiyo” basobanura bate ko bafitiye Abanyarwanda imigambi mizima, kandi nabo ubwabo basubiranamo buri munsi?

Abo muri”opozisiyo” basobanura bate ko bafitiye Abanyarwanda imigambi mizima, kandi nabo ubwabo basubiranamo buri munsi?

Ubwanditsi 07 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Donald Trump yiyeguriye Imana
POLITIKI

Donald Trump yiyeguriye Imana

Ubwanditsi 28 Jun 2016
U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika
POLITIKI

U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

Ubwanditsi 20 Oct 2017
U Bwongereza bwageze muri ¼ cy’Igikombe cy’Isi, Harry Kane yandika amateka mashya
IMIKINO

U Bwongereza bwageze muri ¼ cy’Igikombe cy’Isi, Harry Kane yandika amateka mashya

Ubwanditsi 04 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru