• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ni iki kihishe inyuma y’impfu zikurikiranye z’Abanyaburayi? Abandi 2 bapfuye muri Uganda

Ni iki kihishe inyuma y’impfu zikurikiranye z’Abanyaburayi? Abandi 2 bapfuye muri Uganda

Ubwanditsi 26 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Mu gihugu cya Uganda hakomeje kumvikana impfu z’Abanyaburayi zikurikirana mu buryo bushobora gutuma umuntu yibaza icyaba kizihishe inyuma, aho Igipolisi cya Uganda cyatangiye iperereza ku rupfu rw’abandi babiri, Umudage n’Umubiligi barimo umwe wapfuye kuri uyu wa Mbere.

Aba bombi bapfuye ku minsi itandukanye, umwe kuwa gatanu w’icyumweru gishize, mu gihe undi yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, itariki 26 Gashyantare nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ivuga.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere n’umuvugizi w’igipolisi, Emilian Kayima, rivuga ko abapfuye ari; Umudage witwa Hans Jurgen Vallant w’imyaka 64, Umubiligi witwa Eric Yvomr w’imyaka 54 y’amavuko.

Iri tangazo rikomeza rivuga ko Umudage yapfuye kuwa 23 gashyantare azize umutima, aho yoherejwe mu bitaro bya Case Hospital (Umuhanzi Mowzey Radio yapfiriyemo), akahamara iminsi 2 akoherezwa mu Bitaro bya Nsambya, aho byatangarijwe ko yapfuye.

Kuri uyu Mubiligi, umuvugizi wa polisi avuga ko inshuti ye y’Umurundikazi yitwa Joseline Mupfasoni utuye Muyenga B mu macumbi ya Vermigo, yabwiye igipolisi ko nyakwigendera yiyahuye.

Ibi bikaba bibaye mu gihe igipolisi gikomeje iperereza ku mpfu z’Abandi Banyaburayi batatu bapfuye mu bihe bitandukanye harimo abaguye muri hotel mu minsi ishize .

Mu cyumweru gishize, Umukuru w’Igipolisi, IGP Gen. Kale Kayihura akaba yaratangaje ko raporo ya otopsy yagaragaje ko aba batatu, bapfiriye mu mahoteli atandukanye, basanzwemo ibiyobyabwenge n’uburozi.

Nubwo bivugwa gutyo, hari andi makuru ashinja urwego rushinzwe umutekano mu gihugu imbere (ISO) kuba rwaba rwaragize uruhare mu rupfu babiri bapfuye ku ikubitiro, Terasvouri Tuomas Juha Petteri ukomoka muri Finland na Alex Nordlarndar Sebastien Andreas wo muri Sweden bapfiriye muri Pearl of Africa hotel na Sheraton Kampala.

Urubuga perilofafrica.com ruvuga ko igipolisi cyandikiye uru rwego (ISO) gisaba ko abakozi bacyo bakwitaba bakabazwa ku rupfu rw’aba banyamahanga babiri, aho mu bo igipolisi cyifuzaga kubaza harimo n’umuyobozi mukuru wa ISO, Fred Kaka Bagyenda.

Umuvugizi wa polisi, Emilian Kayima akaba yaravugaga ko bifuzaga kubaza umuntu wese wahuye n’aba banyamahanga kuva bagera ku kibuga cy’indege kugeza bageze mu mahoteli basanzwemo bapfuye.

Bivugwa ko umwe muri aba banyamahanga witwa Patteri ngo yerekanye ibaruwa y’ubutumire bw’ubuhimbano bwari bwavuye ku mukuru wa ISO, Col.(Rtd) Kaka Bagyenda, yafatiwe ku kibuga cy’indege cya Entebbe.

Bikavugwa na none ko Patteri yari aherekejwe n’umugore w’umugandekazi, Faridah Nakaye, n’abandi bantu bafite imbunda ubwo yinjiraga muri Hotel Pearl of Africa, saa moya za mugitondo bagasanga yapfuye nk’uko byemejwe n’ushinzwe gutanga amakuru muri iyi hotel, Doreen Komuhangi.

Sebastien nawe yasanzwe saa sita z’amanywa yapfuye nyuma y’amasaha makeya abakozi ba ISO bamukuye ku kibuga cy’indege cya Entebbe. Batatu bakekwa barimo umuseriveri bagararanye n’uyu Munya-Finland batawe muri yombi nabo.

Gusa nyuma ibizamini byo kwa muganga byagaragaje ko bazize ibiyobyabwenge n’uburozi butazwi.

 

2018-02-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda : Umuturage wa Congo [ RDC ], Steven Moïse yahohotewe n’inzego z’umutekano CMI, zimwitiranya n’Abanyarwanda.

Uganda : Umuturage wa Congo [ RDC ], Steven Moïse yahohotewe n’inzego z’umutekano CMI, zimwitiranya n’Abanyarwanda.

Ubwanditsi 30 May 2019
“Muzaraswa,” Museveni aburira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe

“Muzaraswa,” Museveni aburira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe

Ubwanditsi 13 Nov 2018
Burundi: Igisiga cyari gihitanye amagana y’abasirikare b’uburundi bari mu ndege imana ikinga akaboko.

Burundi: Igisiga cyari gihitanye amagana y’abasirikare b’uburundi bari mu ndege imana ikinga akaboko.

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Uganda : Bombori bombori mu kazu k’abahima bayoboye Uganda, Lt Gen Tumukunde yafashwe n’ingabo zihuriweho na Polisi n’ingabo ziki gihugu

Uganda : Bombori bombori mu kazu k’abahima bayoboye Uganda, Lt Gen Tumukunde yafashwe n’ingabo zihuriweho na Polisi n’ingabo ziki gihugu

Ubwanditsi 12 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwatsinzwe na Libya ku munota wa nyuma rurasezererwa[ uko byagenze mukibuga ]
IMIKINO

U Rwanda rwatsinzwe na Libya ku munota wa nyuma rurasezererwa[ uko byagenze mukibuga ]

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Intore izirusha intambwe ‘ Kagame  Paul’  yatanze Kandidatire  muri Komisiyo y’Amatora
Mu Rwanda

Intore izirusha intambwe ‘ Kagame Paul’ yatanze Kandidatire muri Komisiyo y’Amatora

Ubwanditsi 22 Jun 2017
Polisi yafashe abashoferi 30 bakekwaho guha ruswa abapolisi mu gihugu hose
Mu Rwanda

Polisi yafashe abashoferi 30 bakekwaho guha ruswa abapolisi mu gihugu hose

Ubwanditsi 08 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru