• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Akabaye icwende ntikoga , Uganda iranze ibaye indiri y’ibigarasha n’igicumbi cy’ibinyoma bigamije guharabika u Rwanda

Akabaye icwende ntikoga , Uganda iranze ibaye indiri y’ibigarasha n’igicumbi cy’ibinyoma bigamije guharabika u Rwanda

Ubwanditsi 08 Aug 2020 INKURU NYAMUKURU, Uncategorized

Mu gihe isi yose ihangayikishijwe n’icyorezo cya Coronavirus gihangayikishije abatuye isi ndetse kikaba cyaramunze ubukungu bw’ibihugu byose, inzego z’umutekano za Uganda cyane cyane CMI, ISO na ESO, zikoresheje ibinyamakuru byabo, byabonye umwanya wo guhimba ibinyoma byambaye ubusa mu rwego rwo guharabika u Rwanda ndetse no gushaka uko bikiza inzirakarengane z’Abanyarwanda zituye cyangwa zikorera mu gihugu cya Uganda. Ibi babikora bakwirakwiza impapuro mpimbano zihembera urwango hagati ya Uganda n’u Rwanda bazitirira inzego z’u Rwanda cyangwa se iza Uganda bitewe nicyo bagamije.

Nk’ubu bakwirakwiza inyandiko bitiriye inzego z’iperereza z’u Rwanda zisaba amafaranga yo guhemba abazikorera mu gihugu cya Uganda, ibi ntakindi bagamije ni ugushaka kwirenza abo badashaka mu gihugu cya Uganda babatwerera gukorera inzego z’umutekano z’u Rwanda. Abasanzwe bakorera izo nzego za Uganda, harimo Prossy Bonabana, yarezwe ubwambuzi bushingiye ku iterabwoba aho yaka amafaranga Abanyarwanda na bamwe mu bagande abatera ubwoba ko azabarega ko baje kuneka icyo gihugu. Izindi nyandiko ni izanditswe mu izina rya Perezidansi ya Uganda zivuga ko abagande batemerewe kuza mu Rwanda nibindi bigamije guhesha isura mbi inzego z’umutekano w’u Rwanda. Ikibabaje ni uko inzego bitirira ibi binyoma bigamije gusenya, zireberera ntizibinyomoze.

Ibi kandi byiyongera ku bikorwa ibigarasha bikomeje gukorera ku butaka bwicyo gihugu kandi babifashijwemo n’inzego z’umutekano. Mu minsi ishize haherutse gufatwa abayoboke ba rya shyaka rishya ryiyomoye kuri RNC ryitwa RAC Urunana bagera kuri 40 gusa bamwe bagiye barekurwa nyuma yo gusanga ari ba maneko ba Kayumba na CMI bari bagiye mu nama yari yatumijwe na Deo Nyirigira utagicana uwaka na Kayumba Nyamwasa wakoranye na CMI mu ibanga rikomeye bakarigisa umuhungu we Felix Mwizerwa na Ben Rutabana.

RAC-Urunana ryashinzwe na Jean Paul Turayishimye afatanyije n’abandi bahoze muri RNC, ndetse n’abandi bose babayeho nka mafiya urebye abawugize. Rushyashya ikazabagarukaho by’umwihariko ivuga kuri umwe mu bagize iryo shyaka n’uburyo bari hagati y’ururimi ndetse n’igitutu kibariho cyane cyane muri Uganda dore ko aho bakomanga hose basanga Kayumba yabafungiye amayira cyane cyane mu gihugu cya Uganda. Tugarutse kubayoboke babo bafashwe, ubu 32 nibo bafungiwe ahitwa Kitarya , ndetse bakaba bakomejwe guhatirwa gusubira muri RNC no kwitandukanya na Turayishimye na Pasteur Deo Nyirigira. Ntabwo ari ubyo gusa dore ko hadashira kabiri ibinyamakuru bikorana n’inzego z’ubutasi za CMI (dore ko ISO yo havugwa urunturuntu ndetse n’umuyobozi wayo akaba akomeje kwandagazwa n’ibinyamakuru bya CMI) batangaje ko Uganda yafunze umupaka wayo n’u Rwanda ndetse nyuma yaho baza gusohora ibindi bihuha byambaye ubusa bita ko ari amakuru y’ibanga ngo yo mu ishami ry’ipereza rya gisirikare ry’u Rwanda.

2020-08-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abo mu muryango wa Kayumba Rugema Alias Gafirifiri, bati:”Twarapfushije ntitwahamba”

Abo mu muryango wa Kayumba Rugema Alias Gafirifiri, bati:”Twarapfushije ntitwahamba”

Ubwanditsi 01 Dec 2020
Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Ubwanditsi 21 Aug 2024
Nyarutarama : Inzu z’umucuruzi zatejwe cyamunara mu manyanga zasubijwe nyirazo

Nyarutarama : Inzu z’umucuruzi zatejwe cyamunara mu manyanga zasubijwe nyirazo

Ubwanditsi 17 May 2018
Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi

Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi

RUSHYASHYA 15 May 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino 40 idatsindwa, Gasogi United iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo gutsinda Bugesera FC ku munsi wa 4
Amakuru

APR FC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino 40 idatsindwa, Gasogi United iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo gutsinda Bugesera FC ku munsi wa 4

Ubwanditsi 24 Nov 2021
AS Kigali yatsinze umukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wayihuje na Police FC, Umutoza Casa yuzuza imikino itanu adatsindwa
Amakuru

AS Kigali yatsinze umukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wayihuje na Police FC, Umutoza Casa yuzuza imikino itanu adatsindwa

Ubwanditsi 13 May 2022
Tumenye Mille Collines, hoteli ibitse amateka akomeye y’Abanyarwanda
UBUKERARUGENDO

Tumenye Mille Collines, hoteli ibitse amateka akomeye y’Abanyarwanda

Ubwanditsi 26 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru