• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Akabaye icwende ntikoga , Uganda iranze ibaye indiri y’ibigarasha n’igicumbi cy’ibinyoma bigamije guharabika u Rwanda

Akabaye icwende ntikoga , Uganda iranze ibaye indiri y’ibigarasha n’igicumbi cy’ibinyoma bigamije guharabika u Rwanda

Editorial 08 Aug 2020 INKURU NYAMUKURU, Uncategorized

Mu gihe isi yose ihangayikishijwe n’icyorezo cya Coronavirus gihangayikishije abatuye isi ndetse kikaba cyaramunze ubukungu bw’ibihugu byose, inzego z’umutekano za Uganda cyane cyane CMI, ISO na ESO, zikoresheje ibinyamakuru byabo, byabonye umwanya wo guhimba ibinyoma byambaye ubusa mu rwego rwo guharabika u Rwanda ndetse no gushaka uko bikiza inzirakarengane z’Abanyarwanda zituye cyangwa zikorera mu gihugu cya Uganda. Ibi babikora bakwirakwiza impapuro mpimbano zihembera urwango hagati ya Uganda n’u Rwanda bazitirira inzego z’u Rwanda cyangwa se iza Uganda bitewe nicyo bagamije.

Nk’ubu bakwirakwiza inyandiko bitiriye inzego z’iperereza z’u Rwanda zisaba amafaranga yo guhemba abazikorera mu gihugu cya Uganda, ibi ntakindi bagamije ni ugushaka kwirenza abo badashaka mu gihugu cya Uganda babatwerera gukorera inzego z’umutekano z’u Rwanda. Abasanzwe bakorera izo nzego za Uganda, harimo Prossy Bonabana, yarezwe ubwambuzi bushingiye ku iterabwoba aho yaka amafaranga Abanyarwanda na bamwe mu bagande abatera ubwoba ko azabarega ko baje kuneka icyo gihugu. Izindi nyandiko ni izanditswe mu izina rya Perezidansi ya Uganda zivuga ko abagande batemerewe kuza mu Rwanda nibindi bigamije guhesha isura mbi inzego z’umutekano w’u Rwanda. Ikibabaje ni uko inzego bitirira ibi binyoma bigamije gusenya, zireberera ntizibinyomoze.

Ibi kandi byiyongera ku bikorwa ibigarasha bikomeje gukorera ku butaka bwicyo gihugu kandi babifashijwemo n’inzego z’umutekano. Mu minsi ishize haherutse gufatwa abayoboke ba rya shyaka rishya ryiyomoye kuri RNC ryitwa RAC Urunana bagera kuri 40 gusa bamwe bagiye barekurwa nyuma yo gusanga ari ba maneko ba Kayumba na CMI bari bagiye mu nama yari yatumijwe na Deo Nyirigira utagicana uwaka na Kayumba Nyamwasa wakoranye na CMI mu ibanga rikomeye bakarigisa umuhungu we Felix Mwizerwa na Ben Rutabana.

RAC-Urunana ryashinzwe na Jean Paul Turayishimye afatanyije n’abandi bahoze muri RNC, ndetse n’abandi bose babayeho nka mafiya urebye abawugize. Rushyashya ikazabagarukaho by’umwihariko ivuga kuri umwe mu bagize iryo shyaka n’uburyo bari hagati y’ururimi ndetse n’igitutu kibariho cyane cyane muri Uganda dore ko aho bakomanga hose basanga Kayumba yabafungiye amayira cyane cyane mu gihugu cya Uganda. Tugarutse kubayoboke babo bafashwe, ubu 32 nibo bafungiwe ahitwa Kitarya , ndetse bakaba bakomejwe guhatirwa gusubira muri RNC no kwitandukanya na Turayishimye na Pasteur Deo Nyirigira. Ntabwo ari ubyo gusa dore ko hadashira kabiri ibinyamakuru bikorana n’inzego z’ubutasi za CMI (dore ko ISO yo havugwa urunturuntu ndetse n’umuyobozi wayo akaba akomeje kwandagazwa n’ibinyamakuru bya CMI) batangaje ko Uganda yafunze umupaka wayo n’u Rwanda ndetse nyuma yaho baza gusohora ibindi bihuha byambaye ubusa bita ko ari amakuru y’ibanga ngo yo mu ishami ry’ipereza rya gisirikare ry’u Rwanda.

2020-08-08
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida wa Repubulika ya Centrafrique Faustin-Archange Touadéra aragirira uruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda

Perezida wa Repubulika ya Centrafrique Faustin-Archange Touadéra aragirira uruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda

Editorial 05 Aug 2021
Aba-Ofisiye 1015 ba Polisi bazamuwe mu ntera, abandi 111 bashyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru

Aba-Ofisiye 1015 ba Polisi bazamuwe mu ntera, abandi 111 bashyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru

Editorial 12 Jan 2018
Umuvumo n’uruzerero bishegeshe Tewojeni Rudasingwa, yongera kubahuka Perezida Kagame wamukamiye.

Umuvumo n’uruzerero bishegeshe Tewojeni Rudasingwa, yongera kubahuka Perezida Kagame wamukamiye.

Editorial 10 Apr 2023
Perezida Kagame ntakigiye i Kampala mu mwiherero w’abakuru bibihugu bya EAC

Perezida Kagame ntakigiye i Kampala mu mwiherero w’abakuru bibihugu bya EAC

Editorial 22 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Umugabo yabeshye abo mu muryango we ko yashimuswe abasaba miliyoni 2Ush
HIRYA NO HINO

Uganda: Umugabo yabeshye abo mu muryango we ko yashimuswe abasaba miliyoni 2Ush

Editorial 08 Mar 2018
Me Ndikumana Vincent yitandukanije n’ibikorwa bibi bya murumuna we Rudasingwa Alexis uri muri RNC
ITOHOZA

Me Ndikumana Vincent yitandukanije n’ibikorwa bibi bya murumuna we Rudasingwa Alexis uri muri RNC

Editorial 20 Jul 2016
Ethiopia: Perezida Kagame n’umufasha we bitabiriye inama rusange ya AU
Mu Rwanda

Ethiopia: Perezida Kagame n’umufasha we bitabiriye inama rusange ya AU

Editorial 02 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru