• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uwahushije Claver Mbonimpa yarishwe, uwarashe umuhungu we akamwica arakidegembya

Uwahushije Claver Mbonimpa yarishwe, uwarashe umuhungu we akamwica arakidegembya

Ubwanditsi 12 Mar 2018 HIRYA NO HINO

Nyuma yo kurusimbuka, Claver Mbonimpa, umusaza w’imyaka 68 y’amavuko akaba n’impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu, avuga agahinda yagize mu mwaka wa 2015, nyuma yo kuraswa akarusimbuka, umwana n’umukwe we bo bakicwa.

Mu kiganiro yagiranye na DW (Deutsche Welle), Mbonimpa yaboneyeho gutangaza ko yapfushije abantu benshi b’aba abo mu muryango n’abandi barundi muri rusange.

Ati”Nabuze umwana wanjye n’umukwe, ndetse mfusha n’ibihumbi by’abaturage bagiye bicwa, nahamagaye incuti zanjye nke nzisaba gushyingura umwana wanjye mu cyubahiro, ibyo nibyo nabashije gukora”.

Ku wa  6 Ugushyingo 2015, nibwo umurambo wa Welly Nzitonda, umuhungu wa Mbonimpa watoraguwe i Mutakura mu mujyi wa Bujumbura.  Umukwe we, Pascal Nshimirimana yishwe ku wa  9 Nzeri 2015.

Iki kinyamakuru gitangaza ko uwagerageje kurasa Claver Mponimpa ari umwe mu bakoreraga urwego rw’igihugu rw’ubutasi, nyuma na we yaje kwicwa, gusa ngo uwarashe agahamya umuhungu we, ngo aracyariho.

Gitangaza kandi ko uwishe Welly, umuhungu wa Mbonyimpa, ari umwe mu bagize agatsiko gakorera Perezida w’u Burundi, Pierre Nkurunziza, dore ko ibi byose byabaye mu mwaka yiyamamarizaga manda ya gatatu, bose batahurizagaho.

 Mu mwaka wa 2015, nibwo umwicanyi wari kuri moto yarashe Mbonimpa amasasu ane, abiri aramufata, rimwe mu mutwe irindi mu rutugu. Ku bw’amahirwe yaje kurokoka ajyanwa i Brussels kuvurirwayo.

Claver Mbonimpa yahawe n’igihembo n’Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu ku Isi, Human Rights Watch, igihembo cyitiriwe Alison Des Forges, ashimwa ku bw’ibikorwa byo guharanira uburenganzira mu Burundi.

Kuva yajya kwivuriza mu Bubiligi, uyu musaza ntabwo yari yahindukiza umugongo dore ko abo mu muryango we basigaye mu Burundi, bagiye bagaragaza impungenge bafite z’umutekano wabo.

2018-03-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubukwe bwa Ali Kiba bwitezwemo abaherwe bo muri Kenya

Ubukwe bwa Ali Kiba bwitezwemo abaherwe bo muri Kenya

Ubwanditsi 18 Apr 2018
Diamond yatawe muri yombi aryozwa amashusho yasakaje asomana n’inkumi

Diamond yatawe muri yombi aryozwa amashusho yasakaje asomana n’inkumi

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max

Ubwanditsi 15 Mar 2019
Sophia, umugore w’irobo noneho ngo arashaka umwana

Sophia, umugore w’irobo noneho ngo arashaka umwana

Ubwanditsi 30 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyarugenge: Yafatanywe Impushya ebyiri zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano
Mu Rwanda

Nyarugenge: Yafatanywe Impushya ebyiri zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano

Ubwanditsi 08 May 2017
Bimwe mu byaranze ubuzima bwa Mowzey Radio usize abana 3 n’abagore 2
HIRYA NO HINO

Bimwe mu byaranze ubuzima bwa Mowzey Radio usize abana 3 n’abagore 2

Ubwanditsi 03 Feb 2018
Umuyobozi wa Radiyo ‘Ijwi rya Amerika’ aranenga Leta y’u Burundi
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umuyobozi wa Radiyo ‘Ijwi rya Amerika’ aranenga Leta y’u Burundi

Ubwanditsi 05 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru