• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

Ubwanditsi 13 Nov 2019 HIRYA NO HINO, POLITIKI

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda, akaba ashinzwe n’Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba, Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko iyo Uganda isaba u Rwanda urutonde rw’Abanyarwanda ishinjwa kuba ifunze iba yigiza nkana.

yarabajijwe icyo avuga ku byanditswe na bimwe mu binyamakuru byo muri Uganda bivuga ko ubutegetsi bw’i Kampala busaba u Rwanda kuyiha urutonde rw’abo ruvuga ko ifunze, asubiza ko ‘utafunga umuntu ngo nurangiza uvuge ko utazi uwo ari we.’-umuseke

Kimwe mu binyamakuru byo muri Uganda kitwa ChimpReports cyanditse ko hari ibyo ubutegetsi bwa Kampala bwasabye u Rwanda ariko bitarakorwa.

Hari ahanditse hati: ‘ …Uganda yasabye u Rwanda kuyiha urutonde rw’abantu ruvuga ko ifunze mu buryo butemewe n’amategeko.

Mu nama yahuje abahagarariye ibihugu byombi muri iki kibazo yabereye i Kigali, Uganda yavuyeyo idahawe urwo rutonde. Ntabwo rwari ruri mu nyandiko yahawe nyuma y’inama.

U Rwanda rwijeje ko ruzoherereza Uganda urwo rutonde kugira ngo rusuzumwe n’inzego za Uganda, kugeza kuri uyu wa Kabiri {12, Ugushyingo, 2019}, urutonde ntiruragera ku nzego za Uganda…’

Kuri Minisitiri Olivier Nduhungirehe asanga ibyo Uganda isaba u Rwanda ibikora nkana kuko itayobewe ko ‘hari Abanyarwanda ifunze mu buryo butemewe n’amategeko.’

Ati: “Iyo ufungiye abantu iwawe, uba ukeneye ko hari uguha lisite yabo ngo umenye abo ari bo maze ubafungure?”

Avuga ko Uganda ari yo izi abo ifunze bityo ko ari yo yagombye kubafungura itiriwe yaka urutonde.

Ngo nta kuntu wafunga abantu hanyuma ukemeza ko utazi amazina yabo n’ibindi bibaranga.

Abajijwe uko bizagenda buri ruhande niruguma ku cyo ruhagazeho (u Rwanda rugasaba ko abantu barwo barekurwa, Uganda na yo ikarusaba kuyiha urutonde rw’abo bantu), Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko ‘afite ikizere ko ibintu bizagenda neza.’

Ku wa Mbere w’Icyumweru gitaha taliki 18, Ugushyingo, 2019 hateganyijwe inama ya kabiri izahuza u Rwanda na Uganda hamwe n’ibihugu byo mu Karere kugira ngo hasuzumwe aho ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Luanda rigeze.

Perezida Kagame ati “Abanyarwanda bafungiwe Uganda nibura nta n’umwe uragezwa imbere y’Ubutabera”

Mu kiganiro giheruka guhuza Perezida Paul Kagame n’itangazamukuru ku wa gatanu w’icyumweru gishize, tariki 8 Ugushyingo 2019, yabajijwe uko umubano w’u Rwanda na Uganda uhagaze, avuga ko hakiri byinshi bitarajya mu buryo.

Perezida Paul Kagame yavuze ko mu nama yabereye i Kigali tariki 16 Nzeri 2019 igahuza intumwa z’u Rwanda n’iza Uganda hari byinshi byaganiriwemo ariko ngo inama ya kabiri yagombaga kubera muri Uganda tariki 16 Ukwakira 2019 nk’uko byari byari byemejwe n’impande zombi ngo ntiyabaye ku mpamvu u Rwanda rutamenye.

Kagame yagize ati “Impamvu z’uko inama itabaye muri Uganda simbizi, ariko nzi ko itabaye. Yagombaga kuba tariki 16 Ukwakira, yimurirwa ku ya 13 Ugushyingo ariko nta butumire twabonye, nabwo icyo bivuze simbizi, nyuma batubwiye ko inama izaba ku wa 18 Ugushyingo 2019, ishobora no kubata, tuzabyubaha, ariko iriya nama yari gukemura ibibazo byinshi tuvuga bimaze igihe.”

Perezida Kagame avuga ko hari ikibazo cy’abahungabanya u Rwanda bakorera muri Uganda, ariko Uganda ikabihakana, nyamara ngo abafatiwe mu mitwe irwanya u Rwanda bo barabihamya.

Kagame ati “Ibimenyetso birahari, hari abafashwe babyemeza.”

Uganda ishinjwa gufunga Abanyarwanda ku mpamvu zihora zihindagurika, Perezida Paul Kagame yavuze ko ubu impamvu Uganda ivuga ko ifunze Abanyarwanda ari iy’uko babayo nta byangombwa bafite, mbere ho yavugaga ko ibafunga kubera ko ari intasi z’u Rwanda.

Ati “Ni gute ufata abantu 100 ntihagire n’umwe ujya mu nkiko? Nibura umwe?”

Perezida Kagame yabwiye itangazamakuru ko abafashwe barwanya u Rwanda bavuga ko benshi mu bafungirwa u Rwanda baba basabwe kujya mu mitwe yabo bakabyanga, “bakabihanirwa”.

Gusa ngo nyuma y’inama yabereye i Kigali, Uganda yitwikiriye ijoro, irekura Abanyarwanda bakabkaba 40 yari ifunze mu buryo butemewe n’amategeko, ariko ngo nyuma yongeye gufunga abandi.

Nubwo bimeze gutyo, Perezida Paul Kagame avuga ko iki kibazo yizeza ko kizakemuka, ariko ngo imibanire yakabaye ari myiza kurushaho.

2019-11-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yatumiye Macron kuzasura u Rwanda

Perezida Kagame yatumiye Macron kuzasura u Rwanda

Ubwanditsi 24 May 2018
Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

RUSHYASHYA 11 Mar 2026
MINISITIRI MUSHIKIWABO YAGANIRIYE NA MINISITIRI W’INTEBE WA ISRAEL, BENJAMIN NETANYAHU.

MINISITIRI MUSHIKIWABO YAGANIRIYE NA MINISITIRI W’INTEBE WA ISRAEL, BENJAMIN NETANYAHU.

Ubwanditsi 21 Jan 2016
Dore Urutonde rw’ ibihugu byakandamije Itangazamakuru muruyu mwaka wa 2017

Dore Urutonde rw’ ibihugu byakandamije Itangazamakuru muruyu mwaka wa 2017

Ubwanditsi 17 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Paul Kagame akomeje kwiyamamariza muri Nyagatare, Gatsibo na Kayonza
Mu Rwanda

Paul Kagame akomeje kwiyamamariza muri Nyagatare, Gatsibo na Kayonza

Ubwanditsi 22 Jul 2017
Ikipe y’Igihugu ya Esipanye yegukanye Euro 2024 itsinze u Bwongereza 2-1
Amakuru

Ikipe y’Igihugu ya Esipanye yegukanye Euro 2024 itsinze u Bwongereza 2-1

Ubwanditsi 14 Jul 2024
Juventus yarokokeye kuri za Penalite maze isanga Miran AC ku mukino wa nyuma Copa Italia
IMIKINO

Juventus yarokokeye kuri za Penalite maze isanga Miran AC ku mukino wa nyuma Copa Italia

Ubwanditsi 03 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru