• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

Ubwanditsi 13 Nov 2019 HIRYA NO HINO, POLITIKI

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda, akaba ashinzwe n’Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba, Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko iyo Uganda isaba u Rwanda urutonde rw’Abanyarwanda ishinjwa kuba ifunze iba yigiza nkana.

yarabajijwe icyo avuga ku byanditswe na bimwe mu binyamakuru byo muri Uganda bivuga ko ubutegetsi bw’i Kampala busaba u Rwanda kuyiha urutonde rw’abo ruvuga ko ifunze, asubiza ko ‘utafunga umuntu ngo nurangiza uvuge ko utazi uwo ari we.’-umuseke

Kimwe mu binyamakuru byo muri Uganda kitwa ChimpReports cyanditse ko hari ibyo ubutegetsi bwa Kampala bwasabye u Rwanda ariko bitarakorwa.

Hari ahanditse hati: ‘ …Uganda yasabye u Rwanda kuyiha urutonde rw’abantu ruvuga ko ifunze mu buryo butemewe n’amategeko.

Mu nama yahuje abahagarariye ibihugu byombi muri iki kibazo yabereye i Kigali, Uganda yavuyeyo idahawe urwo rutonde. Ntabwo rwari ruri mu nyandiko yahawe nyuma y’inama.

U Rwanda rwijeje ko ruzoherereza Uganda urwo rutonde kugira ngo rusuzumwe n’inzego za Uganda, kugeza kuri uyu wa Kabiri {12, Ugushyingo, 2019}, urutonde ntiruragera ku nzego za Uganda…’

Kuri Minisitiri Olivier Nduhungirehe asanga ibyo Uganda isaba u Rwanda ibikora nkana kuko itayobewe ko ‘hari Abanyarwanda ifunze mu buryo butemewe n’amategeko.’

Ati: “Iyo ufungiye abantu iwawe, uba ukeneye ko hari uguha lisite yabo ngo umenye abo ari bo maze ubafungure?”

Avuga ko Uganda ari yo izi abo ifunze bityo ko ari yo yagombye kubafungura itiriwe yaka urutonde.

Ngo nta kuntu wafunga abantu hanyuma ukemeza ko utazi amazina yabo n’ibindi bibaranga.

Abajijwe uko bizagenda buri ruhande niruguma ku cyo ruhagazeho (u Rwanda rugasaba ko abantu barwo barekurwa, Uganda na yo ikarusaba kuyiha urutonde rw’abo bantu), Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko ‘afite ikizere ko ibintu bizagenda neza.’

Ku wa Mbere w’Icyumweru gitaha taliki 18, Ugushyingo, 2019 hateganyijwe inama ya kabiri izahuza u Rwanda na Uganda hamwe n’ibihugu byo mu Karere kugira ngo hasuzumwe aho ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Luanda rigeze.

Perezida Kagame ati “Abanyarwanda bafungiwe Uganda nibura nta n’umwe uragezwa imbere y’Ubutabera”

Mu kiganiro giheruka guhuza Perezida Paul Kagame n’itangazamukuru ku wa gatanu w’icyumweru gishize, tariki 8 Ugushyingo 2019, yabajijwe uko umubano w’u Rwanda na Uganda uhagaze, avuga ko hakiri byinshi bitarajya mu buryo.

Perezida Paul Kagame yavuze ko mu nama yabereye i Kigali tariki 16 Nzeri 2019 igahuza intumwa z’u Rwanda n’iza Uganda hari byinshi byaganiriwemo ariko ngo inama ya kabiri yagombaga kubera muri Uganda tariki 16 Ukwakira 2019 nk’uko byari byari byemejwe n’impande zombi ngo ntiyabaye ku mpamvu u Rwanda rutamenye.

Kagame yagize ati “Impamvu z’uko inama itabaye muri Uganda simbizi, ariko nzi ko itabaye. Yagombaga kuba tariki 16 Ukwakira, yimurirwa ku ya 13 Ugushyingo ariko nta butumire twabonye, nabwo icyo bivuze simbizi, nyuma batubwiye ko inama izaba ku wa 18 Ugushyingo 2019, ishobora no kubata, tuzabyubaha, ariko iriya nama yari gukemura ibibazo byinshi tuvuga bimaze igihe.”

Perezida Kagame avuga ko hari ikibazo cy’abahungabanya u Rwanda bakorera muri Uganda, ariko Uganda ikabihakana, nyamara ngo abafatiwe mu mitwe irwanya u Rwanda bo barabihamya.

Kagame ati “Ibimenyetso birahari, hari abafashwe babyemeza.”

Uganda ishinjwa gufunga Abanyarwanda ku mpamvu zihora zihindagurika, Perezida Paul Kagame yavuze ko ubu impamvu Uganda ivuga ko ifunze Abanyarwanda ari iy’uko babayo nta byangombwa bafite, mbere ho yavugaga ko ibafunga kubera ko ari intasi z’u Rwanda.

Ati “Ni gute ufata abantu 100 ntihagire n’umwe ujya mu nkiko? Nibura umwe?”

Perezida Kagame yabwiye itangazamakuru ko abafashwe barwanya u Rwanda bavuga ko benshi mu bafungirwa u Rwanda baba basabwe kujya mu mitwe yabo bakabyanga, “bakabihanirwa”.

Gusa ngo nyuma y’inama yabereye i Kigali, Uganda yitwikiriye ijoro, irekura Abanyarwanda bakabkaba 40 yari ifunze mu buryo butemewe n’amategeko, ariko ngo nyuma yongeye gufunga abandi.

Nubwo bimeze gutyo, Perezida Paul Kagame avuga ko iki kibazo yizeza ko kizakemuka, ariko ngo imibanire yakabaye ari myiza kurushaho.

2019-11-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inda ninini isumbye indagu, umuhanzi Jean Paul Samputu, nawe abaye ikigarasha gikoreshwa nUbutegetsi bwa Uganda ngo kigambanire gakondo!!!

Inda ninini isumbye indagu, umuhanzi Jean Paul Samputu, nawe abaye ikigarasha gikoreshwa nUbutegetsi bwa Uganda ngo kigambanire gakondo!!!

Ubwanditsi 09 Apr 2021
Bukavu: Perezida Tshisekedi yatangaje ko yiteguye no gupfa ariko amahoro akaganza

Bukavu: Perezida Tshisekedi yatangaje ko yiteguye no gupfa ariko amahoro akaganza

Ubwanditsi 08 Oct 2019
Amerika yagabye igitero gishya mu ntambara y’ ubukungu irwana n’ Ubushinwa

Amerika yagabye igitero gishya mu ntambara y’ ubukungu irwana n’ Ubushinwa

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Ongera Umenye Abana b’Interahamwe mu Ihuriro ry’urwango JAMBO ASBL

Ongera Umenye Abana b’Interahamwe mu Ihuriro ry’urwango JAMBO ASBL

Ubwanditsi 21 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Visit Rwanda yagaragajwe kuri Uwanja wa Mkapa Stadium ubwo hafungurwaga African Football League
Amakuru

Visit Rwanda yagaragajwe kuri Uwanja wa Mkapa Stadium ubwo hafungurwaga African Football League

Ubwanditsi 21 Oct 2023
Icyihebe Salman Rehman Khan cyumvaga Ingabire Victoire yidegembya kikibeshya ko mu Rwanda tworora ibyihebe
Amakuru

Icyihebe Salman Rehman Khan cyumvaga Ingabire Victoire yidegembya kikibeshya ko mu Rwanda tworora ibyihebe

Ubwanditsi 29 Nov 2024
Ribara uwariraye, La Forge Bazeye Fils wari umuvugizi wa FDLR yavuze uburyo yagejejwe mu Rwanda
Amakuru

Ribara uwariraye, La Forge Bazeye Fils wari umuvugizi wa FDLR yavuze uburyo yagejejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 07 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru