• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bufatanye bwa FERWAFA na CAF, Abatoza 25 b’abanyarwanda barimo abagore 5 batangiye amasomo ya ‘License A CAF’   |   12 Mar 2026

  • Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose   |   11 Mar 2026

  • Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije   |   11 Mar 2026

  • U 𝗥𝘄𝗮𝗻𝗱𝗮 𝗿𝘂𝗴𝗶𝘆𝗲 𝗸𝘄𝗮𝗸𝗶𝗿𝗮 𝗮𝗺𝗮𝗿𝘂𝘀𝗵𝗮𝗻𝘄𝗮 𝗮𝗻𝗲 𝘆𝗮 𝗖𝗘𝗖𝗔𝗙𝗔 𝗮𝗿𝗶𝗺𝗼 𝗻𝗮 𝗞𝗮𝗴𝗮𝗺𝗲 𝗖𝘂𝗽   |   10 Mar 2026

  • Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi   |   09 Mar 2026

  • Police WFC yegukanye igikombe cy’Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore 2026 itsinze Rayon Sports kuri Penaliti   |   08 Mar 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ribara uwariraye, La Forge Bazeye Fils wari umuvugizi wa FDLR yavuze uburyo yagejejwe mu Rwanda

Ribara uwariraye, La Forge Bazeye Fils wari umuvugizi wa FDLR yavuze uburyo yagejejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 07 Dec 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Ubwo yaganiraga na TV1 , Maj Gen (Rtd) Paul Rwarakabije yavuze ko ubwo yatahaga mu Rwanda yahamagaye La Forge Bazeye Fils amusaba ko yataha dore ko atari n’umusirikari nuko aramubwira ngo yabaye umugambanyi ko atazigera ataha mu Rwanda rw’inyenzi.

Uyu Bazeye La Forge yaje kuzanwa mu Rwanda, havugwa byinshi uburyo bagejejwe mu Rwanda hamwe n’uwahoze yungirije ushinzwe iperereza muri FDLR ariwe Jean Pierre Nsekanabo wari uzwi nka Col Theophile Camara Abega.

 

Mu kiganiro kirekire yahaye ikinyamakuru The Chronicles La Forge Bazeye yasobanuye uburyo yisanze mu Rwanda. Bazeye yari ahantu I Rutshuru ubwo yahamagarwa n’Umuyobozi wa FDLR Gen Victor Byiringiro hari tariki ya 9 Ukuboza 2018. Bazeye na Jean Pierre Nsekanabo bahageze babwirwa ko bagiye koherezwa mu butumwa mu gihugu cya Uganda. Bahawe amadorali 300 baherekezwa n’ingabo za FDLR bagera muri centre ya Rutshuru, nuko bikuraho ikintu cyose cyagaragaza ko ari abasirikari.

Bageze Rutsuru buriye Twegerane ibageza Bunagana nuko bambuka umupaka bajya Uganda. Bageze Kisoro bahuye n’intumwa zari zoherejwe kubakira nyuma berekeza Kampala. Bageze Kampala bafashe Tax yihariye uwari ubayoboye abageza ahantu bahura n’undi muntu wari ubategereje. Bavuye muri iyi nzu bajya guhura n’umuntu wa RNC ariko Bazeye yanze kubwira umunyamakuru wa The Chronicles byinshi ku muntu bahuye. Ariko yavuze ko bahuriye muri Hotel y’inyenyeri eshanu.

Nyuma y’inama bakoreye Kampala, bagarutse Kisoro babanza kunyura muri Bar banywa inzoga banashyirishaho inyama z’ingurube (akabenzi) mbere yuko bambuka umupaka basubira muri Kongo. Bambuka umupaka k’uruhande rwa Uganda nta kibazo bagize, ariko byaje guhinduka kuruhande rwa Kongo. Umwe mu bakozi bashinzwe abinjira n’abasohoka muri Kongo, yarababwiye ngo bamukurikire, hanyuma ajya kuri Telephone.

Ubwo uwo muntu yari kuri Telephone, aho Bazeye na mugenzi we bari bicaye basabwe ruswa basanga babona ayagura inzoga eshanu cyangwa esheshatu. Bahise basabwa gutanga Telefone ngendanwa zabo ariko Bazeye ahisha imwe ya Smart Phone. Nyuma haje kwinjira umuntu aramubaza ati “si wowe La Forge? Bazeye yavuzeko yumvise umutima umuvuyemo nuko aribwira ati birarangiye”. Byatewe nuko yakoresheje amazina atari ku ndangamuntu ye ya Kongo. Yari yamumenye. Bahise bajyanwa mu bindi biro bashyirwamo amapingu.

Bombi bahise bajyanwa Bunagana. Nyuma bashyizwe mu yindi modoka bajyanwa I Goma aho bahuye na Gen Delphin Kahimbi wari ukuriye iperereza rya Kongo. Bazeye yongeyeho ko Kahimbi yari amuzi kuko bari barabonanye kenshi. Yahise ababaza icyo bari bagiye gukora muri Uganda. Nyuma yibazwa rirerire, Gen Kahimbi yabasabye Ruswa y’ibihumbi 100 by’amadorali mu masaha 24 kugirango abarekure. Bamusubije ko batayabona muri icyo gihe gitoya.

Gen Kahimbi yaragiye abasigira undi ufite ipeti rya Colonel abajyana muri Gereza. Nyuma bajyanywe ku kibuga cy’indege cya Goma aho burijwe indege ya gisiviri yarimo abandi bantu. Indege yageze ku kibuga cy’indege cya N’djili aho bashyizwe muri Coaster irimo abasirikari bafite imbunda. Bamaze icyumweru bahatwa ibibazo. Bari muri gereza Bazeye na Abega batandukanyijwe mu gihe cy’ibyumweru bibiri nyuma bashyirwa hamwe n’izindi mfungwa.

Bitunguranye, mu ijoro ryo kuwa 20 Mutarama 2019 barabyukijwe; bari bamaze ukwezi bafunzwe. Bazeye yavuze ko benshi bavuze ko bajyanywe muri gereza nkuru ya Kinshasa. Bajyanywe mu biro aho bahise bambikwa amapingu. Umwe mu basirikari yavuze mu rurimi rw’iringala ngo aba basubijwe iwabo.

Bagejejwe ku kibuga cy’indege basanga indege ibategereje. Umwe mu basirikari arababwira ngo “Tunabarudisha Kwenyu” bivuga ngo “tubasubije iwanyu”

Iyo ndege yabagejeje I kanombe saa kumi n’ebyiri za mugitondo. Bageze I Kanombe umuntu yarinjiye ati “basohoke umwe kuri umwe”. Bashyizwe mu modoka zitandukanye nyuma bashyirwa ahantu batamenye ariko heza. Babahaye ibiryamirwa barababwira ngo ntibagire ikibazo kuko batashye iwabo. Bahaswe ibibazo na RIB bagezwa imbere y’ubutabera tariki ya 8 Mata 2019.

La Forge Bazeye ava inda imwe na Lt Col Nkundiye wari ukuriye umutwe w’abajepe barindaga Perezida Habyarimana akaba yarishwe mu gitero ingabo ze za ALiR zagabye mu Rwanda muri 1998. Tubibutse ko AliR ari yo yahindutse Umutwe w’iterabwoba wa FDLR.

Bazeye warangije muri Kaminuza ya Nyakinama yinjiye muri FDLR muri 2000 akaba yaravuye mu Rwanda muri 1998 aho yasize umugore we n’umwana w’umukobwa.

2021-12-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yasinyishije rutahizamu w’umunya Guinée Conakry,  Alsény Camara Agogo wari mu igereragezwa

Rayon Sports yasinyishije rutahizamu w’umunya Guinée Conakry, Alsény Camara Agogo wari mu igereragezwa

Ubwanditsi 07 Dec 2023
Narababwiye ngo u Rwanda kubera ko ari ruto ntabwo tuzategereza udutera adusanga hano -“Chairman”

Narababwiye ngo u Rwanda kubera ko ari ruto ntabwo tuzategereza udutera adusanga hano -“Chairman”

Ubwanditsi 29 Jun 2024
Tombola ya CAF Champions League isize APR FC izahura na US Monastir naho muri CAF Confederations Cup AS Kigali izahura na AS Ali Sabieh yo muri Djibouti

Tombola ya CAF Champions League isize APR FC izahura na US Monastir naho muri CAF Confederations Cup AS Kigali izahura na AS Ali Sabieh yo muri Djibouti

Ubwanditsi 09 Aug 2022
Impinduka ku mikino ya Shampiyona y’u Rwanda y’umunsi wa 26, Kiyovu SC na APR FC zashyizwe ku munsi umwe

Impinduka ku mikino ya Shampiyona y’u Rwanda y’umunsi wa 26, Kiyovu SC na APR FC zashyizwe ku munsi umwe

Ubwanditsi 14 Apr 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 54 Frw azakoreshwa mu iterambere ry’impunzi
UBUKUNGU

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 54 Frw azakoreshwa mu iterambere ry’impunzi

Ubwanditsi 16 May 2019
Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura
Amakuru

Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura

Ubwanditsi 12 Feb 2024
Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma
Amakuru

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Ubwanditsi 23 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru