• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ubwanditsi 21 May 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu gihe u Burundi bwinjiye mu bihe by’amatora y’abadepite biteganyijwe tariki 5 Kamena 2025, abiyamamariza mu ishyaka CNDD-FDD batangiye kwirirwa batangaza imigambi n’amasezerano, amenshi muri yo asa n’aho ari inzozi zidashoboka.

Igitangaje ni uko ibi bikorwa bikomeje n’ubwo Perezida Evariste Ndayishimiye yari aherutse kuburira abiyamamaza kwirinda gutanga amasezerano atagerwaho. Ariko se, ni nde wa mbere uca kuri iyo nama? Ni we ubwe Ndayishimiye, Perezida w’igihugu!

Perezida Ndayishimiye si ubwa mbere avuze amagambo meza ariko adatuma habaho impinduka zifatika. Twibuke ko yatangiye manda ye avuga amagambo akomeye nka: “Kurwanya ruswa ni inshingano yanjye. Nzayihashya nta gutinza.”

“Ndashaka ko Umurundi wese abona icyo kurya kandi agira amafaranga mu mufuka.”

“Nzahindura u Burundi igihugu kiri mu nzira y’amajyambere mu 2040 kandi gikize mu 2060.”

Ayo magambo yose asa neza ku rupapuro, ariko imyaka ishize yerekanye ko ari inzozi zidasubira mu kuri. Kuri iyi nshuro, mu rwego rwo gushyigikira abakandida be babuze icyo bereka abaturage, Ndayishimiye yazanye andi magambo mashya yuzuyemo amasezerano y’ikirenga:

“One Million Project”: Ngo mu gihe kitarenze imyaka ibiri, buri Murundi azaba afite miliyoni imwe y’amafaranga y’amarundi. Ngo uzaba atarayibona, bazamushaka bamutekerezeho icyamubayeho!

Ngo vuba aha bazatangira kubaka umuhanda wa gari ya moshi uhuza u Burundi na Tanzaniya, n’ubwo amafaranga gusa afatika ari ay’igenamigambi ry’iyo mishinga.

Ngo i Bujumbura, abaturage bazajya batembera muri tramway. Ese amahanga ni yo azabiyishyurira?

Ibyo byose biri kuvugwa mu gihe n’abandi bakandida b’iri shyaka, cyane cyane abari mu Nteko Ishinga Amategeko kuva 2020 kugeza 2025, batangiye kwivuga imyato no gusezeranya ibidafite ishingiro: “Mu myaka itanu, ubukene n’inzara bizacika mu Burundi.”

“Buri muryango uzahabwa imbuto n’ifumbire ku buntu.”

“Ifaranga ry’amarundi rizahabwa agaciro, ku buryo 1$ uzaba uhagije 1000 FBU.”

“Abaturage 60% bazaba bafite amazi meza n’amashanyarazi.”

Ariko se, ayo magambo yombi atandukanye ate n’ibihe u Burundi burimo ubu?

Imyaka itanu yateje imbere cyangwa yacuritse igihugu?

Mu myaka itanu ishize, ibintu byarushijeho kugenda nabi:

U Burundi ni igihugu gikennye kurusha ibindi byose ku isi, ndetse kirimo inzara kurusha ahandi hose.

Kiri mu bihugu 10 bya mbere ku isi bifite ruswa nyinshi.

Ifaranga ry’u Burundi ryataye agaciro, inflasiyo iri hejuru ya 40%.

Abaturage barenga 85% ntibagira amashanyarazi, n’abafite internet ni 11% gusa.

Ibigo by’ubucuruzi bya Leta byose birimo ibihombo n’imyenda.

Nta bashoramari bashya bemera kuhagana.

Igihugu gihora gifite ibura rya lisansi, isukari, n’ibindi bicuruzwa by’ibanze.

Imyenda ya Leta igeze kuri 70% by’umusaruro mbumbe w’igihugu (PIB).

Imiyoborere irimo ubuyobozi bw’igitsina kimwe, irondakarere, n’irondamoko bikabije.

Ibi byose byerekana ko gouvernance y’ubukungu, iy’abaturage, n’imibereho rusange y’abanyagihugu yageze ku rwego rwo guhembera ubukene aho kururwanya.

Nk’uko bamwe mu basesenguzi babivuga: “U Burundi si igihugu cyapfuye burundu, ariko ni igihugu cyambuwe umwuka.” Cyangwa bati: “U Burundi burimo gupfa, kandi isi irabyihorera.”

Mu by’ukuri, nta muturage ugifite icyizere cyo kumva amasezerano mashya atangwa n’abantu babaye mu butegetsi imyaka itanu ishize kandi ntacyo bagezeho. Hatabayeho impinduka nyakuri mu buyobozi, igihugu kizakomeza gusubira inyuma.

Nk’uko bivugwa: “Amasezerano y’amatora ni aya bantu bayemera.” Ariko abaturage baramenye, kandi si imbwa ngo babeshywe kabiri n’iyo nteruro. Igihe kirageze ngo Abanyarwanda n’Abanyafurika bose bamenye ko kubura ubuyobozi bufite icyerekezo, busukuye kandi budaheza, ari ryo shyano riri kurimbura u Burundi.

Ndayishimiye na CNDD-FDD bagaragarije isi yose ko batari abategetsi, ahubwo ari abanyamatsiko y’imyanya n’imitungo, binyuze mu ruswa, irondamoko n’imvugo itagira ibikorwa.

2025-05-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Village Urugwiro : Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo kuri uyu wa Gatanu

Village Urugwiro : Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo kuri uyu wa Gatanu

Ubwanditsi 15 Sep 2018
Ni bande bakunzi b’ikibi bahururiye gushyigikira Charles Onana mu rubanza aregwamo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi? 

Ni bande bakunzi b’ikibi bahururiye gushyigikira Charles Onana mu rubanza aregwamo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi? 

Ubwanditsi 30 Sep 2024
Me Nkongoli yakomoje ku kwinangira kwa Habyarimana mu isinywa ry’amasezerano akumira Jenoside

Me Nkongoli yakomoje ku kwinangira kwa Habyarimana mu isinywa ry’amasezerano akumira Jenoside

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Igiswahili kiziye igihe-Malonga

Igiswahili kiziye igihe-Malonga

Ubwanditsi 14 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugabo usilamuye afite amahirwe 60% yo kutandura virusi itera SIDA
HIRYA NO HINO

Umugabo usilamuye afite amahirwe 60% yo kutandura virusi itera SIDA

Ubwanditsi 29 Mar 2019
Tumenye umutekamutwe John SIMBABURANGA ubeshya ngo mu Rwanda nta mutekano uhari, kandi yaratorotse ubutabera kubera ubujura.
Amakuru

Tumenye umutekamutwe John SIMBABURANGA ubeshya ngo mu Rwanda nta mutekano uhari, kandi yaratorotse ubutabera kubera ubujura.

Ubwanditsi 27 Jul 2021
Kagame yakomoje ku mpamvu yatumye Bizimungu yivumbura, agata akazi
INKURU NYAMUKURU

Kagame yakomoje ku mpamvu yatumye Bizimungu yivumbura, agata akazi

Ubwanditsi 12 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru