• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ubwanditsi 21 May 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu gihe u Burundi bwinjiye mu bihe by’amatora y’abadepite biteganyijwe tariki 5 Kamena 2025, abiyamamariza mu ishyaka CNDD-FDD batangiye kwirirwa batangaza imigambi n’amasezerano, amenshi muri yo asa n’aho ari inzozi zidashoboka.

Igitangaje ni uko ibi bikorwa bikomeje n’ubwo Perezida Evariste Ndayishimiye yari aherutse kuburira abiyamamaza kwirinda gutanga amasezerano atagerwaho. Ariko se, ni nde wa mbere uca kuri iyo nama? Ni we ubwe Ndayishimiye, Perezida w’igihugu!

Perezida Ndayishimiye si ubwa mbere avuze amagambo meza ariko adatuma habaho impinduka zifatika. Twibuke ko yatangiye manda ye avuga amagambo akomeye nka: “Kurwanya ruswa ni inshingano yanjye. Nzayihashya nta gutinza.”

“Ndashaka ko Umurundi wese abona icyo kurya kandi agira amafaranga mu mufuka.”

“Nzahindura u Burundi igihugu kiri mu nzira y’amajyambere mu 2040 kandi gikize mu 2060.”

Ayo magambo yose asa neza ku rupapuro, ariko imyaka ishize yerekanye ko ari inzozi zidasubira mu kuri. Kuri iyi nshuro, mu rwego rwo gushyigikira abakandida be babuze icyo bereka abaturage, Ndayishimiye yazanye andi magambo mashya yuzuyemo amasezerano y’ikirenga:

“One Million Project”: Ngo mu gihe kitarenze imyaka ibiri, buri Murundi azaba afite miliyoni imwe y’amafaranga y’amarundi. Ngo uzaba atarayibona, bazamushaka bamutekerezeho icyamubayeho!

Ngo vuba aha bazatangira kubaka umuhanda wa gari ya moshi uhuza u Burundi na Tanzaniya, n’ubwo amafaranga gusa afatika ari ay’igenamigambi ry’iyo mishinga.

Ngo i Bujumbura, abaturage bazajya batembera muri tramway. Ese amahanga ni yo azabiyishyurira?

Ibyo byose biri kuvugwa mu gihe n’abandi bakandida b’iri shyaka, cyane cyane abari mu Nteko Ishinga Amategeko kuva 2020 kugeza 2025, batangiye kwivuga imyato no gusezeranya ibidafite ishingiro: “Mu myaka itanu, ubukene n’inzara bizacika mu Burundi.”

“Buri muryango uzahabwa imbuto n’ifumbire ku buntu.”

“Ifaranga ry’amarundi rizahabwa agaciro, ku buryo 1$ uzaba uhagije 1000 FBU.”

“Abaturage 60% bazaba bafite amazi meza n’amashanyarazi.”

Ariko se, ayo magambo yombi atandukanye ate n’ibihe u Burundi burimo ubu?

Imyaka itanu yateje imbere cyangwa yacuritse igihugu?

Mu myaka itanu ishize, ibintu byarushijeho kugenda nabi:

U Burundi ni igihugu gikennye kurusha ibindi byose ku isi, ndetse kirimo inzara kurusha ahandi hose.

Kiri mu bihugu 10 bya mbere ku isi bifite ruswa nyinshi.

Ifaranga ry’u Burundi ryataye agaciro, inflasiyo iri hejuru ya 40%.

Abaturage barenga 85% ntibagira amashanyarazi, n’abafite internet ni 11% gusa.

Ibigo by’ubucuruzi bya Leta byose birimo ibihombo n’imyenda.

Nta bashoramari bashya bemera kuhagana.

Igihugu gihora gifite ibura rya lisansi, isukari, n’ibindi bicuruzwa by’ibanze.

Imyenda ya Leta igeze kuri 70% by’umusaruro mbumbe w’igihugu (PIB).

Imiyoborere irimo ubuyobozi bw’igitsina kimwe, irondakarere, n’irondamoko bikabije.

Ibi byose byerekana ko gouvernance y’ubukungu, iy’abaturage, n’imibereho rusange y’abanyagihugu yageze ku rwego rwo guhembera ubukene aho kururwanya.

Nk’uko bamwe mu basesenguzi babivuga: “U Burundi si igihugu cyapfuye burundu, ariko ni igihugu cyambuwe umwuka.” Cyangwa bati: “U Burundi burimo gupfa, kandi isi irabyihorera.”

Mu by’ukuri, nta muturage ugifite icyizere cyo kumva amasezerano mashya atangwa n’abantu babaye mu butegetsi imyaka itanu ishize kandi ntacyo bagezeho. Hatabayeho impinduka nyakuri mu buyobozi, igihugu kizakomeza gusubira inyuma.

Nk’uko bivugwa: “Amasezerano y’amatora ni aya bantu bayemera.” Ariko abaturage baramenye, kandi si imbwa ngo babeshywe kabiri n’iyo nteruro. Igihe kirageze ngo Abanyarwanda n’Abanyafurika bose bamenye ko kubura ubuyobozi bufite icyerekezo, busukuye kandi budaheza, ari ryo shyano riri kurimbura u Burundi.

Ndayishimiye na CNDD-FDD bagaragarije isi yose ko batari abategetsi, ahubwo ari abanyamatsiko y’imyanya n’imitungo, binyuze mu ruswa, irondamoko n’imvugo itagira ibikorwa.

2025-05-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Aya nda Ataye Ku Gasi Igisambo ruharwa Ndagijimana JMV wiyemeje Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi akaba agiye kuzagwa Igihugu igicuri

Aya nda Ataye Ku Gasi Igisambo ruharwa Ndagijimana JMV wiyemeje Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi akaba agiye kuzagwa Igihugu igicuri

Ubwanditsi 13 Apr 2025
Ese uruzinduko rwa Papa Francis muri Kongo rwaba ruzanye amahoro muri icyo gihugu kigeze aharindimuka?

Ese uruzinduko rwa Papa Francis muri Kongo rwaba ruzanye amahoro muri icyo gihugu kigeze aharindimuka?

Ubwanditsi 30 Jan 2023
Abenshi bakekaga ko RwandAir nigera i Kinshasa izaraswa- Perezida Kagame yagize icyo abivugaho

Abenshi bakekaga ko RwandAir nigera i Kinshasa izaraswa- Perezida Kagame yagize icyo abivugaho

Ubwanditsi 21 Jun 2019
Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda

Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda

Ubwanditsi 09 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abahanzi nyarwanda batangiye gushaka amajwi muri Guma Guma
IMIKINO

Abahanzi nyarwanda batangiye gushaka amajwi muri Guma Guma

Ubwanditsi 21 Feb 2016
Nyagatare: Umugabo w’imyaka 33 yatawe muri yombi azira gutanga ruswa
Mu Mahanga

Nyagatare: Umugabo w’imyaka 33 yatawe muri yombi azira gutanga ruswa

Ubwanditsi 23 Feb 2016
Perezida Kagame yabwiye urubyiruko ko amahirwe atajya ku rugi rw’umuntu ngo akomange
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko ko amahirwe atajya ku rugi rw’umuntu ngo akomange

Ubwanditsi 09 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru