• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Igiswahili kiziye igihe-Malonga

Igiswahili kiziye igihe-Malonga

Ubwanditsi 14 Feb 2017 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame hashize imyaka agiye gufungura umuhanda wa Namanga uhuza Kenya na Tanzania. Nk’umushyitsi mukuru muri uyo muhango, yatangiye avuga mu giswahili abatanzania n’abandi bose bari aho barishimye cyane, bakoma amashyi cyane mu gihe hari abandi bayobozi batemberera ibi bihugu bidukikije ariko ururimi rukaba ibamba cyangwa umwumbati wa gitaminsi.

Ubu rero nyuma y’igihe Inama y’abaministiri bemeje Igiswahili kuba ururimi rwemewe ndetse ejobundi inteko nshinga amategeko ikakigira itegeko no kugiha umugisha, ni byiza ko abanyarwanda twese nkabitsamuye dukora iyo bwabaga tukakiga kandi ndababwira ukuri kirororshye kukiga no kukimenya.

Aha Icyangombwa cyagombye gukurikira ni iki:

Kumva ko Igiswahili atari ururimi rw’abashikazi n’abashizibisoni abantu batize cyangwa abayisalamu nkuko cyera abaswa babitekerezaga.

Icya kabiri nuko Leta ishyiraho urwego n’uburyo bunoze, busobanutse kugirango kigere kuri bose babishaka kandi babyifuza cyane cyane abaturiye imipaka, inkiko n’abakora imyuga y’ubucuruzi, ubukorikori, abatwara abantu n’ibintu, abarimu n’abanyeshuli, abayobozi kuko iyo umuyobozi ariye umunwa imbere y’abandi isoni ze zigira ingaruka kuri benshi.

Abanditsi b’ibitabo, abarimu n’abandi bafite ubumenyi mu giswahili ni byiza ko bishyira hamwe bakareba icyo bakora mu kugiteza imbere.

Ni byiza ko abashoramari n’abafatanyabikorwa babyitabira bagashora amafaranga mu mishinga yo kwiga, kwigisha , gukora ubushakashatsi, kwandika no gukwirakwiza amasomo n’amasomero y’ururimi rw’Igiswahili.

Abanyarwanda muri rusange bazwiho ko icyobiyemeje bakigeraho kandi ko ahri ubushake haboneka ubushobozi bityo rero twitabire kwiga no guteza imbere Igiswahili kuko ntakurira mumyotsi warayobewe aho abandi bahahiye.

Mukurangiza reka ngire nti: “Hongera sana Rais Paul Kagame, Mola akujalie Uhai na afya njema. Bunge(inteko) na Wanyarwanda wote, Shukran”

Karibu Tujifunze Kiswahili kwa manufaa(inyungu) yetu.

-5733.jpg
Profesa Pacifique Malonga
Email: becos1@yahoo.fr

2017-02-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Itangazo ryo kubika ryasohowe na FDLR rijijisha urupfu rwa Ge. Mudacumura

Itangazo ryo kubika ryasohowe na FDLR rijijisha urupfu rwa Ge. Mudacumura

Ubwanditsi 19 Sep 2019
Abanyamakuru n’ishami ry’ubugenzacyaha bashyizeho ingamba zo kunoza imikoranire mu gukumira ibyaha

Abanyamakuru n’ishami ry’ubugenzacyaha bashyizeho ingamba zo kunoza imikoranire mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 21 Jun 2016
Umushishozi ati”Wisunga umugabo-mbwa mugakubitirwa hamwe”.

Umushishozi ati”Wisunga umugabo-mbwa mugakubitirwa hamwe”.

Ubwanditsi 23 Sep 2024
Cristiano Ronaldo yesheje agahigo ko kuba ariwe rutahizamu umaze gutsinda ibitego byinshi mu mikino y’ikipe y’igihugu

Cristiano Ronaldo yesheje agahigo ko kuba ariwe rutahizamu umaze gutsinda ibitego byinshi mu mikino y’ikipe y’igihugu

Ubwanditsi 03 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu Uganda yugarijwe n’ubwicanyi butagira gikurikirana
INKURU NYAMUKURU

Impamvu Uganda yugarijwe n’ubwicanyi butagira gikurikirana

Ubwanditsi 16 Sep 2018
Uko ” Alibaba “yahisemo gukorana n’u Rwanda mbere y’abandi muri Afurika
INKURU NYAMUKURU

Uko ” Alibaba “yahisemo gukorana n’u Rwanda mbere y’abandi muri Afurika

Ubwanditsi 01 Nov 2018
AS Kigali yatsinze Muhazi United 1-0 isoreza umwaka w’imikino wa 2023-2024 ku mwanya wa 5
Amakuru

AS Kigali yatsinze Muhazi United 1-0 isoreza umwaka w’imikino wa 2023-2024 ku mwanya wa 5

Ubwanditsi 10 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru