• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ubushinjacyaha bwa Gisilikare bumaze gusabira Col Byabagamba na Rusagara gufungwa imyaka 22

Ubushinjacyaha bwa Gisilikare bumaze gusabira Col Byabagamba na Rusagara gufungwa imyaka 22

Ubwanditsi 04 Mar 2016 Mu Mahanga

Urubanza ubushinjacyaha bwa gisirikare buregamo Col Tom Byabagamba, Rtd Brig Gen Frank Rusagara na Sgt Kabayiza François rwasubukuwe basabirwa ibihano nyuma yaho mu iburanisha riheruka urukiko rwanzuye ko nta wundi mutangabuhamya ruzakira.

Col Byabagamba yasabiwe gufungwa imyaka 22, ihazabu ya miliyoni 8 no kunyagwa impeta za gisirikare

Rtd Brig Gen Frank Rusagara nawe yasabiwe gufungwa imyaka 22 n’ihazabu ya miliyoni 8 FRW

Sgt (demob) Kabayiza François yasabiwe gufungwa imyaka itandatu n’ihazabu ya miliyoni eshanu

Col Tom Byabagamba akurikiranyweho icyaha cyo gukwiza nkana ibihuha agomesha rubanda arwangisha ubutegetsi, icyaha cyo gusebya leta, icyaha cyo guhisha nkana ibintu byagombye gufasha kugenza icyaha gikomeye hamwe n’icyaha cyo gusuzugura ibendera ry’igihugu cyangwa ibimenyetso biranga ubwigenge.

Umushinjacyaha Capt. Nzakamwita Faustin yavuze ko icyaha cyo gukwiza nkana ibihuha agomesha rubanda arwangisha ubutegetsi, giteganywa kandi kigahanwa mu ngingo ya 463 y’igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

Ubushijacyaha bwagarutse ku magambo yagomesha rubanda buvuga ko yashoboraga guhindura abasirikare.

Ati ‘Iyo Leta igira ibyago bariya bakabyakira akabazana ku ruhande yifuzaga […] mu yandi magambo ni ukubabwira ngo muhindukire murwanye iyo Leta yicana.” Kuri iki cyaha bwamusabiye gufungwa imyaka 15.

Kuba yaravuze ko ko leta ifata ibyemezo ihubutse, kuba ashinjwa kuvuga ko Lt Mutabazi yafunzwe arengana ngo bigize icyaha cyo gusebya Leta uri umuyobozi biteganywa kandi gihaniwa n’ingingo ya 660.

Icyaha cyo guhisha nkana ibintu byagombye gufasha kugenza icyaha gikomeye, bwavuze ko giteganywa kandi gihaninwa mu ngingo ya 327 maze bumusabira ihazabu ya miliyoni 8 FRW.

Icyaha cyo gusuzugura ibendera ry’igihugu, umwaka umwe n’ihazabu ya miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda. Umushinjacyaha yasabye urukiko kwemeza ko icyaha cya mbere n’icya kabiri ari impurirane mbonezamugambi; maze muri rusange amusabira imyaka 22 n’ihazabu ya miliyoni umunani. Yasabiwe kandi kunyagwa amapeti ya gisirikare n’ubundi burenganzira.

Ibi bihano Col Tom Byabagamba yasabiwe birasa n’ibyasabiwe Rtd Brig Gen Frank Rusagara gusa bigatandukanira ku kunyagwa amapeti kuko we atakiri umusirikare.

Uwari umushoferi wa Rtd Brig Gen Frank Rusagara, Sgt (demob) Kabayiza François we ashinjwa ibyaha bibiri byo guhisha nkana ibintu byagombye gufasha kugenza icyaha gikomeye no gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Kucyo Gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko , yasabiwe umwaka umwe, n’ihazabu ya miliyoni eshatu. Umushinjacyaha yabajijwe n’inteko iburanisha impamvu Kabayiza yahanwa yihanukiriye maze avuga ko ari uko Kabayiza atigeze yegera ubugenzacyaha.

-2339.jpg

Col. Tom Byabagamba na Brig. Gen. Frank Rusagara

Ku cyaha cyo guhisha nkana ibintu byagombye gufasha kugenza icyaha gikomeye ho yakatiwe imyaka itanu n’ihazabu ya Miliyoni ebyiri. Muri rusange yasabiwe imyaka itandatu n’ihazabu ya Miliyoni eshanu.

Urukiko rwabajije umushinjacyaha impamvu asaba ibihano biremereye maze asubiza ko biterwa n’uburemere bw’ibyaha.

2016-03-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kabuga yagakwiye gusogongera ku cyanga cy’Ubutabera bw’ u Rwanda nk’abandi nkawe

Kabuga yagakwiye gusogongera ku cyanga cy’Ubutabera bw’ u Rwanda nk’abandi nkawe

RUSHYASHYA 16 Nov 2025
Manchester City yiyongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyumwa wa UEFA Champions League nyuma yo gutsinda PSG

Manchester City yiyongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyumwa wa UEFA Champions League nyuma yo gutsinda PSG

Ubwanditsi 29 Apr 2021
Amafaranga ari kuri konti zitagikoreshwa agiye kwimurirwa muri BNR

Amafaranga ari kuri konti zitagikoreshwa agiye kwimurirwa muri BNR

Ubwanditsi 09 Jan 2017
Abanyamakuru n’ishami ry’ubugenzacyaha bashyizeho ingamba zo kunoza imikoranire mu gukumira ibyaha

Abanyamakuru n’ishami ry’ubugenzacyaha bashyizeho ingamba zo kunoza imikoranire mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 21 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutoza wa Rayon Sports yizeye gusezerera ikipe ya Costa Do Sol
IMIKINO

Umutoza wa Rayon Sports yizeye gusezerera ikipe ya Costa Do Sol

Ubwanditsi 15 Apr 2018
Rayon Sports yongereye amasezerano y’umwaka umwe y’ubufatanye na Canal+
Amakuru

Rayon Sports yongereye amasezerano y’umwaka umwe y’ubufatanye na Canal+

Ubwanditsi 01 Dec 2023
Amafoto – Imanishimwe Emmanuel uzwi nka Mangwende ukinira ikipe ya APR FC yerekeje mu gihugu cya Maroc
Amakuru

Amafoto – Imanishimwe Emmanuel uzwi nka Mangwende ukinira ikipe ya APR FC yerekeje mu gihugu cya Maroc

Ubwanditsi 01 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru