• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Safi wemeza ko atarakora ubukwe na Judithe yahishuye igihe bazabanira mu nzu imwe

Safi wemeza ko atarakora ubukwe na Judithe yahishuye igihe bazabanira mu nzu imwe

Ubwanditsi 04 Jan 2018 SHOWBIZ

Umuhanzi nyarwanda Niyibikora Safi  wamenyekanye ku izina rya Safi Madiba mu itsinda rya Urban Boys,  amaze amezi asaga 3 asabye akanakwa uwo yahisemo ko azamubera mutima w’urugo ,  Niyonizera Judithe ndetse aba bombi bakaba baranasezeranye imbere yamategeko  ariko kugeza magingo bakaba batabana nk’umugore n’umugabo, gusa akaba yatangaje igihe bazabanira mu nzu imwe.

Mu kiganiro amahumbezi kuri radio Rwanda cyabaye kuwa Kabiri tariki ya 2 Mutarama 2017, uyu muhanzi yatangaje ko nubwo atabana n’umugore we basezeranye mu mategeko, yasobanuye ko atarasezerana neza ndetse avuga ko mu mwaka wa 2019, azaba yamaze kwiyegereza umukunzi we, Judite Hafi ye.

Ibi Safi Madiba yabitangaje nyuma y’aho bamaze gukora ubukwe,  umugore we Judith Niyonizera agahita yerekeza mu gihugu cya Canada nyuma gato y’akaruhuko bari bavuyemo Zanzibar.

Yagize ati “Njye nakoze dot (gusaba no gukwa) kandi aho ntabwo umugabo yambara impeta.
Hari ikintu abantu muri iyi minsi basigaye barize, bagafata ibintu byose bakabikora umunsi umwe, ntabwo njye ariko mbibona kuko njye ntakinyirukansa.”

Yakomeje agira ati “Nk’uko umuntu afata irembo nyuma y’amezi 3 ukajya gusaba, hashira andi ukanjya mu rusengero, no kuva na kera niko nari mbizi usibye ko muri iyi minsi nsigaye mbona abantu barabigize ukuntu, umuntu asigaye asaba mu gitondo, saa sita bakajya mu rukiko nijoro bakajya mu rusengero, njye biriya mbona ari pressure (igitutu) idasobanutse. Gusa nabyo nzabikora.”

Safi udatinya guhamya ko atazigera abana na Judithe mbere ya 2019 ubu aganira n’umugore we bifashishije ikoranabuhanga rya murandasi cyane ko baba mu bihugu bitandukanye.

Ubwo yabazwaga niba abana n’umugorewe  n’igihe azakorera icyo we yita ubukwe yagize ati “Hoya, ntabwo tubana, kandi ari muri Canada! Mu minsi ya mbere nyuma y’ubukwe wenda abantu batubonaga turi kumwe ariko rwose ntabwo twabanaga. Ubukwe ndabuteganya mu mwaka utaha wa 2019 kugeza icyo gihe njye na Judith tuzakomeza kubana by’umutima.”

Ku itari 1 ukwakira 2017 nibwo Safi  Madiba yakoze ubukwe na Niyo nizera Judithe, ubukwe butanavuzweho rumwe mu bitangazamakuru bitandukanye bitewe n’uburyo bwagizwe ibanga ndetse benshi bemezako ibyavugwaga byaturukaka kuburanga bw’uyu mugore butavugwagaho rumwe.

Basezeranye mu mategeko

Judith, urubavu rwa Madiba kugeza ubu

Ubwo bari mu buryohe bw’ukwezi kwa buki

2018-01-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Diamond yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru avuga kuri Shaddyboo n’indirimbo yakoranye na Meddy

Diamond yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru avuga kuri Shaddyboo n’indirimbo yakoranye na Meddy

Ubwanditsi 16 Aug 2019
Cécile Kayirebwa aritegura gushyira hanze igitabo cye cya mbere yise “Wowe utuma mpimba” kizaba gikubiyemo ibisigo bye

Cécile Kayirebwa aritegura gushyira hanze igitabo cye cya mbere yise “Wowe utuma mpimba” kizaba gikubiyemo ibisigo bye

Ubwanditsi 23 Aug 2021
Umuhanzi Ruhumuriza James uzwi nka King James agiye gushyira hanze Album ye ya Karindwi yise “Ubushobozi” izaba iriho indirimbo zisaga 15

Umuhanzi Ruhumuriza James uzwi nka King James agiye gushyira hanze Album ye ya Karindwi yise “Ubushobozi” izaba iriho indirimbo zisaga 15

Ubwanditsi 20 Sep 2021
Sheebah Kubera Kubyina Yiswe Lopez ,Alikiba arusha Diamond Kuririmba ,P Fla Yemeje Abantu

Sheebah Kubera Kubyina Yiswe Lopez ,Alikiba arusha Diamond Kuririmba ,P Fla Yemeje Abantu

Ubwanditsi 02 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amaraso arasama : Kayumba yataye umutwe asigaye arara kumva ya Karegeya
ITOHOZA

Amaraso arasama : Kayumba yataye umutwe asigaye arara kumva ya Karegeya

Ubwanditsi 26 Feb 2017
Umusore washakaga guha Zari impano y’imodoka yahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga
HIRYA NO HINO

Umusore washakaga guha Zari impano y’imodoka yahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga

Ubwanditsi 14 May 2018
Perezida Kagame  kuri Televiziyo na Radiyo by’Igihugu, yagaragaje imitekerereze ikwiriye kuranga abanyarwanda
Mu Rwanda

Perezida Kagame kuri Televiziyo na Radiyo by’Igihugu, yagaragaje imitekerereze ikwiriye kuranga abanyarwanda

Ubwanditsi 25 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru