• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame kuri Televiziyo na Radiyo by’Igihugu, yagaragaje imitekerereze ikwiriye kuranga abanyarwanda

Perezida Kagame kuri Televiziyo na Radiyo by’Igihugu, yagaragaje imitekerereze ikwiriye kuranga abanyarwanda

Ubwanditsi 25 Jun 2017 Mu Rwanda

Perezida Kagame yavuze ko imitekerereze ikwiriye kuranga abanyarwanda ari ukubanza gutekereza ibyiza hanyuma bakabona kureba uburyo babigeraho, bagashaka ubushobozi bwo gutuma ibyo batekereza bijya mu ngiro.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabitangaje kuri iki Cyumweru mu kiganiro yagiranye na Radio na Televiziyo y’u Rwanda cyayobowe n’Umunyamakuru Cleophas Barore na Novella Nikwigize.

Ni ikiganiro cyagarutse ku ngingo nyinshi kuva ku kuba aherutse kwemera gukomeza kuyobora u Rwanda nyuma yo kubisabwa n’abaturage kugera ku nshingano yahawe mu Muryango wa Afurika yunze Ubumwe ndetse n’ibindi bibazo bireba u Rwanda.

Abaturage batanze ibitekerezo n’ibibazo byabo bakoresheje imbuga nkoranyambaga n’umurongo wa telefoni, ndetse hari abanyeshuri biga muri Kaminuza zitandukanye bari muri studio za Radio na Televiziyo y’u Rwanda bahawe umwanya wo kubaza ibibazo.

Perezida Kagame yavuze gutekereza ibyiza mbere y’ubushobozi aricyo cya mbere cyari gikwiye kuranga abanyarwanda, nyuma yaho bagashaka uko ibyo byiza babigeraho.

Ati “Gushaka ibyiza utaranatekereza n’ubushobozi ibyo ni byo, abantu niko bakwiye gutekereza. Bakwiye gutekereza ibyiza no mu mutwe ndetse ukiha gutekereza kugera kure hanyuma warangiza ugasubira inyuma gato ukavuga uti nzahagera nte? Gutekereza kugera kure, ku byiza, narangiza nkasubira inyuma nti ariko ndagerayo nte? Noneho nkatangira kubikorera kugira ngo mbone uko ngerayo.”

“Ubwo rero ndabanza mvuze ko gutekereza gutyo ni byiza cyane njye niko numva abantu bakwiye gutekereza. Niko abanyarwanda dukwiye gutekereza hanyuma twarangiza tugashaka uburyo butugeza aho twifuza kugera.”

Yakomeje asobanura ko muri iki gihe umuntu iyo asubije amaso inyuma agatekereza aho u Rwanda rwavuye mu myaka 15 cyangwa 20 ishize ‘hari nubwo n’uyu munsi ushobora kuvuga uti ariko hariya twahavuye dute?’.

Perezida Kagame yakomeje avuga ko iyo umuntu yatekereje ibyiza nyuma agashaka uburyo bwo kubigeraho, atangira kubona ko n’ibyo yabonaga nk’ibidashoboka nabyo bishoboka.

Ati “Icya mbere ni nko kuvuga ngo uwari uziko nyuma ya 94 uko abantu bishwe, ibyasenyutse bindi byose abantu ukuntu byabagizeho ingaruka ukavuga uti ariko byashoboka ko nyuma y’iki gihe gito igihugu gishobora kugira n’amahoro n’umutekano abantu bakicarana bagashakira hamwe ibisubizo by’ibibazo bihari cyangwa bagasangira bike byiza bamaze kugeraho.”

“Wumva ubundi rimwe na rimwe bigoye kuba byashoboka ariko icyo navuga ni uko n’ubu hagaragara ko hari inzira y’uko n’ibitarakemuka bishobora kuba byakemuka.”

-7081.jpg

2017-06-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ange Kagame yagaragaje ishema aterwa no kwitwa izina rya se

Ange Kagame yagaragaje ishema aterwa no kwitwa izina rya se

Ubwanditsi 24 Oct 2017
Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia bifatanyije n’Abaturage mu muganda

Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia bifatanyije n’Abaturage mu muganda

Ubwanditsi 29 Apr 2017
Ku bwumvikane bw’impande zombi, Yamen Zelfani ntakiri umutoza wa  Rayon Sports

Ku bwumvikane bw’impande zombi, Yamen Zelfani ntakiri umutoza wa Rayon Sports

Ubwanditsi 08 Oct 2023
Uwamahoro yatorewe kuba Meya wa Nyamagabe asimbuye Mugisha wahagaritswe

Uwamahoro yatorewe kuba Meya wa Nyamagabe asimbuye Mugisha wahagaritswe

Ubwanditsi 09 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe
Amakuru

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Ubwanditsi 30 Nov 2021
Police yamusubije 10 780€ na 100 000Frw yari yibwe n’umukozi we wo mu rugo
Mu Mahanga

Police yamusubije 10 780€ na 100 000Frw yari yibwe n’umukozi we wo mu rugo

Ubwanditsi 29 Dec 2016
Hari gukorwa amavugurura kuri zone , izasimburwa na rejiyo,tube uturere dutanu aho gukomeza kuba turindwi:Bugingo
Mu Rwanda

Hari gukorwa amavugurura kuri zone , izasimburwa na rejiyo,tube uturere dutanu aho gukomeza kuba turindwi:Bugingo

Ubwanditsi 09 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru