• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Ubwanditsi 30 Nov 2021 Amakuru, HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Hakunze kumvikana abana basambanyijwe akenshi bagaterwa inda z’imburagihe bityo hagatungwa agatoki ababyeyi babo kuba batabaganiriza ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.

 

Ni muri uryo rwego umuryango “YOMADO” ubitewemo inkunga na PLAN INTERNATIONAL RWANDA ,bahisemo kurushaho gukangurira abanywarwanda kuganiriza abana babo ku buzima bw’imyororokere banarushaho kwirinda ababashukisha impamo zitandukanye cyane ko arizo nyirabayazana zo kubashora mu ngeso mbi z’ubusambanyi.bashobora guhuriramo n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina zirimo na Virusi itera SIDA.

Mu kurushaho kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, uyu muryango urasaba abaturage gutanga amakuru y’ ahabereye ihohoterwa hakiri kare, maze uwahohotewe akagezwa muri Isange One Stop Center batarasibanganya ibimenyetso.

Nshimiyimana Emmanuel Exective Director w’umuryango “YOMADO” avuga ko ababyeyi barushijeho kuganiriza abana babo ubuzima bw’imyororokere, byagira uruhare runini mu kugabanya inda z’imburagihe ziterwa abangavu.
Ati “Icyo dusaba ababyeyi ni ukuganiriza abana babo ubuzima bw’imyororokere bityo barusheho kumenya imihindagurikire y’ubuzima bwabo, ibyo bizatuma barushaho gusobanukirwa imihindagurikire y’umubiri wabo banarusheho kwirinda kwishora mu ngeso mbi z’ubusambanyi cyane ko bashobora guhuriramo n’indwara zitandukanye zirimo na Virusi itera SIDA.”

Umuyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa by’abafatanyabikorwa mu karere ka Bugesera, Gasana John, Avuga ko ku bufatanye n’umuryango “YOMADO” bagiye kurushaho gukangurira ababyeyi kwigisha abana babo ubuzima bw’imyororokere hagamijwe kongera imbaraga mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina kuko umuryango umeze nabi, n’igihugu ntaho kiba kigana.

Ati “Ababyeyi nibafate umwanya bigishe abana babo ubuzima bw’imyororokere, nibababwira imihindagurikire y’ubuzima bwabo bizagira uruhare runini mu kubaka u Rwanda twifuza ruzira inda z’imburagihe.twese dusenyere umugozi umwe dutange amakuru ku gihe turwanye abonona abana.”

Gasana John ukuriye guhuza ibikorwa by’abafatanyabikorwa mu karere ka Bugesera

Murekatete w’imyaka 35 atuye mu karere ka Bugesera, mu murenge wa Ruhuha, avuga ko uyu muryango “YOMADO”uziye igihe kuko bajyaga bagira isoni zo kuganiriza abana babo ibijyanye n’igitsina, bityo ugasanga abagabo bigize ba mucutse umumpe babashoye mu ngeso mbi z’ubusambanyi.

Ati “kuva ubu tugiye kurushaho kwigisha abana bacu ubuzima bw’imyororokere, nukuri nibamara kubisobanukirwa tuzabigisha uko bakwirinda abagabo bigize ba mucutse umumpe kuburyo ntaho bamenera babashukisha impano z’itandukanye ariko mu byukuri bagamije ku batera inda z’imbura gihe.”

 

Babyeyi, barezi n’abandi mwese dufatanyije kurerera u Rwanda, ni mucyo dufatanye kurwanya ihohoterwa rikorerwa ku gitsina cyane cyane iryibasira abana b’abakobwa kuko rigira ingaruka zikomeye kuri bo ndetse n’umuryango muri rusange nko: Guhungabana,Gutwita inda z’imburagihe,Kwandura indwara zandurira mu myanya ndangagitsina nka virusi itera SIDA, Gucikiriza amashuri ndetse no kubaka ingo imburagihe.

Twirinde guhishira icyaha cyo gusambanya abana , Uramutse ugize ikibazo kerekeye ihohoterwa wagana inzego z’ubuyobozi bukwegereye cyangwa se ugahamagara Umurongo utishyurwa wa Isange One Spot Center wa 3512 ndetse na RIB 166.

 

 

 

2021-11-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘Abantu bafite umutima ucagase ‘halfhearted’ cyangwa n’abatagira umutima ‘heartless’ nta kintu bageraho’- Kagame

‘Abantu bafite umutima ucagase ‘halfhearted’ cyangwa n’abatagira umutima ‘heartless’ nta kintu bageraho’- Kagame

Ubwanditsi 02 Mar 2017
Umunyarwanda warekuwe na Uganda yatanze ubuhamya bw’ubucakara yakoreshejwe n’uko hari abishwe n’uburozi

Umunyarwanda warekuwe na Uganda yatanze ubuhamya bw’ubucakara yakoreshejwe n’uko hari abishwe n’uburozi

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Umusaza Louis Rugerinyange yitangiye abari bahungiye muri Mille Collines, hahembwa Paul Rusesabagina wabagambaniye!

Umusaza Louis Rugerinyange yitangiye abari bahungiye muri Mille Collines, hahembwa Paul Rusesabagina wabagambaniye!

Ubwanditsi 06 Jul 2021
Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zamaze nazo gushyirwa mu murage w’Isi

Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zamaze nazo gushyirwa mu murage w’Isi

Ubwanditsi 20 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMAFOTO- Mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rya shampiyona Rayon Sports yasinyishije Muhire Kevin na Héritier Nzinga Luvumbu.
Amakuru

AMAFOTO- Mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rya shampiyona Rayon Sports yasinyishije Muhire Kevin na Héritier Nzinga Luvumbu.

Ubwanditsi 24 Apr 2021
Perezida Paul Kagame yifurije Abagore Umunsi mukuru mwiza
INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yifurije Abagore Umunsi mukuru mwiza

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Trump yahaye intego ya miliyoni y’amadolari Warren bashobora guhangana mu matora
POLITIKI

Trump yahaye intego ya miliyoni y’amadolari Warren bashobora guhangana mu matora

Ubwanditsi 06 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru