• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Editorial 02 Oct 2021 Amakuru, HIRYA NO HINO, ITOHOZA, Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatanu, tariki 01 Ukwakira 2021, Polisi y’u Rwanda n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB beretse itangazamakuru abantu 13 bafatiwe mu mugambi  mubisha, bategura ibikorwa by’iterabwoba bashakaga gukorera ahantu hanyuranye mu Mujyi wa Kigali. Mu bikoresho bafatanywe harimo ibintu biturika byagombaga guturikirizwa ku nyubako ya Kigali City Tower n’ahandi hahurira abantu benshi. Birumvikana ko iyo umugambi utaburizwamo byari guhitana ubuzima bw’inzirakarengane nyinshi, hakanangirika ibintu bitabarika. Ababafashwe biyemerera icyaha, bakavuga ko bari bagamije”guhorera” intagondwa z’abayisilamu zakubiswe inshuro muri Mozambike, ku bufatanye hagati y’ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambike.

 

Bateguraga ibikorwa by’iterabwoba bashakaga gukorera ahantu hanyuranye mu Mujyi wa Kigali

Mu bihugu byinshi, cyane cyane iby’Abarabu n’ibyo mu gace ko mu Ihembe ry’Afrika, hari imyumvire igayitse yo kurwana “intambara ntagatifu”, aho bamwe mu Bayisilamu barema imitwe y’iterabwoba nka Al Qaeda n’amashami yayo, bagamije kwica abo badahuje imyemerere. Iyi myumvire kugeza ubu mu Rwanda yari itarahagera, cyane cyane kubera ko Abanyarwanda muri rusange bazi agaciro k’umutekano. Birababaje rero kuba hakiri Umunyarwanda wumva yakwambura ubuzima abandi ngo”arahorera” abagizi ba nabi, yitwaje gusa ko bahuje idini.

Abasirikari n’abapolisi b’u Rwanda bagiye muri Mozambike gutabara abaturage bari barajujubijwe n’ intagondwa z’abayisilamu, zaremye umutwe w’iterabwoba wishe inzirakarengane nyinshi, izindi ukazimenesha mu byazo. Kuba barakubise inshuro abo bagome, ubu umutekano ukaba ugenda ugaruka, byagombye gutera buri Munyarwanda ishema, kubera ubwo butwari n’ubumuntu. Biratangaje rero kubona hari Abanyarwanda byababaje, kugera n’aho bategura ibikorwa by’ubwiyahuzi.

Icyakora rero, twizere ko aba bagome babonye ko bari bibeshye ku gihugu bashakaga gukoreramo iterabwoba.  Ibihugu byinshi byashegejwe n’ibikorwa by’iterabwoba usanga ari ibyamunzwe na ruswa cyangwa ibifite igisirikari n’igipolisi biriho ku izina gusa. Abanyarwanda bo bari maso. Ubufatanye bw’abaturage n’inzego z’umutekano ntibwaha urwaho abategura ibikorwa bya kinyamanswa. Kuba abaturage baratanze amakuru yatumye ubu bugizi bwa nabi butahurwa butaraba, bibere isomo n’undi wese washaka kutuvogerera umutuzo n’umutekano.

Abashinzwe umutekano, cyane cyane ku nyubako nini n’ahandi hantu nyabagendwa, nabo bakomeze kuba maso, kuko bariya 13 bafashwe bashobora kuba bafite abafatanyabikorwa bakidegembya. Gusaka nta kujenjeka abantu bose binjira ahahurira abantu benshi bishyirwemo imbaraga, kandi n’abacaracara ahantu nk’aho bahozweho ijisho.

Rubyiruko namwe nimwirinde ababashuka bakabashora mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi, kuko bitazabahira. Ababigwamo n’abafatwa bagahabwa ibihano bikarishye, nibababere isomo, mwirinde kugwa mu mutego mutindi,  ahubwo mwihatire ibikorwa bibateza imbere, bigateza imbere n’Igihugu cyanyu.

2021-10-02
Editorial

IZINDI NKURU

Bugesera FC yahakanye amakuru y’uko yahagaritse umutoza wayo Mbarushimana Abdoul, iboneraho kwisegura kubwo umusaruro utari mwiza

Bugesera FC yahakanye amakuru y’uko yahagaritse umutoza wayo Mbarushimana Abdoul, iboneraho kwisegura kubwo umusaruro utari mwiza

Editorial 25 Dec 2021
Umuhanzi Kidumu arateta mu bikomeye

Umuhanzi Kidumu arateta mu bikomeye

Editorial 19 Aug 2016
Amavubi yatsinzwe na Benin 3-0 hashakishwa itike y’igikombe cya Afurika 2025

Amavubi yatsinzwe na Benin 3-0 hashakishwa itike y’igikombe cya Afurika 2025

Editorial 11 Oct 2024
Agnes Uwimana mu butekamutwe no gushaka indonke asebya inzego za Leta, ni inshuro ya kabiri asuye Cyuma akanga kumwiyereka kuko aziko amushakiraho amaramuko

Agnes Uwimana mu butekamutwe no gushaka indonke asebya inzego za Leta, ni inshuro ya kabiri asuye Cyuma akanga kumwiyereka kuko aziko amushakiraho amaramuko

Editorial 16 May 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mvugo Ikarishye Perezida Kagame yahigiye kuzatamaza abayobozi bafite imikorere idahwitse
Mu Rwanda

Mu mvugo Ikarishye Perezida Kagame yahigiye kuzatamaza abayobozi bafite imikorere idahwitse

Editorial 31 Aug 2017
Polisi yabeshyuje iby’itabwa muri yombi ry’umugandekazi wari muri RwandAir
ITOHOZA

Polisi yabeshyuje iby’itabwa muri yombi ry’umugandekazi wari muri RwandAir

Editorial 14 Oct 2017
Umukwabu wiswe Usalama III wafatiwemo ibiyobyabwenge bifite agaciro karengeje miliyoni  78
Mu Mahanga

Umukwabu wiswe Usalama III wafatiwemo ibiyobyabwenge bifite agaciro karengeje miliyoni 78

Editorial 08 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru