• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Sibomana Athanase wavuze ko ntacyo atinya kuki yikanga baringa?   |   16 Sep 2026

  • Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye   |   14 Sep 2026

  • Police VC yinjije abakinnyi batatu bashya, barimo Rosaly Chioma uvuye muri Macedonia y’Amajyaruguru   |   14 Sep 2026

  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»The Financial Times : Perezida Kagame asubiza avuga ko ntawe ashaka gushinja ariko bibaho [ kugirirwa ishyari ], ko byanabayeho

The Financial Times : Perezida Kagame asubiza avuga ko ntawe ashaka gushinja ariko bibaho [ kugirirwa ishyari ], ko byanabayeho

Ubwanditsi 04 Sep 2017 ITOHOZA

Perezida Kagame ibi akaba yabigarutseho ubwo yari abajijwe n’umunyamakuru wa The Financial Times baherutse kugirana ikiganiro kirekire ku ngingo zitandukanye.

Umunyamakuru yibukije perezida Kagame uko yasobanuye ibyagezweho mu bukungu bw’u Rwanda ndetse na gahunda ateganya muri iyi manda nshya yatangiye, abazwa niba adafite impungenge z’abaturanyi bamwe bashobora gutekereza ko u Rwanda ruri kugera kuri byinshi rwonyine, ashaka kugaragaza ko rushobora kugirirwa ishyari, perezida kagame asubiza avuga ko ntawe ashaka gushinja ariko bibaho (kugirirwa ishyari), byanabayeho, ariko ko ari yo mpamvu u Rwanda rukomeje kugerageza kubana neza n’abaturanyi uko rushoboye.

Yabajijwe icyo atekereza ku gihugu cya Congo umunyamakuru yise kinini, gifite ubutunzi bwinshi ariko cyangiritse, abazwa uko u Rwanda rwakwifata mu gihe havuka ibibazo nk’uko bikunze kugaragara hakurya y’umupaka umwe cyangwa undi ugasanga abaturage barahungira mu kindi gihugu ku bwinshi, perezida Kagame asubiza ko icyo atari ikibazo cyahangayikisha u Rwanda cyane.

-7784.jpg

RDF, yiteguye guhangana n’ibibazo byaturuka mu Congo

Yavuze ko haramutse habayeho kuza kw’abaturage benshi ba Congo n’ibintu byabo ibyo byakwitabwaho neza n’u Rwanda. Ati: “Ndatekereza ibi bitaba ari icyiza. Dushobora kubyitaho. Nubwo duteganya ko miliyoni 2 z’abaturage zishobora kwambuka…. Dushobora n’ubundi kubyitaho. Kandi nyuma, nzi ko abandi bafasha.

Ntibyaduhungabanya. Ibishobora kuba muri Congo ni ugukonkoboka kandi congo ifite abaturanyi 9; twese bizadukoraho. Tuzagira uruhare rwacu mu kibazo. Ariko ikibazo ikibazo rukumbi nakomeje kugirira impungenge ariko cyagabanyutse cyane ubu, cyari buri gihe umutekano mukeya wari guturuka hariya ukatugiraho ingaruka. Ariko twabyitayeho mu myaka yashize twubaka ubushobozi”.

Perezida Kagame yakomeje avuga ko mu bihe byahise kwari ukwihimura ku bibazo bimwe byari bihari. Ati: “Ndabivuga gute? Aho kukureka ukazana intambara iwanjye, kandi isenya buri kimwe, ahubwo nakuzanira intambara.”

Umunyamakuru yasabye perezida Kagame kugaruka gato ku ntambara ya M23 aho ngo hagiye havugwa ko u Rwanda rwivanga mu bibazo bya Congo, abaza niba hari ingaruka byagize ku isura y’u Rwanda.

Perezida Kagame yasubije ko byagize ingaruka, avuga uko abantu bagiye bishyiramo Guverinoma y’u Bwongereza bamagana inkunga butera u Rwanda, ndetse ngo hakaba hari n’abavugaga ko inkunga yose butera u Rwanda ijya mu ntambara. Ibintu ngo bidahuye kandi bitari ukuri.

Aha perezida Kagame yagize ati: “Ndibuka igihe kimwe nshwana n’umwe mu baminisitiri hariya, wampamagaye kuri telephone. Yaravuze, oya, tugiye guhagarika inkunga yanyu. Nararakaye maze ndavuga, urabizi, nusubirana ayo mafaranga, ushobora nyabuneka kuyaha Congo? Byibuze ufashishe abakongomani ayo mafaranga yacu. Icya kabiri, mu myaka 23 ishize iyo myaka yose twashinjwaga buri kimwe muri Congo, kugeza ubu, nifuzaga kubona umuntu ushobora kuvuga, oya, wagiye muri Congo kuko washakaga gucukura imitungo kamere, amabuye y’agaciro ngo avuge , ibi nibyo wabonye, ibi nibyo wakoze.”

Umukuru w’igihugu akaba yakomeje avuga ko ahubwo bakwepa ikibazo cya nyacyo ari nacyo u Rwanda rwabagaragarije kuva mu 1994; Ibibazo by’umutekano. Ngo yewe u Rwanda rwanaberekaga ko ari yo mpamvu hashyizweho MONUSCO ngo nayo ihangane n’ibibazo nk’ibyo.

Ati: “Mutubwire icyo babikozeho. Amaherezo byagaragaye ko Loni yari yagiye hariya kwicara muri Congo, naho Umuryango Mpuzamahanga wicaye inyuma wizeye ko Ingabo za Loni ziri kwita ku kibazo.”

Komisiyo y’igihugu y’amatora muri Congo mu kwezi gushize yatangaje ko amatora ya perezida yari ateganyijwe mu mpera z’uyu mwaka adashobora kuba ahubwo azaba mu mwaka utaha wa 2018. Ni nyuma y’uko perezida Kabila ubusanzwe manda ye ya 2 yarangiye mu Ukuboza 2016, ariko akabasha kumvikana n’abatavuga rumwe nawe bakemeranya ko amatora azaba mu mpera z’uyu mwaka wa 2017.

Uku kongera gusunika amatora rero abakurikiranira hafi ibibera muri iki gihugu baremeza ko bishobora kugira ingaruka zikomeye ku mutekano w’igihugu mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakomeje gushimangira ko nyuma y’uyu mwaka Kabila atazaba afatwa nka perezida wa Congo. Hakaba hikangwa rero ko hashobora kuvuka imvururu zikomeye zishobora gutuma n’abaturage bata ibyabo.

-7783.jpg

Paerezida Kagame asubiza Umunyamakuru

2017-09-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gerard Gahima arahigwa bukware na Police ya Timor

Gerard Gahima arahigwa bukware na Police ya Timor

Ubwanditsi 17 Jun 2016
Umukobwa wa Armando Guebuza wahoze ayobora igihugu cya Mozambique yishwe arashwe n’umugabo we

Umukobwa wa Armando Guebuza wahoze ayobora igihugu cya Mozambique yishwe arashwe n’umugabo we

Ubwanditsi 15 Dec 2016
Intambara ishobora gutangira muri uyu mwaka 2017 : ‘ Iya 3 y’Isi yose ‘

Intambara ishobora gutangira muri uyu mwaka 2017 : ‘ Iya 3 y’Isi yose ‘

Ubwanditsi 08 Feb 2017
U Bufaransa: Bagiye kumara iminsi 3 mu cyunamo cya 84 bishwe n’umwiyahuzi

U Bufaransa: Bagiye kumara iminsi 3 mu cyunamo cya 84 bishwe n’umwiyahuzi

Ubwanditsi 15 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Venuste Nshimiyimana wa BBC, Yasabye Habyarimana Gukwiza Interahamwe na CDR mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uko Venuste Nshimiyimana wa BBC, Yasabye Habyarimana Gukwiza Interahamwe na CDR mu Rwanda

Ubwanditsi 02 Nov 2018
Jeannette Kagame yatangije ihuriro rizafasha Abanyarwandakazi b’Abacuruzi kumenyekana ku Isoko mpuzamahanga
Mu Rwanda

Jeannette Kagame yatangije ihuriro rizafasha Abanyarwandakazi b’Abacuruzi kumenyekana ku Isoko mpuzamahanga

Ubwanditsi 27 Mar 2017
Umunyamategeko Ndibwami Alain arasaba  ubuhungiro muri Canada
INKURU NYAMUKURU

Umunyamategeko Ndibwami Alain arasaba  ubuhungiro muri Canada

Ubwanditsi 14 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

14 Sep 2026
Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru