• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»The Financial Times : Perezida Kagame asubiza avuga ko ntawe ashaka gushinja ariko bibaho [ kugirirwa ishyari ], ko byanabayeho

The Financial Times : Perezida Kagame asubiza avuga ko ntawe ashaka gushinja ariko bibaho [ kugirirwa ishyari ], ko byanabayeho

Ubwanditsi 04 Sep 2017 ITOHOZA

Perezida Kagame ibi akaba yabigarutseho ubwo yari abajijwe n’umunyamakuru wa The Financial Times baherutse kugirana ikiganiro kirekire ku ngingo zitandukanye.

Umunyamakuru yibukije perezida Kagame uko yasobanuye ibyagezweho mu bukungu bw’u Rwanda ndetse na gahunda ateganya muri iyi manda nshya yatangiye, abazwa niba adafite impungenge z’abaturanyi bamwe bashobora gutekereza ko u Rwanda ruri kugera kuri byinshi rwonyine, ashaka kugaragaza ko rushobora kugirirwa ishyari, perezida kagame asubiza avuga ko ntawe ashaka gushinja ariko bibaho (kugirirwa ishyari), byanabayeho, ariko ko ari yo mpamvu u Rwanda rukomeje kugerageza kubana neza n’abaturanyi uko rushoboye.

Yabajijwe icyo atekereza ku gihugu cya Congo umunyamakuru yise kinini, gifite ubutunzi bwinshi ariko cyangiritse, abazwa uko u Rwanda rwakwifata mu gihe havuka ibibazo nk’uko bikunze kugaragara hakurya y’umupaka umwe cyangwa undi ugasanga abaturage barahungira mu kindi gihugu ku bwinshi, perezida Kagame asubiza ko icyo atari ikibazo cyahangayikisha u Rwanda cyane.

-7784.jpg

RDF, yiteguye guhangana n’ibibazo byaturuka mu Congo

Yavuze ko haramutse habayeho kuza kw’abaturage benshi ba Congo n’ibintu byabo ibyo byakwitabwaho neza n’u Rwanda. Ati: “Ndatekereza ibi bitaba ari icyiza. Dushobora kubyitaho. Nubwo duteganya ko miliyoni 2 z’abaturage zishobora kwambuka…. Dushobora n’ubundi kubyitaho. Kandi nyuma, nzi ko abandi bafasha.

Ntibyaduhungabanya. Ibishobora kuba muri Congo ni ugukonkoboka kandi congo ifite abaturanyi 9; twese bizadukoraho. Tuzagira uruhare rwacu mu kibazo. Ariko ikibazo ikibazo rukumbi nakomeje kugirira impungenge ariko cyagabanyutse cyane ubu, cyari buri gihe umutekano mukeya wari guturuka hariya ukatugiraho ingaruka. Ariko twabyitayeho mu myaka yashize twubaka ubushobozi”.

Perezida Kagame yakomeje avuga ko mu bihe byahise kwari ukwihimura ku bibazo bimwe byari bihari. Ati: “Ndabivuga gute? Aho kukureka ukazana intambara iwanjye, kandi isenya buri kimwe, ahubwo nakuzanira intambara.”

Umunyamakuru yasabye perezida Kagame kugaruka gato ku ntambara ya M23 aho ngo hagiye havugwa ko u Rwanda rwivanga mu bibazo bya Congo, abaza niba hari ingaruka byagize ku isura y’u Rwanda.

Perezida Kagame yasubije ko byagize ingaruka, avuga uko abantu bagiye bishyiramo Guverinoma y’u Bwongereza bamagana inkunga butera u Rwanda, ndetse ngo hakaba hari n’abavugaga ko inkunga yose butera u Rwanda ijya mu ntambara. Ibintu ngo bidahuye kandi bitari ukuri.

Aha perezida Kagame yagize ati: “Ndibuka igihe kimwe nshwana n’umwe mu baminisitiri hariya, wampamagaye kuri telephone. Yaravuze, oya, tugiye guhagarika inkunga yanyu. Nararakaye maze ndavuga, urabizi, nusubirana ayo mafaranga, ushobora nyabuneka kuyaha Congo? Byibuze ufashishe abakongomani ayo mafaranga yacu. Icya kabiri, mu myaka 23 ishize iyo myaka yose twashinjwaga buri kimwe muri Congo, kugeza ubu, nifuzaga kubona umuntu ushobora kuvuga, oya, wagiye muri Congo kuko washakaga gucukura imitungo kamere, amabuye y’agaciro ngo avuge , ibi nibyo wabonye, ibi nibyo wakoze.”

Umukuru w’igihugu akaba yakomeje avuga ko ahubwo bakwepa ikibazo cya nyacyo ari nacyo u Rwanda rwabagaragarije kuva mu 1994; Ibibazo by’umutekano. Ngo yewe u Rwanda rwanaberekaga ko ari yo mpamvu hashyizweho MONUSCO ngo nayo ihangane n’ibibazo nk’ibyo.

Ati: “Mutubwire icyo babikozeho. Amaherezo byagaragaye ko Loni yari yagiye hariya kwicara muri Congo, naho Umuryango Mpuzamahanga wicaye inyuma wizeye ko Ingabo za Loni ziri kwita ku kibazo.”

Komisiyo y’igihugu y’amatora muri Congo mu kwezi gushize yatangaje ko amatora ya perezida yari ateganyijwe mu mpera z’uyu mwaka adashobora kuba ahubwo azaba mu mwaka utaha wa 2018. Ni nyuma y’uko perezida Kabila ubusanzwe manda ye ya 2 yarangiye mu Ukuboza 2016, ariko akabasha kumvikana n’abatavuga rumwe nawe bakemeranya ko amatora azaba mu mpera z’uyu mwaka wa 2017.

Uku kongera gusunika amatora rero abakurikiranira hafi ibibera muri iki gihugu baremeza ko bishobora kugira ingaruka zikomeye ku mutekano w’igihugu mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakomeje gushimangira ko nyuma y’uyu mwaka Kabila atazaba afatwa nka perezida wa Congo. Hakaba hikangwa rero ko hashobora kuvuka imvururu zikomeye zishobora gutuma n’abaturage bata ibyabo.

-7783.jpg

Paerezida Kagame asubiza Umunyamakuru

2017-09-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 10 )

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 10 )

Ubwanditsi 26 Mar 2016
U Burusiya: Indege ya gisirikare yarimo abantu 91 yaguye mu Nyanja

U Burusiya: Indege ya gisirikare yarimo abantu 91 yaguye mu Nyanja

Ubwanditsi 25 Dec 2016
Uganda irashinjwa kurenga ku mabwiriza abuza kohereza intwaro muri Sudani y’Epfo

Uganda irashinjwa kurenga ku mabwiriza abuza kohereza intwaro muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 30 Nov 2018
Ishyamirana riri  hagati ya David Himbara na bagenzi be riragarika ingogo

Ishyamirana riri hagati ya David Himbara na bagenzi be riragarika ingogo

Ubwanditsi 20 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bugesera: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Bugesera: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 29 Mar 2016
Kenyatta azatangazwa ko yatsinze amatora Odinga asigare yimyiza imoso
Mu Mahanga

Kenyatta azatangazwa ko yatsinze amatora Odinga asigare yimyiza imoso

Ubwanditsi 29 Oct 2017
Ntabwo Perezida Nkurunziza aziyamamaza kandi ntazanaba Minisitiri w’Intebe- Umuvugizi we
HIRYA NO HINO

Ntabwo Perezida Nkurunziza aziyamamaza kandi ntazanaba Minisitiri w’Intebe- Umuvugizi we

Ubwanditsi 25 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru