• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Doing Business 2018 : U Rwanda rwanikiye ibihugu bya Afurika mu gukora amavugurura yoroshya ishoramari
Umuyobozi Mukuru wa RDB, Clare Akamanzi yasobanuye ko kugira ngo urwanda ruzamukeho imyaka 15 ruze ku mwanya wa 41 ku isi byatewe n’amavugurura atanu yakozwe mu mwaka ushize

Doing Business 2018 : U Rwanda rwanikiye ibihugu bya Afurika mu gukora amavugurura yoroshya ishoramari

Ubwanditsi 01 Nov 2017 Amakuru

Banki y’Isi yatangaje ko u Rwanda ari cyo gihugu cyakoze amavugurura menshi yorohereza abashoramari kurusha ibindi muri Afurika mu myaka 15 ishize.

Raporo ya Banki y’Isi ya ‘Doing Business 2018’ yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa 31 Ukwakira 2018 yerekanye ko u Rwanda rwongeye kuba igihugu cya kabiri muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara cyorohereza abashoramari, rukaza ku mwanya wa 41 ku isi, mu gihe mu mwaka ushize rwari ku mwanya wa 56. Ni mu gihe muri 2017rwagize amanota 70.19% ubu rufite 73.4% rukurikiye Mauritius ifite amanota 77.5% yari yagize 75.45% mu mwaka ushize.

Guverinoma y’u Rwanda niyo ya mbere muri Afurika yakoze amavugurura menshi agamije korohereza abacuruzi mu myaka 15 ishize, kuko imaze gukora 52 ; ikurikiwe na Kenya yakoze amavugurura 32 na Mauritius yakoze 31.

U Rwanda kandi ni cyo gihugu cya mbere muri Afurika cyakoze amavugurura akomeye mu kugenzura no gushyira ku murongo ibigo by’ubucuruzi mu myaka icyenda ishize.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Munyeshyaka Vincent yavuze ko yishimiye cyane umwanya wa 41 u Rwanda ruriho ku isi kuko werekana ingufu guverinoma yashyize mu kuvugurura urwego rw’ubucuruzi no koroshya inama.

Ati “Icyo bitugaragariza nk’u Rwanda ni uko gutera imbere bishoboka. Nibwo bwa mbere igihugu cyacu kije imbere mu bihugu 50 ku isi. Ibyo twakozemo neza dukomeze tubikore neza ntitwirare ngo dusubire inyuma ariko ibyo tubona bikirimo ingorane, ubu igikurikiyeho ni ukugira ngo nyuma y’aha ngaha twongere dukore gahunda y’ibikorwa tugiye gukora dukomeze dutere imbere.”

Yashimye gahunda ya Leta mu gukurikirana gahunda yo kurushaho korohereza abashoramari aho Minisiteri y’Ubucuruzi iyobora ibikorwa naho Ikigo cy’ Igihugu cy’Iterambere kigasuzuma uko buri ngingo y’iyo gahunda ishyirwa mu bikorwa muri buri rwego.

Umuyobozi Mukuru wa RDB, Clare Akamanzi yasobanuye ko kugira ngo urwanda ruzamukeho imyaka 15 ruze ku mwanya wa 41 ku isi byatewe n’amavugurura atanu yakozwe mu mwaka ushize.

Arimo kurushaho kugenzura ubuziranenge bw’inyubako, koroshya uburyo bwo kwandikisha imitungo no kuyihererekanya, bitangira gukorerwa kuri internet.

U Rwanda kandi rworoheje uburyo bwo kurengera abashoramari boroheje, bahabwa uburenganzira bwo kurenganurwa mu gihe bapfukiranwe, ndetse irushaho guca akarengane mu manza z’ubucuruzi.

Banki y’Isi kandi ivuga ko u Rwanda rwashoboye gucisha mu mucyo uburyo bwo gutanga amasoko, imyanzuro y’imanza zo mu nkiko z’ubucuruzi igashyirwa ku rubuga rwa internet rwa Minisiteri y’Ubutabera kugira ngo uyishatse wese ayibone ku buryo bworoshye.

Kuri ubu mu Rwanda gukemura ikibazo gishingiye ku bucuruzi bitwara iminsi 230 mu gihe byatwaraga iminsi 395 mu myaka 15 ishize.

Ibindi bihugu byaje imbere muri Afurika y’Uburasirazuba muri Doing Business 2018, ni Kenya, Afurika y’Epfo, Seychelles, Botswana na Zambia. Muri Afurika y’Uburasirazuba igihugu byaje hafi ni Kenya ya 80 ku Isi, Uganda yaje ku mwanya wa 122 na Tanzania yaje ku wa 137.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Munyeshyaka Vincent, Umuyobozi wa Banki y’Isi mu Rwanda, Yasser El-Gammal n’uwa RDB, Clare Akamanzi

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Munyeshyaka Vincent n’Umuyobozi Mukuru wa RDB, Clare Akamanzi

2017-11-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwatangiye neza rutsinda Liban mu mikino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

U Rwanda rwatangiye neza rutsinda Liban mu mikino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Ubwanditsi 19 Aug 2024
Ntaganda Bernard wokamwe n’amacakubiri nawe ngo nagirwe “Umuziranenge”.

Ntaganda Bernard wokamwe n’amacakubiri nawe ngo nagirwe “Umuziranenge”.

Ubwanditsi 27 Feb 2024
Jambo asbl yatangije ubukangurambaga bwo gufasha imitwe y’iterabwoba ku manywa y’ihangu

Jambo asbl yatangije ubukangurambaga bwo gufasha imitwe y’iterabwoba ku manywa y’ihangu

Ubwanditsi 14 Dec 2020
Rutahizamu Byiringiro Lague afashije Amavubi gutsinda Mozambique, byongerera Amavubi amahirwe yo kwerekeza mu gikombe cy’Afurika cya 2022

Rutahizamu Byiringiro Lague afashije Amavubi gutsinda Mozambique, byongerera Amavubi amahirwe yo kwerekeza mu gikombe cy’Afurika cya 2022

Ubwanditsi 24 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasoje umwiherero w’abayobozi, dore impanuro yabageneye
Mu Rwanda

Perezida Kagame yasoje umwiherero w’abayobozi, dore impanuro yabageneye

Ubwanditsi 02 Mar 2017
Umunyarwanda uzahiga abandi muri ‘Tour du Rwanda’ yashyiriweho igihembo kidasanzwe
IMIKINO

Umunyarwanda uzahiga abandi muri ‘Tour du Rwanda’ yashyiriweho igihembo kidasanzwe

Ubwanditsi 10 Nov 2017
Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika
Amakuru

Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Ubwanditsi 31 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru