• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Police FC yaguye miswi na Marines FC, muri shampiyona y’isi, u Rwanda muri Sitting Volleyball y’abagore batsinze umukino wa kabiri

Police FC yaguye miswi na Marines FC, muri shampiyona y’isi, u Rwanda muri Sitting Volleyball y’abagore batsinze umukino wa kabiri

Ubwanditsi 06 Nov 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Imikino ya shampiyona y’u Rwanda y’ikiciro cya mbere mu bagabo yakomeje kuri uyu wa gatandatu, ikipe ya Marines Fc y’i Rubavu yari yakiriye Police FC umukino urangira amakipe yombi anganyije ibitego bibiri kuri bibiri.

Muri uyu mukino wabereye mu karere ka Rubavu, ikipe ya Police FC yari yasuye niyo yatangiye neza itsinda igitego cyabonetse ku munota wa 4 gitsinzwe na Twizerimana Onesme, cyaje kwishyurwa na Gikamba Ismael wa Marines FC ubwo hari ku munota wa 32 w’umukino.


Ubwo aya makipe yari avuye ku ruhuka, mu gice cya Kabiri Police FC niyo yongeye kwinjira neza mu mukino ibifashijwemo na Ntirushwa Aime yabonye igitego ku munota wa 58, cyaje nacyo kwishyurwa na Gitego Arthur ku munota wa 90, umukino urangira amakipe yombi anganyije 2-2.


Mu wundi mukino wabaye, Musanze yatsindiwe mu rugo na Mukura VS 3-2, ni bitego byatsinzwe na Namanda Wafula watsinze ibitego 2 ku ruhande rwa Musanze naho kuri Mukura yatsindiwe na Tatou, Kubwimana Cedric na Murenzi Patrick.

Usibye iyi mikino yaraye ibaye, Rayon Sports yaraye itsinze ikipe ya Sunrise FC igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Ndekwe Félix Bavakure, ikomeza kwicara ku mwanya wa mbere n’amanota 18.

Mu yindi mikino y’umunsi wa 8 iteganyijwe kuri iki cyumweru, Espoir FC irahura na Gasogi United, Rutsiro FC ikine na Kiyovu SC, As Kigali na Bugesera FC, APR FC na Gorilla FC naho Rwamagana City yakire Etincelles FC.

I Sarajevo mu gihugu cya Bosnia Herzegovina hari gukinirwa Shampiyona y’Isi mu mukino wa Sitting Volleyball, kuri uyu wa gatandatu u Rwanda mu bagabo batsinzwe umukino wa kabiri wo mu itsinda rya 4 n’ikipe y’igihugu y’U Buholandi amaseti 3-2 (25-20,20-25,22-25, 25-23,11-15)

Ikipe y’igihugu y’abagore nyuma yo kwitwara neza ku munsi wa gatanu batsinda Poland, kuri uyu wa gatandatu batsinze umukino wa kabiri wo mu itsinda rya mbere batsinze Bosnie and Herzegovine amaseti 3-0 (25-10,2: 25-9,25-9)

Kuri iki cyumweru imikino irakomeza u Rwanda mu bagabo rukina n’ikipe y’igihugu ya Misiri mu gihe abagore bo bazongera gukina ku wa mbere bahure n’ikipe y’igihugu ya Ukraine.

2022-11-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyo Zari Hassan avuga ku irogwa ry’umugabo we Ivan Ssemwaga

Icyo Zari Hassan avuga ku irogwa ry’umugabo we Ivan Ssemwaga

Ubwanditsi 04 Jun 2017
Bwa mbere, Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente arageza ijambo ku Nteko Ishinga Amategeko

Bwa mbere, Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente arageza ijambo ku Nteko Ishinga Amategeko

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Moto ya 3 muri Poromosiyo ya Tunga na Airtel yegukanywe na Munyabugingo Dieudonne.

Moto ya 3 muri Poromosiyo ya Tunga na Airtel yegukanywe na Munyabugingo Dieudonne.

Ubwanditsi 05 Oct 2017
Ali Kiba yatagajeko  akunda umuhanzi  w’umunyarwanda Meddy

Ali Kiba yatagajeko akunda umuhanzi w’umunyarwanda Meddy

Ubwanditsi 03 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tuzabashiririza -abo muri CNDD-FDD babwira abatavuga rumwe na Leta
POLITIKI

Tuzabashiririza -abo muri CNDD-FDD babwira abatavuga rumwe na Leta

Ubwanditsi 14 Nov 2018
Uganda: N’iki cyihishe inyuma yo kwanga icyemezo cya UNHCR cyo gukuraho Sitati y’ubuhunzi ku Banyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda: N’iki cyihishe inyuma yo kwanga icyemezo cya UNHCR cyo gukuraho Sitati y’ubuhunzi ku Banyarwanda

Ubwanditsi 11 Jan 2018
Aho yambariye inkindi ahambariye ubucocero: Umujenosideri,umuterankunga mukuru w’abajenosideri, Kabuga Félicien, yaraye ijoro rye rya mbere mu buroko bw’I La Haye mu Buholandi, aho yajyaga yidegembya nk’umuherwe ukomeye!
Amakuru

Aho yambariye inkindi ahambariye ubucocero: Umujenosideri,umuterankunga mukuru w’abajenosideri, Kabuga Félicien, yaraye ijoro rye rya mbere mu buroko bw’I La Haye mu Buholandi, aho yajyaga yidegembya nk’umuherwe ukomeye!

Ubwanditsi 27 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru